Thursday, January 8, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home IMYIDAGADURO

Uwabaye ‘Manager’ wa BruceMelodie wamufashije gusinyira Miliyari 1Frw yahawe kuyobora radiyo

radiotv10by radiotv10
02/11/2022
in IMYIDAGADURO, MU RWANDA, MUZIKA
0
Uwabaye ‘Manager’ wa BruceMelodie wamufashije gusinyira Miliyari 1Frw yahawe kuyobora radiyo
Share on FacebookShare on Twitter

Uwabaye umujyanama wa Bruce Melodie wamufashije gusinyira amasezerano ya rutura arimo ayo byavuzwe ko ari aya Miliyari 1 Frw n’andi ya Miliyoni 150 Frw, yabonye akazi ko kuyobora imwe muri radiyo zikorera mu Rwanda, yibanda ku biganiro by’imyidagaduro no guteza imbere umuziki nyarwanda.

Lee Ndayisaba wanakoze ibikorwa binyuranye by’imyidagaduro mu Bihugu byo mu karere ka Afurika y’Iburasirazuba, yahawe inshingano zo kuyobora Kiss FM izwiho guteza imbere umuziki nyarwanda.

Uyu munyemari kandi yanabaye ukurikirana inyungu z’umuhanzi Bruce Melodie, aho yanamufashije gusinya amasezerano akomeye arimo ayo byavuzwe ko ari aya miliyari 1 Frw.

Ubwo Lee Ndayisaba yakoranaga na Bruce Melodie kandi, uyu muhanzi yanasinye amasezerano ya Miliyoni 150 Frw yo kwamamaza inyubako ya Kigali Arena yaje guhinduka BK Arena.

Bruce Melodie umaze iminsi afite undi mujyanama, yakunze guhakana ko yatandukanye na Lee Ndayisaba, gusa uyu muyobozi mushya wa Kiss FM, akaba yanabyemeje ko atagikorana n’uyu muhanzi uri mu bakomeye mu Rwanda.

Lee Ndayisaba wanabaye umuyobozi wa Clouds TV izwi cyane mu myidagaduro yo muri Tanzania, yatangaje ko yishimiye kuyobora Kiss FM dore ko asanzwe afite ubunararibonye mu itangazamakuru ry’imyidagaduro.

Avuga kandi ko kuyobora iyi radiyo izwiho kuzamura umuziki nyarwanda, bitazamugora kuko asanze ifite abanyamakuru b’abahanga bamenyereye akazi.

Ahawe kuyobora iyi Radiyo nyuma y’iminsi micye itanze ibihembo ku bahanzi bitwaye neza bizwi nka Kiss Summer Awards mu muhango wabaye mu mpera z’icyumweru gishize.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

two + one =

Previous Post

U Rwanda ruzakomeza gutanga umusanzu mu kubungabunga umutekano- Perezida Kagame

Next Post

Hazamutse izindi mpaka ku kohereza mu Rwanda abimukira bazaturuka UK

Related Posts

Umuhanzi n’umunyamakurukazi bazwi mu Rwanda bamaze igihe bakundana basezeranye mu mategeko

Umuhanzi n’umunyamakurukazi bazwi mu Rwanda bamaze igihe bakundana basezeranye mu mategeko

by radiotv10
08/01/2026
0

Umunyamakuru Kayitesi Yvonne wamamaye nka Tessy n’umuhanzi w’umuraperi Shizzo, bamaze igihe mu munyenga w’urukundo, basezeranye imbere y’amategeko. Aba bombi bamaze...

RPF-Inkotanyi approves a new organizational structure

RPF-Inkotanyi approves a new organizational structure

by radiotv10
08/01/2026
0

The Secretariat General of the FPR-Inkotanyi party has approved the establishment of a new advisory body composed of senior and...

FPR-Inkotanyi yemeje urwego rushya rw’Umuryango

FPR-Inkotanyi yemeje urwego rushya rw’Umuryango

by radiotv10
08/01/2026
0

Ubunyamabanga Bukuru bw’Umuryango FPR-Inkotanyi bwemeje ishyirwaho rw’Urwego rushya rw’inararibonye rushinzwe ubujyanama mu Banyamuryango. Ishyirwaho ry’uru rwego, rikubiye mu myanzuro y’Inama...

Umunyasudanikazi uvuga Ikinyarwanda adategwa wihebeye u Rwanda yavuze ibintu bitatu arukundira

Umunyasudanikazi uvuga Ikinyarwanda adategwa wihebeye u Rwanda yavuze ibintu bitatu arukundira

by radiotv10
08/01/2026
0

Umunyasudanikazi Nyakuecky William wamaze kwibatiza akazina ka Gaju, uba mu Rwanda, uvuga ko yanamaze kuba Umunyarwandakazi, yavuze ibintu bitatu akunda...

AMAKURU AGEZWEHO: Uwakekwagaho kwica urw’agashinyaguro uwarokotse Jenoside na we yarashwe arapfa

Hasobanuwe uko byagenze ngo haraswe uwakekwagaho ubwicanyi no kuba umujura ruharwa muri Kirehe

by radiotv10
08/01/2026
0

Umusore wakekwagaho ubwicanyi n’ubujura yakoreraga mu bice bitandukanye mu Karere ka Kirehe wari uherutse kwica umumotari akanamwiba moto, yishwe arashwe...

IZIHERUKA

Umuhanzi n’umunyamakurukazi bazwi mu Rwanda bamaze igihe bakundana basezeranye mu mategeko
IBYAMAMARE

Umuhanzi n’umunyamakurukazi bazwi mu Rwanda bamaze igihe bakundana basezeranye mu mategeko

by radiotv10
08/01/2026
0

Umufana w’Ikipe ya Congo wabaye ikimenyabose mu Gikombe cya Afurika byarangiye ari amarira

Ibyo umukinnyi wa Algeria yakoreye imbere y’umufana utazibagirana wa Congo byatumye habaho gusaba imbabazi

08/01/2026
AFC/M23 yashyinguye mu cyubahiro abasivile bishwe urw’agashinyaguro n’ibitero by’indege i Masisi

AFC/M23 yashyinguye mu cyubahiro abasivile bishwe urw’agashinyaguro n’ibitero by’indege i Masisi

08/01/2026
Umufana wa Congo wazanye uburyo bwihariye bw’imifanire akomeje gusekerwa n’amahirwe nyuma yo kurira

Umufana wa Congo wazanye uburyo bwihariye bw’imifanire akomeje gusekerwa n’amahirwe nyuma yo kurira

08/01/2026
RPF-Inkotanyi approves a new organizational structure

RPF-Inkotanyi approves a new organizational structure

08/01/2026
FPR-Inkotanyi yemeje urwego rushya rw’Umuryango

FPR-Inkotanyi yemeje urwego rushya rw’Umuryango

08/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Hazamutse izindi mpaka ku kohereza mu Rwanda abimukira bazaturuka UK

Hazamutse izindi mpaka ku kohereza mu Rwanda abimukira bazaturuka UK

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Umuhanzi n’umunyamakurukazi bazwi mu Rwanda bamaze igihe bakundana basezeranye mu mategeko

Ibyo umukinnyi wa Algeria yakoreye imbere y’umufana utazibagirana wa Congo byatumye habaho gusaba imbabazi

AFC/M23 yashyinguye mu cyubahiro abasivile bishwe urw’agashinyaguro n’ibitero by’indege i Masisi

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.