Saturday, January 17, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

USA: Trump yamaze kugeza Guverinoma mu nkiko

radiotv10by radiotv10
23/08/2022
in MU RWANDA
0
USA: Trump yamaze kugeza Guverinoma mu nkiko
Share on FacebookShare on Twitter

Donald Trump wabaye Perezida wa Leta Zunze Ubumwe za America, yamaze gutanga ikirego kuri Guverinoma y’iki Gihugu nyuma yuko FBI igiye gusaka urugo rwe rwa Mar-a-Lago.

Iki kirego cyatanzwe kuri uyu wa Mbere, gisaba ko ibiro by’Urwego rwushinzwe iperereza imbere muri USA (FBI), bihagarika ibikorwa byo gusoma inyandiko zafariwe iwe kugeza igihe urukiko ruzashyiriraho ugomba kuzisoma.

Umwe mu banyamategeko ba Trump ndetse n’abantu babiri bo mu muryango w’uyu mugabo, babwiye The Guardian ko “iki kirego gisaba Urukiko gushyiraho umunyamategeko udasanzwe nk’Umucamanza uri mu kiruhuko kuko FBI yatwaye ibikoresho bifite agaciro mu isaka ryayo kandi Ishami ry’ubutabera rikaba ari ryo rifite ubufasha bwo kwemeza ibyo bukoresha mu iperereza.”

Iki kirego cyatanzwe mu rukiko rwo ku rwego rw’Akarere mu Karere k’Amajyepfo ya Florida, kinasaba ko Guverinoma ikwiye gutanga ibisobanuro ku bikoresho byafatiriwe kandi igasubiza bimwe mu byafatiriwe bitari mu byagombaga gukorwaho iperereza.

Iri saka ryabaye ku rugo rwa Trump tariki 08 Kanama 2022, rigamije kureba inyandiko z’ibanga rikomeye ry’Igihugu Trump yaba yarakuye mu biro by’umukuru w’Igihugu.

Abakozi ba FBI bagiye gukora iris aka, bakuye kwa Trump ubwoko 11 bw’inyandiko, burimo ubushobora kuba ari amabanga akomeye ashobora kugira ingaruka zikomeye ku mutekano wa USA.

Trump wamaganye iki gikorwa cy’isaka we yise, igitero yagabwego na FBI, icyo gihe yahise avuga ko “urugo rwanjye rwiza rwigaruriwe n’igitero cya FBI.”

Muri 2020 ubwo Trump yatsindwaga na Joe Biden uyoboye Leta Zunze Ubumwe za America ubu, yanze ko bakorana ihererekanyabubasha kuko yamushinjaga kumwiba amajwi ndetse bituma anava muri White House mbere yuko Biden aza mu gihe bagombaga kubisikana, umwe akinjira undi asohoka.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

sixteen − 16 =

Previous Post

Umuyobozi Wungirije wa NISR ni we wabaruye kwa Minisitiri w’Intebe Ngirente

Next Post

Kenya: Undi wari ukuriye amatora mu Karere yapfuye amarabira

Related Posts

What Dehydration Does to the Body (Beyond Thirst)

What Dehydration Does to the Body (Beyond Thirst)

by radiotv10
17/01/2026
0

When people think about dehydration, they often imagine one thing: feeling thirsty. While thirst is an early warning sign, dehydration...

Kaminuza y’u Rwanda iravugwaho ubuhemu n’abo yari yagobotse ikaza kwisubira ibatunguye

Kaminuza y’u Rwanda iravugwaho ubuhemu n’abo yari yagobotse ikaza kwisubira ibatunguye

by radiotv10
17/01/2026
0

Bamwe mu baturage bahingaga mu butaka bari baratijwe na Kaminuza y’u Rwanda, ishami rya Huye, baravuga ko batangajwe no kubona...

Stepping in Rwandan Heroes’ Footsteps: A lesson Gen Z should always keep in mind

Stepping in Rwandan Heroes’ Footsteps: A lesson Gen Z should always keep in mind

by radiotv10
17/01/2026
0

Rwanda today stands as a peaceful, united, and hopeful nation. For many young people, especially Gen Z, this peace feels...

Ahakekwaho kuba haraturutse igisasu cyaturikanye abana batatu bavukana b’i Gicumbi

Hasobanuwe iby’igisasu cyabonetse hafi y’ishuri mu Mujyi wa Kigali

by radiotv10
16/01/2026
0

Polisi y’u Rwanda yemeje ko mu murima uri hafi y’Ishuri ryo mu Murenge wa Rutunga mu Karere ka Gasabo, habonetse...

Hamenyekanye Igihugu cya mbere muri Afurika kigiye gutangira gukoreshwamo urukingo rwa SIDA

Iby’ingenzi wamenya ku muti urinda abantu kwandura SIDA byemejwe ko ugiye gutangira gukoreshwa mu Rwanda

by radiotv10
16/01/2026
0

Umuti wa Lenacapavir ushobora gufasha umuntu wawutewe kutandura Virusi itera SIDA mu gihe cy’amezi atandatu, uzatangira gutangwa mu Rwanda muri...

IZIHERUKA

What Dehydration Does to the Body (Beyond Thirst)
MU RWANDA

What Dehydration Does to the Body (Beyond Thirst)

by radiotv10
17/01/2026
0

Kaminuza y’u Rwanda iravugwaho ubuhemu n’abo yari yagobotse ikaza kwisubira ibatunguye

Kaminuza y’u Rwanda iravugwaho ubuhemu n’abo yari yagobotse ikaza kwisubira ibatunguye

17/01/2026
Stepping in Rwandan Heroes’ Footsteps: A lesson Gen Z should always keep in mind

Stepping in Rwandan Heroes’ Footsteps: A lesson Gen Z should always keep in mind

17/01/2026
Hatagize igihinduka abakinnyi batatu bafite amazina akomeye mu Rwanda bagiye kugaragara mu bururu n’umweru

Hatagize igihinduka abakinnyi batatu bafite amazina akomeye mu Rwanda bagiye kugaragara mu bururu n’umweru

16/01/2026
Ahakekwaho kuba haraturutse igisasu cyaturikanye abana batatu bavukana b’i Gicumbi

Hasobanuwe iby’igisasu cyabonetse hafi y’ishuri mu Mujyi wa Kigali

16/01/2026
Mu mvugo y’urwenya umunyamakuru Angeli Mutabaruka yavuze kuri boss we KNC bakorana bikanyura benshi

Mu mvugo y’urwenya umunyamakuru Angeli Mutabaruka yavuze kuri boss we KNC bakorana bikanyura benshi

16/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Kenya: Undi wari ukuriye amatora mu Karere yapfuye amarabira

Kenya: Undi wari ukuriye amatora mu Karere yapfuye amarabira

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

What Dehydration Does to the Body (Beyond Thirst)

Kaminuza y’u Rwanda iravugwaho ubuhemu n’abo yari yagobotse ikaza kwisubira ibatunguye

Stepping in Rwandan Heroes’ Footsteps: A lesson Gen Z should always keep in mind

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.