Friday, November 28, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA IMIBEREHO MYIZA

Urujijo ku baturage bamaze icyumweru bajya kwivuza bakabura abaganga

radiotv10by radiotv10
07/09/2023
in IMIBEREHO MYIZA, MU RWANDA
0
Urujijo ku baturage bamaze icyumweru bajya kwivuza bakabura abaganga
Share on FacebookShare on Twitter

Abivuriza ku Kigo cy’Ubuzima (Poste de Sante) cya Gitara cyo mu Murenge wa Kabare mu Karere ka Kayonza, bavuga ko bamaze icyumweru bashaka kwivuza bakabura abaganga, kandi ntibamenye n’ikibyihishe inyuma.

Abavuga ko baje kwivuza bakabura abaganga, ni abaturage bo mu Kagari ka Gitara mu Murenge wa Kabare.

Bamwe muri bo bari baje kwivuza ku nshuro ya kabiri babura abaganga, abandi na bo bakavuga ko bisa nk’aho nta baganga bafite, kuko n’uhakora ashobora kumara iminsi itatu cyangwa icyumweru atahaboneka.

Dusabimana Clementine yagize ati “Naje kwivuza ariko ntabo mpasanze. Nk’ubu nje hano kabiri mbura abaganga.”

Igiraneza yunzemo na we yagize ati “Ubu nk’izi saha abaje kwivuza bagiye i Mutumba, Cyarubare cyangwa Rubona.”

Umuyobozi w’Akarere ka Kayonza, Nyemazi John Bosco yabwiye RADIOTV10 ko nubwo iki Kigo cy’Ubuzima kigeze kugira ibibazo, ariko bari babikemuye, bakaba bagiye kongera kubikurikirana.

Yagize ati “Hari uko yari ifite ibibazo turabikurikirana ariko niba hari andi makuru yaba yaje mashya tutari tuzi twayakurikirana tukamenya impamvu idakora kuko mu gihe cyashize ibibazo byarimo byari byamaze gukemuka.”

Abaturage bivuriza kuri iki Kigo cy’Ubuzima cyaGitara, bavuga kuba batabona abaganga babitaho bibateza ibihombo by’amatike bajya kwivuriza Cyarubare.

INKURU MU MASHUSHO

Youssuf UBONABAGENDA
RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

seventeen − twelve =

Previous Post

Amakuru mashya y’ibitangazwa n’umusore wasanzwe yarishe abakobwa benshi akabashyingura iwe

Next Post

Muri Vietnam hadutse indwara yandura ku muvuduko udasanzwe

Related Posts

Mu Rwanda hagiye kubakwa Amashuri Ntangarugero azoherezwamo abana bafite ubumuga bukabije

Mu Rwanda hagiye kubakwa Amashuri Ntangarugero azoherezwamo abana bafite ubumuga bukabije

by radiotv10
28/11/2025
0

Minisiteri y'Uburezi yatangaje ko hagiye kubakwa amashuri atanu y'intangarugero muri buri Ntara n'Umujyi wa Kigali, azatanga urugero mu gutanga uburezi...

Ahubwo hafunzwe nke- Perezida Kagame avuga ku nsengero zafunzwe

Ahubwo hafunzwe nke- Perezida Kagame avuga ku nsengero zafunzwe

by radiotv10
27/11/2025
0

Perezida Paul Kagame avuga ko abantu badakwiye gukomeza kuzamura impaka z’igihe hazafungurirwa insengero zafunzwe, ahubwo ko bari bakwiye gutekereza ibyabateza...

Rwanda kicks off nationwide Digital ID registration in the Southern Province

Rwanda’s Digital ID first phase ends with less than half of targeted citizens served

by radiotv10
27/11/2025
0

The scheduled period for collecting information and photographing residents of Huye, Gisagara, and Nyanza districts in the Southern Province for...

UPDATE: Mu rubanza rwa mbere rw’abaregwa gusakaza amashusho ya Yampano ntibaburanye

UPDATE: Mu rubanza rwa mbere rw’abaregwa gusakaza amashusho ya Yampano ntibaburanye

by radiotv10
27/11/2025
0

Urukiko rw’Ibanze rwa Kicukiro ryasubitse urubanza ku ifungwa n’ifungurwa by’agateganyo ruregwamo Ishimwe Patrick na Kalisa John bakurikiranyweho ibyaha bifitanye isano...

Abari abasirikare ba Israel bamugariye ku rugamba bari mu Rwanda bakinnye umukino wa gicuti

Eng.-Former Israeli Soldiers injured in combat play friendly match in Rwanda

by radiotv10
27/11/2025
0

A group of former Israel Defense Forces (IDF) soldiers, including those who were injured in combat, are on a visit...

IZIHERUKA

Mu Rwanda hagiye kubakwa Amashuri Ntangarugero azoherezwamo abana bafite ubumuga bukabije
IMIBEREHO MYIZA

Mu Rwanda hagiye kubakwa Amashuri Ntangarugero azoherezwamo abana bafite ubumuga bukabije

by radiotv10
28/11/2025
0

Ahubwo hafunzwe nke- Perezida Kagame avuga ku nsengero zafunzwe

Ahubwo hafunzwe nke- Perezida Kagame avuga ku nsengero zafunzwe

27/11/2025
Mu birori birimo ibyamamare umuhanzi Niyo Bosco n’umukunzi we bateye intambwe nyuma yo kumugaragaza

Amatariki y’ubukwe bwa Niyo Bosco yamenyekanye

27/11/2025
Rwanda kicks off nationwide Digital ID registration in the Southern Province

Rwanda’s Digital ID first phase ends with less than half of targeted citizens served

27/11/2025
UPDATE: Mu rubanza rwa mbere rw’abaregwa gusakaza amashusho ya Yampano ntibaburanye

UPDATE: Mu rubanza rwa mbere rw’abaregwa gusakaza amashusho ya Yampano ntibaburanye

27/11/2025
Abari abasirikare ba Israel bamugariye ku rugamba bari mu Rwanda bakinnye umukino wa gicuti

Eng.-Former Israeli Soldiers injured in combat play friendly match in Rwanda

27/11/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Muri Vietnam hadutse indwara yandura ku muvuduko udasanzwe

Muri Vietnam hadutse indwara yandura ku muvuduko udasanzwe

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Mu Rwanda hagiye kubakwa Amashuri Ntangarugero azoherezwamo abana bafite ubumuga bukabije

Ahubwo hafunzwe nke- Perezida Kagame avuga ku nsengero zafunzwe

Amatariki y’ubukwe bwa Niyo Bosco yamenyekanye

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.