Friday, January 23, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home IMYIDAGADURO

Uwabaye ‘Manager’ wa BruceMelodie wamufashije gusinyira Miliyari 1Frw yahawe kuyobora radiyo

radiotv10by radiotv10
02/11/2022
in IMYIDAGADURO, MU RWANDA, MUZIKA
0
Uwabaye ‘Manager’ wa BruceMelodie wamufashije gusinyira Miliyari 1Frw yahawe kuyobora radiyo
Share on FacebookShare on Twitter

Uwabaye umujyanama wa Bruce Melodie wamufashije gusinyira amasezerano ya rutura arimo ayo byavuzwe ko ari aya Miliyari 1 Frw n’andi ya Miliyoni 150 Frw, yabonye akazi ko kuyobora imwe muri radiyo zikorera mu Rwanda, yibanda ku biganiro by’imyidagaduro no guteza imbere umuziki nyarwanda.

Lee Ndayisaba wanakoze ibikorwa binyuranye by’imyidagaduro mu Bihugu byo mu karere ka Afurika y’Iburasirazuba, yahawe inshingano zo kuyobora Kiss FM izwiho guteza imbere umuziki nyarwanda.

Uyu munyemari kandi yanabaye ukurikirana inyungu z’umuhanzi Bruce Melodie, aho yanamufashije gusinya amasezerano akomeye arimo ayo byavuzwe ko ari aya miliyari 1 Frw.

Ubwo Lee Ndayisaba yakoranaga na Bruce Melodie kandi, uyu muhanzi yanasinye amasezerano ya Miliyoni 150 Frw yo kwamamaza inyubako ya Kigali Arena yaje guhinduka BK Arena.

Bruce Melodie umaze iminsi afite undi mujyanama, yakunze guhakana ko yatandukanye na Lee Ndayisaba, gusa uyu muyobozi mushya wa Kiss FM, akaba yanabyemeje ko atagikorana n’uyu muhanzi uri mu bakomeye mu Rwanda.

Lee Ndayisaba wanabaye umuyobozi wa Clouds TV izwi cyane mu myidagaduro yo muri Tanzania, yatangaje ko yishimiye kuyobora Kiss FM dore ko asanzwe afite ubunararibonye mu itangazamakuru ry’imyidagaduro.

Avuga kandi ko kuyobora iyi radiyo izwiho kuzamura umuziki nyarwanda, bitazamugora kuko asanze ifite abanyamakuru b’abahanga bamenyereye akazi.

Ahawe kuyobora iyi Radiyo nyuma y’iminsi micye itanze ibihembo ku bahanzi bitwaye neza bizwi nka Kiss Summer Awards mu muhango wabaye mu mpera z’icyumweru gishize.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

3 × one =

Previous Post

U Rwanda ruzakomeza gutanga umusanzu mu kubungabunga umutekano- Perezida Kagame

Next Post

Hazamutse izindi mpaka ku kohereza mu Rwanda abimukira bazaturuka UK

Related Posts

Hatangajwe icyazanye mu Rwanda intumwa z’Ingabo zihora ziteguye gutabara aho rukomeye mu karere

Hatangajwe icyazanye mu Rwanda intumwa z’Ingabo zihora ziteguye gutabara aho rukomeye mu karere

by radiotv10
23/01/2026
0

Intumwa z’Umuryango w’Ingabo Zihora ziteguye Gutaba mu Karere ka Afurika y’Iburasirazuba (Eastern Africa Standby Force-EASF), zagiriye uruzinduko mu Rwanda rugamije...

Abanyamakurukazi b’amazina azwi mu Rwanda basangije abantu amafoto bishimira igihe bamaze bakorana

Abanyamakurukazi b’amazina azwi mu Rwanda basangije abantu amafoto bishimira igihe bamaze bakorana

by radiotv10
23/01/2026
0

Abanyamakuru bazwi mu Rwanda, Aissa Cyiza, Cyuzuzo Jeanne d’Arc, Michèle Iradukunda uzwi nka Michou, na Mucyo Christella, bazwi mu kiganiro...

Inkuru y’Isomo: Ibiteye amatsiko mu mibanire y’umusore wemeye gushaka umukobwa ufite SIDA ubu bubatse urugo runezerewe

Inkuru y’Isomo: Ibiteye amatsiko mu mibanire y’umusore wemeye gushaka umukobwa ufite SIDA ubu bubatse urugo runezerewe

by radiotv10
23/01/2026
0

Umugabo n’umugore we bo mu Mujyi wa Kigali, bamaranye itanu babana, umwe afite ubwandu bwa Virusi itera SIDA undi atabufite,...

Bruce Melodie nyuma y’amasaha macye yerecyeje muri Kenya yahise atangira gukora icyamujyanye

Bruce Melodie nyuma y’amasaha macye yerecyeje muri Kenya yahise atangira gukora icyamujyanye

by radiotv10
23/01/2026
0

Umuhanzi Bruce Melodie ukunze kwiyita ‘Munyakazi’, nyuma y’amasaha macye ahagurutse i Kigali akerecyeza i Nairobi muri Kenya mu bikorwa byo...

Bashyize hanze imyitwarire bashinja ubuyobozi ituma ubujura budacika ahubwo bugakaza umurego

Bashyize hanze imyitwarire bashinja ubuyobozi ituma ubujura budacika ahubwo bugakaza umurego

by radiotv10
23/01/2026
0

Abo mu Mirenge ya Kivumu na Kigeyo mu Karere ka Rubavu, bavuga ko ubujura bubarembeje nyamara ngo ubuyobozi bukaba bubirebera...

IZIHERUKA

Gen.Makenga yabwiye abo muri AFC/M23 ibizaranga urugamba mu mwaka wa 2026
AMAHANGA

Hatangajwe ingingo y’ingenzi igiye kuganirwaho hagati ya AFC/M23 Leta ya Congo

by radiotv10
23/01/2026
0

Rayon yemeje ko yatandukanye na rutahizamu wabonwaga nk’ahazaza hayo

Rayon yemeje ko yatandukanye na rutahizamu wabonwaga nk’ahazaza hayo

23/01/2026
Hatangajwe icyazanye mu Rwanda intumwa z’Ingabo zihora ziteguye gutabara aho rukomeye mu karere

Hatangajwe icyazanye mu Rwanda intumwa z’Ingabo zihora ziteguye gutabara aho rukomeye mu karere

23/01/2026
Abanyamakurukazi b’amazina azwi mu Rwanda basangije abantu amafoto bishimira igihe bamaze bakorana

Abanyamakurukazi b’amazina azwi mu Rwanda basangije abantu amafoto bishimira igihe bamaze bakorana

23/01/2026
Ibihugu 19 byinjiye mu Kanama gashya ku Isi kashinzwe na Perezida wa America

Ibihugu 19 byinjiye mu Kanama gashya ku Isi kashinzwe na Perezida wa America

23/01/2026
Inkuru y’Isomo: Ibiteye amatsiko mu mibanire y’umusore wemeye gushaka umukobwa ufite SIDA ubu bubatse urugo runezerewe

Inkuru y’Isomo: Ibiteye amatsiko mu mibanire y’umusore wemeye gushaka umukobwa ufite SIDA ubu bubatse urugo runezerewe

23/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Hazamutse izindi mpaka ku kohereza mu Rwanda abimukira bazaturuka UK

Hazamutse izindi mpaka ku kohereza mu Rwanda abimukira bazaturuka UK

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Hatangajwe ingingo y’ingenzi igiye kuganirwaho hagati ya AFC/M23 Leta ya Congo

Rayon yemeje ko yatandukanye na rutahizamu wabonwaga nk’ahazaza hayo

Hatangajwe icyazanye mu Rwanda intumwa z’Ingabo zihora ziteguye gutabara aho rukomeye mu karere

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.