• My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English
Tuesday, June 2, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Urukiko rwasanze hari impamvu zikomeye zituma Mukase wa Akeza akekwaho uruhare mu rupfu rwe

radiotv10by radiotv10
03/02/2022
in MU RWANDA
0
Ubushinjacyaha bwasobanuye ibyatangajwe n’abatangabuhamya bashinja Mukase wa Akeza kumwivugana
Share on FacebookShare on Twitter

Mukanzabarushimana Marie Chantal yafatiwe icyemezo cyo gufungwa by’agateganyo iminsi 30 nyuma y’uko Urukiko rusanze hari impamvu zikomeye zituma akekwaho kugira uruhare mu rupfu rwa Akeza Rutiyomba Elsie yari abereye Mukase.

Urukiko rw’Ibanze rwa Kicukiro rwaburanishje urubanza rw’ifunga n’ifungurwa by’agateganyo kuri uyu Mukanzabarushimana Marie Chantal, rwasomye umwanzuro warwo kuri uyu wa Gatatu tariki 02 Gashyantare 2022, rwemeza ko ibyagezweho mu iperereza ry’ibanze bigize impamvu zikomeye zituma uregwa akekwaho gukora iki cyaha.

Mu iburanisha ryabaye mu cyumweru gishize tariki 27 Mutarama 2022, Ubushinjacyaha bwari bwabwiye Urukiko ko ibyagezweho mu iperereza ry’ibanze bigize impamvu zikomeye zituma uyu Mukase wa Akeza akekwaho kugira uruhare mu rupfu rwe.

Ubushinjacyaha bwavugaga ko Mukanzabarushimana Marie Chantal aramutse afunguwe bishobora guhungabanya ababyeyi ba nyakwigendera ndetse n’abamukunda, bwasabye Urukiko gufata icyemezo cyo kumufunga by’agateganyo.

Ubwo Ubushinjacyaha bwasobanuraga ibyagezweho mu iperereza ry’ibanze, bwavuze ko uyu Mukanzabarushimana Marie Chantal yatumye umukozi wabo [ubu banakurikiranywe hamwe] ahantu henshi kugira ngo atinde ashaka gukora umugambi we.

Bwavuze ko ubwo uyu mukozi yari ahinduye, yabisikanye na nyirabuja kuko umwe yinjiye mu rugo undi asohoka ku buryo bikekwa ko yari amaze kurangiza umugambi we ashaka kuwuhisha.

Ubushinjacyaha kandi bwavuze ko inkweto za nyakwigendera zasanzwe imbere y’icyumba cya Mukanzabarushimana Marie Chantal aho gusangwa ku kidomoro cyasanzwemo akeza yapfuye.

Bwanavuze ko hari abatangabuhamya bavuze ko Mukanzabarushimana yari asanzwe yanga Akeza kubera ko yuzuraga na Se cyane bityo ko yari afite impungenge z’uko azatuma asubirana na nyina.

Uregwa we yahakanye icyaha cyo kwica Akeza yari abereye Mukase, akavuga ko ibyo kuba umukozi yatumye yaratinze na we atazi impamvu yatumye atinda.

Mukanzabarushimana kandi yavuze ko yari asanzwe akunda Akeza kuko yashakanye na Se abizi neza ko afite uwo mwana bityo ko atatinyuka kumwica.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

four × two =

Previous Post

IFOTO: Aba babyeyi beza bagaragaza isano dufitanye-Muhoozi yongeye guhamya ubumwe bw’u Rwanda na Uganda

Next Post

Gisagara: Hari ababyeyi bacyumva ko urangije ‘Primaire’ aba asoje amashuri

Related Posts

Gisagara: Abaturage bibukijwe impamvu kurandura inzoga z’inkorano bakwiye kubigiramo uruhare rufatika

Gisagara: Abaturage bibukijwe impamvu kurandura inzoga z’inkorano bakwiye kubigiramo uruhare rufatika

by radiotv10
02/06/2026
0

Polisi y’u Rwanda ikorera mu Ntara y’Amajyepfo yasabye abaturage bo mu Murenge wa Save, Akarere ka Gisagara, kugira uruhare rufatika...

Abamotari bakoresha moto za Spiro mu Rwanda bagarukanye ikindi kibazo kibaremereye

Abamotari bakoresha moto za Spiro mu Rwanda bagarukanye ikindi kibazo kibaremereye

by radiotv10
02/06/2026
0

Bamwe mu batwara moto zikoresha amashanyarazi za Spiro baravuga ko bafite ikibazo gikomeye kuko ngo bari kujya aho bahinduriza bateri...

Abagore bashinjwa amarozi bafatanywe ibirimo amazirantoki n’umusaraba

Abagore bashinjwa amarozi bafatanywe ibirimo amazirantoki n’umusaraba

by radiotv10
02/06/2026
0

Abagore babiri bakekwaho kurogera abaturanyi babo mu Murenge wa Karangazi mu Karere ka Nyagatare, babafatanywe ibyo bakekwaho gukoresha mu burozi...

How people stay financially stable

How people stay financially stable

by radiotv10
02/06/2026
0

Have you ever wondered how some people always seem financially comfortable? They rarely appear stressed about money, they handle unexpected...

Eng.-Rwanda begins presenting evidence in case against the United Kingdom

Hatangajwe icyemezo ku kirego u Rwanda rwari rwarezemo u Bwongereza rubwishyuza miliyari 100Frw

by radiotv10
01/06/2026
0

Urukiko Ruhoraho Nkemurampaka rwatangaje ko Guverinoma y’u Rwanda itazishyurwa miliyoni £50 (arenga miliyari 100 Frw) mu kirego yari yarezemo iy’u...

Next Post
Gisagara: Hari ababyeyi bacyumva ko urangije ‘Primaire’ aba asoje amashuri

Gisagara: Hari ababyeyi bacyumva ko urangije 'Primaire' aba asoje amashuri

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English

Latest News

Gisagara: Abaturage bibukijwe impamvu kurandura inzoga z’inkorano bakwiye kubigiramo uruhare rufatika

Gukoresha ikiyobyabwenge cy’urumogi, kugonga umukunzi we: Ibyavugiwe mu rubanza ruregwamo umuhanzi Yampano

Abamotari bakoresha moto za Spiro mu Rwanda bagarukanye ikindi kibazo kibaremereye

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English

Copyright © 2024 RadioTv10.