Sunday, January 25, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

USA yashyizeho umwihariko ku bazayijyamo baturutse muri Uganda

radiotv10by radiotv10
08/10/2022
in MU RWANDA
0
USA yashyizeho umwihariko ku bazayijyamo baturutse muri Uganda
Share on FacebookShare on Twitter

Leta Zunze Ubumwe za America, zashyizeho ibigo bigomba kubanza kunyuzwamo abagenzi bajya muri iki Gihugu babanje kugera muri Uganda, kugira ngo hakumirwe icyorezo cya Ebola cyagaragaye muri iki Gihugu cy’igituranyi cy’u Rwanda.

Byatangajwe n’ubuyobozi bwa Leta Zunze Ubumwe za America, ko kuva kuri uyu wa Gatanu abantu bajya muri iki Gihugu babanje kunyura muri Uganda mu minsi 21 bagomba kubanza kunyuzwa ku bibuga by’indege bitanu.

Ibyo bibuga by’indege, harimo icya New York, Newark, Atlanta, Chicago na Washington, ahashyizwe site z’ikigo gishinzwe gukumira indwara ndetse na Polisi ishinzwe abinjira n’abasohoka, bari mu bikorwa byo gukumira ko Ebola igera muri USA.

Ikigo gishinzwe kurwanya indwara muri Leta Zunze Ubumwe za America kandi cyatanze umuburo ubuza abaturage bo muri kiriya Gihugu kwitongera kujya muri Uganda kuva Guverinoma y’iki Gihugu yatangaza ko Ebola yagaragaye muri Uganda.

Ku wa Gatatu w’iki cyumweru, muri Uganda hari hamaze kubarwa abantu 63 basanganywe icyorezo cya Ebola mu gihe abo kimaze guhitana bari 29.

Ikigo mpuzamahanga gishinzwe gukumira ibyorezo (CDC), gitangaza ko iki cyorezo cya Ebola kimaze kugaragara mu Turere dutanu two muri Uganda.

CDC kandi yatangaje ko ku kugeza ku wa Kane w’iki cyumweru, “nta muntu n’umwe ukekwaho Ebola wagaragaye muri Leta Zunze Ubumwe za America cyangwa mu kindi Gihugu kitari Uganda.”

Leta Zunze Ubumwe za America zisanzwe zarashyizeho uburyo bwo gukumira Ebola kuva muri 2014 ubwo iki cyorezo cyorekaga imbaga muri Afurika.

Gusa iki cyorezo na cyo kigeze kugera muri Leta Zunze Ubumwe za America kuko higeze kuboneka ku barwayi 11 ndetse babiri bakaba barahitanywe na cyo muri USA.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

18 − 13 =

Previous Post

U Rwanda rugaragaje umuti uri kuvugutwa wo kudakomeza gufungira abantu bose muri Gereza

Next Post

Nyarugenge: Bafatanywe ibilo 30 by’urumogi barupakiye mu mufuka wa sima

Related Posts

Ibivugwa ku biri kugarukwaho cyane by’umusore uba muri America wagongeye mugenzi we muri Kigali agapfa

Ibivugwa ku biri kugarukwaho cyane by’umusore uba muri America wagongeye mugenzi we muri Kigali agapfa

by radiotv10
25/01/2026
0

Umusore witwa Mugisha Gakuba David uba muri Leta Zunze Ubumwe za America, ari mu maboko y’Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha (RIB) akurikiranyweho...

Perezida Kagame yahaye inshingano Abasirikare bakuru babiri barimo uwagizwe Umupilote we

Perezida Kagame yahaye inshingano Abasirikare bakuru babiri barimo uwagizwe Umupilote we

by radiotv10
25/01/2026
0

Perezida Paul Kagame akaba n’Umugaba w’Ikirenga w’Ingabo z’u Rwanda, yahaye inshingano abasirikare babiri barimo Brig Gen Godfrey Gasana, wagizwe Umupilote...

Hahishuwe byinshi byirengagizwa bituma urubyiruko rukomeza gutsikamirwa n’ubushomeri biruturutseho

Hagaragajwe igipimo gishya cy’ubushomeri mu rubyiruko rw’u Rwanda no ku bandi

by radiotv10
24/01/2026
0

Imibare y’Ikigo cy’Igihugu cy’Ibarurishamibare-NISR, igaragaza ko mu gihembwe cya kane cya 2025, ubushomeri mu rubyiruko bwagabanutseho 3% kuko bwageze kuri...

Rubavu: Bashimira uburyo Leta yabatekerejeho ikabunganira ariko n’ubundi barakikoreye umutwaro

Rubavu: Bashimira uburyo Leta yabatekerejeho ikabunganira ariko n’ubundi barakikoreye umutwaro

by radiotv10
24/01/2026
0

Bamwe mu bahinzi bo mu Murenge wa Kanama mu Karere ka Rubavu bavuga ko nubwo bashyiriweho nkunganire ya Leta ku...

Ibiza byaje bibatunguye byashyize imibereho yabo mu ihurizo rikomeye

Ibiza byaje bibatunguye byashyize imibereho yabo mu ihurizo rikomeye

by radiotv10
25/01/2026
0

Abaturage bo mu Murenge wa Save, mu Karere ka Gisagara, baravuga ko bahuye n’ikibazo gikomeye mu buhinzi nyuma yuko urubura...

IZIHERUKA

Ibivugwa ku biri kugarukwaho cyane by’umusore uba muri America wagongeye mugenzi we muri Kigali agapfa
MU RWANDA

Ibivugwa ku biri kugarukwaho cyane by’umusore uba muri America wagongeye mugenzi we muri Kigali agapfa

by radiotv10
25/01/2026
0

Perezida Kagame yahaye inshingano Abasirikare bakuru babiri barimo uwagizwe Umupilote we

Perezida Kagame yahaye inshingano Abasirikare bakuru babiri barimo uwagizwe Umupilote we

25/01/2026
Hahishuwe byinshi byirengagizwa bituma urubyiruko rukomeza gutsikamirwa n’ubushomeri biruturutseho

Hagaragajwe igipimo gishya cy’ubushomeri mu rubyiruko rw’u Rwanda no ku bandi

24/01/2026
Rubavu: Bashimira uburyo Leta yabatekerejeho ikabunganira ariko n’ubundi barakikoreye umutwaro

Rubavu: Bashimira uburyo Leta yabatekerejeho ikabunganira ariko n’ubundi barakikoreye umutwaro

24/01/2026
Ibiza byaje bibatunguye byashyize imibereho yabo mu ihurizo rikomeye

Ibiza byaje bibatunguye byashyize imibereho yabo mu ihurizo rikomeye

25/01/2026
Abanyamakurukazi b’amazina azwi mu Rwanda basangije abantu amafoto bishimira igihe bamaze bakorana

Abanyamakurukazi b’amazina azwi mu Rwanda basangije abantu amafoto bishimira igihe bamaze bakorana

24/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Nyarugenge: Bafatanywe ibilo 30 by’urumogi barupakiye mu mufuka wa sima

Nyarugenge: Bafatanywe ibilo 30 by’urumogi barupakiye mu mufuka wa sima

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Ibivugwa ku biri kugarukwaho cyane by’umusore uba muri America wagongeye mugenzi we muri Kigali agapfa

Perezida Kagame yahaye inshingano Abasirikare bakuru babiri barimo uwagizwe Umupilote we

Hagaragajwe igipimo gishya cy’ubushomeri mu rubyiruko rw’u Rwanda no ku bandi

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.