Saturday, November 8, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home AMAHANGA

Utavuga rumwe n’ubutegetsi mu Bwongereza yavuze icyo azakora kuri gahunda bufitanye n’u Rwanda naramuka atowe

radiotv10by radiotv10
11/05/2024
in AMAHANGA, POLITIKI
0
Utavuga rumwe n’ubutegetsi mu Bwongereza yavuze icyo azakora kuri gahunda bufitanye n’u Rwanda naramuka atowe
Share on FacebookShare on Twitter

Mu gihe hategerejwe koherezwa mu Rwanda abimukira ba mbere bazaturuka mu Bwongereza, umuyobozi w’Ishyaka riyoboye andi atavuga rumwe n’iriri ku butegetsi muri iki Gihugu cy’i Burayi, yavuze ko natsinda amatora azahita ahagarika aya masezerano.

Impaka kuri aya masezerano y’u Rwanda n’u Bwongereza zirakomeje nubwo ntacyo zishobora guhindura ku cyemezo cy’Inteko Zishingamategeko z’Ibihugu byombi.

Inteko Ishinga Amategeko y’u Bwongereza iherutse kwemeza ko u Rwanda ari Igihugu gitekanye ku bantu bahunze Ibihugu byabo bakerekeza mu Bwongereza mu buryo bunyuranije n’amategeko, kimwe n’Inteko y’u Rwanda na yo yemeje amasezerano y’Ibihugu byombi.

Kugeza ubu inzego zishinzwe umutekano mu Bwongereza zatangiye gushakisha abantu bari ku rutonde rw’abagomba kurizwa indege ya mbere igomba kwerecyeza i Kigali mu Rwanda.

Nubwo hasigaye kumenya umunsi iyi ndege izahaguruka; ishyaka ry’abakozi ritavuga rumwe n’irya Minisitiri w’Intebe Rishi Sunak; riremera ko nta bundi buryo bashobora gukoresha badindiza uyu mugambi, icyakora rivuga ko nirifata ubutegetsi rizahita risesa iyi mikoranire imaze imyaka ibiri ishyiriweho gukemura ikibazo cy’abimukira.

Sir Keir Rodney Starmer uyobora iri shyaka, yagize ati “Ikibazo gihari ni ukwibaza niba aya masezerano ya Minisitiri w’Intebe yagiranye n’u Rwanda ashobora gukemura iki kibazo. Ndatekereza ko atari byo. Sinshidikanya ko indege ziteguye kubajyana, sinshidikanya kandi ko bitazatanga umusaruro. Ibyo ni politike gusa. U Bwongera bushobora gukora ibirenze ibyo. Twe tuzabihindura, tuzashyiraho uburyo bwo kurinda imipaka yacu; hanyuma duhagarike aya masezerano burundu. Amategeko yacu agomba guhuzwa no kurengera uburenganzira bwa muntu.”

Nubwo iri shyaka rishinja aya masezerano kunyuranya n’uburenganzira bwa muntu; hari umudepite uvuga ko ari yo asigasira ubwo burenganzira kandi mu buryo burambye.

Yagize ati “Iyo bigeze ku ngingo yo gukumira ubwato; havuka indi ngingo y’uburenganzira bwa muntu. Niba hari uburenganzira bwa muntu bubaho; ubwo kubaho ni bwo bwa mbere. Ni yo mpamvu Leta yashyizeho uburyo bwo gufata abijandika mu bikorwa bishyira ubuzima mu kaga, ndetse n’abari mu Gihugu cyacu mu buryo butemewe bakahava. Ubwo ni bwo buryo burambye bwo guhagarika burundu ibi bikorwa.”

Ministiri w’Intebe w’u Bwongereza, Rishi Sunak na we abyumva nk’iyi ntumwa ya rubanda ndetse akavuga ko mugenzi we uyobora ishyaka ry’abakozi atigeze na rimwe aha agaciro ibikorwa birinda imipaka y’icyo Gihugu.

Yagize ati “Ku bijyanye no kurinda imipaka; hari ikintu gikomeye kidukandukanya, twe turayirinda; ariko we yishimiye kuyirangaza.”

Amatora rusange; ategerejwemo ko yakwegukanwa n’uyu Muyobozi ukuriye abatavuga rumwe n’ubutegetsi bw’u Bwongereza, ashobora kuba mu mezi abiri ari imbere, dore ko Minisitiri w’Intebe w’iki Gihugu, yavuze ko ashobora kuzaba muri Nyakanga (07) uyu mwaka. Ni na cyo gihe yavuze ko abimukira ba mbere bazagera mu Rwanda.

Mu matora y’inzego z’ibanze yabaye taliki 02 Gicurasi 2024; iri shyaka rihanganye n’iri ku butegetsi ryatsinze iri riri ku butegetsi, aho bivugwa ko binariha icyizere cyo kuzegukana ubwiganze mu Nteko Ishinga Amategeko. Bigenze bityo; byahita bibahesha uburenganzira bwo kuyobora inteko na Guverinoma y’u Bwongereza.

David NZABONIMPA
RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

2 × one =

Previous Post

Umuhanzikazi uzwi muri Afurika yatanze umucyo ku wamuvuzeho ko yamubenze bikamusigira agahinda gakabije

Next Post

Burundi: Perezida Ndayishimiye yatanze ubutumwa nyuma y’iturika ry’ibisasu bya grenade

Related Posts

AFC/M23 yongeye kugaragariza amahanga amarorerwa akorwa n’uruhande bahanganye inayerurira icyo yiyemeje

AFC/M23 yongeye kugaragariza amahanga amarorerwa akorwa n’uruhande bahanganye inayerurira icyo yiyemeje

by radiotv10
07/11/2025
0

Ihuriro AFC/M23 riratangaza ko rigikomeje guhagarara ku ntego yo gucungura Abanyekongo bakomeje gukandamizwa n’ubutegetsi bw’Igihugu cyabo, nyuma yuko yerekanye amashusho...

Abasirikare barimo Aba-Colonel mu gisirikare cya Congo bakurikiranyweho kunyereza kawunga, umuceri n’amata

Abasirikare barimo Aba-Colonel mu gisirikare cya Congo bakurikiranyweho kunyereza kawunga, umuceri n’amata

by radiotv10
07/11/2025
0

Abasirikare 11 bo ku rwego rw’Abofisiye n’aba Sous-officiers mu gisirikare cya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo (FARDC), barimo batatu bafite...

Eng.-Senior FARDC Soldiers including Colonels accused of diverting food supplies such as rice and milk

Eng.-Senior FARDC Soldiers including Colonels accused of diverting food supplies such as rice and milk

by radiotv10
07/11/2025
0

Eleven soldiers ranked as Officers and Sous-officiers within the Armed Forces of the Democratic Republic of Congo (FARDC), including three...

Umushinjacyaha w’i Burundi yahunze Igihugu nyuma yuko konti ye itahuweho amafaranga menshi

Umushinjacyaha w’i Burundi yahunze Igihugu nyuma yuko konti ye itahuweho amafaranga menshi

by radiotv10
06/11/2025
0

Umushinjacyaha wo ku rwego rw’Igihugu mu Burundi ushinzwe Komini za Kirundo na Busoni, mu Ntara ya Butanyerera amaze iminsi ahungiye...

Perezidante wa Mexico yafashe icyemezo cyo kujyana mu nkiko umugabo wamukorakoreye mu ruhame

Perezidante wa Mexico yafashe icyemezo cyo kujyana mu nkiko umugabo wamukorakoreye mu ruhame

by radiotv10
06/11/2025
0

Perezida wa Mexico, Madamu Claudia Sheinbaum, yatangaje ko agiye kurega umugabo wamukoreye ihohoterwa rishingiye ku gitsina, nyuma yuko hari ugaragaye...

IZIHERUKA

Style on a Budget: How to Build a Chic Wardrobe in Kigali Without Breaking the Bank
IMYIDAGADURO

Style on a Budget: How to Build a Chic Wardrobe in Kigali Without Breaking the Bank

by radiotv10
07/11/2025
0

Umuyobozi wa Polisi yahishuye ikiganiro yagiranye n’umunyonzi wamutelefonnye saa cyenda z’ijoro n’ubutumwa yakuyemo

Umuyobozi wa Polisi yahishuye ikiganiro yagiranye n’umunyonzi wamutelefonnye saa cyenda z’ijoro n’ubutumwa yakuyemo

07/11/2025
Harumvikana kutishimira ahimuriwe imikino ya Shampiyona ya Volleyball mu Rwanda

Harumvikana kutishimira ahimuriwe imikino ya Shampiyona ya Volleyball mu Rwanda

07/11/2025
Umunyamakuru wa siporo uzwi mu Rwanda wasezeye igitangazamakuru yakoreraga hamenyakenye aho yerecyeje

Umunyamakuru wa siporo uzwi mu Rwanda wasezeye igitangazamakuru yakoreraga hamenyakenye aho yerecyeje

07/11/2025
AFC/M23 yongeye kugaragariza amahanga amarorerwa akorwa n’uruhande bahanganye inayerurira icyo yiyemeje

AFC/M23 yongeye kugaragariza amahanga amarorerwa akorwa n’uruhande bahanganye inayerurira icyo yiyemeje

07/11/2025
Abasirikare barimo Aba-Colonel mu gisirikare cya Congo bakurikiranyweho kunyereza kawunga, umuceri n’amata

Abasirikare barimo Aba-Colonel mu gisirikare cya Congo bakurikiranyweho kunyereza kawunga, umuceri n’amata

07/11/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Burundi: Perezida Ndayishimiye yatanze ubutumwa nyuma y’iturika ry’ibisasu bya grenade

Burundi: Perezida Ndayishimiye yatanze ubutumwa nyuma y’iturika ry'ibisasu bya grenade

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Style on a Budget: How to Build a Chic Wardrobe in Kigali Without Breaking the Bank

Umuyobozi wa Polisi yahishuye ikiganiro yagiranye n’umunyonzi wamutelefonnye saa cyenda z’ijoro n’ubutumwa yakuyemo

Harumvikana kutishimira ahimuriwe imikino ya Shampiyona ya Volleyball mu Rwanda

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.