Thursday, December 25, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

USA: Trump yamaze kugeza Guverinoma mu nkiko

radiotv10by radiotv10
23/08/2022
in MU RWANDA
0
USA: Trump yamaze kugeza Guverinoma mu nkiko
Share on FacebookShare on Twitter

Donald Trump wabaye Perezida wa Leta Zunze Ubumwe za America, yamaze gutanga ikirego kuri Guverinoma y’iki Gihugu nyuma yuko FBI igiye gusaka urugo rwe rwa Mar-a-Lago.

Iki kirego cyatanzwe kuri uyu wa Mbere, gisaba ko ibiro by’Urwego rwushinzwe iperereza imbere muri USA (FBI), bihagarika ibikorwa byo gusoma inyandiko zafariwe iwe kugeza igihe urukiko ruzashyiriraho ugomba kuzisoma.

Umwe mu banyamategeko ba Trump ndetse n’abantu babiri bo mu muryango w’uyu mugabo, babwiye The Guardian ko “iki kirego gisaba Urukiko gushyiraho umunyamategeko udasanzwe nk’Umucamanza uri mu kiruhuko kuko FBI yatwaye ibikoresho bifite agaciro mu isaka ryayo kandi Ishami ry’ubutabera rikaba ari ryo rifite ubufasha bwo kwemeza ibyo bukoresha mu iperereza.”

Iki kirego cyatanzwe mu rukiko rwo ku rwego rw’Akarere mu Karere k’Amajyepfo ya Florida, kinasaba ko Guverinoma ikwiye gutanga ibisobanuro ku bikoresho byafatiriwe kandi igasubiza bimwe mu byafatiriwe bitari mu byagombaga gukorwaho iperereza.

Iri saka ryabaye ku rugo rwa Trump tariki 08 Kanama 2022, rigamije kureba inyandiko z’ibanga rikomeye ry’Igihugu Trump yaba yarakuye mu biro by’umukuru w’Igihugu.

Abakozi ba FBI bagiye gukora iris aka, bakuye kwa Trump ubwoko 11 bw’inyandiko, burimo ubushobora kuba ari amabanga akomeye ashobora kugira ingaruka zikomeye ku mutekano wa USA.

Trump wamaganye iki gikorwa cy’isaka we yise, igitero yagabwego na FBI, icyo gihe yahise avuga ko “urugo rwanjye rwiza rwigaruriwe n’igitero cya FBI.”

Muri 2020 ubwo Trump yatsindwaga na Joe Biden uyoboye Leta Zunze Ubumwe za America ubu, yanze ko bakorana ihererekanyabubasha kuko yamushinjaga kumwiba amajwi ndetse bituma anava muri White House mbere yuko Biden aza mu gihe bagombaga kubisikana, umwe akinjira undi asohoka.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

four × 5 =

Previous Post

Umuyobozi Wungirije wa NISR ni we wabaruye kwa Minisitiri w’Intebe Ngirente

Next Post

Kenya: Undi wari ukuriye amatora mu Karere yapfuye amarabira

Related Posts

Umusaza utari umeranye neza n’ab’iwe yasanzwe mu nzu yapfuye batanu bo muri urwo rugo batabwa muri yombi

Umusaza utari umeranye neza n’ab’iwe yasanzwe mu nzu yapfuye batanu bo muri urwo rugo batabwa muri yombi

by radiotv10
25/12/2025
0

Mushinzimana Stanislas warutuye mu kagari ka Murambi mu murenge wa Nyakarenzo wari warezwe n’umugore batari babanye neza yasanzwe mu cyumba...

Abagabo babiri bafashwe bakora rwihishwa inzoga na bo ubwabo badashobora gusomaho

Abagabo babiri bafashwe bakora rwihishwa inzoga na bo ubwabo badashobora gusomaho

by radiotv10
25/12/2025
0

Polisi ikorera mu Karere ka Musanze yafashe abagabo babiri bari barashinze uruganda rukora inzoga zitujuje ubuziranenge, izwi nka ‘Muriture’, bari...

Abagabo babiri bafashwe bakora rwihishwa inzoga na bo ubwabo badashobora gusomaho

Why Celebrating Christmas Is a Big Thing All Over the World

by radiotv10
24/12/2025
0

Every year in December, something powerful happens across the world. Airports fill up, buses travel overnight, roads become crowded, and...

Habaye indi mpanuka ikomeye na yo y’ikamyo

Habaye indi mpanuka ikomeye na yo y’ikamyo

by radiotv10
24/12/2025
0

Mu Murenge wa Ruharambuga mu Karere ka Nyamasheke, habereye impanuka y’imodoka y’ikamyo yari ipakiye Sima, yaguye mu manga, ariko ntiyagira...

Living With Parents as a Young Adult: Benefits, Tensions and the Unspoken Rules

Living With Parents as a Young Adult: Benefits, Tensions and the Unspoken Rules

by radiotv10
24/12/2025
0

For many young adults in Kigali and across Rwanda, living with parents after university or in the early years of...

IZIHERUKA

Impamvu yatumye Inteko Rusange ya Kiyovu Sports isubikwa bitunguranye
FOOTBALL

Impamvu yatumye Inteko Rusange ya Kiyovu Sports isubikwa bitunguranye

by radiotv10
25/12/2025
0

Ibyari isengesho muri Nigeria byahindutse amarira mu kanya nk’ako guhumbya

Ibyari isengesho muri Nigeria byahindutse amarira mu kanya nk’ako guhumbya

25/12/2025
Hamenyekanye iherezo ry’umusirikare w’Umwofisiye mu gisirikare cy’u Burundi warasiwe ku rugamba na AFC/M23

Hamenyekanye iherezo ry’umusirikare w’Umwofisiye mu gisirikare cy’u Burundi warasiwe ku rugamba na AFC/M23

25/12/2025
Umusaza utari umeranye neza n’ab’iwe yasanzwe mu nzu yapfuye batanu bo muri urwo rugo batabwa muri yombi

Umusaza utari umeranye neza n’ab’iwe yasanzwe mu nzu yapfuye batanu bo muri urwo rugo batabwa muri yombi

25/12/2025
Abagabo babiri bafashwe bakora rwihishwa inzoga na bo ubwabo badashobora gusomaho

Abagabo babiri bafashwe bakora rwihishwa inzoga na bo ubwabo badashobora gusomaho

25/12/2025
Abagabo babiri bafashwe bakora rwihishwa inzoga na bo ubwabo badashobora gusomaho

Why Celebrating Christmas Is a Big Thing All Over the World

24/12/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Kenya: Undi wari ukuriye amatora mu Karere yapfuye amarabira

Kenya: Undi wari ukuriye amatora mu Karere yapfuye amarabira

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Impamvu yatumye Inteko Rusange ya Kiyovu Sports isubikwa bitunguranye

Ibyari isengesho muri Nigeria byahindutse amarira mu kanya nk’ako guhumbya

Hamenyekanye iherezo ry’umusirikare w’Umwofisiye mu gisirikare cy’u Burundi warasiwe ku rugamba na AFC/M23

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.