Wednesday, January 28, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Urujijo ku nkongi y’umuriro yibasiye imwe muri Pariki z’Igihugu

radiotv10by radiotv10
22/08/2023
in MU RWANDA
0
Urujijo ku nkongi y’umuriro yibasiye imwe muri Pariki z’Igihugu
Share on FacebookShare on Twitter

Inkongi y’umuriro yibasiye igice kimwe cya Pariki y’Igihugu y’Ishyamba rya Nyungwe cyo ku Murenge wa Bweyeye mu Karere ka Rusizi, gusa intandaro yayo yakomeje kuba urujijo.

Iyi nkongi y’umuriro yamenyekanye mu masaha y’igicamunsi cyo kuri uyu wa Mbere tariki 21 Kanama 2023, ari na bwo inzego z’umutekano ndetse n’ubuyobozi bw’ibanze n’abaturage bajyaga gutangira kuyizimya.

Umunyamabanga Nshingwabikorwa w’Umurenge wa Bweyeye, Daniel Ndamyimana avuga ko byarinze bigera mu masaha y’ijoro ryo kuri uyu wa Mbere hakiri gukorwa ibikorwa byo kuzimya iyi nkongi.

Ati “Ntabwo twamenye icyateye iyi nkongi y’umuriro, ariko nta n’ubwo byari biherutse, hari hamaze igihe kinini ishyamba ridafatwa n’inkongi y’umuriro, mu makuru tukiri gushakisha, birumvikana ko turi kugerageza gushaka amakuru kugira ngo turebe icyaba cyateye iyi nkongi y’umuriro.”

Avuga ko inkongi y’umuriro yaherukaga gufata iri shyamba mu myaka itatu ishize, na bwo hari hahise hitabazwa abaturage bahita bayizimya.

Ndamyimana avuga ko nta muturage cyangwa imitungo y’abaturage yaba yangijwe n’iyi nkongi kuko igice cyahiye kitaruye aho abaturage batuye.

Ati “Ugereranyije n’aho ishyamba riri ndetse n’aho abaturage bari, ntaho bihuriye, kuko byonyine kuva aho abaturage batuye kugera aho turi kujya kuzimya n’amaguru, ni hagati y’amasaha atatu n’atatu n’igice.”

Uyu muyobozi yaboneyeho gusaba abaturage batuye muri ibi bice, ko igiye cyose bagize uwo babona ujya muri iri shyamba, bakwiye gutanga amakuru kugira ngo hamenyekane icyo agiye gukora, kandi igihe babonye hari ahagaragaye ibimenyetso byo gushya, na bwo bakabimenyesha inzego hakiri kare kugira ngo zihutire kuhazimya.

Iri shyamba ryibasiwe n’inkongi nyuma y’uko mu ntangiro z’uku kwezi tariki 03 Kanama hari imisozi yo mu Mirenge ya Gitesi, Bwishyura na Rwankuba; yo mu Karere ka Karongi, naho mu Ntara y’Iburengerazuba, yibasiwe n’inkongi, yangije hegitari zirenga 20.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

twenty − seven =

Previous Post

Hamenyekanye amakuru mashya ku wishwe urw’agashinyaguro agakatwamo ibice hakaboneka kimwe

Next Post

Rubavu: Umuyobozi aravugwaho imyitwarire ibangamiye abaturage ituma bataha barahira ko batazamugaruka imbere

Related Posts

Hatanzwe umuburo ku bitwaza ‘Visit Rwanda’ mu bikorwa by’uburiganya

Hatanzwe umuburo ku bitwaza ‘Visit Rwanda’ mu bikorwa by’uburiganya

by radiotv10
28/01/2026
0

Urwego rw'Igihugu rw'Iterambere (RDB) rwatangaje ko hari abantu bakomeje kurwiyitirira cyangwa biyitirira kwamamaza ikirango cy’ubukerarugendo ‘Visit Rwanda’ mu nyungu zabo...

Iby’umukobwa uvugwaho gukanda imyanya y’ibanga y’umbyeyi we ubugirakabiri ntibivugwaho rumwe

Iby’umukobwa uvugwaho gukanda imyanya y’ibanga y’umbyeyi we ubugirakabiri ntibivugwaho rumwe

by radiotv10
28/01/2026
0

Umukobwa wo mu Murenge wa Mururu mu Karere ka Rusizi, aravugwaho kuba amaze gukanda ubugabo umubyeyi we inshuro ebyiri, ndetse...

Uko u Rwanda rwafashe icyemezo cyo kujyana mu Nkiko u Bwongereza n’icyo rushingiraho rubwishyuza Miliyari 100Frw

Uko u Rwanda rwafashe icyemezo cyo kujyana mu Nkiko u Bwongereza n’icyo rushingiraho rubwishyuza Miliyari 100Frw

by radiotv10
28/01/2026
0

Guverinoma y’u Rwanda yasobanuye birambuye iby’ikirego yarezemo iy’u Bwongereza mu Rukiko Nkemurampaka, ku bijyanye no kutabahiriza amasezerano zombi zagiranye, ivuga...

Batunga agatoki ubuyobozi kubarutisha igikorwa cy’amajyambere

Batunga agatoki ubuyobozi kubarutisha igikorwa cy’amajyambere

by radiotv10
28/01/2026
0

Bamwe mu bo mu Murenge wa Karenge mu Karere ka Rwamagana, bavuga ko babuzwa n’ubuyobozi kubaka no kuvugurura inzu zabo,...

Simple steps you can follow to build real confidence

Simple steps you can follow to build real confidence

by radiotv10
28/01/2026
0

Confidence isn’t about being the loudest person in the room or having everything figured out. It’s about feeling comfortable with...

IZIHERUKA

Ni iki cyatumye indirimbo y’umuhanzi uzwi mu Rwanda ijya hanze nyuma y’imyaka umunani?
IBYAMAMARE

Ni iki cyatumye indirimbo y’umuhanzi uzwi mu Rwanda ijya hanze nyuma y’imyaka umunani?

by radiotv10
28/01/2026
0

Hatanzwe umuburo ku bitwaza ‘Visit Rwanda’ mu bikorwa by’uburiganya

Hatanzwe umuburo ku bitwaza ‘Visit Rwanda’ mu bikorwa by’uburiganya

28/01/2026
Iby’umukobwa uvugwaho gukanda imyanya y’ibanga y’umbyeyi we ubugirakabiri ntibivugwaho rumwe

Iby’umukobwa uvugwaho gukanda imyanya y’ibanga y’umbyeyi we ubugirakabiri ntibivugwaho rumwe

28/01/2026
AFC/M23 says it will not withdraw from any area within liberated territories

AFC/M23 yatanze umucyo ku ‘mikoranire’ n’u Rwanda yahawe ibisobanuro biyobya

28/01/2026
Amakuru meza muri Rayon yerecyeye umukinnyi uri mu b’ingenzi bayo Bassané

Amakuru meza muri Rayon yerecyeye umukinnyi uri mu b’ingenzi bayo Bassané

28/01/2026
Uko u Rwanda rwafashe icyemezo cyo kujyana mu Nkiko u Bwongereza n’icyo rushingiraho rubwishyuza Miliyari 100Frw

Uko u Rwanda rwafashe icyemezo cyo kujyana mu Nkiko u Bwongereza n’icyo rushingiraho rubwishyuza Miliyari 100Frw

28/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Rubavu: Hari umuyobozi umaze icyumweru batazi aho aherereye, Meya yagize icyo abivugaho

Rubavu: Umuyobozi aravugwaho imyitwarire ibangamiye abaturage ituma bataha barahira ko batazamugaruka imbere

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Ni iki cyatumye indirimbo y’umuhanzi uzwi mu Rwanda ijya hanze nyuma y’imyaka umunani?

Hatanzwe umuburo ku bitwaza ‘Visit Rwanda’ mu bikorwa by’uburiganya

Iby’umukobwa uvugwaho gukanda imyanya y’ibanga y’umbyeyi we ubugirakabiri ntibivugwaho rumwe

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.