Wednesday, January 7, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Uruhare rw’umwana mu iterambere ry’umuryango

radiotv10by radiotv10
28/09/2021
in MU RWANDA
0
Uruhare rw’umwana mu iterambere ry’umuryango
Share on FacebookShare on Twitter

Abakurikiranira hafi ibijyanye n’iterambere ry’umuryango ndetse n’uburere bw’umwana bavuga ko mu gihe umwana yatozwa agafashwa kugira uruhare mu bikorerwa mu muryango yagira uruhare runini mu iterambere ryawo ndetse kikaba na kimwe mu gisubizo cy’ikibazo cy’inda ziterwa abangavu gikunze kugaragara.

Ibyo babihurizaho na bamwe mu babyeyi bavuga ko bikwiriye nubwo bagaragaza ko badasobanukiwe uburyo bakoresha bigisha abana bakiri mu myaka yo hasi.

Iyo bavuze umuryango humvikana abayeyi ndetse n’abana ariko ibikorwa bibera mu muryango ni gake bibaho ko umwana cyane abari munsi y’imyaka 18 y’amavuko babigiramo uruhare nyamara abakurikurikiranira hafi ibijyanye n’iterambere ry’umuryango ndetse n’uburenganzira bw’abana bavuga ko kwigisha umwana akiri muto akamenya kugira uruhare mu bimukorerwa no gufata imyanzuro runaka mu muryango abamo, bimufasha mu mikurire ye ndetse no guteza imbere umuryango we.

Ibyo kandi ngo mugihe umwana yabitozwa akiri muto cyaba kimwe mu bisubizo by’ikibazo cyida ziterwa abangavu kidasiba kumvikana.

Agaruka kuri ibi,  Umukunzi Rene Christian yagize ati”Kumenyereza umwana kwifatira umwanzuro bimufasha cyane iyo akuze kuko bimurinda bimwe mu bibazo birimo n’inda zitateguwe. mbahe urugero nk’umukobwa wanjye turi inshuti cyane ambwira amabanga ye urumva ko n’aramuka akuze akagira n’umukunzi nabyo azabimbwira nkomeze kumufasha mugira inama”

Hari n’ababyeyi batandukanye bavuga ko bumva neza akamaro ko gutoza abana kugira uruhare mu bikorerwa mu muryango nubwo bagaragaza imbogamizi zo kubura umwanya uhagije ndetse no kubigiraho ubumenyi budahagije cyane ko abenshi babikora ntaho babyize cg ngo babe barabikorewe n’ababyeyi babo.

“Birakwiye gutoza umwana kwifatira imyanzuro no kugira uruhare mu biteza imbere umuryango, ariko nanone nkanjye ntago nzi ngo nabimufashamo gute? erega ibintu utakorewe ntiwamenya uko ubikorera abandi”

Cyeretse wenda habayeho nk’ubukangurambaga bakatwigisha uko twafasha abana bacu”

umukunzi Réne christian ukurikiranira hafi imikurire n’uburenganzira bw’abana avuga ko umwanya atari ikintu ababyeyi bakwiriye kwitwaza ahubwo icyingenzi ari akamenyero no guhozaho ese abatarasobanukirwa nuko bafasha abana babo babigenza bate?

“Urugero nk’umwana muto niba ushaka nko kumugurira umwenda banza umubaze icyo abitekerezaho atari uko ushaka ko akugira inama ariko wumve ibitekerezo bye ibyo bigenda bimufasha kuburyo akura azi kwifatira umwanzuro”

Ubu buri mubyeyi asabwa kwita ku burere bw’umwana we kuko byagaragaye ko iterambere ry’umuryango n’igihugu muri rusange mu gihe kiri imere bigenwa n’uburere bwahawe abana.

Nyamara umuvuduko w’iterambere hari bamwe bagaragaza ko ubasiga nk’aho usanga umubyeyi amara igihe kinini ashakisha ibitunga umwana namashuli ye ywe bamwe bakuva k bikwiriye kugarukira aho, gusa abahanga bavuga ko nkuko utabura umwanya wo gufata amafnguro ari nako udakwiye kuburira umwana umwanya bityo bigafasha mu iterambere.

Inkuru ya Denyse MBABAZI MPAMBARA/RadioTV10.

  

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

nineteen − 8 =

Previous Post

Micho Milutin umutoza wa Uganda Cranes yahamagaye abakinnyi 33 bagomba gutangira kwitegura u Rwanda

Next Post

Abarenga miliyoni ebyiri bamaze guhabwa urukingo rwa COVID-19

Related Posts

Ibirambuye ku mugabo ukekwaho Jenoside wari umaze imyaka 23 yihisha mu mwobo ucukuye mu nzu

Uko Urukiko rwanzuye mu rubanza rw’umugabo wamaze imyaka 23 yihisha mu mwobo kubera ibyaha bikomeye

by radiotv10
06/01/2026
0

Umugabo witwa Ntarindwa Emmanuel wamaze imyaka 23 yihisha mu mwobo bacukuye mu nzu y’umugore babanaga kubera kugira uruhare muri Jenoside...

Rwanda Strengthens Its Position in the Global Tungsten Supply Chain

Rwanda Strengthens Its Position in the Global Tungsten Supply Chain

by radiotv10
06/01/2026
0

Deep beneath the hills of Nyakabingo in Rulindo District, northern Rwanda, lies one of Africa’s most important sources of tungsten,...

Cost of Gorilla Trekking Reduced

Cost of Gorilla Trekking Reduced

by radiotv10
06/01/2026
0

The Rwanda Development Board (RDB) has announced a reduction in gorilla trekking permit fees for the entire year of 2026,...

Simple Ways to Control Your Spending After the Festive Season

Simple Ways to Control Your Spending After the Festive Season

by radiotv10
06/01/2026
0

The festive season is often filled with joy, gifts, travel, and celebrations, but it can also leave many people feeling...

Habaye impanuka y’imodoka itwara abagenzi mu Muhanda Kigali-Muhanga

Habaye impanuka y’imodoka itwara abagenzi mu Muhanda Kigali-Muhanga

by radiotv10
06/01/2026
0

Imodoka itwara abagenzi mu buryo bwa rusange ya Taxi Minibus yakoreye impanuka mu muhanda Muhanga-Kigali ubwo yari igeze ahazwi nko...

IZIHERUKA

Dore ibihano biteganywa ku buri cyaha muri bine biregwa DJ Toxxyk wagonze Umupolisi agapfa
IMYIDAGADURO

Dore ibihano biteganywa ku buri cyaha muri bine biregwa DJ Toxxyk wagonze Umupolisi agapfa

by radiotv10
06/01/2026
0

Congo yategetswe icyo igomba gushyira mu bikorwa kiri mu by’ingenzi mu masezerano yasinyanye n’u Rwanda

Congo yategetswe icyo igomba gushyira mu bikorwa kiri mu by’ingenzi mu masezerano yasinyanye n’u Rwanda

06/01/2026
Hari abarwanyi ba FDLR batahutse mu Rwanda ko iminsi bahawe yarangiye?-Guverinoma yabisobanuye

Eng.-DR Congo urged to accelerate the implementation of FDLR neutralization operations without delay

06/01/2026
Ibirambuye ku mugabo ukekwaho Jenoside wari umaze imyaka 23 yihisha mu mwobo ucukuye mu nzu

Uko Urukiko rwanzuye mu rubanza rw’umugabo wamaze imyaka 23 yihisha mu mwobo kubera ibyaha bikomeye

06/01/2026
Abasirikare batsinzwe na AFC/M23 bahungiye mu Burundi baravugwa imyitwarire iteye impungenge

Abasirikare batsinzwe na AFC/M23 bahungiye mu Burundi baravugwa imyitwarire iteye impungenge

06/01/2026
Iby’ingenzi wamenya ku bakinnyi bashya baguzwe na Rayon mbere y’umukino utegerejwe na benshi

Iby’ingenzi wamenya ku bakinnyi bashya baguzwe na Rayon mbere y’umukino utegerejwe na benshi

06/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Abarenga miliyoni ebyiri bamaze guhabwa urukingo rwa COVID-19

Abarenga miliyoni ebyiri bamaze guhabwa urukingo rwa COVID-19

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Dore ibihano biteganywa ku buri cyaha muri bine biregwa DJ Toxxyk wagonze Umupolisi agapfa

Congo yategetswe icyo igomba gushyira mu bikorwa kiri mu by’ingenzi mu masezerano yasinyanye n’u Rwanda

Eng.-DR Congo urged to accelerate the implementation of FDLR neutralization operations without delay

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.