Monday, December 8, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Uwabaye PS muri MININFRA wari wagizwe umwere mu rubanza rwa za Miliyari yategetswe gufungwa

radiotv10by radiotv10
15/06/2022
in MU RWANDA
0
Uwabaye PS muri MININFRA wari wagizwe umwere mu rubanza rwa za Miliyari yategetswe gufungwa
Share on FacebookShare on Twitter

Rwakunda Christian wabaye Umunyabanga Uhoraho muri Minisiteri y’Ibikorwa Remezo wari wagizwe umwere mu rubanza aregwamo na bagenzi be rwo kunyereza Miliyari 2 Frw, yahamijwe icyaha mu bujurire bw’Ubushinjacyaha, ategekwa gufungwa imyaka itandatu.

Uru rubanza ruzwimo cyane Rwamuganza Caleb wahoze ari Umunyamabanga Uhoraho muri Ministeri y’Imari n’Igenamigambi (MINECOFIN), na Serubibi Eric wari Umuyobozi Mukuru w’Ikigo cy’Igihugu cy’imyubakire ndetse na Kabera Godfrey wahoze ari umuyobozi mukuru ushinzwe igenamigambi muri MINECOFIN, muri Werurwe 2021 rwari rwabakatiye gufungwa imyaka itandatu.

Urukiko Rwisumbuye rwa Gasabo kandi rwari rwaciye aba bagabo ihazabu ya miliyoni 3 Frw no gusubiza mu isanduku ya Leta miliyari 1,8 Frw.

Uru rukiko kandi rwari rwagize umwere Rwakunda Christian wabaye Umunyamabanga Uhoraho muri MININFRA ndetse n’Umunyemari Rusizana Aloys na Sosiyete A&P LTD.

Aba bagabo bakurikiranyweho kunyereza Miliyari 2 Frw mu bikorwa byo kugura inyubako yishyuwe 9 850 000 000 Frw nyamara yari ifite agaciro ka 7 600 000 000 Frw.

Impande zombi, yaba abahamijwe icyaha ndetse n’Ubushinjacyaha, bajuririye iki cyemezo mu rukiko Rukuru aho abahamijwe icyaha bajuriye basaba kugihanagurwaho mu gihe Ubushinjacyaha bwajuririye bariya bagizwe abere, busaba ko bagihamywa bagafungwa.

Urukiko Rukuru rwaburanishije ubujurire, rwamaze gutangaza icyemezo kuri ubu bujurire, aho ku bahamaijwe icyaha, rwagumishijeho igihano bari bakatiwe uretse Kabera Godfrey wagizwe umwere.

Naho abari bagizwe abere mu Ruriko Rwisumbuye rwa gasabo, Urukiko Rukuru rwabagihamije ibyaha, rubabakatira gufungwa imyaka itandatu.

Urukiko Rukuru rwavuze ko uyu munyemari Rusizana Aloys na Sosiyete A&P LTD bagize akagambane muri ibi byaha byo kunyereza ziriya miliyari muri iriya nyubako ye yagurishijwe Miliyari 9,8 Frw kandi yari ifite agaciro ka Miliyari 7,6 Frw.

Rwavuze kandi ko Kuri Rwakunda Christian wabaye Umunyamabanga Uhoraho muri Ministeri y’Ibikorwa Remezo, na we yarebwaga n’ibyemezo byose byafashwe mu igurwa ry’iriya nyubako bityo ko na we yagize uruhare muri ibi byaha.

Urukiko Rukuru rwagumishijeho ibihano byari byafatiwe abari bahamijwe ibyaha mu rukiko rwa mbere, rwategetse ko n’aba bari bagizwe abere bafungwa imyaka itandatu n’ihazabu ya Miliyoni 3 Frw.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

2 × five =

Previous Post

Hamenyekanye icyatumye indege yagombaga kuvana abimukira mu Bwongereza ihagarikwa ku munota wa nyuma

Next Post

Ubwoba ni bwose mu Banyarwanda bari i Goma kubera imyigaragambyo idasanze yo kubirukana

Related Posts

Abayoboye Uturere tw’Umujyi wa Kigali n’abahoze mu buyobozi bwawo muri manda ya mbere ubu bari he?

Abayoboye Uturere tw’Umujyi wa Kigali n’abahoze mu buyobozi bwawo muri manda ya mbere ubu bari he?

by radiotv10
08/12/2025
0

Impinduka mu buyobozi bw’umujyi wa Kigali hari abo zahiriye abandi ntizabahira , Hashize imyaka itanu manda ya mbere irangiye kuva...

Umudepite mu Nteko y’u Rwanda yakoze amateka mu mikino ya EAC ibera Uganda yongera kwitwara neza

Umudepite mu Nteko y’u Rwanda yakoze amateka mu mikino ya EAC ibera Uganda yongera kwitwara neza

by radiotv10
08/12/2025
0

Mu marushanwa y’imikino y’abagize Inteko Zishinga Ametegeko z’Ibihugu bigize Umuryango wa Afurika y’Iburasirazuba, Depite Mukabalisa Germaine, yegukanye umudali wa Zahabu...

Eng.-Rwandan MP Hon. Germaine wins gold medal at the EAC Inter-Parliamentary Games

Eng.-Rwandan MP Hon. Germaine wins gold medal at the EAC Inter-Parliamentary Games

by radiotv10
08/12/2025
0

A member of the Rwandan Parliament, Hon. Germaine Mukabalisa has made history at the East African Community (EAC) Games, held...

Rwamagana: Nyuma yo kwiyambaza itangazamakuru barira ayo kwarika ubu bari kumwenyura

Rwamagana: Nyuma yo kwiyambaza itangazamakuru barira ayo kwarika ubu bari kumwenyura

by radiotv10
08/12/2025
0

Abahinzi b'umuceri mu gishanga cya Cyaruhogo, bo mu Murenge wa Rubona, bari baherutse kugaragaza ikibazo cy'ubwanikiro bwabo bwari bwangijwe n'ibiza...

Karongi: Gitifu akurikiranyweho gusambanya umwana no kumugira umugore

Ibikekwa ku Muyobozi wo mu Karere ka Nyabihu uri mu maboko ya RIB

by radiotv10
08/12/2025
0

Umuyobozi ushinzwe imirimo rusange mu Karere ka Nyabihu, ari mu maboko y’Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha RIB, akurikiranyweho kwigwizaho imitungo, aho bivugwa...

IZIHERUKA

Andi makuru kuri kajugujugu yakoreye impanuka muri Tanganyika n’ukuri ku byavugwaga ko yarashwe na M23
AMAHANGA

Andi makuru kuri kajugujugu yakoreye impanuka muri Tanganyika n’ukuri ku byavugwaga ko yarashwe na M23

by radiotv10
08/12/2025
0

Igisirikare cya Congo-FARDC cyavuze ku mirwano ya Kamanyola cyongera kwegeka ku cy’u Rwanda-RDF ibinyoma

Igisirikare cya Congo-FARDC cyavuze ku mirwano ya Kamanyola cyongera kwegeka ku cy’u Rwanda-RDF ibinyoma

08/12/2025
Abayoboye Uturere tw’Umujyi wa Kigali n’abahoze mu buyobozi bwawo muri manda ya mbere ubu bari he?

Abayoboye Uturere tw’Umujyi wa Kigali n’abahoze mu buyobozi bwawo muri manda ya mbere ubu bari he?

08/12/2025
Umudepite mu Nteko y’u Rwanda yakoze amateka mu mikino ya EAC ibera Uganda yongera kwitwara neza

Umudepite mu Nteko y’u Rwanda yakoze amateka mu mikino ya EAC ibera Uganda yongera kwitwara neza

08/12/2025
Ubutumwa bwa mbere bwa Perezida wa Benin nyuma yuko abasirikare bagerageje kumukorere ‘Coup d’État’

Ubutumwa bwa mbere bwa Perezida wa Benin nyuma yuko abasirikare bagerageje kumukorere ‘Coup d’État’

08/12/2025
Eng.-Rwandan MP Hon. Germaine wins gold medal at the EAC Inter-Parliamentary Games

Eng.-Rwandan MP Hon. Germaine wins gold medal at the EAC Inter-Parliamentary Games

08/12/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Ubwoba ni bwose mu Banyarwanda bari i Goma kubera imyigaragambyo idasanze yo kubirukana

Ubwoba ni bwose mu Banyarwanda bari i Goma kubera imyigaragambyo idasanze yo kubirukana

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Andi makuru kuri kajugujugu yakoreye impanuka muri Tanganyika n’ukuri ku byavugwaga ko yarashwe na M23

Igisirikare cya Congo-FARDC cyavuze ku mirwano ya Kamanyola cyongera kwegeka ku cy’u Rwanda-RDF ibinyoma

Abayoboye Uturere tw’Umujyi wa Kigali n’abahoze mu buyobozi bwawo muri manda ya mbere ubu bari he?

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.