Tuesday, July 1, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Uruhare rw’umwana mu iterambere ry’umuryango

radiotv10by radiotv10
28/09/2021
in MU RWANDA
0
Uruhare rw’umwana mu iterambere ry’umuryango
Share on FacebookShare on Twitter

Abakurikiranira hafi ibijyanye n’iterambere ry’umuryango ndetse n’uburere bw’umwana bavuga ko mu gihe umwana yatozwa agafashwa kugira uruhare mu bikorerwa mu muryango yagira uruhare runini mu iterambere ryawo ndetse kikaba na kimwe mu gisubizo cy’ikibazo cy’inda ziterwa abangavu gikunze kugaragara.

Ibyo babihurizaho na bamwe mu babyeyi bavuga ko bikwiriye nubwo bagaragaza ko badasobanukiwe uburyo bakoresha bigisha abana bakiri mu myaka yo hasi.

Iyo bavuze umuryango humvikana abayeyi ndetse n’abana ariko ibikorwa bibera mu muryango ni gake bibaho ko umwana cyane abari munsi y’imyaka 18 y’amavuko babigiramo uruhare nyamara abakurikurikiranira hafi ibijyanye n’iterambere ry’umuryango ndetse n’uburenganzira bw’abana bavuga ko kwigisha umwana akiri muto akamenya kugira uruhare mu bimukorerwa no gufata imyanzuro runaka mu muryango abamo, bimufasha mu mikurire ye ndetse no guteza imbere umuryango we.

Ibyo kandi ngo mugihe umwana yabitozwa akiri muto cyaba kimwe mu bisubizo by’ikibazo cyida ziterwa abangavu kidasiba kumvikana.

Agaruka kuri ibi,  Umukunzi Rene Christian yagize ati”Kumenyereza umwana kwifatira umwanzuro bimufasha cyane iyo akuze kuko bimurinda bimwe mu bibazo birimo n’inda zitateguwe. mbahe urugero nk’umukobwa wanjye turi inshuti cyane ambwira amabanga ye urumva ko n’aramuka akuze akagira n’umukunzi nabyo azabimbwira nkomeze kumufasha mugira inama”

Hari n’ababyeyi batandukanye bavuga ko bumva neza akamaro ko gutoza abana kugira uruhare mu bikorerwa mu muryango nubwo bagaragaza imbogamizi zo kubura umwanya uhagije ndetse no kubigiraho ubumenyi budahagije cyane ko abenshi babikora ntaho babyize cg ngo babe barabikorewe n’ababyeyi babo.

“Birakwiye gutoza umwana kwifatira imyanzuro no kugira uruhare mu biteza imbere umuryango, ariko nanone nkanjye ntago nzi ngo nabimufashamo gute? erega ibintu utakorewe ntiwamenya uko ubikorera abandi”

Cyeretse wenda habayeho nk’ubukangurambaga bakatwigisha uko twafasha abana bacu”

umukunzi Réne christian ukurikiranira hafi imikurire n’uburenganzira bw’abana avuga ko umwanya atari ikintu ababyeyi bakwiriye kwitwaza ahubwo icyingenzi ari akamenyero no guhozaho ese abatarasobanukirwa nuko bafasha abana babo babigenza bate?

“Urugero nk’umwana muto niba ushaka nko kumugurira umwenda banza umubaze icyo abitekerezaho atari uko ushaka ko akugira inama ariko wumve ibitekerezo bye ibyo bigenda bimufasha kuburyo akura azi kwifatira umwanzuro”

Ubu buri mubyeyi asabwa kwita ku burere bw’umwana we kuko byagaragaye ko iterambere ry’umuryango n’igihugu muri rusange mu gihe kiri imere bigenwa n’uburere bwahawe abana.

Nyamara umuvuduko w’iterambere hari bamwe bagaragaza ko ubasiga nk’aho usanga umubyeyi amara igihe kinini ashakisha ibitunga umwana namashuli ye ywe bamwe bakuva k bikwiriye kugarukira aho, gusa abahanga bavuga ko nkuko utabura umwanya wo gufata amafnguro ari nako udakwiye kuburira umwana umwanya bityo bigafasha mu iterambere.

Inkuru ya Denyse MBABAZI MPAMBARA/RadioTV10.

  

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

nineteen − ten =

Previous Post

Micho Milutin umutoza wa Uganda Cranes yahamagaye abakinnyi 33 bagomba gutangira kwitegura u Rwanda

Next Post

Abarenga miliyoni ebyiri bamaze guhabwa urukingo rwa COVID-19

Related Posts

Rwamagana: Babona hari icyakorwa ngo abana babo badakomeza kuva mu ishuri bakiri bato

Rwamagana: Babona hari icyakorwa ngo abana babo badakomeza kuva mu ishuri bakiri bato

by radiotv10
30/06/2025
0

Bamwe mu bo mu Murenge wa Gehengeri mu Karere ka Rwamagana, bavuga ko urugendo rurerure abana babo bari munsi y’imyaka...

Hazafatwa imboni z’amaso, intoki zose,…: Ibindi ku irangamuntu-Koranabuhanga igiye gutangira gutangwa mu Rwanda

Eye scans, fingerprints to be collected,…: New digital ID to be rolled out in Rwanda

by radiotv10
30/06/2025
0

The National Identification Agency (NIDA) in Rwanda has announced plans to launch a new digital national ID that will include...

Umusore warohamye mu cyuzi nyuma y’impanuka y’ubwato bwari bufite ikibazo yabonetse yapfuye

Umusore warohamye mu cyuzi nyuma y’impanuka y’ubwato bwari bufite ikibazo yabonetse yapfuye

by radiotv10
30/06/2025
0

Ishami rya Polisi y’u Rwanda rishinzwe Umutekano wo mu Mazi, ryabonye umurambo w’umusore w’imyaka 19 warohamye mu cyuzi cya Rugeramigozi...

Ishingiro ry’icyizere u Rwanda rufitiye amasezerano mashya yarwo na Congo n’itandukaniro ryayo n’ayabanje

Ishingiro ry’icyizere u Rwanda rufitiye amasezerano mashya yarwo na Congo n’itandukaniro ryayo n’ayabanje

by radiotv10
30/06/2025
0

Guverinoma y’u Rwanda ivuga ko ifitiye icyizere amasezerano y’amahoro iherutse gusinyana n’iya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, kuko bayafashijwemo n’Igihugu...

Leaders from Kampala University visit Kigali Genocide Memorial, denounce Genocide denial

Leaders from Kampala University visit Kigali Genocide Memorial, denounce Genocide denial

by radiotv10
30/06/2025
0

Leaders from Kampala University visited the Kigali Genocide Memorial, denouncing those who continue to deny the 1994 Genocide against the...

IZIHERUKA

Rwamagana: Babona hari icyakorwa ngo abana babo badakomeza kuva mu ishuri bakiri bato
IMIBEREHO MYIZA

Rwamagana: Babona hari icyakorwa ngo abana babo badakomeza kuva mu ishuri bakiri bato

by radiotv10
30/06/2025
0

Mu mvugo yumvikanamo icyizere Tshisekedi yagize icyo avuga ku masezerano ya Congo n’u Rwanda

Mu mvugo yumvikanamo icyizere Tshisekedi yagize icyo avuga ku masezerano ya Congo n’u Rwanda

30/06/2025
Ibivugwa kuri bombori bombori mu rugo rw’abasitari bazwi mu Rwanda Kimenyi na Muyango

Ibivugwa kuri bombori bombori mu rugo rw’abasitari bazwi mu Rwanda Kimenyi na Muyango

30/06/2025
Hazafatwa imboni z’amaso, intoki zose,…: Ibindi ku irangamuntu-Koranabuhanga igiye gutangira gutangwa mu Rwanda

Eye scans, fingerprints to be collected,…: New digital ID to be rolled out in Rwanda

30/06/2025
Byinshi ku rukundo rw’abahanzi Nyarwanda bagiye kurushingana n’uko gukorana byavuyemo gukundana

Byinshi ku rukundo rw’abahanzi Nyarwanda bagiye kurushingana n’uko gukorana byavuyemo gukundana

30/06/2025
Umusore warohamye mu cyuzi nyuma y’impanuka y’ubwato bwari bufite ikibazo yabonetse yapfuye

Umusore warohamye mu cyuzi nyuma y’impanuka y’ubwato bwari bufite ikibazo yabonetse yapfuye

30/06/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Abarenga miliyoni ebyiri bamaze guhabwa urukingo rwa COVID-19

Abarenga miliyoni ebyiri bamaze guhabwa urukingo rwa COVID-19

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Rwamagana: Babona hari icyakorwa ngo abana babo badakomeza kuva mu ishuri bakiri bato

Mu mvugo yumvikanamo icyizere Tshisekedi yagize icyo avuga ku masezerano ya Congo n’u Rwanda

Ibivugwa kuri bombori bombori mu rugo rw’abasitari bazwi mu Rwanda Kimenyi na Muyango

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.

Welcome Back!

Login to your account below

Forgotten Password?

Retrieve your password

Please enter your username or email address to reset your password.

Log In

Add New Playlist

No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.