Friday, January 2, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home AMAHANGA

Utavuga rumwe n’ubutegetsi mu Bwongereza yavuze icyo azakora kuri gahunda bufitanye n’u Rwanda naramuka atowe

radiotv10by radiotv10
11/05/2024
in AMAHANGA, POLITIKI
0
Utavuga rumwe n’ubutegetsi mu Bwongereza yavuze icyo azakora kuri gahunda bufitanye n’u Rwanda naramuka atowe
Share on FacebookShare on Twitter

Mu gihe hategerejwe koherezwa mu Rwanda abimukira ba mbere bazaturuka mu Bwongereza, umuyobozi w’Ishyaka riyoboye andi atavuga rumwe n’iriri ku butegetsi muri iki Gihugu cy’i Burayi, yavuze ko natsinda amatora azahita ahagarika aya masezerano.

Impaka kuri aya masezerano y’u Rwanda n’u Bwongereza zirakomeje nubwo ntacyo zishobora guhindura ku cyemezo cy’Inteko Zishingamategeko z’Ibihugu byombi.

Inteko Ishinga Amategeko y’u Bwongereza iherutse kwemeza ko u Rwanda ari Igihugu gitekanye ku bantu bahunze Ibihugu byabo bakerekeza mu Bwongereza mu buryo bunyuranije n’amategeko, kimwe n’Inteko y’u Rwanda na yo yemeje amasezerano y’Ibihugu byombi.

Kugeza ubu inzego zishinzwe umutekano mu Bwongereza zatangiye gushakisha abantu bari ku rutonde rw’abagomba kurizwa indege ya mbere igomba kwerecyeza i Kigali mu Rwanda.

Nubwo hasigaye kumenya umunsi iyi ndege izahaguruka; ishyaka ry’abakozi ritavuga rumwe n’irya Minisitiri w’Intebe Rishi Sunak; riremera ko nta bundi buryo bashobora gukoresha badindiza uyu mugambi, icyakora rivuga ko nirifata ubutegetsi rizahita risesa iyi mikoranire imaze imyaka ibiri ishyiriweho gukemura ikibazo cy’abimukira.

Sir Keir Rodney Starmer uyobora iri shyaka, yagize ati “Ikibazo gihari ni ukwibaza niba aya masezerano ya Minisitiri w’Intebe yagiranye n’u Rwanda ashobora gukemura iki kibazo. Ndatekereza ko atari byo. Sinshidikanya ko indege ziteguye kubajyana, sinshidikanya kandi ko bitazatanga umusaruro. Ibyo ni politike gusa. U Bwongera bushobora gukora ibirenze ibyo. Twe tuzabihindura, tuzashyiraho uburyo bwo kurinda imipaka yacu; hanyuma duhagarike aya masezerano burundu. Amategeko yacu agomba guhuzwa no kurengera uburenganzira bwa muntu.”

Nubwo iri shyaka rishinja aya masezerano kunyuranya n’uburenganzira bwa muntu; hari umudepite uvuga ko ari yo asigasira ubwo burenganzira kandi mu buryo burambye.

Yagize ati “Iyo bigeze ku ngingo yo gukumira ubwato; havuka indi ngingo y’uburenganzira bwa muntu. Niba hari uburenganzira bwa muntu bubaho; ubwo kubaho ni bwo bwa mbere. Ni yo mpamvu Leta yashyizeho uburyo bwo gufata abijandika mu bikorwa bishyira ubuzima mu kaga, ndetse n’abari mu Gihugu cyacu mu buryo butemewe bakahava. Ubwo ni bwo buryo burambye bwo guhagarika burundu ibi bikorwa.”

Ministiri w’Intebe w’u Bwongereza, Rishi Sunak na we abyumva nk’iyi ntumwa ya rubanda ndetse akavuga ko mugenzi we uyobora ishyaka ry’abakozi atigeze na rimwe aha agaciro ibikorwa birinda imipaka y’icyo Gihugu.

Yagize ati “Ku bijyanye no kurinda imipaka; hari ikintu gikomeye kidukandukanya, twe turayirinda; ariko we yishimiye kuyirangaza.”

Amatora rusange; ategerejwemo ko yakwegukanwa n’uyu Muyobozi ukuriye abatavuga rumwe n’ubutegetsi bw’u Bwongereza, ashobora kuba mu mezi abiri ari imbere, dore ko Minisitiri w’Intebe w’iki Gihugu, yavuze ko ashobora kuzaba muri Nyakanga (07) uyu mwaka. Ni na cyo gihe yavuze ko abimukira ba mbere bazagera mu Rwanda.

Mu matora y’inzego z’ibanze yabaye taliki 02 Gicurasi 2024; iri shyaka rihanganye n’iri ku butegetsi ryatsinze iri riri ku butegetsi, aho bivugwa ko binariha icyizere cyo kuzegukana ubwiganze mu Nteko Ishinga Amategeko. Bigenze bityo; byahita bibahesha uburenganzira bwo kuyobora inteko na Guverinoma y’u Bwongereza.

David NZABONIMPA
RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

5 × 5 =

Previous Post

Umuhanzikazi uzwi muri Afurika yatanze umucyo ku wamuvuzeho ko yamubenze bikamusigira agahinda gakabije

Next Post

Burundi: Perezida Ndayishimiye yatanze ubutumwa nyuma y’iturika ry’ibisasu bya grenade

Related Posts

Amakuru agezweho ku mugabo wari waciye igikuba kubera ibyo yari yatangaje

Amakuru agezweho ku mugabo wari waciye igikuba kubera ibyo yari yatangaje

by radiotv10
02/01/2026
0

Evans Eshun, uzwi ku izina rya Ebo Noah, wiyita umuhanuzi wo muri Ghana, yatawe muri yombi na Polisi y’iki Gihugu...

Ijambo rya Perezida w’u Burundi ryumvikanamo ko gushaka umuti w’ibibazo bufitanye n’u Rwanda bikigoye

Ijambo rya Perezida w’u Burundi ryumvikanamo ko gushaka umuti w’ibibazo bufitanye n’u Rwanda bikigoye

by radiotv10
01/01/2026
0

Perezida Evariste Ndayishimiye w’u Burundi, mu ijambo rye risoza umwaka, yongeye gushinja u Rwanda ibinyoma ko rufite uruhare mu bibazo...

Ibihugu bibiri bya Afurika biyobowe n’Igisirikare bishobora gufatira America icyemezo nk’ibyo yabifatiye

Ibihugu bibiri bya Afurika biyobowe n’Igisirikare bishobora gufatira America icyemezo nk’ibyo yabifatiye

by radiotv10
31/12/2025
0

Igihugu cya Mali n’icya Burkina Faso, byashyize hanze amatangazo y’ibyemezo bishobora gufata byo kwihimura kuri Leta Zunze Ubumwe za America...

Dore amafoto y’abayobozi bakuru ba AFC/M23 barindiwe umutekano bidasanzwe i Goma

Dore amafoto y’abayobozi bakuru ba AFC/M23 barindiwe umutekano bidasanzwe i Goma

by radiotv10
30/12/2025
0

Abayobozi bakuru b’Ihuriro AFC/M23 ritavuga rumwe n’ubutegetsi bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, barimo Umugaba Mukuru w’Ingabo zaryo, Gen Sultani...

Umugaba Mukuru w’abarwanyi ba AFC/M23 Gen.Makenga yahaye ubutumwa abatekereza ko urugamba rwarangiye

Umugaba Mukuru w’abarwanyi ba AFC/M23 Gen.Makenga yahaye ubutumwa abatekereza ko urugamba rwarangiye

by radiotv10
30/12/2025
0

Maj Gen Sultani Makenga, Umugaba Mukuru w’Ingabo za AFC/M23, yibukije abagize iri huriro ko batagomba kumva ko intambara yo kurandura...

IZIHERUKA

Amakuru agezweho ku mugabo wari waciye igikuba kubera ibyo yari yatangaje
AMAHANGA

Amakuru agezweho ku mugabo wari waciye igikuba kubera ibyo yari yatangaje

by radiotv10
02/01/2026
0

Impaka ziracyakomeje hagati y’abafana ba Bruce Melodie na The Ben: Noneho baravuga iki?

Impaka ziracyakomeje hagati y’abafana ba Bruce Melodie na The Ben: Noneho baravuga iki?

02/01/2026
Umunyamakuru umaze imyaka ine asezeye igitangazamakuru yakoreraga agiye kumvikana ku yindi radio mu Rwanda

Umunyamakuru umaze imyaka ine asezeye igitangazamakuru yakoreraga agiye kumvikana ku yindi radio mu Rwanda

02/01/2026
Habaye impanuka idasanzwe muri Kigali ku munsi wa mbere w’umwaka

Habaye impanuka idasanzwe muri Kigali ku munsi wa mbere w’umwaka

01/01/2026
Ijambo rya Perezida w’u Burundi ryumvikanamo ko gushaka umuti w’ibibazo bufitanye n’u Rwanda bikigoye

Ijambo rya Perezida w’u Burundi ryumvikanamo ko gushaka umuti w’ibibazo bufitanye n’u Rwanda bikigoye

01/01/2026
Ahazaza dukwiriye harashoboka- Perezida Kagame yageneye Abanyarwanda ubutumwa busoza 2025 buzanabaherekeza muri 2026

Ahazaza dukwiriye harashoboka- Perezida Kagame yageneye Abanyarwanda ubutumwa busoza 2025 buzanabaherekeza muri 2026

01/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Burundi: Perezida Ndayishimiye yatanze ubutumwa nyuma y’iturika ry’ibisasu bya grenade

Burundi: Perezida Ndayishimiye yatanze ubutumwa nyuma y’iturika ry'ibisasu bya grenade

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Amakuru agezweho ku mugabo wari waciye igikuba kubera ibyo yari yatangaje

Impaka ziracyakomeje hagati y’abafana ba Bruce Melodie na The Ben: Noneho baravuga iki?

Umunyamakuru umaze imyaka ine asezeye igitangazamakuru yakoreraga agiye kumvikana ku yindi radio mu Rwanda

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.