Tuesday, July 1, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home IMYIDAGADURO

Urugendo rw’amakorosi rw’uwisanze acuruza ibiraha wifuza kuba umuhanzi w’ikirangirire agahigika Diamond

radiotv10by radiotv10
18/07/2023
in IMYIDAGADURO, MUZIKA
0
Urugendo rw’amakorosi rw’uwisanze acuruza ibiraha wifuza kuba umuhanzi w’ikirangirire agahigika Diamond
Share on FacebookShare on Twitter

Ngarukiyintwari Dieudonne uzwi nka Dio Boy muri muzika Nyarwanda, yatubariye inkuru y’urugendo rwe rutoroshye, rw’uburyo yisanze mu buzunguzayi bw’ibiraha nyuma yo kugera muri Kigali agiye kwiga umuziki, ubu akaba yifuza kuba umuhanzi w’akataraboneka kurusha ikirangire Diamond.

Uyu musore avuga ko nyuma yo kujya kwiga umuziki mu Mujyi wa Kigali, ababyeyi be baje kugirana ibibazo, bigatuma adakomeza amasomo, aza no gusubira iwabo.

Ati “Naje kugaruka nza ndi umuzunguzayi kugira ngo nshake amafaranga yo gukora umuziki uko nabyifuzaga.”

Ubu bucuruzi butemewe, bwatumye aza gufatwa ajyanwa mu kigo cyinyuzwamo inzererezi by’igihe gito kizwi nko kwa Kabuga.

Ati “Muri uko kuzunguza nacuruje ibiraha, n’amagi, ngera aho ntangira gucuruza imyenda, rimwe baza kumfata bajya kumfungira kwa Kabuga.”

Yanakoze imirimo iciriritse nko gukorera amasuku abantu, ari na byo byaje kumucira inzira, kuko utunganya indirimbo ‘Sam Top Hit’ yakoreraga amasuku, yumvise afite impano yo kuririmba, akamwemerera kuzamukorera indirimbo imwe.

Ati “Top Hit najyaga mukoropera muri studio, rimwe yumva nzi kuririmba ampa impano y’indirimbo kuko namukoroperaga neza.”

Uyu musore avuga ko yigeze gutsinda amarushanwa yo kujya kwiga umuziki ku Nyundo bikarangira abuze amafaranga y’ishuri.

Ku ntego ye mu muziki, Dio Boy agira ati “Ni uko nta muntu wigereranya n’undi ariko numva indoto zanjye ari ukuzakora ibintu ibirenze ibya Diamond Platnumz”.

Mu buryo butamworoheye, Dio Boy amaze kwikorera indirimbo zigera kuri 4 zirimo iyitwa First one, Too Much, Nkopeza ndetse n’iyitwa Byanze aheruka gushyira hanze, inagarukaga ku nkuru y’ubuzima bwe yihariye.

Joby J. TUYITAKIRE
RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

four × one =

Previous Post

Agasembuye gakabije mu rubyiruko katangatanzwe: Undi Muminisitiri agaragaje icyasimbuzwa inzoga

Next Post

Misiri: Ibyabaye ku bantu barindwi b’umuryango umwe byasigiye akababaro benshi

Related Posts

Ibivugwa kuri bombori bombori mu rugo rw’abasitari bazwi mu Rwanda Kimenyi na Muyango

Ibivugwa kuri bombori bombori mu rugo rw’abasitari bazwi mu Rwanda Kimenyi na Muyango

by radiotv10
30/06/2025
0

Imyidagaduro yo mu Rwanda idasiba kuvugwamo ibyayo, ubu hagezweho iby’urugo rw’Umunyezamu Kimenyi Yves na Muyango Claudine, ruvugwamo umwuka utari mwiza...

Byinshi ku rukundo rw’abahanzi Nyarwanda bagiye kurushingana n’uko gukorana byavuyemo gukundana

Byinshi ku rukundo rw’abahanzi Nyarwanda bagiye kurushingana n’uko gukorana byavuyemo gukundana

by radiotv10
30/06/2025
0

Umuhanzi w’indirimbo zo kuramya no guhimbaza Imana, Chryso Ndasingwa ugiye gukorana ubukwe na mugenzi we Sharon Gatete, avuga ko urukundo...

Umunyamakuru Paul Rutikanga yasezeranye mu mategeko

Umunyamakuru Paul Rutikanga yasezeranye mu mategeko

by radiotv10
27/06/2025
0

Umunyamakuru Paul Rutikanga wamenyekanye asoma amakuru kuri Tereviziyo Rwanda, yasezeranye imbere y’amategeko n’umukunzi we bamaze igihe bakundana. Isezerano ryasize Paul...

Umunyamakuru ‘Yago’ yatanze umucyo ku byavugwaga ko hagati ye n’umukobwa babyaranye bitameze neza

Umunyamakuru ‘Yago’ yatanze umucyo ku byavugwaga ko hagati ye n’umukobwa babyaranye bitameze neza

by radiotv10
26/06/2025
0

Umunyamakuru akaba n’umuhanzi Nyarwaya Innocent wamamaye nka ‘Yago Pon Dat’ yemeje ko yatandukanye n’umukobwa babyaranye banabanaga, avuga ko yamusize akanajya...

Undi muhanzi uzwi mu Rwanda mu ndirimbo z’Imana agiye kurushingana na mugenzi we w’umuririmbyi

Undi muhanzi uzwi mu Rwanda mu ndirimbo z’Imana agiye kurushingana na mugenzi we w’umuririmbyi

by radiotv10
23/06/2025
0

Umuhanzi Chryso Ndasingwa uzwi mu ndirimbo zo kuramya no guhimbaza Imana, agiye gukora ubukwe na Sharon Gatete na we usanzwe...

IZIHERUKA

Rwamagana: Babona hari icyakorwa ngo abana babo badakomeza kuva mu ishuri bakiri bato
IMIBEREHO MYIZA

Rwamagana: Babona hari icyakorwa ngo abana babo badakomeza kuva mu ishuri bakiri bato

by radiotv10
30/06/2025
0

Mu mvugo yumvikanamo icyizere Tshisekedi yagize icyo avuga ku masezerano ya Congo n’u Rwanda

Mu mvugo yumvikanamo icyizere Tshisekedi yagize icyo avuga ku masezerano ya Congo n’u Rwanda

30/06/2025
Ibivugwa kuri bombori bombori mu rugo rw’abasitari bazwi mu Rwanda Kimenyi na Muyango

Ibivugwa kuri bombori bombori mu rugo rw’abasitari bazwi mu Rwanda Kimenyi na Muyango

30/06/2025
Hazafatwa imboni z’amaso, intoki zose,…: Ibindi ku irangamuntu-Koranabuhanga igiye gutangira gutangwa mu Rwanda

Eye scans, fingerprints to be collected,…: New digital ID to be rolled out in Rwanda

30/06/2025
Byinshi ku rukundo rw’abahanzi Nyarwanda bagiye kurushingana n’uko gukorana byavuyemo gukundana

Byinshi ku rukundo rw’abahanzi Nyarwanda bagiye kurushingana n’uko gukorana byavuyemo gukundana

30/06/2025
Umusore warohamye mu cyuzi nyuma y’impanuka y’ubwato bwari bufite ikibazo yabonetse yapfuye

Umusore warohamye mu cyuzi nyuma y’impanuka y’ubwato bwari bufite ikibazo yabonetse yapfuye

30/06/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Misiri: Ibyabaye ku bantu barindwi b’umuryango umwe byasigiye akababaro benshi

Misiri: Ibyabaye ku bantu barindwi b’umuryango umwe byasigiye akababaro benshi

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Rwamagana: Babona hari icyakorwa ngo abana babo badakomeza kuva mu ishuri bakiri bato

Mu mvugo yumvikanamo icyizere Tshisekedi yagize icyo avuga ku masezerano ya Congo n’u Rwanda

Ibivugwa kuri bombori bombori mu rugo rw’abasitari bazwi mu Rwanda Kimenyi na Muyango

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.

Welcome Back!

Login to your account below

Forgotten Password?

Retrieve your password

Please enter your username or email address to reset your password.

Log In

Add New Playlist

No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.