Friday, January 30, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home AMAHANGA

Utavuga rumwe n’ubutegetsi mu Bwongereza yavuze icyo azakora kuri gahunda bufitanye n’u Rwanda naramuka atowe

radiotv10by radiotv10
11/05/2024
in AMAHANGA, POLITIKI
0
Utavuga rumwe n’ubutegetsi mu Bwongereza yavuze icyo azakora kuri gahunda bufitanye n’u Rwanda naramuka atowe
Share on FacebookShare on Twitter

Mu gihe hategerejwe koherezwa mu Rwanda abimukira ba mbere bazaturuka mu Bwongereza, umuyobozi w’Ishyaka riyoboye andi atavuga rumwe n’iriri ku butegetsi muri iki Gihugu cy’i Burayi, yavuze ko natsinda amatora azahita ahagarika aya masezerano.

Impaka kuri aya masezerano y’u Rwanda n’u Bwongereza zirakomeje nubwo ntacyo zishobora guhindura ku cyemezo cy’Inteko Zishingamategeko z’Ibihugu byombi.

Inteko Ishinga Amategeko y’u Bwongereza iherutse kwemeza ko u Rwanda ari Igihugu gitekanye ku bantu bahunze Ibihugu byabo bakerekeza mu Bwongereza mu buryo bunyuranije n’amategeko, kimwe n’Inteko y’u Rwanda na yo yemeje amasezerano y’Ibihugu byombi.

Kugeza ubu inzego zishinzwe umutekano mu Bwongereza zatangiye gushakisha abantu bari ku rutonde rw’abagomba kurizwa indege ya mbere igomba kwerecyeza i Kigali mu Rwanda.

Nubwo hasigaye kumenya umunsi iyi ndege izahaguruka; ishyaka ry’abakozi ritavuga rumwe n’irya Minisitiri w’Intebe Rishi Sunak; riremera ko nta bundi buryo bashobora gukoresha badindiza uyu mugambi, icyakora rivuga ko nirifata ubutegetsi rizahita risesa iyi mikoranire imaze imyaka ibiri ishyiriweho gukemura ikibazo cy’abimukira.

Sir Keir Rodney Starmer uyobora iri shyaka, yagize ati “Ikibazo gihari ni ukwibaza niba aya masezerano ya Minisitiri w’Intebe yagiranye n’u Rwanda ashobora gukemura iki kibazo. Ndatekereza ko atari byo. Sinshidikanya ko indege ziteguye kubajyana, sinshidikanya kandi ko bitazatanga umusaruro. Ibyo ni politike gusa. U Bwongera bushobora gukora ibirenze ibyo. Twe tuzabihindura, tuzashyiraho uburyo bwo kurinda imipaka yacu; hanyuma duhagarike aya masezerano burundu. Amategeko yacu agomba guhuzwa no kurengera uburenganzira bwa muntu.”

Nubwo iri shyaka rishinja aya masezerano kunyuranya n’uburenganzira bwa muntu; hari umudepite uvuga ko ari yo asigasira ubwo burenganzira kandi mu buryo burambye.

Yagize ati “Iyo bigeze ku ngingo yo gukumira ubwato; havuka indi ngingo y’uburenganzira bwa muntu. Niba hari uburenganzira bwa muntu bubaho; ubwo kubaho ni bwo bwa mbere. Ni yo mpamvu Leta yashyizeho uburyo bwo gufata abijandika mu bikorwa bishyira ubuzima mu kaga, ndetse n’abari mu Gihugu cyacu mu buryo butemewe bakahava. Ubwo ni bwo buryo burambye bwo guhagarika burundu ibi bikorwa.”

Ministiri w’Intebe w’u Bwongereza, Rishi Sunak na we abyumva nk’iyi ntumwa ya rubanda ndetse akavuga ko mugenzi we uyobora ishyaka ry’abakozi atigeze na rimwe aha agaciro ibikorwa birinda imipaka y’icyo Gihugu.

Yagize ati “Ku bijyanye no kurinda imipaka; hari ikintu gikomeye kidukandukanya, twe turayirinda; ariko we yishimiye kuyirangaza.”

Amatora rusange; ategerejwemo ko yakwegukanwa n’uyu Muyobozi ukuriye abatavuga rumwe n’ubutegetsi bw’u Bwongereza, ashobora kuba mu mezi abiri ari imbere, dore ko Minisitiri w’Intebe w’iki Gihugu, yavuze ko ashobora kuzaba muri Nyakanga (07) uyu mwaka. Ni na cyo gihe yavuze ko abimukira ba mbere bazagera mu Rwanda.

Mu matora y’inzego z’ibanze yabaye taliki 02 Gicurasi 2024; iri shyaka rihanganye n’iri ku butegetsi ryatsinze iri riri ku butegetsi, aho bivugwa ko binariha icyizere cyo kuzegukana ubwiganze mu Nteko Ishinga Amategeko. Bigenze bityo; byahita bibahesha uburenganzira bwo kuyobora inteko na Guverinoma y’u Bwongereza.

David NZABONIMPA
RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

four × one =

Previous Post

Umuhanzikazi uzwi muri Afurika yatanze umucyo ku wamuvuzeho ko yamubenze bikamusigira agahinda gakabije

Next Post

Burundi: Perezida Ndayishimiye yatanze ubutumwa nyuma y’iturika ry’ibisasu bya grenade

Related Posts

Eng.-AFC/M23 releases distressing footage of atrocities committed by opposing forces

Itangazo ry’akababaro ka AFC/M23 ku bikorwa by’ubugome byakozwe n’uruhande bahanganye

by radiotv10
30/01/2026
0

Ihuriro AFC/M23 riravuga ko uruhande bahangane rugizwe n’abarimo igisirikare cya DRC (FARDC) rwagabye ibitero bibiri byikurikiranya, birimo icya grenade yatewe...

Niger irashyira mu majwi Ibihugu birimo icy’i Burayi ku gitero cyagabwe ku kigo cy’Igisirikare

Niger irashyira mu majwi Ibihugu birimo icy’i Burayi ku gitero cyagabwe ku kigo cy’Igisirikare

by radiotv10
30/01/2026
0

Guverinoma ya Niger iyobowe n’igisirikare yatangaje ko ibihugu birimo u Bufaransa, Benin na Côte d’Ivoire bishinjwa kugira uruhare mu gutera...

Igisubizo Iran ihaye America nyuma y’ibyo yise ibikangisho ikomeje kuyishyiraho

Igisubizo Iran ihaye America nyuma y’ibyo yise ibikangisho ikomeje kuyishyiraho

by radiotv10
29/01/2026
0

Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga wa Iran yatangaje ko ingabo z’igihugu ziteguye kwihutira gusubiza mu buryo bukomeye igitero icyo ari cyo cyose...

Nta kindi gihe Congo yayobowe nabi nk’ubu-Umunyapolitiki wabaye mu nzego nkuru z’Igihugu

Nta kindi gihe Congo yayobowe nabi nk’ubu-Umunyapolitiki wabaye mu nzego nkuru z’Igihugu

by radiotv10
29/01/2026
0

Yagaragaje impamvu muzi y’ibibazo byazonze DRC ihabanye n’ihora ivugwa n’ubutegetsi Umunyapolitiki Matata Ponyo Mapon wabaye mu nzego zo hejuru muri...

AFC/M23 yatanze ubufasha bwakiranywe ibyishimo n’abagizweho ingaruka n’inkongi idasanzwe

AFC/M23 yatanze ubufasha bwakiranywe ibyishimo n’abagizweho ingaruka n’inkongi idasanzwe

by radiotv10
29/01/2026
0

Ubuyobozi bw’inzego z’ibanze muri Kivu ya Ruguru bwashyizweho n’Ihuriro AFC/M23, bwatanze ubufasha ku bagizweho ingaruka n’inkongi y’umuriro yabereye mu gace...

IZIHERUKA

Eng.-AFC/M23 releases distressing footage of atrocities committed by opposing forces
AMAHANGA

Itangazo ry’akababaro ka AFC/M23 ku bikorwa by’ubugome byakozwe n’uruhande bahanganye

by radiotv10
30/01/2026
0

Filimi mpuzamahanga igezweho muri iyi minsi igiye kwerekanwa i Kigali muri gahunda ikiri nshya

Filimi mpuzamahanga igezweho muri iyi minsi igiye kwerekanwa i Kigali muri gahunda ikiri nshya

30/01/2026
Umutoza wa Senegal nyuma yo gucibwa 100,000$ yageneye ubutumwa abari batangiye kuyamukusanyiriza

Umutoza wa Senegal nyuma yo gucibwa 100,000$ yageneye ubutumwa abari batangiye kuyamukusanyiriza

30/01/2026
Hashyizwe hanze imibare igaragaza uko ruswa y’igitsina muri za kaminuza zo mu Rwanda ihagaze

Hashyizwe hanze imibare igaragaza uko ruswa y’igitsina muri za kaminuza zo mu Rwanda ihagaze

30/01/2026
General (Rtd) James Kabarebe yabonye umwungiriza mu nshingano afite muri Perezidansi y’u Rwanda

General (Rtd) James Kabarebe yabonye umwungiriza mu nshingano afite muri Perezidansi y’u Rwanda

30/01/2026
Barafinda wigeze  kugarukwaho cyane yatawe muri yombi

Barafinda wigeze kugarukwaho cyane yatawe muri yombi

30/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Burundi: Perezida Ndayishimiye yatanze ubutumwa nyuma y’iturika ry’ibisasu bya grenade

Burundi: Perezida Ndayishimiye yatanze ubutumwa nyuma y’iturika ry'ibisasu bya grenade

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Itangazo ry’akababaro ka AFC/M23 ku bikorwa by’ubugome byakozwe n’uruhande bahanganye

Filimi mpuzamahanga igezweho muri iyi minsi igiye kwerekanwa i Kigali muri gahunda ikiri nshya

Umutoza wa Senegal nyuma yo gucibwa 100,000$ yageneye ubutumwa abari batangiye kuyamukusanyiriza

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.