Wednesday, December 17, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA IMIBEREHO MYIZA

Urubyiruko muri Ngororero imibare yarubanye myinshi kubera ubushomeri

radiotv10by radiotv10
17/12/2025
in IMIBEREHO MYIZA, MU RWANDA
0
Urubyiruko muri Ngororero imibare yarubanye myinshi kubera ubushomeri
Share on FacebookShare on Twitter

Bamwe mu basore n’inkumi bo mu Murenge wa Kabaya mu Karere ka Ngororero, batageze mu ishuri, bavuga ko iyo imirimo y’ubuhinzi basanzwe bakora ibaye micye, bituma bisanga mu bushomeri, bagasaba ko na bo begerezwa ibigo bitanga amahugurwa y’imyunga itandukanye.

Abaganiriye n’umunyamakuru wa RADIOTV10, abasanze mu Kagari ka Gaseke, Umurenge wa Kabaya, bavuga ko abenshi bize amashuri abanza gusa, ndetse bamwe ngo ntibanayarangiza, ku buryo abenshi bashakira imirimo mu buhinzi gusa ariko bakagorwa n’uko hari ubwo iba mike cyane, maze bagakugarizwa n’ubukene bukomeye.

Nzayisenga Théophile ati “Ni ukubyuka ugakata mu misozi ushaka aho guhinga, cyangwa kwikorera ifumbire gutyo gusa. Mu gihe cy’amatumba mu mezi y’ukwezi kwa cyenda n’ukwa cumi, haba habuze; ahantu ukorera igihumbi ukamara ikindi cyumweru wicaye!”

Uwiringiyimana Marcel ati “Uburyo tubayeho rero, ubuhinzi burahari, ariko iyo bwahagaze, nka sizeni y’ubuhinzi itaragera, akazi kaba ari ntako.”

Kubera iyo mpamvu, uru rubyiruko kimwe n’ababyeyi babo bagaragaza ko bakeneye kongererwa ubumenyi mu myuga itandukanye, gusa bagasobanura ko ibigo bitanga amahugurwa y’igihe gito kuri iyo myuga biri kure cyane.

Muhawenimana Fils ati “Tubonye imyuga twakwiga byadufasha tugashobora gukora umwuga runaka; hari igihe byigeze kubaho bigisha ibintu byo gukanika, ariko byararangiye.”

Nzayisenga Théophile ati “Nta myuga iri hafi aha, ariko icyo badufasha ni ukuyituzanira natwe tukagira icyo twigezaho.”

Miringiro Antoine (umubyeyi) ati “Akazi hari igihe abana bakabura, kuko inaha se atagiye mu cyayi, akandi yagakura he? Habonetse igitekerezo cyo kuzana utumashini bakiga imyuga byaba byiza.”

Icyakora ubuyobozi bw’Akarere ka Ngororero bugaragaza ko n’ubwo bene aya mahugurwa y’igihe gito akiri make ku rubyiruko rwo muri aka karere, mu murenge wa Kabaya hari ikigo cy’urubyiruko kijya kiyatanga, bityo ko uru rubyiruko rukwiye gushishikarira kugira amakuru kugira ngo rubashe kugerwaho n’ayo mahirwe, nk’uko umuyobozi w’akarere ka Ngororero wungirije ushinzwe iterambere ry’ubukungu, UWIHOREYE Patrick, abisobanura.

UWIHOREYE Patrick ati “Si mu Murenge wa Kabaya gusa kuko dufite imirenge 13; ayo mahugurwa barayakora, ahubwo akeneye kongerwa. Muri uwo murenge wa Kabaya ni ho dufite ikigo cy’urubyiruko kandi bahugurwa mu bintu bitandukanye, ubusuderi n’ubwubatsi. Amahirwe ari iwabo mu tugari; nibitabire inama z’urubyiruko mu tugari n’imirenge n’inteko z’abaturage.”

Ni mu gihe ibigo by’urubyiruko bishyirwa hirya no hino mu gihugu bifasha urubyiruko kwiga imyuga no kwihangira imirimo, bityo bikagira uruhare mu kwihutisha iterambere, nk’uko biri muri gahunda ya Leta yo kwihutisha iterambere. Ni mu gihe kandi ibarura rusange rya gatanu ry’abaturage n’imiturire ryo mu mwaka wa 2022 ryagaragaje ko urubyiruko ruri munsi y’imyaka 30 rungana na 65%.

Uru rubyiruko ruvuga ko imibereho itarworoheye

Emmanuel NDAHAYO
RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

14 − eleven =

Previous Post

Abakinnyi babiri b’abanyamahanga batangiye imyitozo muri Rayon Sports

Next Post

Umusore akurikiranyweho kwicisha ishoka umukecuru nyuma yo gukora ibitemewe mu Rwanda

Related Posts

Icyo Polisi y’u Rwanda ivuga ku bapolisi bagaragaye bashyira umuntu muri Pandagari mu buryo budakwiye

Icyo Polisi y’u Rwanda ivuga ku bapolisi bagaragaye bashyira umuntu muri Pandagari mu buryo budakwiye

by radiotv10
17/12/2025
0

Polisi y’u Rwanda yavuze ko Abapolisi bagaragaye bashyira umuntu muri pandagari mu Karere ka Rubavu, batangiye gukurikiranwa kuko uburyo babikozemo...

Umusore akurikiranyweho kwicisha ishoka umukecuru nyuma yo gukora ibitemewe mu Rwanda

Umusore akurikiranyweho kwicisha ishoka umukecuru nyuma yo gukora ibitemewe mu Rwanda

by radiotv10
17/12/2025
0

Umusore wo mu Murene wa Runda mu Karere ka Kamonyi, akurikiranyweho kwica umukecuru amukubise ishoka ubwo yamusangaga iwe nyuma yuko...

Ibisobanuro byatanzwe nyuma yuko hari ukemanze uburyo bwo kwipima SIDA mu macandwe

Ibisobanuro byatanzwe nyuma yuko hari ukemanze uburyo bwo kwipima SIDA mu macandwe

by radiotv10
16/12/2025
0

Ikigo cy'Igihugu Gishinzwe Ubuzima RBC cyatanze ibisobanuro by’uburyo umuntu ashobora kubona ko yanduye cyangwa atanduye Virusi itera SIDA akoresheje agakoresha...

Abanyeshuri 100 barimo abiga mu mashuri y’incuke basuye Polisi y’u Rwanda ibereka ibyo ikora

Abanyeshuri 100 barimo abiga mu mashuri y’incuke basuye Polisi y’u Rwanda ibereka ibyo ikora

by radiotv10
16/12/2025
0

Abanyeshuri barenga 100 b’ikigo cy’ishuri cya ‘Wise and Smart School’ cyo mu Karere ka Musanze n’abarezi babo, basuye Polisi y’u...

Iby’ingenzi Itorero ADEPR ryishimira mu myaka 85 rimaze ribayeho rigiye no kwizihiza isabukuru yayo

Iby’ingenzi Itorero ADEPR ryishimira mu myaka 85 rimaze ribayeho rigiye no kwizihiza isabukuru yayo

by radiotv10
16/12/2025
0

Itorero ADEPR rigiye kwizihiza isabukuru y'imyaka 85 rimaze ribayeho, rivuga ko muri iyi myaka hari byinshi ryishimira ryagezeho nko kubaka...

IZIHERUKA

Icyo Polisi y’u Rwanda ivuga ku bapolisi bagaragaye bashyira umuntu muri Pandagari mu buryo budakwiye
MU RWANDA

Icyo Polisi y’u Rwanda ivuga ku bapolisi bagaragaye bashyira umuntu muri Pandagari mu buryo budakwiye

by radiotv10
17/12/2025
0

Umusore akurikiranyweho kwicisha ishoka umukecuru nyuma yo gukora ibitemewe mu Rwanda

Umusore akurikiranyweho kwicisha ishoka umukecuru nyuma yo gukora ibitemewe mu Rwanda

17/12/2025
Urubyiruko muri Ngororero imibare yarubanye myinshi kubera ubushomeri

Urubyiruko muri Ngororero imibare yarubanye myinshi kubera ubushomeri

17/12/2025
Abakinnyi babiri b’abanyamahanga batangiye imyitozo muri Rayon Sports

Abakinnyi babiri b’abanyamahanga batangiye imyitozo muri Rayon Sports

16/12/2025
Umunyamakurukazi witegura gukorana ubukwe n’umuraperi yakorewe ibirori byo gusezera urungano

Umunyamakurukazi witegura gukorana ubukwe n’umuraperi yakorewe ibirori byo gusezera urungano

16/12/2025
Agezweho: Uko byifashe mu mujyi wa Uvira nyuma yuko AFC/M23 itangaje ko yemeye kuwurekura

Agezweho: Uko byifashe mu mujyi wa Uvira nyuma yuko AFC/M23 itangaje ko yemeye kuwurekura

16/12/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Umusore akurikiranyweho kwicisha ishoka umukecuru nyuma yo gukora ibitemewe mu Rwanda

Umusore akurikiranyweho kwicisha ishoka umukecuru nyuma yo gukora ibitemewe mu Rwanda

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Icyo Polisi y’u Rwanda ivuga ku bapolisi bagaragaye bashyira umuntu muri Pandagari mu buryo budakwiye

Umusore akurikiranyweho kwicisha ishoka umukecuru nyuma yo gukora ibitemewe mu Rwanda

Urubyiruko muri Ngororero imibare yarubanye myinshi kubera ubushomeri

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.