Monday, June 30, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA IMIBEREHO MYIZA

Uvuga ko hari icyifuzo yahaye Perezida arashinja Umurenge kumurangarana mu myaka 10 yose

radiotv10by radiotv10
24/12/2024
in IMIBEREHO MYIZA, MU RWANDA
0
Uvuga ko hari icyifuzo yahaye Perezida arashinja Umurenge kumurangarana mu myaka 10 yose
Share on FacebookShare on Twitter

Umuturage ufite ubumuga bw’ingingo wo mu Murenge wa Rugerero mu Karere ka Rubavu, uvuga ko amaze imyaka 10 asabye icumbi Perezida wa Repubulika, avuga ko yagannye ubuyobozi bw’Umurenge inshuro nyinshi, bugahora bumubwira ngo azagaruke, ariko ntibugire icyo bumumarira.

Gasabimbabazi Patrick w’imyaka 46, atuye mu Kagari ka Gisa mu Murenge wa Rugerero, aho aba mu nzu nto y’icyumba kimwe gifite metero ebyiri kuri eshatu, avuga ko akodesha 7 000 Frw mu gihe muri VUP ahabwa 7 500 Frw.

Uyu muturage ukunze kugaragara mu mujyi wa Gisenyi asabiriza, avuga ko aramutse abonye icumbi abamo, adakodesha; yabasha kwibeshaho, ndetse ko mu myaka 10 ishize yari yarisabye Perezida wa Repubulika, Paul Kagame, ariko ko ubuyobozi bw’inzego z’ibanze bwagiye bumurangarana.

Ati “Nagiye ku Murenge wa Gisenyi kwibutsa icumbi nari nasabye Perezida wa Republika, uko ngezeyo ngo nzagaruke, ngeza aho kubera n’imbaraga nke nshika intege ndabyihorera, icyo bampaye ni ikarita y’abafite ubumuga gusa.”

Akomeza agira ati “Ariko icumbi ndibonye nzi neza ko nta kode ndibwishyure sinasubira ku muhanda kuko natereka n’akameza imbere y’umuryango maze n’umuturanyi akampahira.”

Abaturanyi b’uyu muturage, na bo bavuga ko akeneye ubufasha, na bo bagashimangira ko aramutse abonye icumbi rye bwite, byagira icyo bimumarira.

Muhawenimana Josiane ati “Dore anaba wenyine gutya, amaze hano umwaka, nta n’umuryango ahari agira kuko sindabona hari uwamusuye. Nta n’umuyobozi turabona aza no kumureba.”

Umuyobozi w’Akarere ka Rubavu, Mulindwa Prosper avuga ko ikibazo cy’uyu muturage atari akizi, ariko ko n’ubuyobozi bw’Umurenge bwakabaye bwarakimenyesheje ubw’Akarere.

Yagize ati “Ntabwo ari njye kamara, kuko n’Umurenge ukoze raporo ukayitwohereza ukorera ubuvugizi umuturage turamufasha kuko hari ibidakorwa n’Akarere bigakorwa n’abafatanyabikorwa Akarere kabigaragaje.”

Uyu muyobozi avuga ko uyu muturage akwiye kugana Ubuyobozi bw’Akarere bukamufasha, ariko agacika kuri iyi ngeso yo gusabiriza, kuko itemewe.

Atunzwe no gusabiriza kandi Ubuyobozi ngo ntibubishaka
No kugera aho akorera ibi byo gusabiriza babanza kumuterura

Emmanuel NDAHAYO
RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

10 + seven =

Previous Post

Nyamasheke: Uko abagabo babiri baguwe gitumo babaga ihene bari bibye

Next Post

Umwe muri bane bakekwaho kwinjiza mu Rwanda urumogi barukuye Congo yacitse Polisi

Related Posts

Hazafatwa imboni z’amaso, intoki zose,…: Ibindi ku irangamuntu-Koranabuhanga igiye gutangira gutangwa mu Rwanda

Eye scans, fingerprints to be collected,…: New digital ID to be rolled out in Rwanda

by radiotv10
30/06/2025
0

The National Identification Agency (NIDA) in Rwanda has announced plans to launch a new digital national ID that will include...

Umusore warohamye mu cyuzi nyuma y’impanuka y’ubwato bwari bufite ikibazo yabonetse yapfuye

Umusore warohamye mu cyuzi nyuma y’impanuka y’ubwato bwari bufite ikibazo yabonetse yapfuye

by radiotv10
30/06/2025
0

Ishami rya Polisi y’u Rwanda rishinzwe Umutekano wo mu Mazi, ryabonye umurambo w’umusore w’imyaka 19 warohamye mu cyuzi cya Rugeramigozi...

Ishingiro ry’icyizere u Rwanda rufitiye amasezerano mashya yarwo na Congo n’itandukaniro ryayo n’ayabanje

Ishingiro ry’icyizere u Rwanda rufitiye amasezerano mashya yarwo na Congo n’itandukaniro ryayo n’ayabanje

by radiotv10
30/06/2025
0

Guverinoma y’u Rwanda ivuga ko ifitiye icyizere amasezerano y’amahoro iherutse gusinyana n’iya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, kuko bayafashijwemo n’Igihugu...

Leaders from Kampala University visit Kigali Genocide Memorial, denounce Genocide denial

Leaders from Kampala University visit Kigali Genocide Memorial, denounce Genocide denial

by radiotv10
30/06/2025
0

Leaders from Kampala University visited the Kigali Genocide Memorial, denouncing those who continue to deny the 1994 Genocide against the...

Eng.-The Basis of Rwanda’s optimism in the new Peace Deal with Congo and how it differs from previous ones

Eng.-The Basis of Rwanda’s optimism in the new Peace Deal with Congo and how it differs from previous ones

by radiotv10
30/06/2025
0

The Government of Rwanda says it is optimistic about the new peace agreement recently signed with the Democratic Republic of...

IZIHERUKA

Mu mvugo yumvikanamo icyizere Tshisekedi yagize icyo avuga ku masezerano ya Congo n’u Rwanda
AMAHANGA

Mu mvugo yumvikanamo icyizere Tshisekedi yagize icyo avuga ku masezerano ya Congo n’u Rwanda

by radiotv10
30/06/2025
0

Ibivugwa kuri bombori bombori mu rugo rw’abasitari bazwi mu Rwanda Kimenyi na Muyango

Ibivugwa kuri bombori bombori mu rugo rw’abasitari bazwi mu Rwanda Kimenyi na Muyango

30/06/2025
Hazafatwa imboni z’amaso, intoki zose,…: Ibindi ku irangamuntu-Koranabuhanga igiye gutangira gutangwa mu Rwanda

Eye scans, fingerprints to be collected,…: New digital ID to be rolled out in Rwanda

30/06/2025
Byinshi ku rukundo rw’abahanzi Nyarwanda bagiye kurushingana n’uko gukorana byavuyemo gukundana

Byinshi ku rukundo rw’abahanzi Nyarwanda bagiye kurushingana n’uko gukorana byavuyemo gukundana

30/06/2025
Umusore warohamye mu cyuzi nyuma y’impanuka y’ubwato bwari bufite ikibazo yabonetse yapfuye

Umusore warohamye mu cyuzi nyuma y’impanuka y’ubwato bwari bufite ikibazo yabonetse yapfuye

30/06/2025
Ishingiro ry’icyizere u Rwanda rufitiye amasezerano mashya yarwo na Congo n’itandukaniro ryayo n’ayabanje

Ishingiro ry’icyizere u Rwanda rufitiye amasezerano mashya yarwo na Congo n’itandukaniro ryayo n’ayabanje

30/06/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Umwe muri bane bakekwaho kwinjiza mu Rwanda urumogi barukuye Congo yacitse Polisi

Umwe muri bane bakekwaho kwinjiza mu Rwanda urumogi barukuye Congo yacitse Polisi

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Mu mvugo yumvikanamo icyizere Tshisekedi yagize icyo avuga ku masezerano ya Congo n’u Rwanda

Ibivugwa kuri bombori bombori mu rugo rw’abasitari bazwi mu Rwanda Kimenyi na Muyango

Eye scans, fingerprints to be collected,…: New digital ID to be rolled out in Rwanda

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.

Welcome Back!

Login to your account below

Forgotten Password?

Retrieve your password

Please enter your username or email address to reset your password.

Log In

Add New Playlist

No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.