Friday, January 30, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Urujijo n’igihirahiro ku byo babonye nyuma yuko babaruje ubutaka bwabo

radiotv10by radiotv10
12/01/2026
in MU RWANDA
0
Urujijo n’igihirahiro ku byo babonye nyuma yuko babaruje ubutaka bwabo
Share on FacebookShare on Twitter

Bamwe mu batuye mu Kagari ka Kirambi mu Murenge wa Nyagisozi mu Karere ka Nyanza, baravuga ko babaruje ubutaka bwabo kuva iyi gahunda yatangira ariko batarabona ibyangombwa byabo, kuko ibyasohotse byaje biri mu mazina y’abandi.

Aba baturage bo mu Mudugudu wa Bweru mu Kagari ka Kirambi mu Murenge wa Nyagisozi, bavuga ko kuva mu Rwanda hatangira igikorwa cyo kwandikisha ubutaka, na bo babubaruje, ariko kugeza n’ubu imyaka imaze kuba myinshi nta byangombwa by’ubutaka bwabo bahawe.

Ni ubutaka aba baturage bavuga ko bari batuyemo na mbere y’uko igikorwa cyo kubarura ubutaka mu Rwanda gitangira, ndetse na bo babaruza ubutaka bwabo bari batuyemo nk’abandi.

Mu gihe cyo gufata ibyangombwa by’ubutaka, bo bakabwirwa ko ibyabo bitarasohoka, ariko nyuma baza kubwirwa ko ubutaka batuyemo bwagiye bwandikwa ku mazina batazi, ndetse n’abo bazi, wababaza bakakubwira ko batazi uburyo ubwo butaka babwanditsweho.

Hategekimana Venuste ati “Twabaruje ubutaka nk’abandi, ariko dutegereza ibyangombwa by’ubutaka bwacu turaheba. Nanubu imyaka ishize ari myinshi tubitegereje twarahebye; iyo tubajije dusanga byanditse ku bandi tutanazi.”

Kmanana ati “Twe twumva ari amanyanga, kuko nta kuntu ubutaka buza bwanditseho abo tutazi kandi ubutaka twarabutuyemo kuva kera. Wanabaza ukabona ibibazo byawe ntibikurikiranwa. Turasaba ko byakurikiranwa tukabona ibyangombwa by’ubutaka bwacu.”

Kankera ati “Tujya kureba tugasanga ibyangombwa bibaruyeho abandi tutanazi. Bibaye byiza badukosorera, kuko turahangayitse.”

Abaturage bavuga ko batumva impamvu ubutaka bwabo bwanditse ku bandi, ari na byo baheraho basaba ko bakosorerwa bagahabwa ibyangombwa by’ubutaka bwabo, dore ko iyo bagiye kubaza nta gisubizo bahabwa kibaha icyizere cyo kubona ibyo byangombwa.

Ni ikibazo ubuyobozi bw’Umurenge wa Nyagisozi butagira byinshi buvugaho, gusa mu butumwa bugufi Umuyobozi w’Umurenge wa Nyagisozi, Sylidio Habinshuti, yahaye umunyamakuru wa RadioTV10 yagize ati “Iki kibazo twarakimenye, twabahuje n’umukozi w’Umurenge ushinzwe imiturire, kugira ngo abafashe kumenya uko babona umu-technicien wabafasha gukora subdivision.”

Ku ruhande rw’Akarere ka Nyanza, Umuyobozi w’Ishami rishinzwe Ibikorwaremezo muri aka Karere, Habimana Evariste, avuga ko aba baturage bajya ku Irembo bakarebaho ibyangombwa, bagira ikibazo bakegera inzego z’ibanze zikabafasha.

Mu butumwa bugufi yagize ati “Ibyangombwa by’ubutaka biri ku Irembo; mwababwira bakagana Irembo, abagize ikibazo bakagana ubuyobozi bubegereye, Umurenge cyangwa Akagari.”

Nubwo uyu mukozi ushinzwe imiturire avuga ibi, aba baturage bavuga ko aho ku Irembo abohereza kureba ibyangombwa byabo, iyo bagiyeho bababwira ko ubutaka bubaruye ku bandi, ari na byo bifuza ko byakosorwa bagasubizwa ubutaka bwabo. Abafite iki kibazo ni abaturage barenga 53 bo muri uwo Mudugudu wa Bweru, bagasaba inzego bireba kubakurikiranira ikibazo cyabo kigakemuka bakabona ibyangombwa by’ubutaka.

Aba baturage basaba kurenganurwa

Prince Théogène NZABIHIMANA
RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

seven − 4 =

Previous Post

Barcelona yongeye gutwara Igikombe kiruta ibindi muri Espagne ibabaje mukeba wayo

Next Post

America yahawe umuburo n’Igihugu iherutse na yo gukanga

Related Posts

Hakozwe operasiyo yo gufata umugabo ukewaho gucuruza ku rwego rwo hejuru ibiyobyabwenge

Hakozwe operasiyo yo gufata umugabo ukewaho gucuruza ku rwego rwo hejuru ibiyobyabwenge

by radiotv10
29/01/2026
0

Polisi y’u Rwanda ikorera mu Karere ka Ruhango, yafashe umugabo w’imyaka 43 ukekwaho gucuruza ku rwego rwo hejuru, gukwirakwiza no...

Umunyamakuru Maurice yavuze aho yamenyeye ko yahawe inshingano na Guverinoma y’u Rwanda n’ibyakurikiyeho

Umunyamakuru Maurice yavuze aho yamenyeye ko yahawe inshingano na Guverinoma y’u Rwanda n’ibyakurikiyeho

by radiotv10
29/01/2026
0

Uwera Jean Maurice wari usanzwe ari umunyamakuru, akaba yahawe inshingano zo kuba Umuvugizi Wungirije wa Guverinoma y’u Rwanda, yavuze ko...

Hatanzwe umucyo ku cyari kigamijwe haba inama yahuje Perezida Kagame na Tshisekedi i Doha

Eng.-Minister Nduhungirehe reminds the European Parliament it has no jurisdiction over Rwanda

by radiotv10
29/01/2026
0

Minister Olivier Nduhungirehe has reacted after the European Parliament once again involved itself in the case of politician Victoire Ingabire,...

Uwashyize ubutumwa ku mbuga nkoranyambaga bwumvikanyemo ubwishongozi yazanye ubundi asubiza ababutanzeho ibitekerezo

Uwashyize ubutumwa ku mbuga nkoranyambaga bwumvikanyemo ubwishongozi yazanye ubundi asubiza ababutanzeho ibitekerezo

by radiotv10
29/01/2026
0

Umwe mu bakoresha imbuga nkoranyambaga uherutse gushyiraho ubutumwa bwafashwe na bamwe nk’ubwishongozi, yasabye imbabazi ku bo bwakomerekeje, avuga ko yari...

Min.Nduhungirehe yagize icyo yibutsa Inteko y’u Burayi yongeye kwinjira mu by’Umunyapolitiki Ingabire Victoire

Min.Nduhungirehe yagize icyo yibutsa Inteko y’u Burayi yongeye kwinjira mu by’Umunyapolitiki Ingabire Victoire

by radiotv10
29/01/2026
0

Nyuma yuko Inteko y’Umuryango w’Ubumwe bw’u Burayi noneho ikoresheje umuhungu wa Ingabire Victoire Umuhoza mu gusaba u Rwanda kurekura umubyeyi...

IZIHERUKA

Hakozwe operasiyo yo gufata umugabo ukewaho gucuruza ku rwego rwo hejuru ibiyobyabwenge
MU RWANDA

Hakozwe operasiyo yo gufata umugabo ukewaho gucuruza ku rwego rwo hejuru ibiyobyabwenge

by radiotv10
29/01/2026
0

Umunyamakuru Maurice yavuze aho yamenyeye ko yahawe inshingano na Guverinoma y’u Rwanda n’ibyakurikiyeho

Umunyamakuru Maurice yavuze aho yamenyeye ko yahawe inshingano na Guverinoma y’u Rwanda n’ibyakurikiyeho

29/01/2026
Hatanzwe umucyo ku cyari kigamijwe haba inama yahuje Perezida Kagame na Tshisekedi i Doha

Eng.-Minister Nduhungirehe reminds the European Parliament it has no jurisdiction over Rwanda

29/01/2026
Uwashyize ubutumwa ku mbuga nkoranyambaga bwumvikanyemo ubwishongozi yazanye ubundi asubiza ababutanzeho ibitekerezo

Uwashyize ubutumwa ku mbuga nkoranyambaga bwumvikanyemo ubwishongozi yazanye ubundi asubiza ababutanzeho ibitekerezo

29/01/2026
Min.Nduhungirehe yagize icyo yibutsa Inteko y’u Burayi yongeye kwinjira mu by’Umunyapolitiki Ingabire Victoire

Min.Nduhungirehe yagize icyo yibutsa Inteko y’u Burayi yongeye kwinjira mu by’Umunyapolitiki Ingabire Victoire

29/01/2026
Igisubizo Iran ihaye America nyuma y’ibyo yise ibikangisho ikomeje kuyishyiraho

Igisubizo Iran ihaye America nyuma y’ibyo yise ibikangisho ikomeje kuyishyiraho

29/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
America yahawe umuburo n’Igihugu iherutse na yo gukanga

America yahawe umuburo n'Igihugu iherutse na yo gukanga

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Hakozwe operasiyo yo gufata umugabo ukewaho gucuruza ku rwego rwo hejuru ibiyobyabwenge

Umunyamakuru Maurice yavuze aho yamenyeye ko yahawe inshingano na Guverinoma y’u Rwanda n’ibyakurikiyeho

Eng.-Minister Nduhungirehe reminds the European Parliament it has no jurisdiction over Rwanda

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.