• My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English
Tuesday, June 2, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home AMAHANGA

Uwagarukiye ku mva bagiye kumushyingura ari muzima ubu noneho ibye ni amarira

radiotv10by radiotv10
19/06/2023
in AMAHANGA
0
Uwagarukiye ku mva bagiye kumushyingura ari muzima ubu noneho ibye ni amarira
Share on FacebookShare on Twitter

Umukecuru w’imyaka 76 wo muri Ecuador uherutse kugarukwaho cyane nyuma y’uko bamenye ko ari muzima ubwo bari bagiye kumushyingura, agakomanga mu isunduku yari arimo, ubu noneho yitabye Imana nyuma y’icyumweru ibi bibaye.

Tariki 09 z’uku kwezi kwa Kamena, uyu mukecuru witwa Bella Montoya yamaze amasaha atanu ari mu isanduku nyuma y’uko umuganga atangaje ko yapfuye, ariko nyuma y’ayo masaha aza gukomanga ku isanduku ubwo bari bagiye kumushyingura.

Ibi byabereye mu gace uyu mukecuru yari atuyemo ka Babahoyo, kari mu bilometero 208 mu majyepfo ashyira uburengerazuba bwa Quito.

Ni inkuru yatangaje benshi ku Isi, ku bw’uyu mukecuru byamenyekanye ko agihumeka mu gihe yari agiye gushyingurwa. Yahise asubizwa kwa muganga kugira ngo yitabwebo n’abaganga, dore ko bavugaga ko yari yishwe n’indwara yo guturika kw’imitsi (Stroke).

Gusa ubu noneho byemejwe ko yitabye Imana, nk’uko byatangajwe na Minisiteri y’Ubuzima muri Ecuador, yavuze ko yashizemo umwuka nyuma y’icyumweru kimwe ari kwitabwaho bidasanzwe kubera uburwayi bwa stroke.

Iyi Minisiteri yavuze ko nyakwigendera Montoya yari amaze iminsi “akurikiranwa byihariye”, ariko ntiyatangaza ibyavuye mu iperereza ryatangiye gukorwa nyuma y’ibyabaye ubwo abaganga batangazaga ko yapfuye nyuma bikagaragara ko yari akiri muzima.

Umuhungu wa nyakwigendera witwa Gilberto Barbera Montoya, avuga ko na we atarahabwa raporo y’ibyabaye, kandi ko atifuza ko akomeza kuba mu gihirahiro.

Uyu mwana wa nyakwigendera, avuga ko umuryango wabo utishimiye ibyatangajwe mbere ko umuntu wabo yapfuye nyamara agihumeka, ukaba uri gusaba kumenya imyirondoro y’umuganga wari wabitangaje.

Abo mu muryango wa nyakwigendera Montoya, na we wahoze ari umuganga, bagarutse iwe mu kiriyo n’ubundi bari baherutse gukora, ngo bamushyingure.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

five × three =

Previous Post

Kayonza: Urujijo ku ntandaro y’igikorwa cy’ubugome ndengakamere gikekwa ku mugabo

Next Post

Amavubi ko amenyereweho gutsindwa kuki ubu byabaye nko guca inka amabere?

Related Posts

AFC/M23 yavuze umwanzuro yafashe nyuma yo kubona ko uruhande bahanganye rukomeje kwenyegeza imirwano

AFC/M23 iravuga ko igihe kigeze ngo igire icyo ikora kuko ibintu byafashe intera

by radiotv10
02/06/2026
0

Ubuyobozi bw’Ihuriro AFC/M23 buravuga ko ibibazo by’umutekano mu burasirazuba bwa DRC, byafashe intera, kandi ko igihe kigeze ngo abarwanyi baryo...

Amakuru yaramutse i Bukavu hagati ya M23 na Wazalendo

AFC/M23 yagaragaje ibimenyetso by’uko uruhande bahanganye rwiteguye gukaza urugamba

by radiotv10
02/06/2026
0

Ihuriro AFC/M23 rirwanya ubutegetsi bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, riravuga ko ritewe impungenge n’iyoherezwa ry’ingabo nyinshi n’intwaro za rutura...

Gahunda ya America yo gushyiraho ikigo cya Ebola muri Kenya ikomeje guterwa amabuye

Gahunda ya America yo gushyiraho ikigo cya Ebola muri Kenya ikomeje guterwa amabuye

by radiotv10
02/06/2026
0

Nyuma yuko Urukiko rwo muri Kenya ruhagaritse by'agateganyo ishyirwaho ry'ikigo kizajya gishyirwamo abakekwaho Ebola muri Kenya, urubyiruko rwo muri iki...

Umudepite uherutse gutabwa muri yombi n’igisirikare cya Uganda amaze iminsi 10 batazi irengero rye

Umudepite uherutse gutabwa muri yombi n’igisirikare cya Uganda amaze iminsi 10 batazi irengero rye

by radiotv10
02/06/2026
0

Abo mu muryango w’Umudepite uherutse gutorwa muri Uganda watawe muri yombi n’Igisirikare kimufatiye ku rugo rwa Anita Annet Among, wahoze...

Umujenerali wo muri FDLR byari byatangajwe ko yiciwe mu mirwano na AFC/M23 byatangajwe ko yakomeretse

Umujenerali wo muri FDLR byari byatangajwe ko yiciwe mu mirwano na AFC/M23 byatangajwe ko yakomeretse

by radiotv10
01/06/2026
0

General Mutayomba wo mu mutwe wa FDLR, byari byatangajwe ko yiciwe mu mirwano yahuye AFC/M23 n’uyu mutwe ufatanya na FARDC,...

Next Post
Amavubi ko amenyereweho gutsindwa kuki ubu byabaye nko guca inka amabere?

Amavubi ko amenyereweho gutsindwa kuki ubu byabaye nko guca inka amabere?

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English

Latest News

Gisagara: Abaturage bibukijwe impamvu kurandura inzoga z’inkorano bakwiye kubigiramo uruhare rufatika

Gukoresha ikiyobyabwenge cy’urumogi, kugonga umukunzi we: Ibyavugiwe mu rubanza ruregwamo umuhanzi Yampano

Abamotari bakoresha moto za Spiro mu Rwanda bagarukanye ikindi kibazo kibaremereye

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English

Copyright © 2024 RadioTv10.