• My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English
Tuesday, June 2, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home AMAHANGA

Urugendo rwo kurangiza intambara hagati ya Israël na Hamas rwasubukuriwe muri Afurika

radiotv10by radiotv10
06/10/2025
in AMAHANGA, POLITIKI
0
Urugendo rwo kurangiza intambara hagati ya Israël na Hamas rwasubukuriwe muri Afurika
Share on FacebookShare on Twitter

Abayobozi ba Israël na Hamas bageze i Cairo mu Misiri, kugira ngo baganire ku mugambi w’amahoro wa Perezida wa Leta Zunze Ubumwe za America, Donald Trump, ugamije kurangiza intambara imaze igihe hagati y’impande zombi.

Aba bayobozi ku mpande zombi bageze mu Misiri kuri uyu wa Mbere, tariki 06 Ukwakira 2025, aho imwe mu ngingo baganiraho, ari amasezerano ashoboka yo kurekura imfungwa ziri muri Gaza, kuko iyi ngingo n’izindi z’ingenzi zigize ayo masezerano zitarumvikanwaho neza.

Abayobozi ba Hamas bageze mu Misiri kuri iki Cyumweru mbere yuko hatangira ibiganiro na Israël na Leta Zunze Ubumwe za America, bigamije kuganira ku mugambi wo guhagarika imirwano muri Gaza, uzarangira imirwano ihagaritswe ndetse n’abafashwe bugwate bagafungurwa, mu gihe ibiganiro byazagenda uko biteganyijwe.

Ni mu gihe Minisitiri w’Intebe wa Israël, Benjamin Netanyahu yatangaje ko gukura ingabo zose muri Gaza bitari mu byo bazaganiraho, kuko badashobora kubyemera, ndetse mu ijambo yavuye kuri televiziyo y’Igihugu ku wa Gatandatu w’icyumweru gishize, yavuze ko Hamas igomba gushyira hasi intwaro hifashishijwe umugambi wa Trump cyangwa imbaraga za gisirikare. Yongeyeho ko yizeye kugarura imfungwa za Israel zifungiye muri Gaza mu minsi mike iri imbere.

Ibyo Netanyahu yabivuze nyuma yuko Hamas yari imaze gushyira hanze itangazo ryasohotse ku wa Gatanu, rivuga ko yemeye kurekura imfungwa ifite muri Gaza hakurikijwe umugambi w’amahoro wa Leta Zunze Ubumwe za America, ariko ntiyavuga ku bijyanye no gushyira intwaro hasi, ahubwo isaba ko habaho ibiganiro ku bindi bibazo birebana n’uyu mugambi wa America.

Hamas igishyira hanze iryo tangazo, Perezida wa Leta Zunze Ubumwe za America, Donald Trump, na we yahise atangaza ko atazihanganira gutinda kwa Hamas mu kwemera aya amasezerano.

Abinyujije ku rubuga rwe rwa Truth Social, Trump yagize ati “Hamas igomba kwemera aya masezerano yo kurangiza intambara byihuse, bitabaye ibyo, byose bizahinduka ubusa. Reka tubirangize vuba.”

Iyi gahunda ya America igizwe n’ingingo 20 ziteganya ihagarikwa ry’intambara ako kanya, ndetse n’irekurwa ry’abanya-Israel 20 bakiri bazima bafashwe bugwate na Hamas, kimwe n’imirambo y’abakekwaho kuba barishwe, bagahererekanywa n’Abanya-Gaza amagana bafungiye muri gereza za Israel.

Mu itangazo ryanyuze kuri X, Ingabo za Israel (IDF) zatangaje ko zatanze itegeko ryo gutegura ishyirwa mu bikorwa ry’icyiciro cya mbere cy’umushinga wa Trump ugamije irekura ry’abafashwe bungwate, ndets  zongeyeho ko umutekano w’abasirikare ba Israel ari wo uza ku isonga.

Shemsa UWIMANA
RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

14 − 10 =

Previous Post

Ubutumwa Gen.Makenga yagejeje ku bakomando 9.000 binjiye muri AFC/M23 batumye yakira 16.000 mu kwezi kumwe

Next Post

Amakuru agezweho y’urugamba hagati ya AFC/M23 na Wazalendo

Related Posts

AFC/M23 yavuze umwanzuro yafashe nyuma yo kubona ko uruhande bahanganye rukomeje kwenyegeza imirwano

AFC/M23 iravuga ko igihe kigeze ngo igire icyo ikora kuko ibintu byafashe intera

by radiotv10
02/06/2026
0

Ubuyobozi bw’Ihuriro AFC/M23 buravuga ko ibibazo by’umutekano mu burasirazuba bwa DRC, byafashe intera, kandi ko igihe kigeze ngo abarwanyi baryo...

Amakuru yaramutse i Bukavu hagati ya M23 na Wazalendo

AFC/M23 yagaragaje ibimenyetso by’uko uruhande bahanganye rwiteguye gukaza urugamba

by radiotv10
02/06/2026
0

Ihuriro AFC/M23 rirwanya ubutegetsi bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, riravuga ko ritewe impungenge n’iyoherezwa ry’ingabo nyinshi n’intwaro za rutura...

Gahunda ya America yo gushyiraho ikigo cya Ebola muri Kenya ikomeje guterwa amabuye

Gahunda ya America yo gushyiraho ikigo cya Ebola muri Kenya ikomeje guterwa amabuye

by radiotv10
02/06/2026
0

Nyuma yuko Urukiko rwo muri Kenya ruhagaritse by'agateganyo ishyirwaho ry'ikigo kizajya gishyirwamo abakekwaho Ebola muri Kenya, urubyiruko rwo muri iki...

Umudepite uherutse gutabwa muri yombi n’igisirikare cya Uganda amaze iminsi 10 batazi irengero rye

Umudepite uherutse gutabwa muri yombi n’igisirikare cya Uganda amaze iminsi 10 batazi irengero rye

by radiotv10
02/06/2026
0

Abo mu muryango w’Umudepite uherutse gutorwa muri Uganda watawe muri yombi n’Igisirikare kimufatiye ku rugo rwa Anita Annet Among, wahoze...

Umujenerali wo muri FDLR byari byatangajwe ko yiciwe mu mirwano na AFC/M23 byatangajwe ko yakomeretse

Umujenerali wo muri FDLR byari byatangajwe ko yiciwe mu mirwano na AFC/M23 byatangajwe ko yakomeretse

by radiotv10
01/06/2026
0

General Mutayomba wo mu mutwe wa FDLR, byari byatangajwe ko yiciwe mu mirwano yahuye AFC/M23 n’uyu mutwe ufatanya na FARDC,...

Next Post
Amakuru agezweho y’urugamba hagati ya AFC/M23 na Wazalendo

Amakuru agezweho y’urugamba hagati ya AFC/M23 na Wazalendo

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English

Latest News

Gisagara: Abaturage bibukijwe impamvu kurandura inzoga z’inkorano bakwiye kubigiramo uruhare rufatika

Gukoresha ikiyobyabwenge cy’urumogi, kugonga umukunzi we: Ibyavugiwe mu rubanza ruregwamo umuhanzi Yampano

Abamotari bakoresha moto za Spiro mu Rwanda bagarukanye ikindi kibazo kibaremereye

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English

Copyright © 2024 RadioTv10.