Saturday, January 10, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Urukingo rwa kane rwa COVID rwatangiye kubuza abantu serivisi zimwe, RBC yo irabivuga ukundi

radiotv10by radiotv10
15/08/2022
in MU RWANDA
0
Urukingo rwa kane rwa COVID rwatangiye kubuza abantu serivisi zimwe, RBC yo irabivuga ukundi
Share on FacebookShare on Twitter

Abagejeje igihe cyo guhabwa doze ya kabiri y’ishimangira y’urukingo rwa COVID-19, bakaba batararuhabwa, batangiye gukomwa kuri serivisi zimwe na zimwe nko kwinjira ahategerwa imodoka, mu gihe RBC yo ivuga ko kugeza ubu iyi doze ireba abakuze.

Kuri iki Cyumweru tariki 14 Kanama 2022, ahategerwa imodoka zitwara abantu mu buryo bwa rusange [Gare] ibintu byari byahinduye isura, aho abahinjiraga bose babanzaga kwerekana niba barikingije COVID-19.

Abamaze ameiz ane barikingije doze ya mbere y’ishimangira bakaba bujuje amezi ane, babuzwaga kwinjira bagasabwa kubanza kwikingiza cyangwa bagasubirayo.

Umwe mu bahuye n’iki kibazo muri Gare ya Nyanza ya Kicukiro, yavuze ko atari azi ko urwo rukingo na rwo rwamaze kuba itegeko.

Yagize ati “Nazindutse nk’ibisanzwe nigiriye muri gahunda zanjye, mpageze mbona abantu batonze umurongo bamwe bijujuta babujijwe kwinjira, nanjye mpageze bambaza igihe nikingirije ndabereka, biba ngombwa ko tuguma hanze.”

Hari n’uwaje muri iyi Gare aturutse mu Mujyi rwagati, ahageze basanga atarahawe urwo rukingo, bahita bamusaba kurwikingiza kugira ngo akomeze urugendo.

Ibi kandi ni na ko byari bimeze muri Gare yo mu Mujyi, aho urubyiruko rw’abakorerabushake rwabanzaga kubaza buri wese wayizagamo niba yarikingije basanga yujuje amezi ane ahawe doze ya kabiri y’ishimangira, basanga ayujuje agaterwa iya kabiri cyangwa yaba atabishaka agasubirayo.

Ikigo cy’Igihugu cy’Ubuzima RBC, cyo cyatangaje ko iyi gahunda yo guhabwa doze ya kabiri y’ishimangira ireba abakuze gusa.

Mu itangazo ubuyobozi bw’iki kigo bwanyujije kuri Twitter, bugira buti “Doze ya 2 ishimangira y’urukingo rwa COVID-19 ubu iri guhabwa abakuze bafite kuva ku myaka 60 kuzamura ndetse n’abarwaye indwara zidakira bafite kuva ku myaka 50 kuzamura.”

Iyi gahunda yo gutanga doze ya kabiri y’urukingo rw’ishimangira, yatangiye ku wa Mbere tariki ya 08 Kanama 2022.

Umunyamabanga wa Leta muri Minisiteri y’Ubuzima ushinzwe Ubuvuzi bw’Ibanze, Dr. Mpunga Tharcisse ubwo yagaragazaga impamvu y’igi gahunda, yavuze ko virusi itera iyi ndwara yagiye yihinduranya ku buryo ababamaze igihe runaka bakingiwe bagenda batakaza ubudahangarwa kuri izo virus nshya zigenda zivuka.

Hari abahise bakeka ko uko iyi virusi izagenda yihinduranya bishobora kuzajya bituma haza urundi rukingo rwayo kugira ngo abantu bakomeze bagire ubudahangarwa kuri yo.

Gusa Dr Mpunga Tharcisse yabamaze impungenge agira ati “Ubushakashatsi buri gukorwa muri ibi bigo bikora izi nkingo, dufite icyizere ko mu minsi iri imbere, mu mezi macye cyane hazasohoka urukingo rushya ruzaba rukomatanya izi virusi zagiye zivuka, tukaba dufite icyizere ko ruzatanga amahirwe yo kuba abantu bakingirwa igihe kirekire batagumye gufata urukingo rwa buri mezi ane.”

Imibare yasohowe na Minisiteri y’Ubuzima kuri iki Cyumweru tariki 14 Kanama 2022, igaragaza ko kugeza ubu abamaze guhabwa ya kabiri ishimangira ari 68 002 mu gihe abamaze guhabwa doze ya mbere y’ishimangira ari 5 391 772.

Naho abahawe doze ebyiri ni 8 900 742 mu gihe abahawe doze imwe kugeza ubu ari 9 158 928.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

19 − 1 =

Previous Post

Sinjye uzarota ngarutse- Ikirangirire Lewis Hamilton yagaragaje ko u Rwanda rwamunuriye bihebuje

Next Post

Abarimo ibyamamare bakomeje gufata mu mugongo umuhanzi Meddy wapfushije umubyeyi

Related Posts

Needs vs Wants: How to Tell the Difference in Daily Life

Needs vs Wants: How to Tell the Difference in Daily Life

by radiotv10
10/01/2026
0

Many people struggle with money not because they earn too little, but because they confuse needs with wants. Understanding the...

Bahawe miliyoni 3Frw bigirwa umushinga wabakura mu bukene ariko ibyakurikiyeho sibyo bari biteze

Bahawe miliyoni 3Frw bigirwa umushinga wabakura mu bukene ariko ibyakurikiyeho sibyo bari biteze

by radiotv10
10/01/2026
0

Bamwe mu bakecuru batishoboye bo mu Murenge wa Tumba mu Karere ka Huye, bibumbiye mu itsinda ryo kwikura mu bukene,...

Key points to know about Rwanda’s new Road Traffic Law

Key points to know about Rwanda’s new Road Traffic Law

by radiotv10
09/01/2026
0

Road safety remains a major public concern in Rwanda, especially as the number of vehicles continues to increase. In response...

VIDEO: Umuvugizi wa Polisi y’u Rwanda yagaragaye anyonga igare ry’abanyonzi

VIDEO: Umuvugizi wa Polisi y’u Rwanda yagaragaye anyonga igare ry’abanyonzi

by radiotv10
09/01/2026
0

Abatwara amagare na bo bari mu barebwa n’ubukangurambaga bugamije kurwanya impanuka zo mu muhanda. Ni ubutumwa abantu bakwiye gukura mu...

Inkuru mbi yatashye mu miryango y’abagabo babiri baguwe gitumo nyuma yo kwiba amatungo

Inkuru mbi yatashye mu miryango y’abagabo babiri baguwe gitumo nyuma yo kwiba amatungo

by radiotv10
09/01/2026
0

Ubushyamirane bwabaye hagati y’abakekwaho kwiba ihene, n’abari bazibwe mu Murenge wa Kigoma mu Karere ka Nyanza, bwaguyemo babiri bakekwagaho kuba...

IZIHERUKA

Needs vs Wants: How to Tell the Difference in Daily Life
IMIBEREHO MYIZA

Needs vs Wants: How to Tell the Difference in Daily Life

by radiotv10
10/01/2026
0

Bahawe miliyoni 3Frw bigirwa umushinga wabakura mu bukene ariko ibyakurikiyeho sibyo bari biteze

Bahawe miliyoni 3Frw bigirwa umushinga wabakura mu bukene ariko ibyakurikiyeho sibyo bari biteze

10/01/2026
Why Walking Is One of the Most Underrated Exercises

Why Walking Is One of the Most Underrated Exercises

10/01/2026
Umutoza wa Rayon atanze ubutumwa butanga icyizere ku bakunzi bayo

Umutoza wa Rayon atanze ubutumwa butanga icyizere ku bakunzi bayo

09/01/2026
Eng.-AFC/M23 decides to withdraw from Uvira City after holding it for a few days

Eng.-AFC/M23 Reportedly Reinforcing Its Presence in a Certain Area

09/01/2026
Key points to know about Rwanda’s new Road Traffic Law

Key points to know about Rwanda’s new Road Traffic Law

09/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Abarimo ibyamamare bakomeje gufata mu mugongo umuhanzi Meddy wapfushije umubyeyi

Abarimo ibyamamare bakomeje gufata mu mugongo umuhanzi Meddy wapfushije umubyeyi

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Needs vs Wants: How to Tell the Difference in Daily Life

Bahawe miliyoni 3Frw bigirwa umushinga wabakura mu bukene ariko ibyakurikiyeho sibyo bari biteze

Why Walking Is One of the Most Underrated Exercises

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.