Friday, January 9, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Uwabaye umuyobozi ukomeye muri Minisiteri akurikiranyweho gusambanya abakobwa

radiotv10by radiotv10
22/12/2021
in MU RWANDA
0
Uwabaye umuyobozi ukomeye muri Minisiteri akurikiranyweho gusambanya abakobwa
Share on FacebookShare on Twitter

Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha RIB rwataye muri yombi Ruvebana Antoine wabaye Umunyamabanga Uhoraho mu yahoze ari Minisiteri ishinzwe gucunga Ibiza n’Impunzi (MIDIMAR), kubera ibyaha byo gufata abakobwa ku ngufu akurikiranyweho.

Umuvugizi w’Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha RIB, Dr Murangira B. Thierry yemereye Ikinyamakuru Igihe ko Ruvebana Antoine ari mu maboko y’uru rwego akaba afungiye kuri station ya Kicukiro.

Dr Murangira Thierry yatangaje ko Ruvebana akurikiranyweho “icyaha cyo gufata abakobwa ku ngufu.”

Ruvebana wabaye Umunyamabanga Uhoraho mu yahoze ari MIDIMAR mu gihe cy’imyaka itanu; kuva muri 2012 kugeza muri 2017.

Akekwaho gusambanya ku ngufu abakobwa benshi mu bihe bitandukanye abashukishije ibintu binyuranye birimo ibikoresho bisanzwe bikenerwa mu buzima bwa buri munsi.

Amakuru avuga ko amaze iminsi 11 atawe muri yombi kuko yafashwe tariki 11 Ukuboza 2021 nyuma y’uko yari amaze iminsi avugwaho ibi byaha bikomeye akekwaho

Ikinyamakuru Igihe kivuga ko biriya byaha akekwaho byakozwe hagati ya 2003 na 2006 ndetse ko bamwe mu bakobwa babikorewe bari bataruzuza imyaka y’ubukure.

Icyaha cyo gusambanya abana kiri mu byaha byashyizwe mu bikomeye kikaba kidasaza ku buryo ugikekwaho igihe cyose aba ashobora kugikurikiranwaho mu nkiko.

Uzwi mu bakurikiranyweho icyaha nk’iki bikekwa ko cyabaye mu bihe byatambutse ni Dr Christopher Kayumba wabaye umwarimu muri Kaminuza y’u Rwanda, wafatiwe icyemezo cyo gufungwa by’agateganyo iminsi 30 kubera ibyaha akurikiranyweho.

Dr Christopher Kayumva ukurikiranyweho icyaha cyo gukoresha undi imibonano mpuzabitsina ku gahato, ashinjwa kuba yarasambanyije inshuro nyinshi uwari umukozi we wo mu rugo muri 2012.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

20 − sixteen =

Previous Post

Uwari ugiye kwiyahurira ku Nkundamahoro yasanganywe ibaruwa asabamo Perezida kuzamushyira mu Ntwari

Next Post

Kicukiro: Umucyecuru yabuze aho yerecyeza nyuma yo gusohorwa mu nzu kubera kubura ay’ubukode

Related Posts

Key points to know about Rwanda’s new Road Traffic Law

Key points to know about Rwanda’s new Road Traffic Law

by radiotv10
09/01/2026
0

Road safety remains a major public concern in Rwanda, especially as the number of vehicles continues to increase. In response...

VIDEO: Umuvugizi wa Polisi y’u Rwanda yagaragaye anyonga igare ry’abanyonzi

VIDEO: Umuvugizi wa Polisi y’u Rwanda yagaragaye anyonga igare ry’abanyonzi

by radiotv10
09/01/2026
0

Abatwara amagare na bo bari mu barebwa n’ubukangurambaga bugamije kurwanya impanuka zo mu muhanda. Ni ubutumwa abantu bakwiye gukura mu...

Inkuru mbi yatashye mu miryango y’abagabo babiri baguwe gitumo nyuma yo kwiba amatungo

Inkuru mbi yatashye mu miryango y’abagabo babiri baguwe gitumo nyuma yo kwiba amatungo

by radiotv10
09/01/2026
0

Ubushyamirane bwabaye hagati y’abakekwaho kwiba ihene, n’abari bazibwe mu Murenge wa Kigoma mu Karere ka Nyanza, bwaguyemo babiri bakekwagaho kuba...

Easy foods that help your brain stay healthy and active

Easy foods that help your brain stay healthy and active

by radiotv10
09/01/2026
0

Your brain helps you think, remember, learn, and stay focused every day. Scientists agree that what you eat has a...

RPF-Inkotanyi approves a new organizational structure

RPF-Inkotanyi approves a new organizational structure

by radiotv10
08/01/2026
0

The Secretariat General of the FPR-Inkotanyi party has approved the establishment of a new advisory body composed of senior and...

IZIHERUKA

Key points to know about Rwanda’s new Road Traffic Law
MU RWANDA

Key points to know about Rwanda’s new Road Traffic Law

by radiotv10
09/01/2026
0

AFC/M23 iravugwaho kongera imbaraga mu gace kamwe

AFC/M23 iravugwaho kongera imbaraga mu gace kamwe

09/01/2026
VIDEO: Umuvugizi wa Polisi y’u Rwanda yagaragaye anyonga igare ry’abanyonzi

VIDEO: Umuvugizi wa Polisi y’u Rwanda yagaragaye anyonga igare ry’abanyonzi

09/01/2026
Umugore w’uwahoze ari Perezida wa Congo yagize icyo asaba Abanyekongo mu gusabira Abajenerali bafunzwe

Umugore w’uwahoze ari Perezida wa Congo yagize icyo asaba Abanyekongo mu gusabira Abajenerali bafunzwe

09/01/2026
Inkuru mbi yatashye mu miryango y’abagabo babiri baguwe gitumo nyuma yo kwiba amatungo

Inkuru mbi yatashye mu miryango y’abagabo babiri baguwe gitumo nyuma yo kwiba amatungo

09/01/2026
Umunyamideri Isimbi Model nyuma yo kugaragaza atwite inda nkuru agarukanye amashimwe akomeye

Umunyamideri Isimbi Model nyuma yo kugaragaza atwite inda nkuru agarukanye amashimwe akomeye

09/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Kicukiro: Umucyecuru yabuze aho yerecyeza nyuma yo gusohorwa mu nzu kubera kubura ay’ubukode

Kicukiro: Umucyecuru yabuze aho yerecyeza nyuma yo gusohorwa mu nzu kubera kubura ay’ubukode

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Key points to know about Rwanda’s new Road Traffic Law

AFC/M23 iravugwaho kongera imbaraga mu gace kamwe

VIDEO: Umuvugizi wa Polisi y’u Rwanda yagaragaye anyonga igare ry’abanyonzi

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.