Sunday, December 21, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA IMIBEREHO MYIZA

Urubyiruko rwijanditse mu bujura rwagaragarijwe icyo rugomba kubusimbuza

radiotv10by radiotv10
08/09/2023
in IMIBEREHO MYIZA, MU RWANDA
0
Urubyiruko rwijanditse mu bujura rwagaragarijwe icyo rugomba kubusimbuza
Share on FacebookShare on Twitter

Minisiteri y’Ubumwe bw’Abanyarwanda n’Inshingano Mboneragihugu, irasaba urubyiruko rwijanditse mu bujura, kubureka, bagashaka imirimo bakora irimo n’ubuhinzi kuko burimo imari ishyushye muri iki gihe.

Byatangajwe n’Umuhuzabikorwa w’Itorero muri Minisiteri y’Ubumwe bw’Abanyarwanda n’Inshingano Mboneragihuru, Pascal Gasana mu gusoza igikorwa cy’urubyiruko 84 bize ubuhinzi, bari bamaze iminsi 10 mu Itorero Intagamburuzwa batozwa indangagaciro Nyarwanda, mbere yo gutangira amasomo muri Kaminuza yigisha ubuhinzi butangiza ikirere izwi nka RICA iherereye mu Karere ka Bugesera.

Mu ntangiro z’iki Cyumweru, ubwo hatangizwaga Umwaka w’Ubucamanaza wa 2023-2024, Umushinjacyaha Mukuru w’u Rwanda, Aimable Havugiyaremye yavuze ko ibyaha bibiri by’ubujura no gukubita no gukomeretsa, biri mu byaje ku isonga umwaka ushize, aho ubwabyo gusa bigize 59,3% y’ibyaha byose byakozwe muri rusange.

Umushinjacyaha Mukuru yavuze kandi ko urubyiruko ari rwo rwiganje muri ibi byaha, kandi ko biba bifitanye isano n’iyindi ngeso mbi y’ubusinzi.

Mu kiganiro Umuzabikorwa w’Itorero muri MINIBUMWE, Pascal Gasana yagejeje kuri ruriya rubyiruko 84, yavuze ko rwabanje gutozwa kirazira n’indangagaciro nyarwanda, kuko ari byo rukingo rw’izi ngeso mbi ziri mu rubyiruko.

Yagize ati “Ni irihe shuri ujyamo ukiga kutaba umujura? Ushobora kuba umuhanga kabuhariwe, ukaba n’umujurura kabuhariwe. Impamvu ni uko kwiba ntaho babikubuza. Ishuri ryiza naryo ni Itorero. Nta shuri ryiza ryaruta itorero.”

Uru rubyiruko ruvuga ko ingeso mbi zivugwa muri bagenzi barwo bagiye kuzisimbuza ubuhinzi bw’umwuga, kandi ko bazaba bashyize mu bikorwa isomo rikomeye bahawe ryo gukunda Igihugu.

Umwe yagize ati “Bavuga ko kugira ngo ugere ku musaruro w’icyo ari cyo cyose ugomba kugira ikinyabupfura. Ubundi numara gukunda Igihugu uziyumvamo n’ibyo byo guteza imbere ubuhinzi. Kugira ngo cya Gihugu ukunda abagituye batere imbere.”

Pascal Gasana yasabye uru rubyiruko kuzabera urugero rwiza rugenzi rwarwo

Narwo rwahize kuzakurikiza ibyo bahawe mu Itorero

David NZABONIMPA
RADIOTV10 

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

fifteen + 20 =

Previous Post

Kayonza: Abagore bahishuye icyatumye bahaguruka bakiyemeza gukora icyo batamenyereweho

Next Post

France: Urupfu rw’imbwa rwatumye umugabo n’umugore bisanga imbere y’inkiko

Related Posts

Habaye ibiganiro hagati y’u Rwanda n’u Burusiya

Habaye ibiganiro hagati y’u Rwanda n’u Burusiya

by radiotv10
20/12/2025
0

Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga n’Ubutwererane, Amb. Olivier Nduhungirehe yagiranye ibiganiro na mugenzi we w’u Burusiya, Sergey Lavrov, byibanze ku guteza imbere...

Imiterere y’isoko ry’amatungo ryegereye ahakorera inzego za Leta zirimo urw’umutekano ikomeje kubashyira mu bibazo

Imiterere y’isoko ry’amatungo ryegereye ahakorera inzego za Leta zirimo urw’umutekano ikomeje kubashyira mu bibazo

by radiotv10
20/12/2025
0

Bamwe mu barema isoko ry’amatungo magufi ryo mu Murenge wa Kabarondo, bavuga ko babangamirwa n’uko ritazitiye, bigatuma amatungo yangiza ubusitani...

Habaye ibiganiro hagati y’u Rwanda n’u Burusiya

Eng.-Rwanda and Russia review growing Bilateral Cooperation, discuss Eastern DRC peace efforts

by radiotv10
20/12/2025
0

Rwanda’s Minister of Foreign Affairs and International Cooperation, Amb. Olivier Nduhungirehe, held talks with his Russian counterpart, Sergey Lavrov, focusing...

Dore inama zagufasha guhura na Yezu mu isengesho ryihariye rihatse andi muri Kiliziya Gatulika

Dore inama zagufasha guhura na Yezu mu isengesho ryihariye rihatse andi muri Kiliziya Gatulika

by radiotv10
20/12/2025
0

Gushengerera ni isengesho rikomeye muri Kiliziya Gatulika, rifasha abakristu kuganira na Yezu bucece, bamurangamiye mu isakaramentu ry’Ukarisitiya. Dore ibyo wakubahiriza...

Bamporiki wabaye mu nzego nkuru z’u Rwanda yishimiye imyaka 15 amaze asezeranye n’umugore we

Bamporiki wabaye mu nzego nkuru z’u Rwanda yishimiye imyaka 15 amaze asezeranye n’umugore we

by radiotv10
20/12/2025
1

Edouard Bamporiki wagize imyanya inyuranye mu nzego nkuru z’u Rwanda nko muri Guverinoma, yagaragaje ibyishimo atewe n’isabukuru y’imyaka 15 amaze...

IZIHERUKA

Biravugwa ko umwe mu ba-Dj bazwi mu Rwanda yatawe muri yombi
IBYAMAMARE

Biravugwa ko umwe mu ba-Dj bazwi mu Rwanda yatawe muri yombi

by radiotv10
21/12/2025
0

Eng.-AFC/M23 decides to withdraw from Uvira City after holding it for a few days

AFC/M23 yavuze ikiyiteye impungenge gifitanye isano n’icyemezo cy’u Burundi

20/12/2025
Habaye ibiganiro hagati y’u Rwanda n’u Burusiya

Habaye ibiganiro hagati y’u Rwanda n’u Burusiya

20/12/2025
Imiterere y’isoko ry’amatungo ryegereye ahakorera inzego za Leta zirimo urw’umutekano ikomeje kubashyira mu bibazo

Imiterere y’isoko ry’amatungo ryegereye ahakorera inzego za Leta zirimo urw’umutekano ikomeje kubashyira mu bibazo

20/12/2025
Habaye ibiganiro hagati y’u Rwanda n’u Burusiya

Eng.-Rwanda and Russia review growing Bilateral Cooperation, discuss Eastern DRC peace efforts

20/12/2025
Dore inama zagufasha guhura na Yezu mu isengesho ryihariye rihatse andi muri Kiliziya Gatulika

Dore inama zagufasha guhura na Yezu mu isengesho ryihariye rihatse andi muri Kiliziya Gatulika

20/12/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
France: Urupfu rw’imbwa rwatumye umugabo n’umugore bisanga imbere y’inkiko

France: Urupfu rw’imbwa rwatumye umugabo n’umugore bisanga imbere y’inkiko

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Biravugwa ko umwe mu ba-Dj bazwi mu Rwanda yatawe muri yombi

AFC/M23 yavuze ikiyiteye impungenge gifitanye isano n’icyemezo cy’u Burundi

Habaye ibiganiro hagati y’u Rwanda n’u Burusiya

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.