Monday, January 12, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Urujijo n’igihirahiro ku byo babonye nyuma yuko babaruje ubutaka bwabo

radiotv10by radiotv10
12/01/2026
in MU RWANDA
0
Urujijo n’igihirahiro ku byo babonye nyuma yuko babaruje ubutaka bwabo
Share on FacebookShare on Twitter

Bamwe mu batuye mu Kagari ka Kirambi mu Murenge wa Nyagisozi mu Karere ka Nyanza, baravuga ko babaruje ubutaka bwabo kuva iyi gahunda yatangira ariko batarabona ibyangombwa byabo, kuko ibyasohotse byaje biri mu mazina y’abandi.

Aba baturage bo mu Mudugudu wa Bweru mu Kagari ka Kirambi mu Murenge wa Nyagisozi, bavuga ko kuva mu Rwanda hatangira igikorwa cyo kwandikisha ubutaka, na bo babubaruje, ariko kugeza n’ubu imyaka imaze kuba myinshi nta byangombwa by’ubutaka bwabo bahawe.

Ni ubutaka aba baturage bavuga ko bari batuyemo na mbere y’uko igikorwa cyo kubarura ubutaka mu Rwanda gitangira, ndetse na bo babaruza ubutaka bwabo bari batuyemo nk’abandi.

Mu gihe cyo gufata ibyangombwa by’ubutaka, bo bakabwirwa ko ibyabo bitarasohoka, ariko nyuma baza kubwirwa ko ubutaka batuyemo bwagiye bwandikwa ku mazina batazi, ndetse n’abo bazi, wababaza bakakubwira ko batazi uburyo ubwo butaka babwanditsweho.

Hategekimana Venuste ati “Twabaruje ubutaka nk’abandi, ariko dutegereza ibyangombwa by’ubutaka bwacu turaheba. Nanubu imyaka ishize ari myinshi tubitegereje twarahebye; iyo tubajije dusanga byanditse ku bandi tutanazi.”

Kmanana ati “Twe twumva ari amanyanga, kuko nta kuntu ubutaka buza bwanditseho abo tutazi kandi ubutaka twarabutuyemo kuva kera. Wanabaza ukabona ibibazo byawe ntibikurikiranwa. Turasaba ko byakurikiranwa tukabona ibyangombwa by’ubutaka bwacu.”

Kankera ati “Tujya kureba tugasanga ibyangombwa bibaruyeho abandi tutanazi. Bibaye byiza badukosorera, kuko turahangayitse.”

Abaturage bavuga ko batumva impamvu ubutaka bwabo bwanditse ku bandi, ari na byo baheraho basaba ko bakosorerwa bagahabwa ibyangombwa by’ubutaka bwabo, dore ko iyo bagiye kubaza nta gisubizo bahabwa kibaha icyizere cyo kubona ibyo byangombwa.

Ni ikibazo ubuyobozi bw’Umurenge wa Nyagisozi butagira byinshi buvugaho, gusa mu butumwa bugufi Umuyobozi w’Umurenge wa Nyagisozi, Sylidio Habinshuti, yahaye umunyamakuru wa RadioTV10 yagize ati “Iki kibazo twarakimenye, twabahuje n’umukozi w’Umurenge ushinzwe imiturire, kugira ngo abafashe kumenya uko babona umu-technicien wabafasha gukora subdivision.”

Ku ruhande rw’Akarere ka Nyanza, Umuyobozi w’Ishami rishinzwe Ibikorwaremezo muri aka Karere, Habimana Evariste, avuga ko aba baturage bajya ku Irembo bakarebaho ibyangombwa, bagira ikibazo bakegera inzego z’ibanze zikabafasha.

Mu butumwa bugufi yagize ati “Ibyangombwa by’ubutaka biri ku Irembo; mwababwira bakagana Irembo, abagize ikibazo bakagana ubuyobozi bubegereye, Umurenge cyangwa Akagari.”

Nubwo uyu mukozi ushinzwe imiturire avuga ibi, aba baturage bavuga ko aho ku Irembo abohereza kureba ibyangombwa byabo, iyo bagiyeho bababwira ko ubutaka bubaruye ku bandi, ari na byo bifuza ko byakosorwa bagasubizwa ubutaka bwabo. Abafite iki kibazo ni abaturage barenga 53 bo muri uwo Mudugudu wa Bweru, bagasaba inzego bireba kubakurikiranira ikibazo cyabo kigakemuka bakabona ibyangombwa by’ubutaka.

Aba baturage basaba kurenganurwa

Prince Théogène NZABIHIMANA
RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

4 × 5 =

Previous Post

Barcelona yongeye gutwara Igikombe kiruta ibindi muri Espagne ibabaje mukeba wayo

Related Posts

Needs vs Wants: How to Tell the Difference in Daily Life

Needs vs Wants: How to Tell the Difference in Daily Life

by radiotv10
10/01/2026
0

Many people struggle with money not because they earn too little, but because they confuse needs with wants. Understanding the...

Bahawe miliyoni 3Frw bigirwa umushinga wabakura mu bukene ariko ibyakurikiyeho sibyo bari biteze

Bahawe miliyoni 3Frw bigirwa umushinga wabakura mu bukene ariko ibyakurikiyeho sibyo bari biteze

by radiotv10
10/01/2026
0

Bamwe mu bakecuru batishoboye bo mu Murenge wa Tumba mu Karere ka Huye, bibumbiye mu itsinda ryo kwikura mu bukene,...

Key points to know about Rwanda’s new Road Traffic Law

Key points to know about Rwanda’s new Road Traffic Law

by radiotv10
09/01/2026
0

Road safety remains a major public concern in Rwanda, especially as the number of vehicles continues to increase. In response...

VIDEO: Umuvugizi wa Polisi y’u Rwanda yagaragaye anyonga igare ry’abanyonzi

VIDEO: Umuvugizi wa Polisi y’u Rwanda yagaragaye anyonga igare ry’abanyonzi

by radiotv10
09/01/2026
0

Abatwara amagare na bo bari mu barebwa n’ubukangurambaga bugamije kurwanya impanuka zo mu muhanda. Ni ubutumwa abantu bakwiye gukura mu...

Inkuru mbi yatashye mu miryango y’abagabo babiri baguwe gitumo nyuma yo kwiba amatungo

Inkuru mbi yatashye mu miryango y’abagabo babiri baguwe gitumo nyuma yo kwiba amatungo

by radiotv10
09/01/2026
0

Ubushyamirane bwabaye hagati y’abakekwaho kwiba ihene, n’abari bazibwe mu Murenge wa Kigoma mu Karere ka Nyanza, bwaguyemo babiri bakekwagaho kuba...

IZIHERUKA

Urujijo n’igihirahiro ku byo babonye nyuma yuko babaruje ubutaka bwabo
MU RWANDA

Urujijo n’igihirahiro ku byo babonye nyuma yuko babaruje ubutaka bwabo

by radiotv10
12/01/2026
0

Barcelona yongeye gutwara Igikombe kiruta ibindi muri Espagne ibabaje mukeba wayo

Barcelona yongeye gutwara Igikombe kiruta ibindi muri Espagne ibabaje mukeba wayo

12/01/2026
Needs vs Wants: How to Tell the Difference in Daily Life

Needs vs Wants: How to Tell the Difference in Daily Life

10/01/2026
Bahawe miliyoni 3Frw bigirwa umushinga wabakura mu bukene ariko ibyakurikiyeho sibyo bari biteze

Bahawe miliyoni 3Frw bigirwa umushinga wabakura mu bukene ariko ibyakurikiyeho sibyo bari biteze

10/01/2026
Why Walking Is One of the Most Underrated Exercises

Why Walking Is One of the Most Underrated Exercises

10/01/2026
Umutoza wa Rayon atanze ubutumwa butanga icyizere ku bakunzi bayo

Umutoza wa Rayon atanze ubutumwa butanga icyizere ku bakunzi bayo

09/01/2026
ADVERTISEMENT

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Urujijo n’igihirahiro ku byo babonye nyuma yuko babaruje ubutaka bwabo

Barcelona yongeye gutwara Igikombe kiruta ibindi muri Espagne ibabaje mukeba wayo

Needs vs Wants: How to Tell the Difference in Daily Life

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.