• My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English
Tuesday, June 2, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

USA yashyizeho umwihariko ku bazayijyamo baturutse muri Uganda

radiotv10by radiotv10
08/10/2022
in MU RWANDA
0
USA yashyizeho umwihariko ku bazayijyamo baturutse muri Uganda
Share on FacebookShare on Twitter

Leta Zunze Ubumwe za America, zashyizeho ibigo bigomba kubanza kunyuzwamo abagenzi bajya muri iki Gihugu babanje kugera muri Uganda, kugira ngo hakumirwe icyorezo cya Ebola cyagaragaye muri iki Gihugu cy’igituranyi cy’u Rwanda.

Byatangajwe n’ubuyobozi bwa Leta Zunze Ubumwe za America, ko kuva kuri uyu wa Gatanu abantu bajya muri iki Gihugu babanje kunyura muri Uganda mu minsi 21 bagomba kubanza kunyuzwa ku bibuga by’indege bitanu.

Ibyo bibuga by’indege, harimo icya New York, Newark, Atlanta, Chicago na Washington, ahashyizwe site z’ikigo gishinzwe gukumira indwara ndetse na Polisi ishinzwe abinjira n’abasohoka, bari mu bikorwa byo gukumira ko Ebola igera muri USA.

Ikigo gishinzwe kurwanya indwara muri Leta Zunze Ubumwe za America kandi cyatanze umuburo ubuza abaturage bo muri kiriya Gihugu kwitongera kujya muri Uganda kuva Guverinoma y’iki Gihugu yatangaza ko Ebola yagaragaye muri Uganda.

Ku wa Gatatu w’iki cyumweru, muri Uganda hari hamaze kubarwa abantu 63 basanganywe icyorezo cya Ebola mu gihe abo kimaze guhitana bari 29.

Ikigo mpuzamahanga gishinzwe gukumira ibyorezo (CDC), gitangaza ko iki cyorezo cya Ebola kimaze kugaragara mu Turere dutanu two muri Uganda.

CDC kandi yatangaje ko ku kugeza ku wa Kane w’iki cyumweru, “nta muntu n’umwe ukekwaho Ebola wagaragaye muri Leta Zunze Ubumwe za America cyangwa mu kindi Gihugu kitari Uganda.”

Leta Zunze Ubumwe za America zisanzwe zarashyizeho uburyo bwo gukumira Ebola kuva muri 2014 ubwo iki cyorezo cyorekaga imbaga muri Afurika.

Gusa iki cyorezo na cyo kigeze kugera muri Leta Zunze Ubumwe za America kuko higeze kuboneka ku barwayi 11 ndetse babiri bakaba barahitanywe na cyo muri USA.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

four × 2 =

Previous Post

U Rwanda rugaragaje umuti uri kuvugutwa wo kudakomeza gufungira abantu bose muri Gereza

Next Post

Nyarugenge: Bafatanywe ibilo 30 by’urumogi barupakiye mu mufuka wa sima

Related Posts

Abamotari bakoresha moto za Spiro mu Rwanda bagarukanye ikindi kibazo kibaremereye

Abamotari bakoresha moto za Spiro mu Rwanda bagarukanye ikindi kibazo kibaremereye

by radiotv10
02/06/2026
0

Bamwe mu batwara moto zikoresha amashanyarazi za Spiro baravuga ko bafite ikibazo gikomeye kuko ngo bari kujya aho bahinduriza bateri...

Abagore bashinjwa amarozi bafatanywe ibirimo amazirantoki n’umusaraba

Abagore bashinjwa amarozi bafatanywe ibirimo amazirantoki n’umusaraba

by radiotv10
02/06/2026
0

Abagore babiri bakekwaho kurogera abaturanyi babo mu Murenge wa Karangazi mu Karere ka Nyagatare, babafatanywe ibyo bakekwaho gukoresha mu burozi...

How people stay financially stable

How people stay financially stable

by radiotv10
02/06/2026
0

Have you ever wondered how some people always seem financially comfortable? They rarely appear stressed about money, they handle unexpected...

Eng.-Rwanda begins presenting evidence in case against the United Kingdom

Hatangajwe icyemezo ku kirego u Rwanda rwari rwarezemo u Bwongereza rubwishyuza miliyari 100Frw

by radiotv10
01/06/2026
0

Urukiko Ruhoraho Nkemurampaka rwatangaje ko Guverinoma y’u Rwanda itazishyurwa miliyoni £50 (arenga miliyari 100 Frw) mu kirego yari yarezemo iy’u...

Rusizi: Uwarokotse Jenoside yahawe inzu n’abo basengana banamuremera butike

Rusizi: Uwarokotse Jenoside yahawe inzu n’abo basengana banamuremera butike

by radiotv10
01/06/2026
0

Nyuma yo kumara igihe aba mu nzu imeze nabi yanatumaga agira impungenge ku mutekano w’umuryango we, Ngonga Yves Maurice wo...

Next Post
Nyarugenge: Bafatanywe ibilo 30 by’urumogi barupakiye mu mufuka wa sima

Nyarugenge: Bafatanywe ibilo 30 by’urumogi barupakiye mu mufuka wa sima

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English

Latest News

Umuhanzikazi France Mpundu nyuma yo kwambikwa impeta yahishuye ko agiye kwibaruka imfura

AFC/M23 iravuga ko igihe kigeze ngo igire icyo ikora kuko ibintu byafashe intera

Abamotari bakoresha moto za Spiro mu Rwanda bagarukanye ikindi kibazo kibaremereye

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English

Copyright © 2024 RadioTv10.