Saturday, December 20, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Uwabaye Miss yagize icyo avuga ku mashusho ari kugarukwaho na benshi

radiotv10by radiotv10
04/10/2023
in MU RWANDA
4
Uwabaye Miss yagize icyo avuga ku mashusho ari kugarukwaho na benshi
Share on FacebookShare on Twitter

Mutesi Jolly wabaye Miss w’u Rwanda, yagize icyo avuga ku mashusho amaze iminsi acicikana bivugwa ko ari umugabo wari ugiye kwica agonze umugore we, avuga ko ibi bidakwiye kwihanganirwa.

Ni amashusho amaze iminsi acicikana ku mbuga nkoranyambaga, yanavuzweho n’umunyamakuru Scovia Mutesi ufite YouTube Channel igaruka ku makuru nk’aya y’ibi bicicikana.

Uyu munyamakuru yavugaga ko ari umugabo washatse kugonga umugore we ngo amwivugane, amuziza amakimbira bafitanye ashingiye ku mitungo.

Avuga kandi ko uyu mugabo yaje gutabwa muri yombi ariko akaza kurekurwa, ku buryo atumva uburyo yarekuwe.

Hari aho agira ati “Ariko mutekereze kuba RIB yaratinyutse kurekura uriya mugabo ireba iriya video?”

Ni amashusho agaragazamo umugore abanza kuvugana n’umuntu wari mu modoka [bivugwa ko ari umugabo we] ubundi uri mu modoka agasa nk’uwigira imbere akabanza kugonga indi yari iparitse mu gipangu, agasubira inyuma ashaka kugonga uwo mugore ariko Imana igakinga akaboko, akagonga urukuta rw’igipangu.

Aya mashusho bigaragara ko yafashwe na camera z’umutekano umwaka ushize wa 2022, yagiye agarukwaho n’abantu banyuranye ku mbuga nkoranyambaga, bavuga ko uwakoze ibi washakaga kwiyicira umugore we, akwiye kubiryozwa.

This is unacceptable and so enraging😡,but I have so much faith in our higher authorities that justice will prevail because I trust that such can’t happen under their watch .

If such issues are held with tender gloves and impunity becomes a norm, it will propagate a culture of… pic.twitter.com/oaKcjVx8t5

— Jolly Mutesi. #TeamPK (@JollyMutesi) October 4, 2023

Mutesi Jolly wabaye Miss Rwanda wa 2016, na we yagize icyo avuga kuri aya mashusho, mu butumwa yanyujije ku rubuga rwa X.

Mutesi Jolly yagize ati “Ibi bintu ntibikwiye kwihanganirwa kandi birakomeye. Gusa nizera inzego zacu z’ubutabera, ko zizabisuzuma kuko zidashobora kugira icyo zihanganira ngo kibe zirebera.”

Miss Jolly yakomeje avuga ko ibintu nk’ibi biramutse bibaye ntigagire igikorwa n’inzego, byaha icyuho ababikora kubikomeza.

Ati “Nta muntu n’umwe ukwiye guhohoterwa bene aka kageni. Umutima wanjye urashavuye ku bw’uyu mugore.”

RADIOTV10

Comments 4

  1. BIA says:
    2 years ago

    Ubundi umuntu utubatse, ntacyobakwiye kuvuga, kuko amarangamitima ye, abangamira kuri umwe, kandi hagomba kubaho balance,

    Reply
  2. Niyigena says:
    2 years ago

    Ubundi nkiyomyumvire uyikomorahe? kuba utubatse bikugira impumyi kuburyo utabona,ngo ushyire mugaciro,ntamuryango yabayemo se?wowe iwanyu ntabyo wabonaga ukabona ninama watanga murugo?

    Reply
  3. Rwanfizi Hakmj says:
    2 years ago

    Biba Hari umuntu nabonye w,umwibone Kandi w, injiji ni uwo mumiss wanyu.ubwose ko ababajwe n,uwo mugore azi icyateraga umugabo kumugonga umugorewe wikuraho abana akabaha umugabo urumva Ari umugore nyabaki ndabona impamvu yatangaga abana yaragirango abone uko yisanzura mubibi no mubyiza.ntamubyeyi muzima wikuraho abana abaha umugabo abari icyomanzi.iyongarisi rero ngo ni miss ntamuntu umurimo sinzi n,uwamugize miss icyo yagendeyeho.puu ubwo nawe ngo yavuze rero.niyo mpamvu ugumirwa.

    Reply
    • Winny Rutagengwa says:
      2 years ago

      Egoko ariko warumurwaye pee ubwose kugonga umuntu no kwirata bihuriyehe icyo uwo mugore Yaba yarakoze cyose ntaburenganzira bwo kumwica afite kuko ntiyamuremye pee ariko abanyarwanda karande zo kwica zibatumaho pee

      Reply

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

seventeen + 12 =

Previous Post

Kigali: Uwafatiwe iwe kubera gukora ibitemewe yahishuye amayeri yakoreshaga

Next Post

Kirehe: Haribazwa uwakoreye ubugome ndengakamere inka z’abaturage

Related Posts

Habaye impinduka mu Buyobozi Bukuru bwa FPR-Inkotanyi, Bazivamo agarukamo

Habaye impinduka mu Buyobozi Bukuru bwa FPR-Inkotanyi, Bazivamo agarukamo

by radiotv10
19/12/2025
0

Umuryango FPR-Inkotanyi wakoze amavugurura n’impinduka mu Buyobozi Bukuru bwawo, zasize ugize ba Visi Perezida babiri, ndetse Bazivamo Christophe wigeze kububamo,...

Bamporiki wabaye mu nzego nkuru z’u Rwanda yishimiye imyaka 15 amaze asezeranye n’umugore we

Bamporiki wabaye mu nzego nkuru z’u Rwanda yishimiye imyaka 15 amaze asezeranye n’umugore we

by radiotv10
19/12/2025
0

Edouard Bamporiki wagize imyanya inyuranye mu nzego nkuru z’u Rwanda nko muri Guverinoma, yagaragaje ibyishimo atewe n’isabukuru y’imyaka 15 amaze...

Abafurere babiri mu Rwanda barafunze nyuma y’urupfu rw’amayobera rwa mugenzi wabo

Abafurere babiri mu Rwanda barafunze nyuma y’urupfu rw’amayobera rwa mugenzi wabo

by radiotv10
19/12/2025
1

Abafurere babiri bari mu bantu bakurikiranyweho uruhare mu rupfu rwa mugenzi wabo wayoboraga ishuri ryo mu Karere ka Huye uherutse...

Dore inama zagufasha guhura na Yezu mu isengesho ryihariye rihatse andi muri Kiliziya Gatulika

Dore inama zagufasha guhura na Yezu mu isengesho ryihariye rihatse andi muri Kiliziya Gatulika

by radiotv10
19/12/2025
0

Gushengerera ni isengesho rikomeye muri Kiliziya Gatulika, rifasha abakristu kuganira na Yezu bucece, bamurangamiye mu isakaramentu ry’Ukarisitiya. Dore ibyo wakubahiriza...

Should parents still choose careers for their children?

Should parents still choose careers for their children?

by radiotv10
19/12/2025
0

For decades, many families have believed that parents should play a major, sometimes final role in deciding their children’s careers....

IZIHERUKA

Habaye impinduka mu Buyobozi Bukuru bwa FPR-Inkotanyi, Bazivamo agarukamo
MU RWANDA

Habaye impinduka mu Buyobozi Bukuru bwa FPR-Inkotanyi, Bazivamo agarukamo

by radiotv10
19/12/2025
0

Bamporiki wabaye mu nzego nkuru z’u Rwanda yishimiye imyaka 15 amaze asezeranye n’umugore we

Bamporiki wabaye mu nzego nkuru z’u Rwanda yishimiye imyaka 15 amaze asezeranye n’umugore we

19/12/2025
AGEZWEHO: Muri Congo imirwano yongeye noneho hagabwa n’ibitero mu buryo bushya

AGEZWEHO: Muri Congo imirwano yongeye noneho hagabwa n’ibitero mu buryo bushya

19/12/2025
Abafurere babiri mu Rwanda barafunze nyuma y’urupfu rw’amayobera rwa mugenzi wabo

Abafurere babiri mu Rwanda barafunze nyuma y’urupfu rw’amayobera rwa mugenzi wabo

19/12/2025
Umugabo wahigishwaga uruhindu muri America yabonetse yapfuye

Umugabo wahigishwaga uruhindu muri America yabonetse yapfuye

19/12/2025
Eng.-Fighting between AFC/M23 and its opponents resumes with heavy weapons

Eng.-Fighting between AFC/M23 and its opponents resumes with heavy weapons

19/12/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Kirehe: Haribazwa uwakoreye ubugome ndengakamere inka z’abaturage

Kirehe: Haribazwa uwakoreye ubugome ndengakamere inka z’abaturage

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Habaye impinduka mu Buyobozi Bukuru bwa FPR-Inkotanyi, Bazivamo agarukamo

Bamporiki wabaye mu nzego nkuru z’u Rwanda yishimiye imyaka 15 amaze asezeranye n’umugore we

AGEZWEHO: Muri Congo imirwano yongeye noneho hagabwa n’ibitero mu buryo bushya

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.