Saturday, January 10, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA IMIBEREHO MYIZA

Urubyiruko rwijanditse mu bujura rwagaragarijwe icyo rugomba kubusimbuza

radiotv10by radiotv10
08/09/2023
in IMIBEREHO MYIZA, MU RWANDA
0
Urubyiruko rwijanditse mu bujura rwagaragarijwe icyo rugomba kubusimbuza
Share on FacebookShare on Twitter

Minisiteri y’Ubumwe bw’Abanyarwanda n’Inshingano Mboneragihugu, irasaba urubyiruko rwijanditse mu bujura, kubureka, bagashaka imirimo bakora irimo n’ubuhinzi kuko burimo imari ishyushye muri iki gihe.

Byatangajwe n’Umuhuzabikorwa w’Itorero muri Minisiteri y’Ubumwe bw’Abanyarwanda n’Inshingano Mboneragihuru, Pascal Gasana mu gusoza igikorwa cy’urubyiruko 84 bize ubuhinzi, bari bamaze iminsi 10 mu Itorero Intagamburuzwa batozwa indangagaciro Nyarwanda, mbere yo gutangira amasomo muri Kaminuza yigisha ubuhinzi butangiza ikirere izwi nka RICA iherereye mu Karere ka Bugesera.

Mu ntangiro z’iki Cyumweru, ubwo hatangizwaga Umwaka w’Ubucamanaza wa 2023-2024, Umushinjacyaha Mukuru w’u Rwanda, Aimable Havugiyaremye yavuze ko ibyaha bibiri by’ubujura no gukubita no gukomeretsa, biri mu byaje ku isonga umwaka ushize, aho ubwabyo gusa bigize 59,3% y’ibyaha byose byakozwe muri rusange.

Umushinjacyaha Mukuru yavuze kandi ko urubyiruko ari rwo rwiganje muri ibi byaha, kandi ko biba bifitanye isano n’iyindi ngeso mbi y’ubusinzi.

Mu kiganiro Umuzabikorwa w’Itorero muri MINIBUMWE, Pascal Gasana yagejeje kuri ruriya rubyiruko 84, yavuze ko rwabanje gutozwa kirazira n’indangagaciro nyarwanda, kuko ari byo rukingo rw’izi ngeso mbi ziri mu rubyiruko.

Yagize ati “Ni irihe shuri ujyamo ukiga kutaba umujura? Ushobora kuba umuhanga kabuhariwe, ukaba n’umujurura kabuhariwe. Impamvu ni uko kwiba ntaho babikubuza. Ishuri ryiza naryo ni Itorero. Nta shuri ryiza ryaruta itorero.”

Uru rubyiruko ruvuga ko ingeso mbi zivugwa muri bagenzi barwo bagiye kuzisimbuza ubuhinzi bw’umwuga, kandi ko bazaba bashyize mu bikorwa isomo rikomeye bahawe ryo gukunda Igihugu.

Umwe yagize ati “Bavuga ko kugira ngo ugere ku musaruro w’icyo ari cyo cyose ugomba kugira ikinyabupfura. Ubundi numara gukunda Igihugu uziyumvamo n’ibyo byo guteza imbere ubuhinzi. Kugira ngo cya Gihugu ukunda abagituye batere imbere.”

Pascal Gasana yasabye uru rubyiruko kuzabera urugero rwiza rugenzi rwarwo

Narwo rwahize kuzakurikiza ibyo bahawe mu Itorero

David NZABONIMPA
RADIOTV10 

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

7 + 15 =

Previous Post

Kayonza: Abagore bahishuye icyatumye bahaguruka bakiyemeza gukora icyo batamenyereweho

Next Post

France: Urupfu rw’imbwa rwatumye umugabo n’umugore bisanga imbere y’inkiko

Related Posts

Needs vs Wants: How to Tell the Difference in Daily Life

Needs vs Wants: How to Tell the Difference in Daily Life

by radiotv10
10/01/2026
0

Many people struggle with money not because they earn too little, but because they confuse needs with wants. Understanding the...

Bahawe miliyoni 3Frw bigirwa umushinga wabakura mu bukene ariko ibyakurikiyeho sibyo bari biteze

Bahawe miliyoni 3Frw bigirwa umushinga wabakura mu bukene ariko ibyakurikiyeho sibyo bari biteze

by radiotv10
10/01/2026
0

Bamwe mu bakecuru batishoboye bo mu Murenge wa Tumba mu Karere ka Huye, bibumbiye mu itsinda ryo kwikura mu bukene,...

Key points to know about Rwanda’s new Road Traffic Law

Key points to know about Rwanda’s new Road Traffic Law

by radiotv10
09/01/2026
0

Road safety remains a major public concern in Rwanda, especially as the number of vehicles continues to increase. In response...

VIDEO: Umuvugizi wa Polisi y’u Rwanda yagaragaye anyonga igare ry’abanyonzi

VIDEO: Umuvugizi wa Polisi y’u Rwanda yagaragaye anyonga igare ry’abanyonzi

by radiotv10
09/01/2026
0

Abatwara amagare na bo bari mu barebwa n’ubukangurambaga bugamije kurwanya impanuka zo mu muhanda. Ni ubutumwa abantu bakwiye gukura mu...

Inkuru mbi yatashye mu miryango y’abagabo babiri baguwe gitumo nyuma yo kwiba amatungo

Inkuru mbi yatashye mu miryango y’abagabo babiri baguwe gitumo nyuma yo kwiba amatungo

by radiotv10
09/01/2026
0

Ubushyamirane bwabaye hagati y’abakekwaho kwiba ihene, n’abari bazibwe mu Murenge wa Kigoma mu Karere ka Nyanza, bwaguyemo babiri bakekwagaho kuba...

IZIHERUKA

Needs vs Wants: How to Tell the Difference in Daily Life
IMIBEREHO MYIZA

Needs vs Wants: How to Tell the Difference in Daily Life

by radiotv10
10/01/2026
0

Bahawe miliyoni 3Frw bigirwa umushinga wabakura mu bukene ariko ibyakurikiyeho sibyo bari biteze

Bahawe miliyoni 3Frw bigirwa umushinga wabakura mu bukene ariko ibyakurikiyeho sibyo bari biteze

10/01/2026
Why Walking Is One of the Most Underrated Exercises

Why Walking Is One of the Most Underrated Exercises

10/01/2026
Umutoza wa Rayon atanze ubutumwa butanga icyizere ku bakunzi bayo

Umutoza wa Rayon atanze ubutumwa butanga icyizere ku bakunzi bayo

09/01/2026
Eng.-AFC/M23 decides to withdraw from Uvira City after holding it for a few days

Eng.-AFC/M23 Reportedly Reinforcing Its Presence in a Certain Area

09/01/2026
Key points to know about Rwanda’s new Road Traffic Law

Key points to know about Rwanda’s new Road Traffic Law

09/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
France: Urupfu rw’imbwa rwatumye umugabo n’umugore bisanga imbere y’inkiko

France: Urupfu rw’imbwa rwatumye umugabo n’umugore bisanga imbere y’inkiko

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Needs vs Wants: How to Tell the Difference in Daily Life

Bahawe miliyoni 3Frw bigirwa umushinga wabakura mu bukene ariko ibyakurikiyeho sibyo bari biteze

Why Walking Is One of the Most Underrated Exercises

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.