Saturday, December 6, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home IMYIDAGADURO

Urugendo rw’amakorosi rw’uwisanze acuruza ibiraha wifuza kuba umuhanzi w’ikirangirire agahigika Diamond

radiotv10by radiotv10
18/07/2023
in IMYIDAGADURO, MUZIKA
0
Urugendo rw’amakorosi rw’uwisanze acuruza ibiraha wifuza kuba umuhanzi w’ikirangirire agahigika Diamond
Share on FacebookShare on Twitter

Ngarukiyintwari Dieudonne uzwi nka Dio Boy muri muzika Nyarwanda, yatubariye inkuru y’urugendo rwe rutoroshye, rw’uburyo yisanze mu buzunguzayi bw’ibiraha nyuma yo kugera muri Kigali agiye kwiga umuziki, ubu akaba yifuza kuba umuhanzi w’akataraboneka kurusha ikirangire Diamond.

Uyu musore avuga ko nyuma yo kujya kwiga umuziki mu Mujyi wa Kigali, ababyeyi be baje kugirana ibibazo, bigatuma adakomeza amasomo, aza no gusubira iwabo.

Ati “Naje kugaruka nza ndi umuzunguzayi kugira ngo nshake amafaranga yo gukora umuziki uko nabyifuzaga.”

Ubu bucuruzi butemewe, bwatumye aza gufatwa ajyanwa mu kigo cyinyuzwamo inzererezi by’igihe gito kizwi nko kwa Kabuga.

Ati “Muri uko kuzunguza nacuruje ibiraha, n’amagi, ngera aho ntangira gucuruza imyenda, rimwe baza kumfata bajya kumfungira kwa Kabuga.”

Yanakoze imirimo iciriritse nko gukorera amasuku abantu, ari na byo byaje kumucira inzira, kuko utunganya indirimbo ‘Sam Top Hit’ yakoreraga amasuku, yumvise afite impano yo kuririmba, akamwemerera kuzamukorera indirimbo imwe.

Ati “Top Hit najyaga mukoropera muri studio, rimwe yumva nzi kuririmba ampa impano y’indirimbo kuko namukoroperaga neza.”

Uyu musore avuga ko yigeze gutsinda amarushanwa yo kujya kwiga umuziki ku Nyundo bikarangira abuze amafaranga y’ishuri.

Ku ntego ye mu muziki, Dio Boy agira ati “Ni uko nta muntu wigereranya n’undi ariko numva indoto zanjye ari ukuzakora ibintu ibirenze ibya Diamond Platnumz”.

Mu buryo butamworoheye, Dio Boy amaze kwikorera indirimbo zigera kuri 4 zirimo iyitwa First one, Too Much, Nkopeza ndetse n’iyitwa Byanze aheruka gushyira hanze, inagarukaga ku nkuru y’ubuzima bwe yihariye.

Joby J. TUYITAKIRE
RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

fifteen − 12 =

Previous Post

Agasembuye gakabije mu rubyiruko katangatanzwe: Undi Muminisitiri agaragaje icyasimbuzwa inzoga

Next Post

Misiri: Ibyabaye ku bantu barindwi b’umuryango umwe byasigiye akababaro benshi

Related Posts

Kolari iri mu zubatse izina mu Rwanda yatangiye kwizihiza mu buryo budasanzwe izabukuru y’imyaka 30

Kolari iri mu zubatse izina mu Rwanda yatangiye kwizihiza mu buryo budasanzwe izabukuru y’imyaka 30

by radiotv10
06/12/2025
0

Korali Ambassadors of Christ iri mu zifite amazina akomeye mu Rwanda, yatangiye ibikorwa byo kwizihiza imyaka 30 imaze ibayeho, mu...

Umukinnyi wa Filimi wamamayeho ubugome budasanzwe ku Isi uzwi nka Tagawa yitabye Imana

Umukinnyi wa Filimi wamamayeho ubugome budasanzwe ku Isi uzwi nka Tagawa yitabye Imana

by radiotv10
05/12/2025
0

Uyu mukinnyi wa filime w'Umuyapani, Cary-Hiroyuki Tagawa wamenyekanye cyane akina nk’umuntu w’umugome wakinnye filimi zinyuranye zirimo iyitwa 'Mortal Kombat', yitabye...

Ubutumwa buteye urujijo bw’agahinda n’amarira bwa Yampano nyuma y’ibyamubayeho

Ubutumwa buteye urujijo bw’agahinda n’amarira bwa Yampano nyuma y’ibyamubayeho

by radiotv10
05/12/2025
0

Umuhanzi Uworizagwira Florien uzwi nka Yampano umaze iminsi agarukwaho nyuma yuko hasakaye amashusho y’urukozasoni ye n’umukunzi we, yagaragaje ifoto ari...

Ibyo twamenye ku isakara ry’amashusho agaragaramo umuhanzi Nyarwanda akomeje kurikoroza

Hahishuwe byinshi ku by’amashusho y’urukozasoni ya Yampano na we akomozwaho mu rubanza

by radiotv10
04/12/2025
0

Mu rubanza ku ifungwa n’ifungurwa by’agateganyo ruregwamo abakekwaho gusakaza amashusho y’umuhanzi Yampano, Ubushinjacyaha bwagaragaje aho ayo mashusho yari ari n’uwashoboraga...

Umunyamakuru ‘Djihad’ uregwa ibifitanye isano n’amashusho y’urukozasoni ari mu bageze ku Rukiko

Umunyamakuru ‘Djihad’ uregwa ibifitanye isano n’amashusho y’urukozasoni ari mu bageze ku Rukiko

by radiotv10
04/12/2025
0

Umunyamakuru umenyerewe mu biganiro bitambuka kuri YouTube, Uzabakiriho Cyprien uzwi nka Djihad, uri mu baregwa ibifitanye isano no gusakaza amashusho...

IZIHERUKA

Gen. Makenga wa M23 na Corneille Nagaa bagaragaye barindiwe umutekano bidasanzwe
AMAHANGA

AFC/M23 yageneye ubutumwa u Burundi bwakajije imbaraga mu bufasha buha ubutegetsi bwa Congo

by radiotv10
06/12/2025
0

Kolari iri mu zubatse izina mu Rwanda yatangiye kwizihiza mu buryo budasanzwe izabukuru y’imyaka 30

Kolari iri mu zubatse izina mu Rwanda yatangiye kwizihiza mu buryo budasanzwe izabukuru y’imyaka 30

06/12/2025
U Burusiya bwagize icyo bwizeza u Buhindi nyuma y’amasezerano mu bya gisirikare

U Burusiya bwagize icyo bwizeza u Buhindi nyuma y’amasezerano mu bya gisirikare

06/12/2025
Kayonza: Abahinga Kawa bahawe amatungo magufi yo kubafasha kongera umusaruro

Kayonza: Abahinga Kawa bahawe amatungo magufi yo kubafasha kongera umusaruro

06/12/2025
Umukinnyi wa Filimi wamamayeho ubugome budasanzwe ku Isi uzwi nka Tagawa yitabye Imana

Umukinnyi wa Filimi wamamayeho ubugome budasanzwe ku Isi uzwi nka Tagawa yitabye Imana

05/12/2025
Amafoto ukwiye kureba yaranze umunsi w’isinywa ry’amasezerano y’amateka y’u Rwanda na DRCongo

Amafoto ukwiye kureba yaranze umunsi w’isinywa ry’amasezerano y’amateka y’u Rwanda na DRCongo

05/12/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Misiri: Ibyabaye ku bantu barindwi b’umuryango umwe byasigiye akababaro benshi

Misiri: Ibyabaye ku bantu barindwi b’umuryango umwe byasigiye akababaro benshi

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

AFC/M23 yageneye ubutumwa u Burundi bwakajije imbaraga mu bufasha buha ubutegetsi bwa Congo

Kolari iri mu zubatse izina mu Rwanda yatangiye kwizihiza mu buryo budasanzwe izabukuru y’imyaka 30

U Burusiya bwagize icyo bwizeza u Buhindi nyuma y’amasezerano mu bya gisirikare

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.