Monday, January 5, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Uwa mbere w’igitsinagore wifuza guhatanira kuyobora u Rwanda yatanze kandidatire

radiotv10by radiotv10
30/05/2024
in MU RWANDA, POLITIKI
0
Uwa mbere w’igitsinagore wifuza guhatanira kuyobora u Rwanda yatanze kandidatire
Share on FacebookShare on Twitter

Umunyapolitiki Diane Shimwa Rwigara wifuza kuzahatana mu matora y’Umukuru w’Igihugu ya 2023, yatanze ibyangombwa bisaba kandidatire ye, aba uw’igitsinagore wa mbere utanze kandidatire kuva igikorwa cyo kuzakira cyatangira.

Diane Shimwa Rwigara, n’ubundi wamenyekanye cyane muri 2017, ubwo yatangaga kandidatire ye mu matora y’Umukuru w’Igihugu, ariko ikaza kwangwa kuko itari yujuje ibisabwa, yongeye gutanga kandidatire ye none ku wa Kane tariki 30 Gicurasi 2024.

Diane Shimwa Rwigara yageze ku cyicaro Gikuru cya Komisiyo y’Igihugu y’Amatora, mu masaaha y’agasusuruko kuri uyu wa Gatanu, ari mu modoka igezweho, afungurirwa umuryango n’abari bamuherekeje.

Impapuro z’uyu munyapolitiki zisaba kandidatire, yazishyikirije Perezida wa Komisiyo y’Igihugu y’Amatora, Hon. Oda Gasinzigwa.

Ibyangombwa byatanzwe na Diane Rwigara, haburagamo bimwe birimo ikigaragaza ko nta bundi bwenegihugu afite cyangwa yaretse ubundi buri ubw’u Rwanda yari afite, ndetse n’icyangombwa cya muganga wemewe.

Gusa Perezida wa Komisiyo y’Igihugu y’Amatora, Hon Oda Gasinzigwa wakiriye ibyangombwa by’uyu munyapolitiki, yamusabye ko yazabitanga ikindi gihe nk’uko byagiye bigenda ku bandi bazana ibyangombwa bituzuye.

Diane Shimwa Rwigara utaraba umunyapolitiki ufite izina rinini mu Rwanda, abaye umugore wa mbere utanze kandidatire ku mwanya w’Umukuru w’Igihugu, unifuza kuzahatana nk’Umukandida wigenga.

Aje akurikira abandi batanze kandidatire zabo ku mwanya w’Umukuru w’Igihugu, barimo Perezida wa Repubulika y’u Rwanda, Paul Kagame watanze kandidatire ye ku munsi wa mbere ubwo hatangiraga igikorwa cyo kuzakira, tariki 17 Gicurasi 2024, akaba yaratanzwe n’Umuryango RPF-Inkotanyi.

Nanone kandi ku mwanya w’Umukuru w’Igihugu, hamaze gutangwa kandidatire zirimo iya Dr Frank Habineza watanzwemo umukandida n’Ishyaka Riharanira Demokarasi no Kurengera Ibidukikije DGPR (Democratic Green Party of Rwanda).

Nanone kandi ku bifuza kuzahatana mu matora y’Umukuru, hatanzwe kandidatire z’abandi nka Barafinda Sekikubo Fred wayitanze kuri uyu wa Gatatu tariki 29 Gicurasi 2024, uvuga ko yifuza kuzana udushya muri Politiki y’u Rwanda.

Ku munsi w’ejo hashize kandi, hatanzwe kandidatire ya Habimana Thomas usanzwe ari Umuyobozi w’Ishuri rya Hope Technical Secondary School ryo mu Murenge wa Gisenyi mu Karere ka Rubavu.

Diane Shimwa Rwigara ubaye uw’igitsinagore utanze kandidatire mu bifuza kuzahatana mu matora y’Umukuru w’Igihugu y’uyu mwaka, si ubwa mbere abigerageje, kuko no mu matora ya 2017 yari yayitanze ariko ikaza kwangwa nyuma y’uko bigaragaye ko hari ibyo atari yujije birimo imikono y’abashyigikiye kandidatire ye, ari na we wavuzweho gusinyisha abantu batakiriho.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

twelve + 9 =

Previous Post

Hamenyekanya abandi bakinnyi basezerewe mu mwiherero w’Amavubi barimo uwatunguranye

Next Post

Türkiye: RDF yitabiriye imyitozo ya gisirikare irimo kurashisha indege n’iy’urugamba rwo mu mazi (AMAFOTO)

Related Posts

BREAKING: Herekanywe abakekwaho ubujura buhambaye bw’imodoka zirimo izihenze

Icyo Umuvugizi wa RIB yasubije uwamubajije niba kugurira agafanta Umugenzacyaha byemewe

by radiotv10
03/01/2026
0

Umuvugizi w’Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha RIB, Dr Murangira B. Thierry yavuze ko umuntu wagira icyo agurira umukozi w’uru Rwego amushimira serivisi...

Ibyo wamenya ku ndwara yongewe mu zitangirwa urukingo ku bana bakivuka mu Rwanda

Ibyo wamenya ku ndwara yongewe mu zitangirwa urukingo ku bana bakivuka mu Rwanda

by radiotv10
03/01/2026
0

Inzego z’ubuzima mu Rwanda ziratangaza ko hatangijwe gahunda yo gutanga urukingo rw’indwara y’Umwijima wo mu bwoko bwa B rwiyongereye mu...

Let’s Talk About Abortion: A Simple Debate

Let’s Talk About Abortion: A Simple Debate

by radiotv10
03/01/2026
0

Abortion is a topic that often makes people feel strongly, and it can be hard to talk about. Today, let’s...

Impunzi z’Abanyekongo ziri mu Rwanda zageneye ubutumwa Gen.Ekenge wa FARDC uherutse gukoresha imvugo yamaganiwe kure

Impunzi z’Abanyekongo ziri mu Rwanda zageneye ubutumwa Gen.Ekenge wa FARDC uherutse gukoresha imvugo yamaganiwe kure

by radiotv10
02/01/2026
0

“Abagore b’Abatutsi turubaha kandi turi indahemuka.” Ni bumwe mu butumwa bw’Impunzi z’Abanyekongo ziri mu nkambi zinyuranye mu Rwanda, zongeye gukora...

Eng.-Congolese Refugees in Rwanda Send a Message to FARDC Gen. Ekenge

Eng.-Congolese Refugees in Rwanda Send a Message to FARDC Gen. Ekenge

by radiotv10
02/01/2026
0

Congolese refugees living in Rwanda have sent a message to FARDC Major General Sylvain Ekenge, who recently used language that...

IZIHERUKA

Ibivugwa nyuma yuko America ifatiye Perezida wa Venezuela mu Gihugu cye muri operasiyo rurangiza
AMAHANGA

Ibivugwa nyuma yuko America ifatiye Perezida wa Venezuela mu Gihugu cye muri operasiyo rurangiza

by radiotv10
04/01/2026
0

Ibyo twamenye ku isakara ry’amashusho agaragaramo umuhanzi Nyarwanda akomeje kurikoroza

Ubutumwa bwuzuye agahinda bw’umuhanzi Yampano bw’ibyamubayeho muri 2025

03/01/2026
BREAKING: Herekanywe abakekwaho ubujura buhambaye bw’imodoka zirimo izihenze

Icyo Umuvugizi wa RIB yasubije uwamubajije niba kugurira agafanta Umugenzacyaha byemewe

03/01/2026
Ibyo wamenya ku ndwara yongewe mu zitangirwa urukingo ku bana bakivuka mu Rwanda

Ibyo wamenya ku ndwara yongewe mu zitangirwa urukingo ku bana bakivuka mu Rwanda

03/01/2026
Let’s Talk About Abortion: A Simple Debate

Let’s Talk About Abortion: A Simple Debate

03/01/2026
Impunzi z’Abanyekongo ziri mu Rwanda zageneye ubutumwa Gen.Ekenge wa FARDC uherutse gukoresha imvugo yamaganiwe kure

Impunzi z’Abanyekongo ziri mu Rwanda zageneye ubutumwa Gen.Ekenge wa FARDC uherutse gukoresha imvugo yamaganiwe kure

02/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Türkiye: RDF yitabiriye imyitozo ya gisirikare irimo kurashisha indege n’iy’urugamba rwo mu mazi (AMAFOTO)

Türkiye: RDF yitabiriye imyitozo ya gisirikare irimo kurashisha indege n’iy'urugamba rwo mu mazi (AMAFOTO)

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Ibivugwa nyuma yuko America ifatiye Perezida wa Venezuela mu Gihugu cye muri operasiyo rurangiza

Ubutumwa bwuzuye agahinda bw’umuhanzi Yampano bw’ibyamubayeho muri 2025

Icyo Umuvugizi wa RIB yasubije uwamubajije niba kugurira agafanta Umugenzacyaha byemewe

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.