Sunday, June 8, 2025
RADIOTV10
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home IMYIDAGADURO

Urugendo rw’amakorosi rw’uwisanze acuruza ibiraha wifuza kuba umuhanzi w’ikirangirire agahigika Diamond

radiotv10by radiotv10
18/07/2023
in IMYIDAGADURO, MUZIKA
0
Urugendo rw’amakorosi rw’uwisanze acuruza ibiraha wifuza kuba umuhanzi w’ikirangirire agahigika Diamond
Share on FacebookShare on Twitter

Ngarukiyintwari Dieudonne uzwi nka Dio Boy muri muzika Nyarwanda, yatubariye inkuru y’urugendo rwe rutoroshye, rw’uburyo yisanze mu buzunguzayi bw’ibiraha nyuma yo kugera muri Kigali agiye kwiga umuziki, ubu akaba yifuza kuba umuhanzi w’akataraboneka kurusha ikirangire Diamond.

Uyu musore avuga ko nyuma yo kujya kwiga umuziki mu Mujyi wa Kigali, ababyeyi be baje kugirana ibibazo, bigatuma adakomeza amasomo, aza no gusubira iwabo.

Ati “Naje kugaruka nza ndi umuzunguzayi kugira ngo nshake amafaranga yo gukora umuziki uko nabyifuzaga.”

Ubu bucuruzi butemewe, bwatumye aza gufatwa ajyanwa mu kigo cyinyuzwamo inzererezi by’igihe gito kizwi nko kwa Kabuga.

Ati “Muri uko kuzunguza nacuruje ibiraha, n’amagi, ngera aho ntangira gucuruza imyenda, rimwe baza kumfata bajya kumfungira kwa Kabuga.”

Yanakoze imirimo iciriritse nko gukorera amasuku abantu, ari na byo byaje kumucira inzira, kuko utunganya indirimbo ‘Sam Top Hit’ yakoreraga amasuku, yumvise afite impano yo kuririmba, akamwemerera kuzamukorera indirimbo imwe.

Ati “Top Hit najyaga mukoropera muri studio, rimwe yumva nzi kuririmba ampa impano y’indirimbo kuko namukoroperaga neza.”

Uyu musore avuga ko yigeze gutsinda amarushanwa yo kujya kwiga umuziki ku Nyundo bikarangira abuze amafaranga y’ishuri.

Ku ntego ye mu muziki, Dio Boy agira ati “Ni uko nta muntu wigereranya n’undi ariko numva indoto zanjye ari ukuzakora ibintu ibirenze ibya Diamond Platnumz”.

Mu buryo butamworoheye, Dio Boy amaze kwikorera indirimbo zigera kuri 4 zirimo iyitwa First one, Too Much, Nkopeza ndetse n’iyitwa Byanze aheruka gushyira hanze, inagarukaga ku nkuru y’ubuzima bwe yihariye.

Joby J. TUYITAKIRE
RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

12 − 10 =

Previous Post

Agasembuye gakabije mu rubyiruko katangatanzwe: Undi Muminisitiri agaragaje icyasimbuzwa inzoga

Next Post

Misiri: Ibyabaye ku bantu barindwi b’umuryango umwe byasigiye akababaro benshi

Related Posts

Umuhanzi uzwi mu Rwanda uri gutaramira Abanyarwanda batuye i Burari yageneye ubutumwa abatahiwe

Umuhanzi uzwi mu Rwanda uri gutaramira Abanyarwanda batuye i Burari yageneye ubutumwa abatahiwe

by radiotv10
07/06/2025
0

Umuhanzi w’Indirimbo zo kuramya no guhimbaza Imana, Bosco Nshuti uri mu bitaramo bizenguruka u Burayi, yararikiye abatuye muri Finland kwitegura...

Umunyemari Coach Gael yagaragaje ko igitekerezo yatangaje bamwe bakagira amashyengo yari akomeje

Umunyemari Coach Gael yagaragaje ko igitekerezo yatangaje bamwe bakagira amashyengo yari akomeje

by radiotv10
05/06/2025
0

Karomba Gaël uzwi nka Coach Gaël mu ishoramari ry’imyidagaduro mu Rwanda, uherutse gutangaza ko yifuza kuzana mu Rwanda umuhanzi Chris...

Ibivugwa nyuma yuko umuhanzi Kenny Sol asezeye muri Label ya 1:55 AM

Ibivugwa nyuma yuko umuhanzi Kenny Sol asezeye muri Label ya 1:55 AM

by radiotv10
03/06/2025
0

Nyuma yuko umuhanzi Kenny Sol asezeye mu nzu ifasha abahanzi ya 1: 55 AM, biravugwa ko yaba agiye kwerecyeza muri...

Umuhanzi Nyarwanda uherutse guca amarenga yo kuva muri ‘Label’ yamufashaga byarangiye afashe icyemezo

Umuhanzi Nyarwanda uherutse guca amarenga yo kuva muri ‘Label’ yamufashaga byarangiye afashe icyemezo

by radiotv10
03/06/2025
0

Umuhanzi Kenny Sol yamaze gutandukana n’inzu ifasha abahanzi ya 1:55 AM, nyuma yo kubicaho amarenga ko ashobora kuba agiye kuyivamo....

Abakunzi b’Umuziki Nyarwanda mu Gihugu hose bagiye kongera kunyeganyega

Abakunzi b’Umuziki Nyarwanda mu Gihugu hose bagiye kongera kunyeganyega

by radiotv10
31/05/2025
0

Ibitaramo bizenguruka Igihugu mu iserukiramuco rizwi nka ‘MTN-Iwacu Muzika Festival’ bigiye kongera kuba nk’uko byatangajwe n’abasanzwe babitegura. Sosiyete ya EAP...

IZIHERUKA

Kigali: Ukurikiranyweho kwicisha inzara umwana we yabyemeye avuga ko yabitewe n’umujinya w’uko nyina yamumutanye
MU RWANDA

Umusore muto arakekwaho gusambanya ku manywa y’ihangu umukecuru amusanze iwe aryamye aho arwariye

by radiotv10
07/06/2025
0

Umuhanzi uzwi mu Rwanda uri gutaramira Abanyarwanda batuye i Burari yageneye ubutumwa abatahiwe

Umuhanzi uzwi mu Rwanda uri gutaramira Abanyarwanda batuye i Burari yageneye ubutumwa abatahiwe

07/06/2025
Abofisiye Bakuru babiri mu Ngabo z’u Rwanda basoje amasomo muri Kenya nyuma y’icyumweru harangijeyo Colonel

Abofisiye Bakuru babiri mu Ngabo z’u Rwanda basoje amasomo muri Kenya nyuma y’icyumweru harangijeyo Colonel

06/06/2025
Ubutumwa bw’imbamutima bw’umwe mu bakinnyi ngenderwaho muri Arsenal Gabriel wongereye amasezerano

Ubutumwa bw’imbamutima bw’umwe mu bakinnyi ngenderwaho muri Arsenal Gabriel wongereye amasezerano

06/06/2025
Igikewaho gutera impanuka y’imodoka itwara abanyeshuri yagonze ab’irindi shuri

Igikewaho gutera impanuka y’imodoka itwara abanyeshuri yagonze ab’irindi shuri

06/06/2025
Hatanzwe umuburo nyuma y’abafashe amashusho y’umurambo w’umusore wiyahuye asimbutse igorofa i Kigali

Hatanzwe umuburo nyuma y’abafashe amashusho y’umurambo w’umusore wiyahuye asimbutse igorofa i Kigali

06/06/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Misiri: Ibyabaye ku bantu barindwi b’umuryango umwe byasigiye akababaro benshi

Misiri: Ibyabaye ku bantu barindwi b’umuryango umwe byasigiye akababaro benshi

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home

Latest News

Umusore muto arakekwaho gusambanya ku manywa y’ihangu umukecuru amusanze iwe aryamye aho arwariye

Umuhanzi uzwi mu Rwanda uri gutaramira Abanyarwanda batuye i Burari yageneye ubutumwa abatahiwe

Abofisiye Bakuru babiri mu Ngabo z’u Rwanda basoje amasomo muri Kenya nyuma y’icyumweru harangijeyo Colonel

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.

Welcome Back!

Login to your account below

Forgotten Password?

Retrieve your password

Please enter your username or email address to reset your password.

Log In

Add New Playlist

No Result
View All Result
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home

Copyright © 2024 RadioTv10.