Wednesday, December 24, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home AMAHANGA

Uwagarukiye ku mva bagiye kumushyingura ari muzima ubu noneho ibye ni amarira

radiotv10by radiotv10
19/06/2023
in AMAHANGA
0
Uwagarukiye ku mva bagiye kumushyingura ari muzima ubu noneho ibye ni amarira
Share on FacebookShare on Twitter

Umukecuru w’imyaka 76 wo muri Ecuador uherutse kugarukwaho cyane nyuma y’uko bamenye ko ari muzima ubwo bari bagiye kumushyingura, agakomanga mu isunduku yari arimo, ubu noneho yitabye Imana nyuma y’icyumweru ibi bibaye.

Tariki 09 z’uku kwezi kwa Kamena, uyu mukecuru witwa Bella Montoya yamaze amasaha atanu ari mu isanduku nyuma y’uko umuganga atangaje ko yapfuye, ariko nyuma y’ayo masaha aza gukomanga ku isanduku ubwo bari bagiye kumushyingura.

Ibi byabereye mu gace uyu mukecuru yari atuyemo ka Babahoyo, kari mu bilometero 208 mu majyepfo ashyira uburengerazuba bwa Quito.

Ni inkuru yatangaje benshi ku Isi, ku bw’uyu mukecuru byamenyekanye ko agihumeka mu gihe yari agiye gushyingurwa. Yahise asubizwa kwa muganga kugira ngo yitabwebo n’abaganga, dore ko bavugaga ko yari yishwe n’indwara yo guturika kw’imitsi (Stroke).

Gusa ubu noneho byemejwe ko yitabye Imana, nk’uko byatangajwe na Minisiteri y’Ubuzima muri Ecuador, yavuze ko yashizemo umwuka nyuma y’icyumweru kimwe ari kwitabwaho bidasanzwe kubera uburwayi bwa stroke.

Iyi Minisiteri yavuze ko nyakwigendera Montoya yari amaze iminsi “akurikiranwa byihariye”, ariko ntiyatangaza ibyavuye mu iperereza ryatangiye gukorwa nyuma y’ibyabaye ubwo abaganga batangazaga ko yapfuye nyuma bikagaragara ko yari akiri muzima.

Umuhungu wa nyakwigendera witwa Gilberto Barbera Montoya, avuga ko na we atarahabwa raporo y’ibyabaye, kandi ko atifuza ko akomeza kuba mu gihirahiro.

Uyu mwana wa nyakwigendera, avuga ko umuryango wabo utishimiye ibyatangajwe mbere ko umuntu wabo yapfuye nyamara agihumeka, ukaba uri gusaba kumenya imyirondoro y’umuganga wari wabitangaje.

Abo mu muryango wa nyakwigendera Montoya, na we wahoze ari umuganga, bagarutse iwe mu kiriyo n’ubundi bari baherutse gukora, ngo bamushyingure.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

3 × 4 =

Previous Post

Kayonza: Urujijo ku ntandaro y’igikorwa cy’ubugome ndengakamere gikekwa ku mugabo

Next Post

Amavubi ko amenyereweho gutsindwa kuki ubu byabaye nko guca inka amabere?

Related Posts

Nigeriya: Abana n’abarimu bari barashimuswe bakorewe ibirori byo kubakira nyuma yo kurekurwa

Nigeriya: Abana n’abarimu bari barashimuswe bakorewe ibirori byo kubakira nyuma yo kurekurwa

by radiotv10
23/12/2025
0

Guverineri wa Leta ya Niger muri Nigeria yayoboye umuhango wo kwakira abana 130 n’abarimu bari barashimuswe n’abitwaje intwaro, nyuma yo...

AMAFOTO: Uko Abapolisi ba AFC/M23 bari kwitwara i Goma nyuma yuko hadutse imyigaragambyo

AMAFOTO: Uko Abapolisi ba AFC/M23 bari kwitwara i Goma nyuma yuko hadutse imyigaragambyo

by radiotv10
22/12/2025
0

Abapolisi b’igipolisi cy’Ihuriro AFC/M23 cyagaragaye mu Mujyi wa Goma muri Kivu ya Ruguru, bari guhosha imyigaragambyo y’abaturage basaba ko iri...

I Goma muri Congo haramukiye imyigaragambyo ikomeye

I Goma muri Congo haramukiye imyigaragambyo ikomeye

by radiotv10
22/12/2025
0

Mu Mujyi wa Goma mu Ntara ya Kivu ya Ruguru, haramukiye imyigaragambyo yitabiriwe n’Abanyekongo benshi, bamagana MONUSCO yongerewe igihe, ndetse...

Amakuru agezweho ku banyeshuri barenga 100 bari bamaze ukwezi barashimuswe muri Nigeria

Amakuru agezweho ku banyeshuri barenga 100 bari bamaze ukwezi barashimuswe muri Nigeria

by radiotv10
22/12/2025
0

Abanyeshuri 130 bo muri Nigeria bari barashimuswe mu Ntara ya Niger barekuwe, nyuma y’ukwezi kumwe bafashwe bugwate, nk’uko byatangajwe n’Ibiro...

Eng.-Major protests erupt in Goma, Eastern DRC

Eng.-Major protests erupt in Goma, Eastern DRC

by radiotv10
22/12/2025
0

Residents of Goma in North Kivu province woke up on Monday to widespread protests, as large numbers of Congolese citizens...

IZIHERUKA

Abagabo babiri bafashwe bakora rwihishwa inzoga na bo ubwabo badashobora gusomaho
IMIBEREHO MYIZA

Why Celebrating Christmas Is a Big Thing All Over the World

by radiotv10
24/12/2025
0

Habaye indi mpanuka ikomeye na yo y’ikamyo

Habaye indi mpanuka ikomeye na yo y’ikamyo

24/12/2025
Icyo Minisitiri Nduhungirehe avuga ku guhanganisha no kugereranya abahanzi The Ben na Bruce Melodie

Icyo Minisitiri Nduhungirehe avuga ku guhanganisha no kugereranya abahanzi The Ben na Bruce Melodie

24/12/2025
Living With Parents as a Young Adult: Benefits, Tensions and the Unspoken Rules

Living With Parents as a Young Adult: Benefits, Tensions and the Unspoken Rules

24/12/2025
Ingabo z’u Rwanda ziri muri Mozambique zongeye gushimirwa akazi k’indashyikirwa zakoze zigira n’icyo zisabwa

Ingabo z’u Rwanda ziri muri Mozambique zongeye gushimirwa akazi k’indashyikirwa zakoze zigira n’icyo zisabwa

24/12/2025
Umunyamakuru uri mu bamaze igihe mu intangazamakuru mu Rwanda yatawe muri yombi

Umunyamakuru uri mu bamaze igihe mu intangazamakuru mu Rwanda yatawe muri yombi

23/12/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Amavubi ko amenyereweho gutsindwa kuki ubu byabaye nko guca inka amabere?

Amavubi ko amenyereweho gutsindwa kuki ubu byabaye nko guca inka amabere?

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Why Celebrating Christmas Is a Big Thing All Over the World

Habaye indi mpanuka ikomeye na yo y’ikamyo

Icyo Minisitiri Nduhungirehe avuga ku guhanganisha no kugereranya abahanzi The Ben na Bruce Melodie

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.