Monday, June 16, 2025
RADIOTV10
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home AMAHANGA

Uwabaye V/Perezida w’u Burundi ku bwa Nkurunziza yavuze uko Perezida Kagame yajyaga amumutumaho

radiotv10by radiotv10
23/05/2025
in AMAHANGA, POLITIKI
0
Uwabaye V/Perezida w’u Burundi ku bwa Nkurunziza yavuze uko Perezida Kagame yajyaga amumutumaho
Share on FacebookShare on Twitter

Umunyapolitiki Gaston Sindimwo wabaye Visi Perezida w’u Burundi ku buyobozi bwa Pierre Nkurunziza, yavuze ko ubwo umubano w’iki Gihugu n’u Rwanda wari urimo igitotsi, yajyaga ahurira mu nama na Perezida Paul Kagame w’u Rwanda, akamugarariza ubushake ko yifuza ko ibi Bihugu bibana neza, ndetse akamusaba kumuramukiriza mugenzi we Nkurunziza.

Gaston Sindimwo yabaye Visi Perezida w’u Burundi kuva muri 2015 kugeza muri 2020, ku ngoma y’ubutegetsi bwa nyakwigendera Pierre Nkurunziza. Ni imyaka yaranzwe n’umwuka utari mwiza mu mubano w’u Burundi n’u Rwanda.

Muri ibyo bihe u Burundi bwashinjaga u Rwanda ibinyoma ko rwagize uruhare mu gikorwa cyo kugerageza guhirika ubutegetsi bwa Nkurunziza, ariko u Rwanda rukaba rwarabihakanye kenshi.

Gaston Sindimwo avuga ko muri ibyo bihe nubwo u Burundi bwavugaga ko bufite ikibazo ku Rwanda, Perezida Paul Kagame we atahwemye kugaragaza ubushake ko yifuzaga ko ibi Bihugu by’ibituranyi bibana neza.

Mu kiganiro yagiranye na YouTube Channel yitwa African TV, Gaston Sindimwo wagarukaga ku gitotsi cyongeye kuza mu mubano w’ibi Bihugu muri ibi bihe, yavuze ko imibanire yabyo yakunze kugenda ihindagurika.

Sindimwo wavuze ko nko muri iki gihe, hari hagaragaye ibimenyetso by’uko umubano ugiye gusubira mu buryo, ariko bikaba bitarakunda, ku buryo we atumva ikibura, kuko asanzwe azi ko Umukuru w’u Rwanda Paul Kagame, ahorana ubushake bwo gutuma Igihugu ayobora kibana neza n’abaturanyi.

Yatanze urugero rw’igihe yari akiri Visi Perezida w’u Burundi, avuga ko atari rimwe cyangwa kabiri yagiye ahura na Perezida Paul Kagame mu nama, ndetse akamwegera bakaganira, akishimira uburyo uyu Mukuru w’u Rwanda yagaragazaga ubushake bwiza.

Yagize ati “Amafoto menshi mwabonye mpagararanye na Kagame, abandi bakantuka, naragendaga nkamubwira kuko njye ntabwo mba niteguye guhunga umuntu, nakwifuje ko tuvugana, nkamubwira ikibazo, njye yarantumaga kuramutsa Umukuru w’Igihugu [Pierre Nkurunziza], akantuma ati ‘Nugera i Burundi umundamukirize’ kandi rwose nasohozaga ubutumwa.”

Akomeza avuga ko Perezida Kagame yanagaragazaga ubushake bwo kuvugana na Nkurunziza. Ati “Umunsi umwe arambwira ati ‘Mpa telefone basi muhamagare’, ko namubajije nti ‘None mupfa iki, ikibazo kiri he?’ Ati ‘ntacyo mbona’, ati ‘ahubwo mundamukirize’.”

Akomeza avuga ko mu kiganiro yagiranaga na Perezida Kagame, yageraga aho akamubaza ati “ko mwahoze muri inshuti, none mupfa iki?’ ati ‘erega nanjye ndamukumbuye, umundamukirize’, kandi nageraga i Burundi naramuramukije, nti ‘Yambwiye ngo nkuramutse’.”

Uyu munyapolitiki avuga ko ari ibisanzwe ko muri Politiki hazamo ibibazo hagati y’Ibihugu, ariko ko biba bikwiye kwicara hamwe bikabishakira umuti, kandi bigatera umugongo ibyo bibazo biba byabayeho, kandi bigahora iteka biharanira amahoro.

Ati “Muri Politiki, nta mukunzi, nta mwanzi ubamo. Kugira ngo habeho amahoro ku Barundi, ku Banyekongo, ku Banyarwanda, nta herezo ribaho.”

Uyu munyapolitiki w’i Burundi, avuga ko ikosa rijya rikorwa n’Ibihugu bimwe na bimwe, ari ugukomeza kwizirika ku mateka y’ibyahise, bigahorana inzigo ari na yo ituma umubano wabyo n’ibindi uzamo igitotsi, kuri we akavuga ko mu gihe Ibihugu byiyemeje guhindura paji, biba bidakwiye gusubiza amaso inyuma ahubwo bikayanga imbere n’inyungu bihuriyeho.

Perezida Kagame na Gaston Sindimwo muri 2018 ubwo bitabiraga Inteko Rusange y’Umuryango wa Afurika Yunze Ubumwe

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

4 × 4 =

Previous Post

Ubundi butumwa bwagenewe abanyamakuru bakora ibiganiro bya Siporo mu Rwanda

Next Post

Ibisobanuro by’umugore akurikiranyweho kwica umugabo we nyuma yo kumena ibiryo yari amugaburiye

Related Posts

Hari icyabonetse mu iperereza ku mpanuka y’indege yahitanye abarenga 200

Hari icyabonetse mu iperereza ku mpanuka y’indege yahitanye abarenga 200

by radiotv10
16/06/2025
0

Abari gukora iperereza ku mpanuka y’indege ya Air India iherutse gukora impanuka igahitana abagenzi 241, babashije kubona agasanduku gafata amajwi,...

Trump yabaye nk’ukina ku mubyimba Iran ku bitero rurangiza byayishegeshe bikanahitana abasirikare bakuru bayo

Trump yabaye nk’ukina ku mubyimba Iran ku bitero rurangiza byayishegeshe bikanahitana abasirikare bakuru bayo

by radiotv10
14/06/2025
0

Perezida wa Leta Zunze Ubumwe za America, Donald Trump; yavuze ko igitero Israel yagabye kuri Iran cyahitanye abasirikare bakomeye barimo...

Perezida wa Afurika y’Epfo yakirijwe amarira ubwo yasuraga abaturahe bagize ibyago

Perezida wa Afurika y’Epfo yakirijwe amarira ubwo yasuraga abaturahe bagize ibyago

by radiotv10
14/06/2025
0

Perezida wa Afurika y’Epfo, Cyril Ramaphosa, yasuye umujyi wa Mthatha mu Ntara ya Eastern Cape iheruka kwibasirwa n'ibiza by’imvura nyinshi...

Umuntu umwe rukumbi warokotse impanuka havuzwe ibyo yabwiye ababyeyi be akirokoka

Umuntu umwe rukumbi warokotse impanuka havuzwe ibyo yabwiye ababyeyi be akirokoka

by radiotv10
13/06/2025
0

Umuvandimwe w’umuntu umwe warokotse impanuka y’indege yahitanye abagenzi 241 mu Buhindi, yavuze ko akimara kurokoka yahamagaye umubyeyi we akamubwira ko...

Igisirikare cya Israel kikomanze mu gatuza ko kivuganye Abajenerali batatu bakomeye b’ikindi Gihugu

Igisirikare cya Israel kikomanze mu gatuza ko kivuganye Abajenerali batatu bakomeye b’ikindi Gihugu

by radiotv10
13/06/2025
0

Igisirikare cya Israel cyemeje ko cyivuganye Umugaba Mukuru w’Ingabo za Iran ndetse n'abandi basirikare babiri bari mu buyobozi Bukuru bw’Ingabo...

IZIHERUKA

Amakuru mashya: Abandi basirikare ba SADC bari mu butumwa muri DRCongo bongeye kunyuzwa mu Rwanda bataha
MU RWANDA

Amakuru mashya: Abandi basirikare ba SADC bari mu butumwa muri DRCongo bongeye kunyuzwa mu Rwanda bataha

by radiotv10
16/06/2025
0

Amakuru agezweho ku gucyura Abasirikare ba Afurika y’Epfo bakozanyijeho na M23 bikarangira bamanitse amaboko

More SADC troops returning from mission in DRC pass through Rwanda

16/06/2025
Hafashwe icyemezo kuri Gitifu utungwa agatoki n’abaturage ko barambiwe inkoni ze no kubafungira mu bwiherero

Hafashwe icyemezo kuri Gitifu utungwa agatoki n’abaturage ko barambiwe inkoni ze no kubafungira mu bwiherero

16/06/2025
Discover Kigali: Top five fun hobbies you must try in this vibrant city

Discover Kigali: Top five fun hobbies you must try in this vibrant city

16/06/2025
Hari icyabonetse mu iperereza ku mpanuka y’indege yahitanye abarenga 200

Hari icyabonetse mu iperereza ku mpanuka y’indege yahitanye abarenga 200

16/06/2025
Umunyamakurukazi uzwi mu Rwanda yibwe imodoka

Amakuru yamenyekanye ku modoka y’umunyamakurukazi yari yibwe muri Kigali

16/06/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Uw’i Nyabihu wari umaze iminsi ibiri i Rubavu yakuyemo inda abaturanyi baramutahura

Ibisobanuro by’umugore akurikiranyweho kwica umugabo we nyuma yo kumena ibiryo yari amugaburiye

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home

Latest News

Amakuru mashya: Abandi basirikare ba SADC bari mu butumwa muri DRCongo bongeye kunyuzwa mu Rwanda bataha

More SADC troops returning from mission in DRC pass through Rwanda

Hafashwe icyemezo kuri Gitifu utungwa agatoki n’abaturage ko barambiwe inkoni ze no kubafungira mu bwiherero

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.

Welcome Back!

Login to your account below

Forgotten Password?

Retrieve your password

Please enter your username or email address to reset your password.

Log In

Add New Playlist

No Result
View All Result
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home

Copyright © 2024 RadioTv10.