Saturday, December 20, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA IMIBEREHO MYIZA

Urubyiruko rw’abakobwa rufite amatsiko yo kubona agakingirizo k’abagore bumva ariko bataraca iryera

radiotv10by radiotv10
05/04/2025
in IMIBEREHO MYIZA, MU RWANDA
0
Urubyiruko rw’abakobwa rufite amatsiko yo kubona agakingirizo k’abagore bumva ariko bataraca iryera
Share on FacebookShare on Twitter

Bamwe mu rubyiruko rw’abakobwa bagana Ikigo cy’Urubyiruko cya Rwamagana, bavuga ko bumva amakuru y’Agakingirizo k’igitsinagore ariko batarakabona, ku buryo ba bumva bifuza kukabona ngo bamenye n’uburyo gakoreshwa.

Imibare y’Ikigo cy’Igihugu cy’Ubuzima RBC igaragaza ko urubyiruko ruri hagati y’imyaka 15 na 20, ari rwo rwugarijwe n’ubwandu bushya bwa Virusi itera SIDA kuko ubwandu bushya mu rubyiruko bugenda bwiyongera, aho kuri ubu buri ku kigero cya 35% hashingiwe kuri raporo y’umwaka wa 2023.

Bamwe mu rubyiruko rugana Ikigo cy’Urubyiruko cya Rwamagana ‘YegoCenter’ byumwihariko abakobwa, baravuga ko nta gahunda zihari zibafasha gusobakirwa imikoreshereze y’agakingirizo k’igitsinagore ku buryo hari abakenera kukamenya no kumenya imikoreshereze yako.

Umwe muri bo utifuje ko amazina ye atangazwa mu itangazamakuru, yagize ati “Ntabwo nkazi (Agakingirizo k’igitsinagore), icyakora kaje tukakamenya na byo byadufasha.”

Mugenzi we na we yagize ati “Ndabyumva ko kabaho ariko sindakabonesha amaso yanjye. Kazanwa, hari abo twafasha, nyine batuzana bakatutwereka.”

Ikigo cy’Igihugu cy’Ubuzima RBC, kiravuga ko ubusanzwe ku bigo by’urubyiruko hakwiye kuba hari umukozi ushinzwe gusobanurira urubyiruko izi serivisi, ariko ko zibaye zidahari babikurikirana, akagira inama uru rubyiruko kuba rwifashisha Ibigo Nderabuzoma bibegereye.

Umuyobozi muri RBC w’Ishami rishinzwe gukumira Virus itera SIDA, Dr.Basile Ikuzo ati “Ubusanzwe Ibigo by’urubyiruko byose birabagira (abashinzwe gusobanurira urubyiruko gahunda z’ubuzima zitandukanye harimo n’udukingirizo), aramutse adahri byaba ari ukuvugana n’Akarere tukabaza impamvu. Ubundi aba asabwa kuba ahari.”

Akomeza agaruka kuri aka gakingirizo kakiri amayobera kuri bamwe mu bagakwiye kuba bagakoresha, Dr.Basile yagize ati “Karinda SIDA nkuko n’akandi kakurinda, gusa imikoreshereze yako sinzi ko twayisobanurira kuri Terefoni, ariko mo imbere haba harimo agapapuro karimo amabwiriza yabafasha kugakoresha.”

Ubushakashatsi ku Buzima n’Imibereho y’Abaturage mu Rwanda (Rwanda Demographic and Health Survey – RDHS 2019-2020) bwakozwe n’Ikigo cy’Igihugu cy’Ibarurishamibare (NISR) ku bufatanye na Minisiteri y’Ubuzima (MINISANTE) n’abandi bafatanyabikorwa, bwagaragaje ko abakoresha udukiringizo tw’igitsinagore ari munsi ya 5% by’abakoresha udukiringizo bose, Naho abakoresha udukiringizo tw’abagabo barenga 90% by’abakoresha udukiringizo.

Urubyiruko rw’i Rwamagana rugana ikigo cyarwo ruvuga ko hari ibikiburayo

Youssuf UBONABAGENDA
RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

fifteen − 7 =

Previous Post

Abafitiye umutima uhagaze ikiraro gihuza Uturere tubiri bahawe igisubizo kitumvikanamo icyizere gihwanye n’ibyifuzo byabo

Next Post

Kwibuka31: Bimwe mu byabaye ku ya 07/04/1994…Hashyizweho bariyeri, Abatutsi batangira guhigwa no kwicwa

Related Posts

Habaye ibiganiro hagati y’u Rwanda n’u Burusiya

Habaye ibiganiro hagati y’u Rwanda n’u Burusiya

by radiotv10
20/12/2025
0

Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga n’Ubutwererane, Amb. Olivier Nduhungirehe yagiranye ibiganiro na mugenzi we w’u Burusiya, Sergey Lavrov, byibanze ku guteza imbere...

Imiterere y’isoko ry’amatungo ryegereye ahakorera inzego za Leta zirimo urw’umutekano ikomeje kubashyira mu bibazo

Imiterere y’isoko ry’amatungo ryegereye ahakorera inzego za Leta zirimo urw’umutekano ikomeje kubashyira mu bibazo

by radiotv10
20/12/2025
0

Bamwe mu barema isoko ry’amatungo magufi ryo mu Murenge wa Kabarondo, bavuga ko babangamirwa n’uko ritazitiye, bigatuma amatungo yangiza ubusitani...

Habaye impinduka mu Buyobozi Bukuru bwa FPR-Inkotanyi, Bazivamo agarukamo

Habaye impinduka mu Buyobozi Bukuru bwa FPR-Inkotanyi, Bazivamo agarukamo

by radiotv10
19/12/2025
0

Umuryango FPR-Inkotanyi wakoze amavugurura n’impinduka mu Buyobozi Bukuru bwawo, zasize ugize ba Visi Perezida babiri, ndetse Bazivamo Christophe wigeze kububamo,...

Bamporiki wabaye mu nzego nkuru z’u Rwanda yishimiye imyaka 15 amaze asezeranye n’umugore we

Bamporiki wabaye mu nzego nkuru z’u Rwanda yishimiye imyaka 15 amaze asezeranye n’umugore we

by radiotv10
19/12/2025
1

Edouard Bamporiki wagize imyanya inyuranye mu nzego nkuru z’u Rwanda nko muri Guverinoma, yagaragaje ibyishimo atewe n’isabukuru y’imyaka 15 amaze...

Abafurere babiri mu Rwanda barafunze nyuma y’urupfu rw’amayobera rwa mugenzi wabo

Abafurere babiri mu Rwanda barafunze nyuma y’urupfu rw’amayobera rwa mugenzi wabo

by radiotv10
19/12/2025
1

Abafurere babiri bari mu bantu bakurikiranyweho uruhare mu rupfu rwa mugenzi wabo wayoboraga ishuri ryo mu Karere ka Huye uherutse...

IZIHERUKA

Habaye ibiganiro hagati y’u Rwanda n’u Burusiya
MU RWANDA

Habaye ibiganiro hagati y’u Rwanda n’u Burusiya

by radiotv10
20/12/2025
0

Imiterere y’isoko ry’amatungo ryegereye ahakorera inzego za Leta zirimo urw’umutekano ikomeje kubashyira mu bibazo

Imiterere y’isoko ry’amatungo ryegereye ahakorera inzego za Leta zirimo urw’umutekano ikomeje kubashyira mu bibazo

20/12/2025
Habaye impinduka mu Buyobozi Bukuru bwa FPR-Inkotanyi, Bazivamo agarukamo

Habaye impinduka mu Buyobozi Bukuru bwa FPR-Inkotanyi, Bazivamo agarukamo

19/12/2025
Bamporiki wabaye mu nzego nkuru z’u Rwanda yishimiye imyaka 15 amaze asezeranye n’umugore we

Bamporiki wabaye mu nzego nkuru z’u Rwanda yishimiye imyaka 15 amaze asezeranye n’umugore we

19/12/2025
AGEZWEHO: Muri Congo imirwano yongeye noneho hagabwa n’ibitero mu buryo bushya

AGEZWEHO: Muri Congo imirwano yongeye noneho hagabwa n’ibitero mu buryo bushya

19/12/2025
Abafurere babiri mu Rwanda barafunze nyuma y’urupfu rw’amayobera rwa mugenzi wabo

Abafurere babiri mu Rwanda barafunze nyuma y’urupfu rw’amayobera rwa mugenzi wabo

19/12/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Kwibuka31: Bimwe mu byabaye ku ya 07/04/1994…Hashyizweho bariyeri, Abatutsi batangira guhigwa no kwicwa

Kwibuka31: Bimwe mu byabaye ku ya 07/04/1994…Hashyizweho bariyeri, Abatutsi batangira guhigwa no kwicwa

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Habaye ibiganiro hagati y’u Rwanda n’u Burusiya

Imiterere y’isoko ry’amatungo ryegereye ahakorera inzego za Leta zirimo urw’umutekano ikomeje kubashyira mu bibazo

Habaye impinduka mu Buyobozi Bukuru bwa FPR-Inkotanyi, Bazivamo agarukamo

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.