Wednesday, December 17, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home IMYIDAGADURO

Uwabaye ‘Manager’ wa BruceMelodie wamufashije gusinyira Miliyari 1Frw yahawe kuyobora radiyo

radiotv10by radiotv10
02/11/2022
in IMYIDAGADURO, MU RWANDA, MUZIKA
0
Uwabaye ‘Manager’ wa BruceMelodie wamufashije gusinyira Miliyari 1Frw yahawe kuyobora radiyo
Share on FacebookShare on Twitter

Uwabaye umujyanama wa Bruce Melodie wamufashije gusinyira amasezerano ya rutura arimo ayo byavuzwe ko ari aya Miliyari 1 Frw n’andi ya Miliyoni 150 Frw, yabonye akazi ko kuyobora imwe muri radiyo zikorera mu Rwanda, yibanda ku biganiro by’imyidagaduro no guteza imbere umuziki nyarwanda.

Lee Ndayisaba wanakoze ibikorwa binyuranye by’imyidagaduro mu Bihugu byo mu karere ka Afurika y’Iburasirazuba, yahawe inshingano zo kuyobora Kiss FM izwiho guteza imbere umuziki nyarwanda.

Uyu munyemari kandi yanabaye ukurikirana inyungu z’umuhanzi Bruce Melodie, aho yanamufashije gusinya amasezerano akomeye arimo ayo byavuzwe ko ari aya miliyari 1 Frw.

Ubwo Lee Ndayisaba yakoranaga na Bruce Melodie kandi, uyu muhanzi yanasinye amasezerano ya Miliyoni 150 Frw yo kwamamaza inyubako ya Kigali Arena yaje guhinduka BK Arena.

Bruce Melodie umaze iminsi afite undi mujyanama, yakunze guhakana ko yatandukanye na Lee Ndayisaba, gusa uyu muyobozi mushya wa Kiss FM, akaba yanabyemeje ko atagikorana n’uyu muhanzi uri mu bakomeye mu Rwanda.

Lee Ndayisaba wanabaye umuyobozi wa Clouds TV izwi cyane mu myidagaduro yo muri Tanzania, yatangaje ko yishimiye kuyobora Kiss FM dore ko asanzwe afite ubunararibonye mu itangazamakuru ry’imyidagaduro.

Avuga kandi ko kuyobora iyi radiyo izwiho kuzamura umuziki nyarwanda, bitazamugora kuko asanze ifite abanyamakuru b’abahanga bamenyereye akazi.

Ahawe kuyobora iyi Radiyo nyuma y’iminsi micye itanze ibihembo ku bahanzi bitwaye neza bizwi nka Kiss Summer Awards mu muhango wabaye mu mpera z’icyumweru gishize.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

ten + nine =

Previous Post

U Rwanda ruzakomeza gutanga umusanzu mu kubungabunga umutekano- Perezida Kagame

Next Post

Hazamutse izindi mpaka ku kohereza mu Rwanda abimukira bazaturuka UK

Related Posts

Gicumbi: Umuyobozi w’Ishuri akurikiranyweho gusambanya umwana amwizeza ibitangaza adafitiye ubushobozi

Umwarimu yatawe muri yombi nyuma yo gusaba umwana kujya iwe kumusura bagatindana

by radiotv10
17/12/2025
0

Umwarimu wigisha mu ishuri ry’Imyuga n’Ubumenyingiro (TSS) rya Mutenderi mu Karere ka Ngoma, yatawe muri yombi akekwaho gusambanya umwana w’umukobwa...

Havuzwe ibimaze kugerwaho mu iperereza ku munyamakuru Djihad waje mu Rukiko yambaye bidasanzwe

Hatangajwe icyemezo cyafatiwe abarimo umunyamakuru Djihad baregwa gusakaza amashusho y’urukozasoni

by radiotv10
17/12/2025
0

Abarimo umunyamakuru Uzabakiriho Cyprien uzwi nka Djihad, na bagenzi be baregwa ibyaha birimo gusakaza amashusho y’urukozasoni, bafatiwe icyemezo cyo gufungwa...

Icyo Polisi y’u Rwanda ivuga ku bapolisi bagaragaye bashyira umuntu muri Pandagari mu buryo budakwiye

Icyo Polisi y’u Rwanda ivuga ku bapolisi bagaragaye bashyira umuntu muri Pandagari mu buryo budakwiye

by radiotv10
17/12/2025
0

Polisi y’u Rwanda yavuze ko Abapolisi bagaragaye bashyira umuntu muri pandagari mu Karere ka Rubavu, batangiye gukurikiranwa kuko uburyo babikozemo...

Hari Akarere mu Rwanda kagiye kubarura abashomeri badafite akazi bagatuyemo

Hari Akarere mu Rwanda kagiye kubarura abashomeri badafite akazi bagatuyemo

by radiotv10
17/12/2025
0

Ubuyobozi bw’Akarere ka Rubavu bwamenyesheje abagatuye ko hagiye gukorwa igikorwa cyo kubarura abashomeri badafite akazi bari hagati y’imyaka 16 na...

Umusore akurikiranyweho kwicisha ishoka umukecuru nyuma yo gukora ibitemewe mu Rwanda

Umusore akurikiranyweho kwicisha ishoka umukecuru nyuma yo gukora ibitemewe mu Rwanda

by radiotv10
17/12/2025
0

Umusore wo mu Murene wa Runda mu Karere ka Kamonyi, akurikiranyweho kwica umukecuru amukubise ishoka ubwo yamusangaga iwe nyuma yuko...

IZIHERUKA

Inyongera ya 50%: dore agahigo k’amafaranga azahabwa amakipe azitabira igikombe cy’isi cya 2026
FOOTBALL

Inyongera ya 50%: dore agahigo k’amafaranga azahabwa amakipe azitabira igikombe cy’isi cya 2026

by radiotv10
17/12/2025
0

Gicumbi: Umuyobozi w’Ishuri akurikiranyweho gusambanya umwana amwizeza ibitangaza adafitiye ubushobozi

Umwarimu yatawe muri yombi nyuma yo gusaba umwana kujya iwe kumusura bagatindana

17/12/2025
Havuzwe ibimaze kugerwaho mu iperereza ku munyamakuru Djihad waje mu Rukiko yambaye bidasanzwe

Hatangajwe icyemezo cyafatiwe abarimo umunyamakuru Djihad baregwa gusakaza amashusho y’urukozasoni

17/12/2025
Icyo Polisi y’u Rwanda ivuga ku bapolisi bagaragaye bashyira umuntu muri Pandagari mu buryo budakwiye

Icyo Polisi y’u Rwanda ivuga ku bapolisi bagaragaye bashyira umuntu muri Pandagari mu buryo budakwiye

17/12/2025
Ubutumwa AFC/M23 isigira abatuye umujyi wa Uvira bayigaragarije ko batifuza ko iwurekura

Ubutumwa AFC/M23 isigira abatuye umujyi wa Uvira bayigaragarije ko batifuza ko iwurekura

17/12/2025
Eng.-An updated list of other Countries whose citizens are banned from entering the US

Eng.-An updated list of other Countries whose citizens are banned from entering the US

17/12/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Hazamutse izindi mpaka ku kohereza mu Rwanda abimukira bazaturuka UK

Hazamutse izindi mpaka ku kohereza mu Rwanda abimukira bazaturuka UK

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Inyongera ya 50%: dore agahigo k’amafaranga azahabwa amakipe azitabira igikombe cy’isi cya 2026

Umwarimu yatawe muri yombi nyuma yo gusaba umwana kujya iwe kumusura bagatindana

Hatangajwe icyemezo cyafatiwe abarimo umunyamakuru Djihad baregwa gusakaza amashusho y’urukozasoni

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.