Friday, January 30, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Uwabaye PS muri MININFRA wari wagizwe umwere mu rubanza rwa za Miliyari yategetswe gufungwa

radiotv10by radiotv10
15/06/2022
in MU RWANDA
0
Uwabaye PS muri MININFRA wari wagizwe umwere mu rubanza rwa za Miliyari yategetswe gufungwa
Share on FacebookShare on Twitter

Rwakunda Christian wabaye Umunyabanga Uhoraho muri Minisiteri y’Ibikorwa Remezo wari wagizwe umwere mu rubanza aregwamo na bagenzi be rwo kunyereza Miliyari 2 Frw, yahamijwe icyaha mu bujurire bw’Ubushinjacyaha, ategekwa gufungwa imyaka itandatu.

Uru rubanza ruzwimo cyane Rwamuganza Caleb wahoze ari Umunyamabanga Uhoraho muri Ministeri y’Imari n’Igenamigambi (MINECOFIN), na Serubibi Eric wari Umuyobozi Mukuru w’Ikigo cy’Igihugu cy’imyubakire ndetse na Kabera Godfrey wahoze ari umuyobozi mukuru ushinzwe igenamigambi muri MINECOFIN, muri Werurwe 2021 rwari rwabakatiye gufungwa imyaka itandatu.

Urukiko Rwisumbuye rwa Gasabo kandi rwari rwaciye aba bagabo ihazabu ya miliyoni 3 Frw no gusubiza mu isanduku ya Leta miliyari 1,8 Frw.

Uru rukiko kandi rwari rwagize umwere Rwakunda Christian wabaye Umunyamabanga Uhoraho muri MININFRA ndetse n’Umunyemari Rusizana Aloys na Sosiyete A&P LTD.

Aba bagabo bakurikiranyweho kunyereza Miliyari 2 Frw mu bikorwa byo kugura inyubako yishyuwe 9 850 000 000 Frw nyamara yari ifite agaciro ka 7 600 000 000 Frw.

Impande zombi, yaba abahamijwe icyaha ndetse n’Ubushinjacyaha, bajuririye iki cyemezo mu rukiko Rukuru aho abahamijwe icyaha bajuriye basaba kugihanagurwaho mu gihe Ubushinjacyaha bwajuririye bariya bagizwe abere, busaba ko bagihamywa bagafungwa.

Urukiko Rukuru rwaburanishije ubujurire, rwamaze gutangaza icyemezo kuri ubu bujurire, aho ku bahamaijwe icyaha, rwagumishijeho igihano bari bakatiwe uretse Kabera Godfrey wagizwe umwere.

Naho abari bagizwe abere mu Ruriko Rwisumbuye rwa gasabo, Urukiko Rukuru rwabagihamije ibyaha, rubabakatira gufungwa imyaka itandatu.

Urukiko Rukuru rwavuze ko uyu munyemari Rusizana Aloys na Sosiyete A&P LTD bagize akagambane muri ibi byaha byo kunyereza ziriya miliyari muri iriya nyubako ye yagurishijwe Miliyari 9,8 Frw kandi yari ifite agaciro ka Miliyari 7,6 Frw.

Rwavuze kandi ko Kuri Rwakunda Christian wabaye Umunyamabanga Uhoraho muri Ministeri y’Ibikorwa Remezo, na we yarebwaga n’ibyemezo byose byafashwe mu igurwa ry’iriya nyubako bityo ko na we yagize uruhare muri ibi byaha.

Urukiko Rukuru rwagumishijeho ibihano byari byafatiwe abari bahamijwe ibyaha mu rukiko rwa mbere, rwategetse ko n’aba bari bagizwe abere bafungwa imyaka itandatu n’ihazabu ya Miliyoni 3 Frw.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

5 × 2 =

Previous Post

Hamenyekanye icyatumye indege yagombaga kuvana abimukira mu Bwongereza ihagarikwa ku munota wa nyuma

Next Post

Ubwoba ni bwose mu Banyarwanda bari i Goma kubera imyigaragambyo idasanze yo kubirukana

Related Posts

AMAKURU MASHYA: Hatanzwe iminsi ibiri y’ikuruhuko yikurikiranya mu Rwanda

Hatangajwe Konji rusange mu Rwanda

by radiotv10
30/01/2026
0

Minisiteri y’Abakozi ba Leta n’Umurimo, yatangaje ko ku wa Mbere tariki 02 Gashyantare 2026 ari umunsi w’Ikiruhuko rusange, bitewe no...

General (Rtd) James Kabarebe yabonye umwungiriza mu nshingano afite muri Perezidansi y’u Rwanda

General (Rtd) James Kabarebe yabonye umwungiriza mu nshingano afite muri Perezidansi y’u Rwanda

by radiotv10
30/01/2026
0

Perezida wa Repubulika y’u Rwanda, Paul Kagame yashyize mu myanya abayobozi barimo Brig Gen Jean Paul Nyirubutama wagizwe Umujyanama Mukuru...

Hashyizwe hanze imibare igaragaza uko ruswa y’igitsina muri za kaminuza zo mu Rwanda ihagaze

Hashyizwe hanze imibare igaragaza uko ruswa y’igitsina muri za kaminuza zo mu Rwanda ihagaze

by radiotv10
30/01/2026
0

Ubushakashatsi bw’Umuryango urwanya ruswa n’akarengane, Transparency International Rwanda, bwakorewe mu mashuri makuru na za kaminuza, bwagaragaje ko abantu 8% batanze...

Barafinda wigeze  kugarukwaho cyane yatawe muri yombi

Barafinda wigeze kugarukwaho cyane yatawe muri yombi

by radiotv10
30/01/2026
0

RIB yataye muri yombi abantu batatu barimo Barafinda Sekikubo Fred wigeze kwiyita Umunyapolitiki w’akataraboneka, akanajya kuri Komisiyo y’Amatora avuga ko...

Gnassingbé uyoboye ubuhuza mu gushaka umuti w’ibibazo byo muri Congo ari mu Rwanda

Gnassingbé uyoboye ubuhuza mu gushaka umuti w’ibibazo byo muri Congo ari mu Rwanda

by radiotv10
30/01/2026
0

Perezida w’Inama y’Abaminisitiri ya Togo, Faure Essozimna Gnassingbé wanahawe inshingano na Afurika Yunze Ubumwe z’ubuhuza mu gushaka umuti w’ibibazo byo...

IZIHERUKA

AMAKURU MASHYA: Hatanzwe iminsi ibiri y’ikuruhuko yikurikiranya mu Rwanda
MU RWANDA

Hatangajwe Konji rusange mu Rwanda

by radiotv10
30/01/2026
0

Eng.-AFC/M23 releases distressing footage of atrocities committed by opposing forces

Itangazo ry’akababaro ka AFC/M23 ku bikorwa by’ubugome byakozwe n’uruhande bahanganye

30/01/2026
Umutoza wa Senegal nyuma yo gucibwa 100,000$ yageneye ubutumwa abari batangiye kuyamukusanyiriza

Umutoza wa Senegal nyuma yo gucibwa 100,000$ yageneye ubutumwa abari batangiye kuyamukusanyiriza

30/01/2026
General (Rtd) James Kabarebe yabonye umwungiriza mu nshingano afite muri Perezidansi y’u Rwanda

General (Rtd) James Kabarebe yabonye umwungiriza mu nshingano afite muri Perezidansi y’u Rwanda

30/01/2026
Hashyizwe hanze imibare igaragaza uko ruswa y’igitsina muri za kaminuza zo mu Rwanda ihagaze

Hashyizwe hanze imibare igaragaza uko ruswa y’igitsina muri za kaminuza zo mu Rwanda ihagaze

30/01/2026
Filimi mpuzamahanga igezweho muri iyi minsi igiye kwerekanwa i Kigali muri gahunda ikiri nshya

Filimi mpuzamahanga igezweho muri iyi minsi igiye kwerekanwa i Kigali muri gahunda ikiri nshya

30/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Ubwoba ni bwose mu Banyarwanda bari i Goma kubera imyigaragambyo idasanze yo kubirukana

Ubwoba ni bwose mu Banyarwanda bari i Goma kubera imyigaragambyo idasanze yo kubirukana

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Hatangajwe Konji rusange mu Rwanda

Itangazo ry’akababaro ka AFC/M23 ku bikorwa by’ubugome byakozwe n’uruhande bahanganye

Umutoza wa Senegal nyuma yo gucibwa 100,000$ yageneye ubutumwa abari batangiye kuyamukusanyiriza

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.