Thursday, July 31, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Uwabaye mu nzego nkuru z’u Rwanda yavuze iby’ingenzi azahora yibukira kuri Past.Mpyisi

radiotv10by radiotv10
01/02/2024
in MU RWANDA
0
Uwabaye mu nzego nkuru z’u Rwanda yavuze iby’ingenzi azahora yibukira kuri Past.Mpyisi
Share on FacebookShare on Twitter

Hon. Bernard Makuza wagize imyanya mu nzego nkuru z’Igihugu nko kuba Minisitiri w’Intebe na Perezida wa Sena, yavuze ko hari indangagaciro abantu bakwigira kuri Pasiteri Ezra Mpyisi uherutse gutabaruka, zirimo kurangwa n’ukuri n’urukundo, zanatumye aramba akageza ku myaka 102.

Pasiteri Mpyisi yatabarutse mu mpera z’icyumweru gishize, ku gicamunsi cyo ku wa Gatandatu tariki 28 Mutarama 2024, azize uburwayi bw’izabukuru dore ko yatabarutse afite imyaka 102.

Hon. Bernard Makuza uzwi mu buyobozi bukuru bw’u Rwanda, wari uziranye na nyakwigendera Pasiteri Mpyisi, avuga ko yamumenye cyera akiri umwana w’imyaka 12 amubwiwe na Se bakoranaga.

Ati “Kuko bakoranye mu Nama Nkuru y’Igihugu mu gihe cy’Umwami, kwa kundi abana bareba mu mafoto, tuza kugenda tumubaza tuti ‘uyu ni inde uyu ni nde?’ mu bo yatubwiye cyane cyane ni Mpyisi. Icyo yamumbwiye ndi muto, naje kukibonera ndi mukuru.”

Bernard Makuza yakomeje avuga ko Mpyisi yarangwaga n’indangagaciro zinoze, yamubonyeho ari zo “Ukuri, urukundo, bibiliya.” Kandi ko ibi ari byo byamufashije kuramba kugeza ku myaka 102.

Ati “Imyaka 102 igirwa n’abantu mbarwa, navuga ko ari ibintu bidasanzwe nk’uku, ariko nanone imyaka 102 yuzuyemo ibintu nabyo navuga ko bidasanzwe cyangwa se byubaka.”

Ikindi ni uko Pasiteri Mpyisi nubwo yari akuze kuri iyi myaka, ariko yakomeje kugira ibitekerezo bizima kandi agifite ubuhanga yari agifite akiri muto.

Ati “Ntawe mpfobya, ntawe ngira gute ariko hari ubwo ushobora kugira muri iyo myaka intege zikaba nke yaba ari izo mu mutwe, yaba ari iz’umutima cyangwa se iz’umubiri, ariko we igitangaje rwose imyaka 102 akiri umuntu ubona ko agifitiye umumaro umuryango mugari.

Imyaka 102 irimo ukuri kutanyoroberetse, ukuri kutaziguye, ukuri nyako kudashaka bya bindi bishobora kuryohera uwo ubwira ahubwo bishobora guhungabanya uwo ubwira ariko bikamwubaka.”

Pasiteri Mpyisi azashyingurwa ku Cyumweru tariki 04 Gashyantare 2024, mu gihe muri iki cyumweru hari gukorwa ikiriyo cyo kumuzirikana.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

16 + 10 =

Previous Post

Menya impamvu mu Rwanda hagiye kongerwa ibigo ngororamuco nubwo Abadepite babibona ukundi

Next Post

Ifoto y’umwe mu basitari bazwi mu Rwanda yavugishije abatari bacye

Related Posts

Menya ibyemezo bya mbere by’Inama y’Abaminisitiri ba Guverinoma nshya y’u Rwanda

Menya ibyemezo bya mbere by’Inama y’Abaminisitiri ba Guverinoma nshya y’u Rwanda

by radiotv10
31/07/2025
0

Inama y’Abaminisitiri ya mbere ya Guverinoma nshya y’u Rwanda yafatiwemo ibyemezo birimo kwemeza Abadipolomate 10 bahagarariye Ibihugu byabo n’Imiryango Mpuzamahanga....

Huye: Hafashwe abasore bakekwaho ibikorwa bigayitse bihungabanya umutekano w’abaturage

Huye: Hafashwe abasore bakekwaho ibikorwa bigayitse bihungabanya umutekano w’abaturage

by radiotv10
30/07/2025
0

Polisi yo mu Karere ka Huye yafashe abasore 9 bakekwaho ibikorwa bihungabanya umutekano w’abaturage by’ubujura bakoraga bitwaje intwaro gakondo zirimo...

Menya Abajenelari 9 bari mu basirikare 1000 Perezida Kagame yemeje ko bajya mu kiruhuko

Menya Abajenelari 9 bari mu basirikare 1000 Perezida Kagame yemeje ko bajya mu kiruhuko

by radiotv10
30/07/2025
0

Perezida wa Repubulika akaba n’Umugaba w’Ikirenga w’Ingabo z’u Rwanda, Paul Kagame yemeje ikiruhuko ku basirikare 1 081 barimo 9 bo...

Rusizi: Igikekwa ku rupfu rw’uwari uzwiho gukunda inzoga wasanzwe mu mukingo yapfuye

Rusizi: Igikekwa ku rupfu rw’uwari uzwiho gukunda inzoga wasanzwe mu mukingo yapfuye

by radiotv10
30/07/2025
0

Umugabo w’imyaka 48 wari uzwiho ubusinzi, yasanzwe yapfuye mu mukingo wa metero zirindwi mu Murenge wa Gihundwe mu Karere ka...

Ntitubinginga-Igisubizo u Rwanda ruha abatekereza ko rwemeye gusinyana na Congo amasezerano ngo rukurirweho ibihano

Ntitubinginga-Igisubizo u Rwanda ruha abatekereza ko rwemeye gusinyana na Congo amasezerano ngo rukurirweho ibihano

by radiotv10
30/07/2025
0

Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga n’Ubutwererane, Amb. Olivier Nduhungirehe yavuze ko kuba Guverinoma y’u Rwanda yaremeye gushyira umukono ku masezerano y’amahoro na...

IZIHERUKA

Menya ibyemezo bya mbere by’Inama y’Abaminisitiri ba Guverinoma nshya y’u Rwanda
MU RWANDA

Menya ibyemezo bya mbere by’Inama y’Abaminisitiri ba Guverinoma nshya y’u Rwanda

by radiotv10
31/07/2025
0

Huye: Hafashwe abasore bakekwaho ibikorwa bigayitse bihungabanya umutekano w’abaturage

Huye: Hafashwe abasore bakekwaho ibikorwa bigayitse bihungabanya umutekano w’abaturage

30/07/2025
Haravugwa gukaza umurego kw’imirwano hagati ya AFC/M23 na Wazalendo

AFC/M23 iravugwaho gukaza imbaraga za gisirikare mu gace kamwe i Walikare

30/07/2025
Tanzania yafashe icyemezo gikumira abanyamahanga mu bucuruzi bumwe

Tanzania yafashe icyemezo gikumira abanyamahanga mu bucuruzi bumwe

30/07/2025
Menya Abajenelari 9 bari mu basirikare 1000 Perezida Kagame yemeje ko bajya mu kiruhuko

Menya Abajenelari 9 bari mu basirikare 1000 Perezida Kagame yemeje ko bajya mu kiruhuko

30/07/2025
Umwihariko w’igitaramo kigiye kuba bwa mbere Rwanda

Umwihariko w’igitaramo kigiye kuba bwa mbere Rwanda

30/07/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Ifoto y’umwe mu basitari bazwi mu Rwanda yavugishije abatari bacye

Ifoto y’umwe mu basitari bazwi mu Rwanda yavugishije abatari bacye

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Menya ibyemezo bya mbere by’Inama y’Abaminisitiri ba Guverinoma nshya y’u Rwanda

Huye: Hafashwe abasore bakekwaho ibikorwa bigayitse bihungabanya umutekano w’abaturage

AFC/M23 iravugwaho gukaza imbaraga za gisirikare mu gace kamwe i Walikare

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.

Welcome Back!

Login to your account below

Forgotten Password?

Retrieve your password

Please enter your username or email address to reset your password.

Log In

Add New Playlist

No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.