Sunday, June 8, 2025
RADIOTV10
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Urubyiruko ruravuga isomo rikomeye rwigira mu mateka ashaririye y’ibyabaye mu Rwanda

radiotv10by radiotv10
09/04/2025
in MU RWANDA
0
Urubyiruko ruravuga isomo rikomeye rwigira mu mateka ashaririye y’ibyabaye mu Rwanda
Share on FacebookShare on Twitter

Urubyiruko rwo mu Karere ka Ngoma, ruvuga ko amateka ashaririye y’ibyabaye mu Rwanda, rugomba kuyigiraho kugendera kure ivangura n’amacakubiri, bityo ko bazakoresha imbaraga zose bagasigasira ubumwe bw’Abanyarwanda.

Uru rubyiruko rwo mu Murenge wa Mutenderi, rwatangaje ibi nyuma yo kongera gusobanurirwa amateka mabi yaranze u Rwanda akarugeza kuri Jenoside yakorewe Abatutsi yahitanye abarenga miliyoni imwe.

Bavuga ko aya mateka abasigira umukoro wo guhanira ko Jenoside itazongera kubaho ukundi, kuko bo bamaze kunga ubumwe mu ngeri zitandukanye kandi bazakomeza kubuharanira.

Safi Olivier yagize ati “Iyo wumvise aya mateka, mu by’ukuri arababaje cyane. Nkuko tubibona mu mateka nk’urubyiruko rwagizemo uruhare kugira ngo Jenoside ibe aho twakoreshejwe. Nkatwe igisubizo dukuramo ni icy’uko aya mateka atazongera kuturangwaho, byaduteye ipfunwe rero ntabwo twakwishimira ko ayo mateka azongere agaruke twabonye ko ari Amateka mabi.”

Safi Olivier asaba urubyiruko bagenzi be guhaguruka bakarwanya ingebitekerezo ya Jenoside no kwamagana abakomeza gupfobya Jenoside yakorewe Abatutsi, kimwe n’abagoreka amateka.

Umugwaneza Divine na we yagize ati “Mbere hari harimo amacakubiri mu rubyiruko ariko ubu ngubu ntayarimo, umuntu wese abona mugenzi we akabona basa kandi ari bamwe.”

Umuyobozi w’Akarere ka Ngoma, Niyonagira Nathalie avuga amateka ya Jenoside yakorewe Abatutsi akwiye kubera isomo urubyiruko mu rugamba rw’Iterambere, baharanira guha ukuri abashaka kugoreka aya mateka.

Ati “Ni mwe Rwanda rw’ejo, amateka yacu nimuyigireho muharanire kwiteza imbere no guteza imbere Igihugu cyacu muri rusange. Mukomeze kandi inzira y’ubumwe bw’Abanyarwanda mwatangiye, mwirinde kandi mwamagane ababayobya ndetse n’abirirwa bagoreka amateka ku mbuga nkoranyambaga, mwibatinya nimubasubize mubabwire ukuri nubwo bakwirengagiza bakuzi.”

I Mutenderi ahatangirijwe ibikorwa byo Kwibuka ku nshuro ya 31 Jenoside yakorewe Abatutsi muri Mata 1994, mu Rwibutso rwaho haruhukiyemo inzirakarengane 4 154 z’Abatutsi biciwe muri aka gace ka Mutenderi no mu nkengero zako.

Urubyiruko ruvuga ko rwiyemeje guhangana n’abapfobya Jenoside yakorewe Abatutsi

Niyonagira Nathalie yasabye ababyiruko gusigasira ubumwe bw’Abanyarwanda

Youssuf UBONABAGENDA
RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

19 − 6 =

Previous Post

Bimwe mu byabaye tariki 08/04/1994: Paul Kagame yatangije intambara kuri Leta yakoraga Jenoside

Next Post

Ubuhamya bubabaje bw’ibyamubayeho muri Jenoside n’uburyo inyigisho z’isanamitima zamufashije gukira ibikomere

Related Posts

Kigali: Ukurikiranyweho kwicisha inzara umwana we yabyemeye avuga ko yabitewe n’umujinya w’uko nyina yamumutanye

Umusore muto arakekwaho gusambanya ku manywa y’ihangu umukecuru amusanze iwe aryamye aho arwariye

by radiotv10
07/06/2025
0

Mu Murenge wa Busasamana mu Karere ka Nyanza, hatawe muri yombi umusore w’imyaka 20 nyuma yo gukekwaho gufata ku ngufu...

Abofisiye Bakuru babiri mu Ngabo z’u Rwanda basoje amasomo muri Kenya nyuma y’icyumweru harangijeyo Colonel

Abofisiye Bakuru babiri mu Ngabo z’u Rwanda basoje amasomo muri Kenya nyuma y’icyumweru harangijeyo Colonel

by radiotv10
06/06/2025
0

Abasirikare babiri bafite ipeti rya Major mu Ngabo z'u Rwanda (RDF) barangije amasomo mu Ishuri rya Kenya’s Joint Command and...

Igikewaho gutera impanuka y’imodoka itwara abanyeshuri yagonze ab’irindi shuri

Igikewaho gutera impanuka y’imodoka itwara abanyeshuri yagonze ab’irindi shuri

by radiotv10
06/06/2025
0

Imodoka itwara abanyeshuri b’ikigo cy’Ishuri kimwe cyo mu Murenge wa Gikondo mu Karere ka Kicukiro, yakoze impanuka igonga bamwe mu...

Hatanzwe umuburo nyuma y’abafashe amashusho y’umurambo w’umusore wiyahuye asimbutse igorofa i Kigali

Hatanzwe umuburo nyuma y’abafashe amashusho y’umurambo w’umusore wiyahuye asimbutse igorofa i Kigali

by radiotv10
06/06/2025
0

Umuvugizi wa Polisi y’u Rwanda, ACP Rutikanga Boniface yibukije abantu ko gufata amashusho n’amaforo y’abakomeretse cyangwa umurambo ahabereye impanuka cyangwa...

Habaye impanuka ikomeye y’imodoka ebyiri zitwara abagenzi

Habaye impanuka ikomeye y’imodoka ebyiri zitwara abagenzi

by radiotv10
05/06/2025
0

Imodoka ebyiri za zimwe muri Kompanyi zitwara abagenzi, zakoze impanuka zigonganiye mu Murenge wa Rubengera mu Karere ka Karongi mu...

IZIHERUKA

Kigali: Ukurikiranyweho kwicisha inzara umwana we yabyemeye avuga ko yabitewe n’umujinya w’uko nyina yamumutanye
MU RWANDA

Umusore muto arakekwaho gusambanya ku manywa y’ihangu umukecuru amusanze iwe aryamye aho arwariye

by radiotv10
07/06/2025
0

Umuhanzi uzwi mu Rwanda uri gutaramira Abanyarwanda batuye i Burari yageneye ubutumwa abatahiwe

Umuhanzi uzwi mu Rwanda uri gutaramira Abanyarwanda batuye i Burari yageneye ubutumwa abatahiwe

07/06/2025
Abofisiye Bakuru babiri mu Ngabo z’u Rwanda basoje amasomo muri Kenya nyuma y’icyumweru harangijeyo Colonel

Abofisiye Bakuru babiri mu Ngabo z’u Rwanda basoje amasomo muri Kenya nyuma y’icyumweru harangijeyo Colonel

06/06/2025
Ubutumwa bw’imbamutima bw’umwe mu bakinnyi ngenderwaho muri Arsenal Gabriel wongereye amasezerano

Ubutumwa bw’imbamutima bw’umwe mu bakinnyi ngenderwaho muri Arsenal Gabriel wongereye amasezerano

06/06/2025
Igikewaho gutera impanuka y’imodoka itwara abanyeshuri yagonze ab’irindi shuri

Igikewaho gutera impanuka y’imodoka itwara abanyeshuri yagonze ab’irindi shuri

06/06/2025
Hatanzwe umuburo nyuma y’abafashe amashusho y’umurambo w’umusore wiyahuye asimbutse igorofa i Kigali

Hatanzwe umuburo nyuma y’abafashe amashusho y’umurambo w’umusore wiyahuye asimbutse igorofa i Kigali

06/06/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Ubuhamya bubabaje bw’ibyamubayeho muri Jenoside n’uburyo inyigisho z’isanamitima zamufashije gukira ibikomere

Ubuhamya bubabaje bw’ibyamubayeho muri Jenoside n’uburyo inyigisho z’isanamitima zamufashije gukira ibikomere

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home

Latest News

Umusore muto arakekwaho gusambanya ku manywa y’ihangu umukecuru amusanze iwe aryamye aho arwariye

Umuhanzi uzwi mu Rwanda uri gutaramira Abanyarwanda batuye i Burari yageneye ubutumwa abatahiwe

Abofisiye Bakuru babiri mu Ngabo z’u Rwanda basoje amasomo muri Kenya nyuma y’icyumweru harangijeyo Colonel

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.

Welcome Back!

Login to your account below

Forgotten Password?

Retrieve your password

Please enter your username or email address to reset your password.

Log In

Add New Playlist

No Result
View All Result
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home

Copyright © 2024 RadioTv10.