Friday, January 23, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA IMIBEREHO MYIZA

Urujijo ku misanzu bamaze imyaka itatu bishyura muri gahunda bashishikarijwe ko ibafitiye akamaro

radiotv10by radiotv10
03/03/2025
in IMIBEREHO MYIZA, MU RWANDA
1
Urujijo ku misanzu bamaze imyaka itatu bishyura muri gahunda bashishikarijwe ko ibafitiye akamaro
Share on FacebookShare on Twitter

Bamwe mu bo mu Murenge wa Mugesera mu Karere ka Ngoma, bavuga ko bamaze imyaka itatu batanga imisansu muri gahunda ya ‘Ejo Heza’ mu matsinda basanzwe bizigamiramo, ariko bakaba batayibona kuri konti zabo zo kwizigamira.

Bamwe muri aba baturage bo mu Kagari ka Nyange muri uyu Murenge wa Mugesera, bavuga ko iyo babajije Ubuyobozi bw’Akagari impamvu batabona imisanzu kuri konti zabo, bubabwira ko Sisiteme yapfuye, abandi bakababwira ko bakomeza gutegereza.

Nuyanga Athanase uvuga ko ahagarariye itsinda ry’abantu barindwi rigizwe n’abarezi b’abana b’incuke mu marerero mu Mudugudu wa Rwamamaga muri aka Kagari ka Nyange, avuga ko buri kwezi batanga imisansu ya Ejo Heza.

Ati “Ariko ntitubona mesaje, ntitumenya aho ajya, twagira ngo turabajije tuti ‘ese ayo mafaranga ajya he? Bimeze bite?’ Bakatubwira bati ‘mube mwitonze ngo biri kwa BDE’ ngo ‘ntibyari byasobanuka’ ngo aba afite ibintu byinshi rimwe na rimwe ngo tuzagerwaho. Ariko nkibaza nti umwaka wa mbere ugashira n’uwa kabiri tubaza ugasanga ni ikibazo.”

Nyiramariza Rosalie avuga ko igihe batangaga imisanzu yabo, hari inyandiko zuzuzwaga, ariko na bo bagategereza ko amafaranga yabo agera kuri konti bagaheba, banabaza uwayakiriye akabohereza ku bandi bayobozi.

Ati “Twaramubazaga we akatubwira ngo tujye kubaza kwa BDE ngo hariya ku Murenge. Bamwe bakajyayo bano ba CareGiver nta mesaje n’imwe bajya babona. Natwe hari itsinda tugira nta mesaje nigeze mbona kandi tumaze kugabana nk’imyaka nk’itatu.”

Nyirabugirimana Angelique na we yagize ati “Ntayo nabonye kandi icyo gihe itsinda twabagamo twarayitangaga nyuma yaho bajyanaga nomero tugategereza mesaje ntizize.”

Umuyobozi w’Akarere ka Ngoma, Niyonagira Nathalie avuga ko bagiye gukurikirana iki kibazo kugira ngo bamenye imiterere yacyo.

Yagize ati “Tumaze iminsi tugenderera Akagari ka Nyange n’utundi Tugari ariko icyo kibazo bari batarakitugezaho. Niba bahari mwabadusigira tugakurikirana, tumenye ese ni aya he matsinda, yazigamye angahe ubundi yagiye he? kuko turabibona muri Sisitemu. Ubwo rero abaye ataragezemo na byo twabibona dukoresheje n’amarangamuntu yabo tukayakurikirana.”

Uyu muyobozi avuga ko hari abantu batari inyangamugayo bashobora gutwara amafaranga y’abaturage baba batanze muri iyi gahunda yo kwizigamira, ku buryo byayigiraho ingaruka kandi ari gahunda yatekerejwe na Leta ku neza zabo, bityo ko hagiye gushyirwa imbaraga mu gukurikirana iki kibazo.

Bavuga ko batazi irengero ry’imisansu bishyuye muri Ejo Heza
Ngo iyo babajije bababwira ko ikibazo kiri muri sisitemu

Youssuf UBONABAGENDA
RADIOTV10

Comments 1

  1. ka says:
    11 months ago

    oya kandi. imisanzu y’abizigamira igomba kugera kuri compte zabo. mu bikinishwa iki ntikirimo. ntihaburemo n’igiceri.

    Reply

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

2 × four =

Previous Post

Uko hakozwe operasiyo yasize batatu barimo umugore bafatanywe ibitemewe mu Rwanda na magendu

Next Post

Umuhanzi uzwi mu karere ari kubaka umusigiti wo gusengeramo

Related Posts

Umunyamakuru ufite uburambe mu Rwanda yahawe inshingano zo hejuru nyuma y’umwaka ahagaritswe n’igitangazamakuru yakoreraga

Umunyamakuru ufite uburambe mu Rwanda yahawe inshingano zo hejuru nyuma y’umwaka ahagaritswe n’igitangazamakuru yakoreraga

by radiotv10
22/01/2026
0

Umunyamakuru Sylivanus Karemera wamaze igihe akorera Ikigo cy’Igihugu cy’Itangazamakuru akaza guhagarikirwa rimwe n’abandi benshi bagikoragamo, yahawe inshingano mu buyobozi bw’ikindi...

Nyamasheke: Yasanzwe yapfuye ari ku muryango w’akabari bivugwa ko yaraye akubitiwemo

Nyamasheke: Yasanzwe yapfuye ari ku muryango w’akabari bivugwa ko yaraye akubitiwemo

by radiotv10
22/01/2026
0

Nkurikiyumukiza Daniel wari uzwi ku izina rya Rujanga  wabonywe yinjira mu kabari kazwi nko kwa Mukubite umwice kabarizwa mu kagari ka...

Ubujura bukabije bwa Kashipawa bavuze abo babukekaho n’impamvu babishingiraho

Ubujura bukabije bwa Kashipawa bavuze abo babukekaho n’impamvu babishingiraho

by radiotv10
22/01/2026
0

Bamwe mu baturage bo mu Murenge wa Kigabiro mu Karere ka Rwamagana, baravuga ko ubujura bwa Kashipawa (Cash Power) bwafashe...

Learning English Shouldn’t Mean Losing Our Mother Tongue, ‘Ikinyarwanda’

Learning English Shouldn’t Mean Losing Our Mother Tongue, ‘Ikinyarwanda’

by radiotv10
22/01/2026
0

In many schools in Rwanda, students are told they must speak English. Sometimes, if a child speaks Kinyarwanda, they get...

Umugabo n’umugore bafatiwe mu bitemewe bashaka kubisimbuka bisanga bakoze ikindi cyaha

Umugabo n’umugore bafatiwe mu bitemewe bashaka kubisimbuka bisanga bakoze ikindi cyaha

by radiotv10
22/01/2026
0

Umugabo n'umugore bo mu Murenge wa Byimana mu Karere ka Ruhango, bafashwe bakekwaho gutanga ruswa y'ibihumbi 50 Frw nyuma yo...

IZIHERUKA

Yifashishije ifoto ishotorana Gen.Muhoozi yongeye gutangaza ibishobora kuzamurira umujinya umunyapolitiki Bobi Wine
AMAHANGA

Yifashishije ifoto ishotorana Gen.Muhoozi yongeye gutangaza ibishobora kuzamurira umujinya umunyapolitiki Bobi Wine

by radiotv10
22/01/2026
0

Biravugwa ko abarwanyi b’abacancuro bongeye kugaragara muri Congo

Biravugwa ko abarwanyi b’abacancuro bongeye kugaragara muri Congo

22/01/2026
Umunyamakuru ufite uburambe mu Rwanda yahawe inshingano zo hejuru nyuma y’umwaka ahagaritswe n’igitangazamakuru yakoreraga

Umunyamakuru ufite uburambe mu Rwanda yahawe inshingano zo hejuru nyuma y’umwaka ahagaritswe n’igitangazamakuru yakoreraga

22/01/2026
Gen.Makenga yabwiye abo muri AFC/M23 ibizaranga urugamba mu mwaka wa 2026

Gen.Makenga yabwiye abo muri AFC/M23 ibizaranga urugamba mu mwaka wa 2026

22/01/2026
Nyamasheke: Yasanzwe yapfuye ari ku muryango w’akabari bivugwa ko yaraye akubitiwemo

Nyamasheke: Yasanzwe yapfuye ari ku muryango w’akabari bivugwa ko yaraye akubitiwemo

22/01/2026
Irebere igihembo cy’akataraboneka cyashyikirijwe wa mufana wa Congo wabaye ikimenyabose

Irebere igihembo cy’akataraboneka cyashyikirijwe wa mufana wa Congo wabaye ikimenyabose

22/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Umuhanzi uzwi mu karere ari kubaka umusigiti wo gusengeramo

Umuhanzi uzwi mu karere ari kubaka umusigiti wo gusengeramo

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Yifashishije ifoto ishotorana Gen.Muhoozi yongeye gutangaza ibishobora kuzamurira umujinya umunyapolitiki Bobi Wine

Biravugwa ko abarwanyi b’abacancuro bongeye kugaragara muri Congo

Umunyamakuru ufite uburambe mu Rwanda yahawe inshingano zo hejuru nyuma y’umwaka ahagaritswe n’igitangazamakuru yakoreraga

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.