Friday, January 9, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Uruhare rw’umwana mu iterambere ry’umuryango

radiotv10by radiotv10
28/09/2021
in MU RWANDA
0
Uruhare rw’umwana mu iterambere ry’umuryango
Share on FacebookShare on Twitter

Abakurikiranira hafi ibijyanye n’iterambere ry’umuryango ndetse n’uburere bw’umwana bavuga ko mu gihe umwana yatozwa agafashwa kugira uruhare mu bikorerwa mu muryango yagira uruhare runini mu iterambere ryawo ndetse kikaba na kimwe mu gisubizo cy’ikibazo cy’inda ziterwa abangavu gikunze kugaragara.

Ibyo babihurizaho na bamwe mu babyeyi bavuga ko bikwiriye nubwo bagaragaza ko badasobanukiwe uburyo bakoresha bigisha abana bakiri mu myaka yo hasi.

Iyo bavuze umuryango humvikana abayeyi ndetse n’abana ariko ibikorwa bibera mu muryango ni gake bibaho ko umwana cyane abari munsi y’imyaka 18 y’amavuko babigiramo uruhare nyamara abakurikurikiranira hafi ibijyanye n’iterambere ry’umuryango ndetse n’uburenganzira bw’abana bavuga ko kwigisha umwana akiri muto akamenya kugira uruhare mu bimukorerwa no gufata imyanzuro runaka mu muryango abamo, bimufasha mu mikurire ye ndetse no guteza imbere umuryango we.

Ibyo kandi ngo mugihe umwana yabitozwa akiri muto cyaba kimwe mu bisubizo by’ikibazo cyida ziterwa abangavu kidasiba kumvikana.

Agaruka kuri ibi,  Umukunzi Rene Christian yagize ati”Kumenyereza umwana kwifatira umwanzuro bimufasha cyane iyo akuze kuko bimurinda bimwe mu bibazo birimo n’inda zitateguwe. mbahe urugero nk’umukobwa wanjye turi inshuti cyane ambwira amabanga ye urumva ko n’aramuka akuze akagira n’umukunzi nabyo azabimbwira nkomeze kumufasha mugira inama”

Hari n’ababyeyi batandukanye bavuga ko bumva neza akamaro ko gutoza abana kugira uruhare mu bikorerwa mu muryango nubwo bagaragaza imbogamizi zo kubura umwanya uhagije ndetse no kubigiraho ubumenyi budahagije cyane ko abenshi babikora ntaho babyize cg ngo babe barabikorewe n’ababyeyi babo.

“Birakwiye gutoza umwana kwifatira imyanzuro no kugira uruhare mu biteza imbere umuryango, ariko nanone nkanjye ntago nzi ngo nabimufashamo gute? erega ibintu utakorewe ntiwamenya uko ubikorera abandi”

Cyeretse wenda habayeho nk’ubukangurambaga bakatwigisha uko twafasha abana bacu”

umukunzi Réne christian ukurikiranira hafi imikurire n’uburenganzira bw’abana avuga ko umwanya atari ikintu ababyeyi bakwiriye kwitwaza ahubwo icyingenzi ari akamenyero no guhozaho ese abatarasobanukirwa nuko bafasha abana babo babigenza bate?

“Urugero nk’umwana muto niba ushaka nko kumugurira umwenda banza umubaze icyo abitekerezaho atari uko ushaka ko akugira inama ariko wumve ibitekerezo bye ibyo bigenda bimufasha kuburyo akura azi kwifatira umwanzuro”

Ubu buri mubyeyi asabwa kwita ku burere bw’umwana we kuko byagaragaye ko iterambere ry’umuryango n’igihugu muri rusange mu gihe kiri imere bigenwa n’uburere bwahawe abana.

Nyamara umuvuduko w’iterambere hari bamwe bagaragaza ko ubasiga nk’aho usanga umubyeyi amara igihe kinini ashakisha ibitunga umwana namashuli ye ywe bamwe bakuva k bikwiriye kugarukira aho, gusa abahanga bavuga ko nkuko utabura umwanya wo gufata amafnguro ari nako udakwiye kuburira umwana umwanya bityo bigafasha mu iterambere.

Inkuru ya Denyse MBABAZI MPAMBARA/RadioTV10.

  

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

eighteen − twelve =

Previous Post

Micho Milutin umutoza wa Uganda Cranes yahamagaye abakinnyi 33 bagomba gutangira kwitegura u Rwanda

Next Post

Abarenga miliyoni ebyiri bamaze guhabwa urukingo rwa COVID-19

Related Posts

RPF-Inkotanyi approves a new organizational structure

RPF-Inkotanyi approves a new organizational structure

by radiotv10
08/01/2026
0

The Secretariat General of the FPR-Inkotanyi party has approved the establishment of a new advisory body composed of senior and...

FPR-Inkotanyi yemeje urwego rushya rw’Umuryango

FPR-Inkotanyi yemeje urwego rushya rw’Umuryango

by radiotv10
08/01/2026
0

Ubunyamabanga Bukuru bw’Umuryango FPR-Inkotanyi bwemeje ishyirwaho rw’Urwego rushya rw’inararibonye rushinzwe ubujyanama mu Banyamuryango. Ishyirwaho ry’uru rwego, rikubiye mu myanzuro y’Inama...

AMAKURU AGEZWEHO: Uwakekwagaho kwica urw’agashinyaguro uwarokotse Jenoside na we yarashwe arapfa

Hasobanuwe uko byagenze ngo haraswe uwakekwagaho ubwicanyi no kuba umujura ruharwa muri Kirehe

by radiotv10
08/01/2026
0

Umusore wakekwagaho ubwicanyi n’ubujura yakoreraga mu bice bitandukanye mu Karere ka Kirehe wari uherutse kwica umumotari akanamwiba moto, yishwe arashwe...

BREAKING: Urubanza rw’uwamenyekanye mu nzego z’ibanze uregwa ibirimo ishimishamubiri ry’igitsina rwashyize mu muhezo

BREAKING: Urubanza rw’uwamenyekanye mu nzego z’ibanze uregwa ibirimo ishimishamubiri ry’igitsina rwashyize mu muhezo

by radiotv10
08/01/2026
0

Iburanisha ku ifungwa n’ifungurwa by’agateganyo mu rubanza ruregwamo Umuhuzabikorwa w’Ikigo Ngororamuco cya Gitagata, Sheikh Bahame Hassan wanabaye Umuyobozi w'Akarere ka...

Why Most People Struggle With Money Even When They Earn More

Why Most People Struggle With Money Even When They Earn More

by radiotv10
08/01/2026
0

For many people, earning more money feels like the ultimate solution to financial stress. A salary raise, a new job,...

IZIHERUKA

Umuhanzi n’umunyamakurukazi bazwi mu Rwanda bamaze igihe bakundana basezeranye mu mategeko
IBYAMAMARE

Umuhanzi n’umunyamakurukazi bazwi mu Rwanda bamaze igihe bakundana basezeranye mu mategeko

by radiotv10
08/01/2026
0

Umufana w’Ikipe ya Congo wabaye ikimenyabose mu Gikombe cya Afurika byarangiye ari amarira

Ibyo umukinnyi wa Algeria yakoreye imbere y’umufana utazibagirana wa Congo byatumye habaho gusaba imbabazi

08/01/2026
AFC/M23 yashyinguye mu cyubahiro abasivile bishwe urw’agashinyaguro n’ibitero by’indege i Masisi

AFC/M23 yashyinguye mu cyubahiro abasivile bishwe urw’agashinyaguro n’ibitero by’indege i Masisi

08/01/2026
Umufana wa Congo wazanye uburyo bwihariye bw’imifanire akomeje gusekerwa n’amahirwe nyuma yo kurira

Umufana wa Congo wazanye uburyo bwihariye bw’imifanire akomeje gusekerwa n’amahirwe nyuma yo kurira

08/01/2026
RPF-Inkotanyi approves a new organizational structure

RPF-Inkotanyi approves a new organizational structure

08/01/2026
FPR-Inkotanyi yemeje urwego rushya rw’Umuryango

FPR-Inkotanyi yemeje urwego rushya rw’Umuryango

08/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Abarenga miliyoni ebyiri bamaze guhabwa urukingo rwa COVID-19

Abarenga miliyoni ebyiri bamaze guhabwa urukingo rwa COVID-19

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Umuhanzi n’umunyamakurukazi bazwi mu Rwanda bamaze igihe bakundana basezeranye mu mategeko

Ibyo umukinnyi wa Algeria yakoreye imbere y’umufana utazibagirana wa Congo byatumye habaho gusaba imbabazi

AFC/M23 yashyinguye mu cyubahiro abasivile bishwe urw’agashinyaguro n’ibitero by’indege i Masisi

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.