Wednesday, September 17, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Uwafatanywe urumogi yateze imodoka nk’abagenzi basanzwe yitanzeho amakuru arambuye mu butabera

radiotv10by radiotv10
12/10/2024
in MU RWANDA, UBUTABERA
0
Uwafatanywe urumogi yateze imodoka nk’abagenzi basanzwe yitanzeho amakuru arambuye mu butabera
Share on FacebookShare on Twitter

Umugabo w’imyaka 43 y’amavuko ukekwaho icyaha cyo gutunda urumogi nyuma yo gufatirwa mu modoka itwara abagenzi yajyaga i Kigali ivuye i Musanze, yavuze ko yari asanzwe abikora kandi ko yari abizi ko ari icyaha, icyakora akabisabira imbabazi.

Uyu mugabo yamaze kubazwa n’Ubushinjacyaha, ndetse bukaba bwaramukoreye Dosiye bukayishyikiriza Urukiko Rwisumbuye rwa Gicumbi muri iki cyumweru tariki 09 Ukwakira 2024.

Ubushinjacyaha ku Rwego Rwisumbuye rwa Gicumbi, buvuga ko iki cyaha cyo gutunda urumogi, cyakozwe n’umugabo ubwo yafataga igikapu akagipakiramo urumogi rungana n’ibilo bitanu ubundi akajya gutega imodoka nk’abandi bagenzi.

Iyi modoka yavaga mu Karere ka Musanze yerecyeza mu Mujyi wa Kigali, yageze ahitwa Kirenge mu Karere ka Rulindo, ihagarikwa na Polisi, iyisatse isangana uyu mugabo ibilo bitanu by’urumogi biri mu gikapu, ahita afatwa.

Dosiye ye yashyikirijwe Ubushinjacyaha ku Rwego Rwisumbuye rwa Gicumbi na bwo bwakaba bwarakoze iperereza ryabwo, n’ibazwa.

Ubushinjacyaha bugira buti “Mu ibazwa rye, uregwa yemeye icyaha agisabira imbabazi. Yemeye ko atari ubwa mbere akoze iki cyaha kandi ko yabikoraga abizi neza ko ari icyaha gihanwa n’amategeko.”

ICYO ITEGEKO RITEGANYA

Icyaha akurikiranyweho nikimuhama, azahanishwa igihano cy’igifungo cya burundu n’ihazabu y’amafaranga y’u Rwanda arenze miliyoni makumyabiri (20 000 000 Frw) ariko atarenze miliyoni mirongo itatu (30 000 000 Frw) hashingiwe ku ngingo ya 263 y’Itegeko n°68/2018 ryo ku wa 30/08/2018 riteganya ibyaha n’ibihano muri rusange nk’uko ryahinduwe n’ingingo ya 11 y’Itegeko n°69/2019 ryo ku wa 8/11/2019.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

thirteen − nine =

Previous Post

Umuhanzi Harmonize yatanze umucyo ku makuru yo gutandukana n’umukunzi we

Next Post

Hatahuwe uruganda rwakoraga inzoga zari zarazengereje abaziguraga bashituwe n’izina ryarwo

Related Posts

Why do young people quit jobs after a few months?

Why do young people quit jobs after a few months?

by radiotv10
17/09/2025
0

In today’s world, many employers are facing the same challenge: young workers leaving jobs after only a few months. In...

Annette Murava umugore wa ‘Bishop Gafaranga’ yagaragarije agahinda ku Rukiko

Ibyamenyekanye byavugiwe mu rubanza rwa ‘Bishop Gafaranga’ uregwa guhohotera umugore we Annette Murava

by radiotv10
17/09/2025
0

Habiyaremye Zacharie wamenyekanye nka Bishop Gafaranga, aherutse kuburanishwa mu mizi ku byaha aregwa bishingiye ku ihohotera akekwaho gukorera umugore we...

Iby’ingenzi wamenya ku yandi mavugurura agiye gukorwa mu burezi bw’u Rwanda

Imbogamizi za mbere zahise zigaragara mu mpinduka ziherutse gushyirwa mu burezi mu Rwanda

by radiotv10
17/09/2025
0

Bamwe mu barimu bigisha mu mashuri abanza byumwihariko mu cyiciro cya mbere, baravuga ko kwigisha ingunga ebyiri (bamwe igitondo, abandi...

Hatangajwe agace gaturukamo imyuka ihumanya ikirere kurusha ahandi mu Rwanda

Hatangajwe agace gaturukamo imyuka ihumanya ikirere kurusha ahandi mu Rwanda

by radiotv10
17/09/2025
0

Umuhanga mu bijyanye n’imyuka ihumanya ikirere, atangaza ko mu Mujyi wa Kigali, ari ho haturuka iyi myuka kurusha ahandi hose...

Rwanda’s exports dropped by 12.5%

Rwanda’s exports dropped by 12.5%

by radiotv10
17/09/2025
0

According to the National Institute of Statistics (NISR), Rwanda’s trade deficit narrowed by 12.5% in the second quarter of 2025...

IZIHERUKA

Why do young people quit jobs after a few months?
MU RWANDA

Why do young people quit jobs after a few months?

by radiotv10
17/09/2025
0

Umuhanzikazi w’icyamamare ku Isi Cardi B yatangaje ko atwite umwana wa kane

Umuhanzikazi w’icyamamare ku Isi Cardi B yatangaje ko atwite umwana wa kane

17/09/2025
Annette Murava umugore wa ‘Bishop Gafaranga’ yagaragarije agahinda ku Rukiko

Ibyamenyekanye byavugiwe mu rubanza rwa ‘Bishop Gafaranga’ uregwa guhohotera umugore we Annette Murava

17/09/2025
Iby’ingenzi wamenya ku yandi mavugurura agiye gukorwa mu burezi bw’u Rwanda

Imbogamizi za mbere zahise zigaragara mu mpinduka ziherutse gushyirwa mu burezi mu Rwanda

17/09/2025
Hatangajwe agace gaturukamo imyuka ihumanya ikirere kurusha ahandi mu Rwanda

Hatangajwe agace gaturukamo imyuka ihumanya ikirere kurusha ahandi mu Rwanda

17/09/2025
Uwamamaye mu kiganiro gikunzwe byamenyekanye ko yakoze ubukwe mu ibanga rikomeye n’umunyamakuru

Uwamamaye mu kiganiro gikunzwe byamenyekanye ko yakoze ubukwe mu ibanga rikomeye n’umunyamakuru

17/09/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Hatahuwe uruganda rwakoraga inzoga zari zarazengereje abaziguraga bashituwe n’izina ryarwo

Hatahuwe uruganda rwakoraga inzoga zari zarazengereje abaziguraga bashituwe n’izina ryarwo

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Why do young people quit jobs after a few months?

Umuhanzikazi w’icyamamare ku Isi Cardi B yatangaje ko atwite umwana wa kane

Ibyamenyekanye byavugiwe mu rubanza rwa ‘Bishop Gafaranga’ uregwa guhohotera umugore we Annette Murava

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.