Thursday, June 5, 2025
RADIOTV10
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA IMIBEREHO MYIZA

Urubyiruko rw’abakobwa rufite amatsiko yo kubona agakingirizo k’abagore bumva ariko bataraca iryera

radiotv10by radiotv10
05/04/2025
in IMIBEREHO MYIZA, MU RWANDA
0
Urubyiruko rw’abakobwa rufite amatsiko yo kubona agakingirizo k’abagore bumva ariko bataraca iryera
Share on FacebookShare on Twitter

Bamwe mu rubyiruko rw’abakobwa bagana Ikigo cy’Urubyiruko cya Rwamagana, bavuga ko bumva amakuru y’Agakingirizo k’igitsinagore ariko batarakabona, ku buryo ba bumva bifuza kukabona ngo bamenye n’uburyo gakoreshwa.

Imibare y’Ikigo cy’Igihugu cy’Ubuzima RBC igaragaza ko urubyiruko ruri hagati y’imyaka 15 na 20, ari rwo rwugarijwe n’ubwandu bushya bwa Virusi itera SIDA kuko ubwandu bushya mu rubyiruko bugenda bwiyongera, aho kuri ubu buri ku kigero cya 35% hashingiwe kuri raporo y’umwaka wa 2023.

Bamwe mu rubyiruko rugana Ikigo cy’Urubyiruko cya Rwamagana ‘YegoCenter’ byumwihariko abakobwa, baravuga ko nta gahunda zihari zibafasha gusobakirwa imikoreshereze y’agakingirizo k’igitsinagore ku buryo hari abakenera kukamenya no kumenya imikoreshereze yako.

Umwe muri bo utifuje ko amazina ye atangazwa mu itangazamakuru, yagize ati “Ntabwo nkazi (Agakingirizo k’igitsinagore), icyakora kaje tukakamenya na byo byadufasha.”

Mugenzi we na we yagize ati “Ndabyumva ko kabaho ariko sindakabonesha amaso yanjye. Kazanwa, hari abo twafasha, nyine batuzana bakatutwereka.”

Ikigo cy’Igihugu cy’Ubuzima RBC, kiravuga ko ubusanzwe ku bigo by’urubyiruko hakwiye kuba hari umukozi ushinzwe gusobanurira urubyiruko izi serivisi, ariko ko zibaye zidahari babikurikirana, akagira inama uru rubyiruko kuba rwifashisha Ibigo Nderabuzoma bibegereye.

Umuyobozi muri RBC w’Ishami rishinzwe gukumira Virus itera SIDA, Dr.Basile Ikuzo ati “Ubusanzwe Ibigo by’urubyiruko byose birabagira (abashinzwe gusobanurira urubyiruko gahunda z’ubuzima zitandukanye harimo n’udukingirizo), aramutse adahri byaba ari ukuvugana n’Akarere tukabaza impamvu. Ubundi aba asabwa kuba ahari.”

Akomeza agaruka kuri aka gakingirizo kakiri amayobera kuri bamwe mu bagakwiye kuba bagakoresha, Dr.Basile yagize ati “Karinda SIDA nkuko n’akandi kakurinda, gusa imikoreshereze yako sinzi ko twayisobanurira kuri Terefoni, ariko mo imbere haba harimo agapapuro karimo amabwiriza yabafasha kugakoresha.”

Ubushakashatsi ku Buzima n’Imibereho y’Abaturage mu Rwanda (Rwanda Demographic and Health Survey – RDHS 2019-2020) bwakozwe n’Ikigo cy’Igihugu cy’Ibarurishamibare (NISR) ku bufatanye na Minisiteri y’Ubuzima (MINISANTE) n’abandi bafatanyabikorwa, bwagaragaje ko abakoresha udukiringizo tw’igitsinagore ari munsi ya 5% by’abakoresha udukiringizo bose, Naho abakoresha udukiringizo tw’abagabo barenga 90% by’abakoresha udukiringizo.

Urubyiruko rw’i Rwamagana rugana ikigo cyarwo ruvuga ko hari ibikiburayo

Youssuf UBONABAGENDA
RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

nineteen − 18 =

Previous Post

Abafitiye umutima uhagaze ikiraro gihuza Uturere tubiri bahawe igisubizo kitumvikanamo icyizere gihwanye n’ibyifuzo byabo

Next Post

Kwibuka31: Bimwe mu byabaye ku ya 07/04/1994…Hashyizweho bariyeri, Abatutsi batangira guhigwa no kwicwa

Related Posts

Amb.Rwamucyo wari uhagarariye u Rwanda muri Loni yashyikirije Perezida wa Kenya impapuro zo kuruhagararirayo

Amb.Rwamucyo wari uhagarariye u Rwanda muri Loni yashyikirije Perezida wa Kenya impapuro zo kuruhagararirayo

by radiotv10
04/06/2025
0

Amb. Ernest Rwamucyo warangije inshingano zo guhagararira u Rwanda mu Muryango w’Abibumbye, yashyikirije Perezida wa Kenya, William Ruto impapuro zo...

Umunyemari ukomeye mu Rwanda akurikiranyweho gukoresha inyandiko mpimbano yaka inguzanyo ya Miliyoni 100Frw

Umuyobozi mu Ishuri ryisumbuye uregwa ibirimo ibishingiye ku gusoma umunyeshuri yafatiwe icyemezo

by radiotv10
04/06/2025
0

Umuyobozi Wungirije ushinzwe amasomo mu Rwunge rw’Amashuri rwa Kabgayi B mu Karere ka Muhanga, ukurikiranyweho ibikorwa bigize icyaha cy’ihohotera rishingiye...

Polisi yeretse abana ibikorwa byayo birimo ikoranabuhanga rishya ryinjijwe mu by’umutekano wo mu muhanda

Polisi yeretse abana ibikorwa byayo birimo ikoranabuhanga rishya ryinjijwe mu by’umutekano wo mu muhanda

by radiotv10
04/06/2025
0

Abana barenga 200 biga mu bigo bitatu by’amashuri abanza mu Mujyi wa Kigali, bakiriwe na Polisi y’u Rwanda ku Cyicaro...

Gatsibo: Aborozi b’inka bari mu rujijo ku ndwara ifite ubukana yadutse mu matungo yabo

Gatsibo: Aborozi b’inka bari mu rujijo ku ndwara ifite ubukana yadutse mu matungo yabo

by radiotv10
04/06/2025
0

Bamwe mu borozi b’inka bo mu Murenge wa Rwimbogo, baravuga ko hari indwara batazi ikiyitera iri gufata amatungo yabo ku...

Uhagarariye u Rwanda muri Canada yagenewe igihembo cya Ambasaderi w’umwaka

Uhagarariye u Rwanda muri Canada yagenewe igihembo cya Ambasaderi w’umwaka

by radiotv10
04/06/2025
0

Ambasaderi Higiro Prosper uhagarariye u Rwanda muri Canada, yashyikirijwe igihembo nka Ambasaderi w’umwaka muri iki Gihugu cyo ku Mugabane wa...

IZIHERUKA

BREAKING: AFC/M23 nyuma yo kwakira Kabila yungutse abandi banyapolitiki barimo uw’inararibonye
AMAHANGA

BREAKING: AFC/M23 nyuma yo kwakira Kabila yungutse abandi banyapolitiki barimo uw’inararibonye

by radiotv10
04/06/2025
0

Amb.Rwamucyo wari uhagarariye u Rwanda muri Loni yashyikirije Perezida wa Kenya impapuro zo kuruhagararirayo

Amb.Rwamucyo wari uhagarariye u Rwanda muri Loni yashyikirije Perezida wa Kenya impapuro zo kuruhagararirayo

04/06/2025
Umukinnyi w’u Rwanda Djabel yatanze umucyo ku cyatumye yangirwa kwinjira muri Algeria

Umukinnyi w’u Rwanda Djabel yatanze umucyo ku cyatumye yangirwa kwinjira muri Algeria

04/06/2025
Umunyemari ukomeye mu Rwanda akurikiranyweho gukoresha inyandiko mpimbano yaka inguzanyo ya Miliyoni 100Frw

Umuyobozi mu Ishuri ryisumbuye uregwa ibirimo ibishingiye ku gusoma umunyeshuri yafatiwe icyemezo

04/06/2025
Polisi yeretse abana ibikorwa byayo birimo ikoranabuhanga rishya ryinjijwe mu by’umutekano wo mu muhanda

Polisi yeretse abana ibikorwa byayo birimo ikoranabuhanga rishya ryinjijwe mu by’umutekano wo mu muhanda

04/06/2025
Itangazamakuru ryo muri Congo ryahawe gasopo yo kuvuga kuri Kabila wabaye Perezida

Itangazamakuru ryo muri Congo ryahawe gasopo yo kuvuga kuri Kabila wabaye Perezida

04/06/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Kwibuka31: Bimwe mu byabaye ku ya 07/04/1994…Hashyizweho bariyeri, Abatutsi batangira guhigwa no kwicwa

Kwibuka31: Bimwe mu byabaye ku ya 07/04/1994…Hashyizweho bariyeri, Abatutsi batangira guhigwa no kwicwa

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home

Latest News

BREAKING: AFC/M23 nyuma yo kwakira Kabila yungutse abandi banyapolitiki barimo uw’inararibonye

Amb.Rwamucyo wari uhagarariye u Rwanda muri Loni yashyikirije Perezida wa Kenya impapuro zo kuruhagararirayo

Umukinnyi w’u Rwanda Djabel yatanze umucyo ku cyatumye yangirwa kwinjira muri Algeria

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.

Welcome Back!

Login to your account below

Forgotten Password?

Retrieve your password

Please enter your username or email address to reset your password.

Log In

Add New Playlist

No Result
View All Result
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home

Copyright © 2024 RadioTv10.