Friday, November 21, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Uwabaye mu nzego nkuru z’u Rwanda yavuze iby’ingenzi azahora yibukira kuri Past.Mpyisi

radiotv10by radiotv10
01/02/2024
in MU RWANDA
0
Uwabaye mu nzego nkuru z’u Rwanda yavuze iby’ingenzi azahora yibukira kuri Past.Mpyisi
Share on FacebookShare on Twitter

Hon. Bernard Makuza wagize imyanya mu nzego nkuru z’Igihugu nko kuba Minisitiri w’Intebe na Perezida wa Sena, yavuze ko hari indangagaciro abantu bakwigira kuri Pasiteri Ezra Mpyisi uherutse gutabaruka, zirimo kurangwa n’ukuri n’urukundo, zanatumye aramba akageza ku myaka 102.

Pasiteri Mpyisi yatabarutse mu mpera z’icyumweru gishize, ku gicamunsi cyo ku wa Gatandatu tariki 28 Mutarama 2024, azize uburwayi bw’izabukuru dore ko yatabarutse afite imyaka 102.

Hon. Bernard Makuza uzwi mu buyobozi bukuru bw’u Rwanda, wari uziranye na nyakwigendera Pasiteri Mpyisi, avuga ko yamumenye cyera akiri umwana w’imyaka 12 amubwiwe na Se bakoranaga.

Ati “Kuko bakoranye mu Nama Nkuru y’Igihugu mu gihe cy’Umwami, kwa kundi abana bareba mu mafoto, tuza kugenda tumubaza tuti ‘uyu ni inde uyu ni nde?’ mu bo yatubwiye cyane cyane ni Mpyisi. Icyo yamumbwiye ndi muto, naje kukibonera ndi mukuru.”

Bernard Makuza yakomeje avuga ko Mpyisi yarangwaga n’indangagaciro zinoze, yamubonyeho ari zo “Ukuri, urukundo, bibiliya.” Kandi ko ibi ari byo byamufashije kuramba kugeza ku myaka 102.

Ati “Imyaka 102 igirwa n’abantu mbarwa, navuga ko ari ibintu bidasanzwe nk’uku, ariko nanone imyaka 102 yuzuyemo ibintu nabyo navuga ko bidasanzwe cyangwa se byubaka.”

Ikindi ni uko Pasiteri Mpyisi nubwo yari akuze kuri iyi myaka, ariko yakomeje kugira ibitekerezo bizima kandi agifite ubuhanga yari agifite akiri muto.

Ati “Ntawe mpfobya, ntawe ngira gute ariko hari ubwo ushobora kugira muri iyo myaka intege zikaba nke yaba ari izo mu mutwe, yaba ari iz’umutima cyangwa se iz’umubiri, ariko we igitangaje rwose imyaka 102 akiri umuntu ubona ko agifitiye umumaro umuryango mugari.

Imyaka 102 irimo ukuri kutanyoroberetse, ukuri kutaziguye, ukuri nyako kudashaka bya bindi bishobora kuryohera uwo ubwira ahubwo bishobora guhungabanya uwo ubwira ariko bikamwubaka.”

Pasiteri Mpyisi azashyingurwa ku Cyumweru tariki 04 Gashyantare 2024, mu gihe muri iki cyumweru hari gukorwa ikiriyo cyo kumuzirikana.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

19 − twelve =

Previous Post

Menya impamvu mu Rwanda hagiye kongerwa ibigo ngororamuco nubwo Abadepite babibona ukundi

Next Post

Ifoto y’umwe mu basitari bazwi mu Rwanda yavugishije abatari bacye

Related Posts

AMAKURU MASHYA: Perezida Kagame yakiriye Umuyobozi w’Ikirenga wa Qatar ugendereye u Rwanda

AMAKURU MASHYA: Perezida Kagame yakiriye Umuyobozi w’Ikirenga wa Qatar ugendereye u Rwanda

by radiotv10
20/11/2025
0

Perezida Paul Kagame yakiriye Umuyobozi w’Ikirenge wa Qatar, Sheikh Tamim bin Hamad Al-Thani watangiye uruzinduko rw’akazi rw’iminsi ibiri mu Rwanda....

Eng.-Rwanda National Police begins probe into foreigners seen involved in violence in Kigali

Eng.-Rwanda National Police begins probe into foreigners seen involved in violence in Kigali

by radiotv10
20/11/2025
0

Rwanda National Police has announced that it has begun following up on the issue of other foreigners who appeared in...

Umwe mu mihanda ihuza Intara ebyiri mu Rwanda uramara amasaha arindwi utari nyabagendwa n’ibinyabiziga

Umwe mu mihanda ihuza Intara ebyiri mu Rwanda uramara amasaha arindwi utari nyabagendwa n’ibinyabiziga

by radiotv10
20/11/2025
0

Umuhanda uhuza Uturere twa Nyanza mu Ntara y’Amajyepfo, na Bugesera na Ngoma mu y’Iburasirazuba, uraza kumara amasaha arindwi (kuva saa...

Icyo polisi y’u Rwanda ivuga ku bandi banyamahanga bagaragaye mu rugomo muri Kigali

Icyo polisi y’u Rwanda ivuga ku bandi banyamahanga bagaragaye mu rugomo muri Kigali

by radiotv10
20/11/2025
0

Polisi y’u Rwanda yatangaje ko yatangiye gukurikirana ikibazo cy’abandi banyamahanga bagaragaye mu mashusho bakorera urugomo abamotari mu Mujyi wa Kigali....

Rusizi: Abavugwaho ubutekamutwe bafashwe n’uwo baraye bibye basanganwa bimwe mu byo bakoresha batuburira abantu

Rusizi: Abavugwaho ubutekamutwe bafashwe n’uwo baraye bibye basanganwa bimwe mu byo bakoresha batuburira abantu

by radiotv10
20/11/2025
0

Umugabo wo mu murenge wa Kamembe wari wibwe terefone n’abasore babiri bamutekeye umutwe ngo bakamutega ikizingo cy’amakoma azinze neza nk’amafaranga...

IZIHERUKA

AMAKURU MASHYA: Perezida Kagame yakiriye Umuyobozi w’Ikirenga wa Qatar ugendereye u Rwanda
MU RWANDA

AMAKURU MASHYA: Perezida Kagame yakiriye Umuyobozi w’Ikirenga wa Qatar ugendereye u Rwanda

by radiotv10
20/11/2025
0

Eng.-Rwanda National Police begins probe into foreigners seen involved in violence in Kigali

Eng.-Rwanda National Police begins probe into foreigners seen involved in violence in Kigali

20/11/2025
Umwe mu mihanda ihuza Intara ebyiri mu Rwanda uramara amasaha arindwi utari nyabagendwa n’ibinyabiziga

Umwe mu mihanda ihuza Intara ebyiri mu Rwanda uramara amasaha arindwi utari nyabagendwa n’ibinyabiziga

20/11/2025
Icyo polisi y’u Rwanda ivuga ku bandi banyamahanga bagaragaye mu rugomo muri Kigali

Icyo polisi y’u Rwanda ivuga ku bandi banyamahanga bagaragaye mu rugomo muri Kigali

20/11/2025
Rusizi: Abavugwaho ubutekamutwe bafashwe n’uwo baraye bibye basanganwa bimwe mu byo bakoresha batuburira abantu

Rusizi: Abavugwaho ubutekamutwe bafashwe n’uwo baraye bibye basanganwa bimwe mu byo bakoresha batuburira abantu

20/11/2025
Uruganda rwaherewe uruhushya gukora inzoga mu bitoki rwatahuwe rukoresha ibiteye inkeke

Uruganda rwaherewe uruhushya gukora inzoga mu bitoki rwatahuwe rukoresha ibiteye inkeke

20/11/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Ifoto y’umwe mu basitari bazwi mu Rwanda yavugishije abatari bacye

Ifoto y’umwe mu basitari bazwi mu Rwanda yavugishije abatari bacye

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

AMAKURU MASHYA: Perezida Kagame yakiriye Umuyobozi w’Ikirenga wa Qatar ugendereye u Rwanda

Eng.-Rwanda National Police begins probe into foreigners seen involved in violence in Kigali

Umwe mu mihanda ihuza Intara ebyiri mu Rwanda uramara amasaha arindwi utari nyabagendwa n’ibinyabiziga

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.