Thursday, January 15, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA IMIBEREHO MYIZA

Uvuga ko hari icyifuzo yahaye Perezida arashinja Umurenge kumurangarana mu myaka 10 yose

radiotv10by radiotv10
24/12/2024
in IMIBEREHO MYIZA, MU RWANDA
0
Uvuga ko hari icyifuzo yahaye Perezida arashinja Umurenge kumurangarana mu myaka 10 yose
Share on FacebookShare on Twitter

Umuturage ufite ubumuga bw’ingingo wo mu Murenge wa Rugerero mu Karere ka Rubavu, uvuga ko amaze imyaka 10 asabye icumbi Perezida wa Repubulika, avuga ko yagannye ubuyobozi bw’Umurenge inshuro nyinshi, bugahora bumubwira ngo azagaruke, ariko ntibugire icyo bumumarira.

Gasabimbabazi Patrick w’imyaka 46, atuye mu Kagari ka Gisa mu Murenge wa Rugerero, aho aba mu nzu nto y’icyumba kimwe gifite metero ebyiri kuri eshatu, avuga ko akodesha 7 000 Frw mu gihe muri VUP ahabwa 7 500 Frw.

Uyu muturage ukunze kugaragara mu mujyi wa Gisenyi asabiriza, avuga ko aramutse abonye icumbi abamo, adakodesha; yabasha kwibeshaho, ndetse ko mu myaka 10 ishize yari yarisabye Perezida wa Repubulika, Paul Kagame, ariko ko ubuyobozi bw’inzego z’ibanze bwagiye bumurangarana.

Ati “Nagiye ku Murenge wa Gisenyi kwibutsa icumbi nari nasabye Perezida wa Republika, uko ngezeyo ngo nzagaruke, ngeza aho kubera n’imbaraga nke nshika intege ndabyihorera, icyo bampaye ni ikarita y’abafite ubumuga gusa.”

Akomeza agira ati “Ariko icumbi ndibonye nzi neza ko nta kode ndibwishyure sinasubira ku muhanda kuko natereka n’akameza imbere y’umuryango maze n’umuturanyi akampahira.”

Abaturanyi b’uyu muturage, na bo bavuga ko akeneye ubufasha, na bo bagashimangira ko aramutse abonye icumbi rye bwite, byagira icyo bimumarira.

Muhawenimana Josiane ati “Dore anaba wenyine gutya, amaze hano umwaka, nta n’umuryango ahari agira kuko sindabona hari uwamusuye. Nta n’umuyobozi turabona aza no kumureba.”

Umuyobozi w’Akarere ka Rubavu, Mulindwa Prosper avuga ko ikibazo cy’uyu muturage atari akizi, ariko ko n’ubuyobozi bw’Umurenge bwakabaye bwarakimenyesheje ubw’Akarere.

Yagize ati “Ntabwo ari njye kamara, kuko n’Umurenge ukoze raporo ukayitwohereza ukorera ubuvugizi umuturage turamufasha kuko hari ibidakorwa n’Akarere bigakorwa n’abafatanyabikorwa Akarere kabigaragaje.”

Uyu muyobozi avuga ko uyu muturage akwiye kugana Ubuyobozi bw’Akarere bukamufasha, ariko agacika kuri iyi ngeso yo gusabiriza, kuko itemewe.

Atunzwe no gusabiriza kandi Ubuyobozi ngo ntibubishaka
No kugera aho akorera ibi byo gusabiriza babanza kumuterura

Emmanuel NDAHAYO
RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

four − two =

Previous Post

Nyamasheke: Uko abagabo babiri baguwe gitumo babaga ihene bari bibye

Next Post

Umwe muri bane bakekwaho kwinjiza mu Rwanda urumogi barukuye Congo yacitse Polisi

Related Posts

AMAKURU MASHYA: U Rwanda rwohereje abasirikare muri Jamaica

AMAKURU MASHYA: U Rwanda rwohereje abasirikare muri Jamaica

by radiotv10
14/01/2026
0

U Rwanda rwohereje abasirikare bo mu itsinda ry’ubwubatsi mu Gihugu cya Jamaica gufasha iki Gihugu mu bikorwa byo kongera kubaka...

Uko byagenze ngo umugabo afatire umugore we aryamanye n’undi muri Logde i Kigali n’icyo yari yamubeshye

Uko byagenze ngo umugabo afatire umugore we aryamanye n’undi muri Logde i Kigali n’icyo yari yamubeshye

by radiotv10
14/01/2026
0

Umugore wafashwe n’umugabo we aryamanye n’undi muri Lodge yo mu Mujyi wa Kigali, bivugwa ko yari yavuye iwe abwiye umugabo...

Inzozi z’umugabo w’imyaka 42 ukiri ku ntebe y’ishuri wiga mu yisumbuye mu Rwanda

Inzozi z’umugabo w’imyaka 42 ukiri ku ntebe y’ishuri wiga mu yisumbuye mu Rwanda

by radiotv10
14/01/2026
0

Umugabo w’imyaka 42 y’amavuko wo mu Murenge wa Nyagihanga mu Karere ka Gatsibo, aritegura gukora ikizamini cya Leta gisoza amashuri...

Inkuru iryoshye y’ubutembere bw’Abambasaderi babiri b’u Rwanda i Burayi baherutse kugira

Inkuru iryoshye y’ubutembere bw’Abambasaderi babiri b’u Rwanda i Burayi baherutse kugira

by radiotv10
14/01/2026
0

Ambasaderi w’u Rwanda mu Bwongereza, Johnston Busingye yavuze ko we na mugenzi we uhagarariye u Rwanda mu Bufaransa, baherutse gutembera...

How Personal Hygiene Affects Confidence

How Personal Hygiene Affects Confidence

by radiotv10
14/01/2026
0

Personal hygiene may seem like a small part of daily life, but it has a big impact on how we...

IZIHERUKA

AMAKURU MASHYA: U Rwanda rwohereje abasirikare muri Jamaica
MU RWANDA

AMAKURU MASHYA: U Rwanda rwohereje abasirikare muri Jamaica

by radiotv10
14/01/2026
0

Amakuru agezweho ku Bajenerali b’igisirikare cya Congo bafunze barimo uwahoze ari Umugaba Mukuru

Amakuru agezweho ku Bajenerali b’igisirikare cya Congo bafunze barimo uwahoze ari Umugaba Mukuru

14/01/2026
Umukinnyi wa filimi uzwi mu Rwanda ‘Ndimbati’ ari mu gahinda

Umukinnyi wa filimi uzwi mu Rwanda ‘Ndimbati’ ari mu gahinda

14/01/2026
Uko byagenze ngo umugabo afatire umugore we aryamanye n’undi muri Logde i Kigali n’icyo yari yamubeshye

Uko byagenze ngo umugabo afatire umugore we aryamanye n’undi muri Logde i Kigali n’icyo yari yamubeshye

14/01/2026
Inzozi z’umugabo w’imyaka 42 ukiri ku ntebe y’ishuri wiga mu yisumbuye mu Rwanda

Inzozi z’umugabo w’imyaka 42 ukiri ku ntebe y’ishuri wiga mu yisumbuye mu Rwanda

14/01/2026
Iby’ingenzi byavugiwe mu rubanza rwa DJ Toxxyk ukurikiranyweho ibirimo kugonga Umupolisi agapfa

Iby’ingenzi byavugiwe mu rubanza rwa DJ Toxxyk ukurikiranyweho ibirimo kugonga Umupolisi agapfa

14/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Umwe muri bane bakekwaho kwinjiza mu Rwanda urumogi barukuye Congo yacitse Polisi

Umwe muri bane bakekwaho kwinjiza mu Rwanda urumogi barukuye Congo yacitse Polisi

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

AMAKURU MASHYA: U Rwanda rwohereje abasirikare muri Jamaica

Amakuru agezweho ku Bajenerali b’igisirikare cya Congo bafunze barimo uwahoze ari Umugaba Mukuru

Umukinnyi wa filimi uzwi mu Rwanda ‘Ndimbati’ ari mu gahinda

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.