Wednesday, December 31, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

USA: Trump yamaze kugeza Guverinoma mu nkiko

radiotv10by radiotv10
23/08/2022
in MU RWANDA
0
USA: Trump yamaze kugeza Guverinoma mu nkiko
Share on FacebookShare on Twitter

Donald Trump wabaye Perezida wa Leta Zunze Ubumwe za America, yamaze gutanga ikirego kuri Guverinoma y’iki Gihugu nyuma yuko FBI igiye gusaka urugo rwe rwa Mar-a-Lago.

Iki kirego cyatanzwe kuri uyu wa Mbere, gisaba ko ibiro by’Urwego rwushinzwe iperereza imbere muri USA (FBI), bihagarika ibikorwa byo gusoma inyandiko zafariwe iwe kugeza igihe urukiko ruzashyiriraho ugomba kuzisoma.

Umwe mu banyamategeko ba Trump ndetse n’abantu babiri bo mu muryango w’uyu mugabo, babwiye The Guardian ko “iki kirego gisaba Urukiko gushyiraho umunyamategeko udasanzwe nk’Umucamanza uri mu kiruhuko kuko FBI yatwaye ibikoresho bifite agaciro mu isaka ryayo kandi Ishami ry’ubutabera rikaba ari ryo rifite ubufasha bwo kwemeza ibyo bukoresha mu iperereza.”

Iki kirego cyatanzwe mu rukiko rwo ku rwego rw’Akarere mu Karere k’Amajyepfo ya Florida, kinasaba ko Guverinoma ikwiye gutanga ibisobanuro ku bikoresho byafatiriwe kandi igasubiza bimwe mu byafatiriwe bitari mu byagombaga gukorwaho iperereza.

Iri saka ryabaye ku rugo rwa Trump tariki 08 Kanama 2022, rigamije kureba inyandiko z’ibanga rikomeye ry’Igihugu Trump yaba yarakuye mu biro by’umukuru w’Igihugu.

Abakozi ba FBI bagiye gukora iris aka, bakuye kwa Trump ubwoko 11 bw’inyandiko, burimo ubushobora kuba ari amabanga akomeye ashobora kugira ingaruka zikomeye ku mutekano wa USA.

Trump wamaganye iki gikorwa cy’isaka we yise, igitero yagabwego na FBI, icyo gihe yahise avuga ko “urugo rwanjye rwiza rwigaruriwe n’igitero cya FBI.”

Muri 2020 ubwo Trump yatsindwaga na Joe Biden uyoboye Leta Zunze Ubumwe za America ubu, yanze ko bakorana ihererekanyabubasha kuko yamushinjaga kumwiba amajwi ndetse bituma anava muri White House mbere yuko Biden aza mu gihe bagombaga kubisikana, umwe akinjira undi asohoka.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

one + one =

Previous Post

Umuyobozi Wungirije wa NISR ni we wabaruye kwa Minisitiri w’Intebe Ngirente

Next Post

Kenya: Undi wari ukuriye amatora mu Karere yapfuye amarabira

Related Posts

Moving Alone? 8 Simple Tips to Make the Process Easier

Moving Alone? 8 Simple Tips to Make the Process Easier

by radiotv10
31/12/2025
0

Moving to a new place can feel overwhelming, especially when you’re doing it by yourself. From packing your things to...

Minisitiri Nduhungirehe yahishuye icyihishe inyuma y’ihagarikwa ry’uwari Umuvugizi w’Igisirikare cya Congo

Minisitiri Nduhungirehe yahishuye icyihishe inyuma y’ihagarikwa ry’uwari Umuvugizi w’Igisirikare cya Congo

by radiotv10
31/12/2025
0

Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga n’Ubutwererane w’u Rwanda, Olivier Nduhungirehe, avuga ko ihagarikwa rya Général Major Sylvain Ekenge ku mwanya w’Umuvugizi w’Igisirikare...

Ibisobanuro by’umunyamategeko ukurikiranyweho gusambanya umwana arusha imyaka 59

Umunyamategeko waregwaga gusambanya umukobwa waburanye mu rubanza rwigeze kurangwa n’impaka yafatiwe icyemezo

by radiotv10
31/12/2025
0

Umunyamategeko wunganira abandi mu manza waburanishwaga n'Urukiko Rwisumbuye rwa Muhanga ku cyaha cyo gusambanya umwana w'umukobwa w'imyaka 15, yagihamijwe akatirwa...

Hari abafashwe mu iperereza ku bantu bane bapfuye nyuma yo gusangira inzoga

Hari abafashwe mu iperereza ku bantu bane bapfuye nyuma yo gusangira inzoga

by radiotv10
31/12/2025
0

Abantu babiri batawe muri yombi bakekwaho kugira uruhare mu rupfu rw’abantu bane bo mu Murenge wa Rukoma mu Karere ka...

Min.Nduhungirehe yagaye Umunyekongo uzwi ku rwego mpuzamahanga wirengagije iby’ingenzi mu makuru yatangaje

Eng.-Rwanda’s Foreign Minister says FARDC spokesperson’s suspension was driven by Western pressure

by radiotv10
31/12/2025
0

The Minister of Foreign Affairs and International Cooperation of Rwanda, Olivier Nduhungirehe, says that the suspension of Major General Sylvain...

IZIHERUKA

Moving Alone? 8 Simple Tips to Make the Process Easier
MU RWANDA

Moving Alone? 8 Simple Tips to Make the Process Easier

by radiotv10
31/12/2025
0

Ubutumwa bw’impanuro bw’Umupfumu Rutangarwamaboko yageneye Pamella umugore wa The Ben

Ubutumwa bw’impanuro bw’Umupfumu Rutangarwamaboko yageneye Pamella umugore wa The Ben

31/12/2025
Ibihugu bibiri bya Afurika biyobowe n’Igisirikare bishobora gufatira America icyemezo nk’ibyo yabifatiye

Ibihugu bibiri bya Afurika biyobowe n’Igisirikare bishobora gufatira America icyemezo nk’ibyo yabifatiye

31/12/2025
Minisitiri Nduhungirehe yahishuye icyihishe inyuma y’ihagarikwa ry’uwari Umuvugizi w’Igisirikare cya Congo

Minisitiri Nduhungirehe yahishuye icyihishe inyuma y’ihagarikwa ry’uwari Umuvugizi w’Igisirikare cya Congo

31/12/2025
Ibisobanuro by’umunyamategeko ukurikiranyweho gusambanya umwana arusha imyaka 59

Umunyamategeko waregwaga gusambanya umukobwa waburanye mu rubanza rwigeze kurangwa n’impaka yafatiwe icyemezo

31/12/2025
Hamenyekanye aho kurangiriza umwaka no gutangirira umushya uri mu byishimo muri Kigali

Hamenyekanye aho kurangiriza umwaka no gutangirira umushya uri mu byishimo muri Kigali

31/12/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Kenya: Undi wari ukuriye amatora mu Karere yapfuye amarabira

Kenya: Undi wari ukuriye amatora mu Karere yapfuye amarabira

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Moving Alone? 8 Simple Tips to Make the Process Easier

Ubutumwa bw’impanuro bw’Umupfumu Rutangarwamaboko yageneye Pamella umugore wa The Ben

Ibihugu bibiri bya Afurika biyobowe n’Igisirikare bishobora gufatira America icyemezo nk’ibyo yabifatiye

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.