Friday, January 30, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Uwabaye mu nzego nkuru z’u Rwanda yavuze iby’ingenzi azahora yibukira kuri Past.Mpyisi

radiotv10by radiotv10
01/02/2024
in MU RWANDA
0
Uwabaye mu nzego nkuru z’u Rwanda yavuze iby’ingenzi azahora yibukira kuri Past.Mpyisi
Share on FacebookShare on Twitter

Hon. Bernard Makuza wagize imyanya mu nzego nkuru z’Igihugu nko kuba Minisitiri w’Intebe na Perezida wa Sena, yavuze ko hari indangagaciro abantu bakwigira kuri Pasiteri Ezra Mpyisi uherutse gutabaruka, zirimo kurangwa n’ukuri n’urukundo, zanatumye aramba akageza ku myaka 102.

Pasiteri Mpyisi yatabarutse mu mpera z’icyumweru gishize, ku gicamunsi cyo ku wa Gatandatu tariki 28 Mutarama 2024, azize uburwayi bw’izabukuru dore ko yatabarutse afite imyaka 102.

Hon. Bernard Makuza uzwi mu buyobozi bukuru bw’u Rwanda, wari uziranye na nyakwigendera Pasiteri Mpyisi, avuga ko yamumenye cyera akiri umwana w’imyaka 12 amubwiwe na Se bakoranaga.

Ati “Kuko bakoranye mu Nama Nkuru y’Igihugu mu gihe cy’Umwami, kwa kundi abana bareba mu mafoto, tuza kugenda tumubaza tuti ‘uyu ni inde uyu ni nde?’ mu bo yatubwiye cyane cyane ni Mpyisi. Icyo yamumbwiye ndi muto, naje kukibonera ndi mukuru.”

Bernard Makuza yakomeje avuga ko Mpyisi yarangwaga n’indangagaciro zinoze, yamubonyeho ari zo “Ukuri, urukundo, bibiliya.” Kandi ko ibi ari byo byamufashije kuramba kugeza ku myaka 102.

Ati “Imyaka 102 igirwa n’abantu mbarwa, navuga ko ari ibintu bidasanzwe nk’uku, ariko nanone imyaka 102 yuzuyemo ibintu nabyo navuga ko bidasanzwe cyangwa se byubaka.”

Ikindi ni uko Pasiteri Mpyisi nubwo yari akuze kuri iyi myaka, ariko yakomeje kugira ibitekerezo bizima kandi agifite ubuhanga yari agifite akiri muto.

Ati “Ntawe mpfobya, ntawe ngira gute ariko hari ubwo ushobora kugira muri iyo myaka intege zikaba nke yaba ari izo mu mutwe, yaba ari iz’umutima cyangwa se iz’umubiri, ariko we igitangaje rwose imyaka 102 akiri umuntu ubona ko agifitiye umumaro umuryango mugari.

Imyaka 102 irimo ukuri kutanyoroberetse, ukuri kutaziguye, ukuri nyako kudashaka bya bindi bishobora kuryohera uwo ubwira ahubwo bishobora guhungabanya uwo ubwira ariko bikamwubaka.”

Pasiteri Mpyisi azashyingurwa ku Cyumweru tariki 04 Gashyantare 2024, mu gihe muri iki cyumweru hari gukorwa ikiriyo cyo kumuzirikana.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

two × four =

Previous Post

Menya impamvu mu Rwanda hagiye kongerwa ibigo ngororamuco nubwo Abadepite babibona ukundi

Next Post

Ifoto y’umwe mu basitari bazwi mu Rwanda yavugishije abatari bacye

Related Posts

Hakozwe operasiyo yo gufata umugabo ukewaho gucuruza ku rwego rwo hejuru ibiyobyabwenge

Hakozwe operasiyo yo gufata umugabo ukewaho gucuruza ku rwego rwo hejuru ibiyobyabwenge

by radiotv10
29/01/2026
0

Polisi y’u Rwanda ikorera mu Karere ka Ruhango, yafashe umugabo w’imyaka 43 ukekwaho gucuruza ku rwego rwo hejuru, gukwirakwiza no...

Umunyamakuru Maurice yavuze aho yamenyeye ko yahawe inshingano na Guverinoma y’u Rwanda n’ibyakurikiyeho

Umunyamakuru Maurice yavuze aho yamenyeye ko yahawe inshingano na Guverinoma y’u Rwanda n’ibyakurikiyeho

by radiotv10
29/01/2026
0

Uwera Jean Maurice wari usanzwe ari umunyamakuru, akaba yahawe inshingano zo kuba Umuvugizi Wungirije wa Guverinoma y’u Rwanda, yavuze ko...

Hatanzwe umucyo ku cyari kigamijwe haba inama yahuje Perezida Kagame na Tshisekedi i Doha

Eng.-Minister Nduhungirehe reminds the European Parliament it has no jurisdiction over Rwanda

by radiotv10
29/01/2026
0

Minister Olivier Nduhungirehe has reacted after the European Parliament once again involved itself in the case of politician Victoire Ingabire,...

Uwashyize ubutumwa ku mbuga nkoranyambaga bwumvikanyemo ubwishongozi yazanye ubundi asubiza ababutanzeho ibitekerezo

Uwashyize ubutumwa ku mbuga nkoranyambaga bwumvikanyemo ubwishongozi yazanye ubundi asubiza ababutanzeho ibitekerezo

by radiotv10
29/01/2026
0

Umwe mu bakoresha imbuga nkoranyambaga uherutse gushyiraho ubutumwa bwafashwe na bamwe nk’ubwishongozi, yasabye imbabazi ku bo bwakomerekeje, avuga ko yari...

Min.Nduhungirehe yagize icyo yibutsa Inteko y’u Burayi yongeye kwinjira mu by’Umunyapolitiki Ingabire Victoire

Min.Nduhungirehe yagize icyo yibutsa Inteko y’u Burayi yongeye kwinjira mu by’Umunyapolitiki Ingabire Victoire

by radiotv10
29/01/2026
0

Nyuma yuko Inteko y’Umuryango w’Ubumwe bw’u Burayi noneho ikoresheje umuhungu wa Ingabire Victoire Umuhoza mu gusaba u Rwanda kurekura umubyeyi...

IZIHERUKA

Hakozwe operasiyo yo gufata umugabo ukewaho gucuruza ku rwego rwo hejuru ibiyobyabwenge
MU RWANDA

Hakozwe operasiyo yo gufata umugabo ukewaho gucuruza ku rwego rwo hejuru ibiyobyabwenge

by radiotv10
29/01/2026
0

Umunyamakuru Maurice yavuze aho yamenyeye ko yahawe inshingano na Guverinoma y’u Rwanda n’ibyakurikiyeho

Umunyamakuru Maurice yavuze aho yamenyeye ko yahawe inshingano na Guverinoma y’u Rwanda n’ibyakurikiyeho

29/01/2026
Hatanzwe umucyo ku cyari kigamijwe haba inama yahuje Perezida Kagame na Tshisekedi i Doha

Eng.-Minister Nduhungirehe reminds the European Parliament it has no jurisdiction over Rwanda

29/01/2026
Uwashyize ubutumwa ku mbuga nkoranyambaga bwumvikanyemo ubwishongozi yazanye ubundi asubiza ababutanzeho ibitekerezo

Uwashyize ubutumwa ku mbuga nkoranyambaga bwumvikanyemo ubwishongozi yazanye ubundi asubiza ababutanzeho ibitekerezo

29/01/2026
Min.Nduhungirehe yagize icyo yibutsa Inteko y’u Burayi yongeye kwinjira mu by’Umunyapolitiki Ingabire Victoire

Min.Nduhungirehe yagize icyo yibutsa Inteko y’u Burayi yongeye kwinjira mu by’Umunyapolitiki Ingabire Victoire

29/01/2026
Igisubizo Iran ihaye America nyuma y’ibyo yise ibikangisho ikomeje kuyishyiraho

Igisubizo Iran ihaye America nyuma y’ibyo yise ibikangisho ikomeje kuyishyiraho

29/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Ifoto y’umwe mu basitari bazwi mu Rwanda yavugishije abatari bacye

Ifoto y’umwe mu basitari bazwi mu Rwanda yavugishije abatari bacye

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Hakozwe operasiyo yo gufata umugabo ukewaho gucuruza ku rwego rwo hejuru ibiyobyabwenge

Umunyamakuru Maurice yavuze aho yamenyeye ko yahawe inshingano na Guverinoma y’u Rwanda n’ibyakurikiyeho

Eng.-Minister Nduhungirehe reminds the European Parliament it has no jurisdiction over Rwanda

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.