Tuesday, December 30, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA IMIBEREHO MYIZA

Urubyiruko rwijanditse mu bujura rwagaragarijwe icyo rugomba kubusimbuza

radiotv10by radiotv10
08/09/2023
in IMIBEREHO MYIZA, MU RWANDA
0
Urubyiruko rwijanditse mu bujura rwagaragarijwe icyo rugomba kubusimbuza
Share on FacebookShare on Twitter

Minisiteri y’Ubumwe bw’Abanyarwanda n’Inshingano Mboneragihugu, irasaba urubyiruko rwijanditse mu bujura, kubureka, bagashaka imirimo bakora irimo n’ubuhinzi kuko burimo imari ishyushye muri iki gihe.

Byatangajwe n’Umuhuzabikorwa w’Itorero muri Minisiteri y’Ubumwe bw’Abanyarwanda n’Inshingano Mboneragihuru, Pascal Gasana mu gusoza igikorwa cy’urubyiruko 84 bize ubuhinzi, bari bamaze iminsi 10 mu Itorero Intagamburuzwa batozwa indangagaciro Nyarwanda, mbere yo gutangira amasomo muri Kaminuza yigisha ubuhinzi butangiza ikirere izwi nka RICA iherereye mu Karere ka Bugesera.

Mu ntangiro z’iki Cyumweru, ubwo hatangizwaga Umwaka w’Ubucamanaza wa 2023-2024, Umushinjacyaha Mukuru w’u Rwanda, Aimable Havugiyaremye yavuze ko ibyaha bibiri by’ubujura no gukubita no gukomeretsa, biri mu byaje ku isonga umwaka ushize, aho ubwabyo gusa bigize 59,3% y’ibyaha byose byakozwe muri rusange.

Umushinjacyaha Mukuru yavuze kandi ko urubyiruko ari rwo rwiganje muri ibi byaha, kandi ko biba bifitanye isano n’iyindi ngeso mbi y’ubusinzi.

Mu kiganiro Umuzabikorwa w’Itorero muri MINIBUMWE, Pascal Gasana yagejeje kuri ruriya rubyiruko 84, yavuze ko rwabanje gutozwa kirazira n’indangagaciro nyarwanda, kuko ari byo rukingo rw’izi ngeso mbi ziri mu rubyiruko.

Yagize ati “Ni irihe shuri ujyamo ukiga kutaba umujura? Ushobora kuba umuhanga kabuhariwe, ukaba n’umujurura kabuhariwe. Impamvu ni uko kwiba ntaho babikubuza. Ishuri ryiza naryo ni Itorero. Nta shuri ryiza ryaruta itorero.”

Uru rubyiruko ruvuga ko ingeso mbi zivugwa muri bagenzi barwo bagiye kuzisimbuza ubuhinzi bw’umwuga, kandi ko bazaba bashyize mu bikorwa isomo rikomeye bahawe ryo gukunda Igihugu.

Umwe yagize ati “Bavuga ko kugira ngo ugere ku musaruro w’icyo ari cyo cyose ugomba kugira ikinyabupfura. Ubundi numara gukunda Igihugu uziyumvamo n’ibyo byo guteza imbere ubuhinzi. Kugira ngo cya Gihugu ukunda abagituye batere imbere.”

Pascal Gasana yasabye uru rubyiruko kuzabera urugero rwiza rugenzi rwarwo

Narwo rwahize kuzakurikiza ibyo bahawe mu Itorero

David NZABONIMPA
RADIOTV10 

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

twelve − 8 =

Previous Post

Kayonza: Abagore bahishuye icyatumye bahaguruka bakiyemeza gukora icyo batamenyereweho

Next Post

France: Urupfu rw’imbwa rwatumye umugabo n’umugore bisanga imbere y’inkiko

Related Posts

Icyo u Rwanda ruvuga ku byatangajwe n’Imiryango yateye utwatsi ivuka ry’Igihugu gishya muri Afurika

Icyo u Rwanda ruvuga ku byatangajwe n’Imiryango yateye utwatsi ivuka ry’Igihugu gishya muri Afurika

by radiotv10
29/12/2025
0

U Rwanda rwatangaje ko rushyigikiye ibyatangajwe n’Umuryango wa Afurika Yunze Ubumwe n’uwa Afurika y’Iburasirazuba, yagaragaje ko Igihugu cya Somalia kigomba...

Havuzwe ibyatumye hirukanwa abayobozi b’Ibigo by’amashuri bakabakaba 900 mu Rwanda

Havuzwe ibyatumye hirukanwa abayobozi b’Ibigo by’amashuri bakabakaba 900 mu Rwanda

by radiotv10
29/12/2025
0

Urwego rw’Igihugu Rushinzwe Uburezi bw’Ibanze REB, rwatangaje ko abayobozi b’ibigo by’amashuri mu cyiciro cy’ayisumbuye n’abanza 890 bambuwe inshingano zo kuyobora,...

Eng.-Rwanda’s position on statements rejecting the recognition of Somaliland as a country

Eng.-Rwanda’s position on statements rejecting the recognition of Somaliland as a country

by radiotv10
29/12/2025
0

Rwanda has announced that it supports the statements issued by the African Union (AU) and the East African Community (EAC),...

The Painkiller Culture: Why we reach for pills at every discomfort

The Painkiller Culture: Why we reach for pills at every discomfort

by radiotv10
29/12/2025
0

In today’s fast-paced world, pain has become something we want gone immediately. A headache before work, back pain after a...

Hatangajwe icyagaragaye nyuma yuko hafashwe umugabo wagaragaye muri Kigali akora ibyateje impagarara

Hatangajwe icyagaragaye nyuma yuko hafashwe umugabo wagaragaye muri Kigali akora ibyateje impagarara

by radiotv10
28/12/2025
0

Umugabo wagaragaye mu Mujyi wa Kigali afite umuhoro ashaka gutema abantu anamenagura imodoka yasangaga ziparitse, yafashwe, ndetse iperereza rigaragaza ko...

IZIHERUKA

Icyo Igisirikare cya Congo kivuga ku magambo rutwitsi yatangajwe n’Umuvugizi wacyo n’icyemezo yafatiwe
AMAHANGA

Icyo Igisirikare cya Congo kivuga ku magambo rutwitsi yatangajwe n’Umuvugizi wacyo n’icyemezo yafatiwe

by radiotv10
29/12/2025
0

Icyo u Rwanda ruvuga ku byatangajwe n’Imiryango yateye utwatsi ivuka ry’Igihugu gishya muri Afurika

Icyo u Rwanda ruvuga ku byatangajwe n’Imiryango yateye utwatsi ivuka ry’Igihugu gishya muri Afurika

29/12/2025
Eng.-The Congolese Army has confirmed the suspension of its spokesperson

Eng.-The Congolese Army has confirmed the suspension of its spokesperson

29/12/2025
BREAKING: Umuvugizi wa FARDC yahise afatirwa icyemezo nyuma y’amagambo yanenzwe na benshi

BREAKING: Umuvugizi wa FARDC yahise afatirwa icyemezo nyuma y’amagambo yanenzwe na benshi

29/12/2025
Havuzwe ibyatumye hirukanwa abayobozi b’Ibigo by’amashuri bakabakaba 900 mu Rwanda

Havuzwe ibyatumye hirukanwa abayobozi b’Ibigo by’amashuri bakabakaba 900 mu Rwanda

29/12/2025
Hakomeje kwamaganirwa kure amagambo rutwitsi y’Umuvugizi w’Igisirikare cya Congo

Hakomeje kwamaganirwa kure amagambo rutwitsi y’Umuvugizi w’Igisirikare cya Congo

29/12/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
France: Urupfu rw’imbwa rwatumye umugabo n’umugore bisanga imbere y’inkiko

France: Urupfu rw’imbwa rwatumye umugabo n’umugore bisanga imbere y’inkiko

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Icyo Igisirikare cya Congo kivuga ku magambo rutwitsi yatangajwe n’Umuvugizi wacyo n’icyemezo yafatiwe

Icyo u Rwanda ruvuga ku byatangajwe n’Imiryango yateye utwatsi ivuka ry’Igihugu gishya muri Afurika

Eng.-The Congolese Army has confirmed the suspension of its spokesperson

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.