• My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English
Tuesday, June 2, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA IMIBEREHO MYIZA

Urujijo ku misanzu bamaze imyaka itatu bishyura muri gahunda bashishikarijwe ko ibafitiye akamaro

radiotv10by radiotv10
03/03/2025
in IMIBEREHO MYIZA, MU RWANDA
1
Urujijo ku misanzu bamaze imyaka itatu bishyura muri gahunda bashishikarijwe ko ibafitiye akamaro
Share on FacebookShare on Twitter

Bamwe mu bo mu Murenge wa Mugesera mu Karere ka Ngoma, bavuga ko bamaze imyaka itatu batanga imisansu muri gahunda ya ‘Ejo Heza’ mu matsinda basanzwe bizigamiramo, ariko bakaba batayibona kuri konti zabo zo kwizigamira.

Bamwe muri aba baturage bo mu Kagari ka Nyange muri uyu Murenge wa Mugesera, bavuga ko iyo babajije Ubuyobozi bw’Akagari impamvu batabona imisanzu kuri konti zabo, bubabwira ko Sisiteme yapfuye, abandi bakababwira ko bakomeza gutegereza.

Nuyanga Athanase uvuga ko ahagarariye itsinda ry’abantu barindwi rigizwe n’abarezi b’abana b’incuke mu marerero mu Mudugudu wa Rwamamaga muri aka Kagari ka Nyange, avuga ko buri kwezi batanga imisansu ya Ejo Heza.

Ati “Ariko ntitubona mesaje, ntitumenya aho ajya, twagira ngo turabajije tuti ‘ese ayo mafaranga ajya he? Bimeze bite?’ Bakatubwira bati ‘mube mwitonze ngo biri kwa BDE’ ngo ‘ntibyari byasobanuka’ ngo aba afite ibintu byinshi rimwe na rimwe ngo tuzagerwaho. Ariko nkibaza nti umwaka wa mbere ugashira n’uwa kabiri tubaza ugasanga ni ikibazo.”

Nyiramariza Rosalie avuga ko igihe batangaga imisanzu yabo, hari inyandiko zuzuzwaga, ariko na bo bagategereza ko amafaranga yabo agera kuri konti bagaheba, banabaza uwayakiriye akabohereza ku bandi bayobozi.

Ati “Twaramubazaga we akatubwira ngo tujye kubaza kwa BDE ngo hariya ku Murenge. Bamwe bakajyayo bano ba CareGiver nta mesaje n’imwe bajya babona. Natwe hari itsinda tugira nta mesaje nigeze mbona kandi tumaze kugabana nk’imyaka nk’itatu.”

Nyirabugirimana Angelique na we yagize ati “Ntayo nabonye kandi icyo gihe itsinda twabagamo twarayitangaga nyuma yaho bajyanaga nomero tugategereza mesaje ntizize.”

Umuyobozi w’Akarere ka Ngoma, Niyonagira Nathalie avuga ko bagiye gukurikirana iki kibazo kugira ngo bamenye imiterere yacyo.

Yagize ati “Tumaze iminsi tugenderera Akagari ka Nyange n’utundi Tugari ariko icyo kibazo bari batarakitugezaho. Niba bahari mwabadusigira tugakurikirana, tumenye ese ni aya he matsinda, yazigamye angahe ubundi yagiye he? kuko turabibona muri Sisitemu. Ubwo rero abaye ataragezemo na byo twabibona dukoresheje n’amarangamuntu yabo tukayakurikirana.”

Uyu muyobozi avuga ko hari abantu batari inyangamugayo bashobora gutwara amafaranga y’abaturage baba batanze muri iyi gahunda yo kwizigamira, ku buryo byayigiraho ingaruka kandi ari gahunda yatekerejwe na Leta ku neza zabo, bityo ko hagiye gushyirwa imbaraga mu gukurikirana iki kibazo.

Bavuga ko batazi irengero ry’imisansu bishyuye muri Ejo Heza
Ngo iyo babajije bababwira ko ikibazo kiri muri sisitemu

Youssuf UBONABAGENDA
RADIOTV10

Comments 1

  1. ka says:
    1 year ago

    oya kandi. imisanzu y’abizigamira igomba kugera kuri compte zabo. mu bikinishwa iki ntikirimo. ntihaburemo n’igiceri.

    Reply

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

1 × four =

Previous Post

Uko hakozwe operasiyo yasize batatu barimo umugore bafatanywe ibitemewe mu Rwanda na magendu

Next Post

Umuhanzi uzwi mu karere ari kubaka umusigiti wo gusengeramo

Related Posts

Gisagara: Abaturage bibukijwe impamvu kurandura inzoga z’inkorano bakwiye kubigiramo uruhare rufatika

Gisagara: Abaturage bibukijwe impamvu kurandura inzoga z’inkorano bakwiye kubigiramo uruhare rufatika

by radiotv10
02/06/2026
0

Polisi y’u Rwanda ikorera mu Ntara y’Amajyepfo yasabye abaturage bo mu Murenge wa Save, Akarere ka Gisagara, kugira uruhare rufatika...

Abamotari bakoresha moto za Spiro mu Rwanda bagarukanye ikindi kibazo kibaremereye

Abamotari bakoresha moto za Spiro mu Rwanda bagarukanye ikindi kibazo kibaremereye

by radiotv10
02/06/2026
0

Bamwe mu batwara moto zikoresha amashanyarazi za Spiro baravuga ko bafite ikibazo gikomeye kuko ngo bari kujya aho bahinduriza bateri...

Abagore bashinjwa amarozi bafatanywe ibirimo amazirantoki n’umusaraba

Abagore bashinjwa amarozi bafatanywe ibirimo amazirantoki n’umusaraba

by radiotv10
02/06/2026
0

Abagore babiri bakekwaho kurogera abaturanyi babo mu Murenge wa Karangazi mu Karere ka Nyagatare, babafatanywe ibyo bakekwaho gukoresha mu burozi...

How people stay financially stable

How people stay financially stable

by radiotv10
02/06/2026
0

Have you ever wondered how some people always seem financially comfortable? They rarely appear stressed about money, they handle unexpected...

Eng.-Rwanda begins presenting evidence in case against the United Kingdom

Hatangajwe icyemezo ku kirego u Rwanda rwari rwarezemo u Bwongereza rubwishyuza miliyari 100Frw

by radiotv10
01/06/2026
0

Urukiko Ruhoraho Nkemurampaka rwatangaje ko Guverinoma y’u Rwanda itazishyurwa miliyoni £50 (arenga miliyari 100 Frw) mu kirego yari yarezemo iy’u...

Next Post
Umuhanzi uzwi mu karere ari kubaka umusigiti wo gusengeramo

Umuhanzi uzwi mu karere ari kubaka umusigiti wo gusengeramo

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English

Latest News

Byagenze gute ngo ikibumbano cya rurangiranwa Lionel Messi cyari mu Buhindi gikurweho

Gisagara: Abaturage bibukijwe impamvu kurandura inzoga z’inkorano bakwiye kubigiramo uruhare rufatika

Gukoresha ikiyobyabwenge cy’urumogi, kugonga umukunzi we: Ibyavugiwe mu rubanza ruregwamo umuhanzi Yampano

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English

Copyright © 2024 RadioTv10.