Wednesday, January 21, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home AMAHANGA

Uwagarukiye ku mva bagiye kumushyingura ari muzima ubu noneho ibye ni amarira

radiotv10by radiotv10
19/06/2023
in AMAHANGA
0
Uwagarukiye ku mva bagiye kumushyingura ari muzima ubu noneho ibye ni amarira
Share on FacebookShare on Twitter

Umukecuru w’imyaka 76 wo muri Ecuador uherutse kugarukwaho cyane nyuma y’uko bamenye ko ari muzima ubwo bari bagiye kumushyingura, agakomanga mu isunduku yari arimo, ubu noneho yitabye Imana nyuma y’icyumweru ibi bibaye.

Tariki 09 z’uku kwezi kwa Kamena, uyu mukecuru witwa Bella Montoya yamaze amasaha atanu ari mu isanduku nyuma y’uko umuganga atangaje ko yapfuye, ariko nyuma y’ayo masaha aza gukomanga ku isanduku ubwo bari bagiye kumushyingura.

Ibi byabereye mu gace uyu mukecuru yari atuyemo ka Babahoyo, kari mu bilometero 208 mu majyepfo ashyira uburengerazuba bwa Quito.

Ni inkuru yatangaje benshi ku Isi, ku bw’uyu mukecuru byamenyekanye ko agihumeka mu gihe yari agiye gushyingurwa. Yahise asubizwa kwa muganga kugira ngo yitabwebo n’abaganga, dore ko bavugaga ko yari yishwe n’indwara yo guturika kw’imitsi (Stroke).

Gusa ubu noneho byemejwe ko yitabye Imana, nk’uko byatangajwe na Minisiteri y’Ubuzima muri Ecuador, yavuze ko yashizemo umwuka nyuma y’icyumweru kimwe ari kwitabwaho bidasanzwe kubera uburwayi bwa stroke.

Iyi Minisiteri yavuze ko nyakwigendera Montoya yari amaze iminsi “akurikiranwa byihariye”, ariko ntiyatangaza ibyavuye mu iperereza ryatangiye gukorwa nyuma y’ibyabaye ubwo abaganga batangazaga ko yapfuye nyuma bikagaragara ko yari akiri muzima.

Umuhungu wa nyakwigendera witwa Gilberto Barbera Montoya, avuga ko na we atarahabwa raporo y’ibyabaye, kandi ko atifuza ko akomeza kuba mu gihirahiro.

Uyu mwana wa nyakwigendera, avuga ko umuryango wabo utishimiye ibyatangajwe mbere ko umuntu wabo yapfuye nyamara agihumeka, ukaba uri gusaba kumenya imyirondoro y’umuganga wari wabitangaje.

Abo mu muryango wa nyakwigendera Montoya, na we wahoze ari umuganga, bagarutse iwe mu kiriyo n’ubundi bari baherutse gukora, ngo bamushyingure.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

nine + three =

Previous Post

Kayonza: Urujijo ku ntandaro y’igikorwa cy’ubugome ndengakamere gikekwa ku mugabo

Next Post

Amavubi ko amenyereweho gutsindwa kuki ubu byabaye nko guca inka amabere?

Related Posts

Uganda Elections: Observers of GEOM Note Challenges, But Vote Declared Free and Fair

Uganda Elections: Observers of GEOM Note Challenges, But Vote Declared Free and Fair

by radiotv10
20/01/2026
0

Uganda held widely watched presidential and parliamentary elections on 15 January 2026, choosing both the country’s leader and members of...

Igisirikare cya Congo kikomanze mu gatuza kinayobya uburari nyuma yuko AFC/M23 ivuye muri Uvira

Igisirikare cya Congo kikomanze mu gatuza kinayobya uburari nyuma yuko AFC/M23 ivuye muri Uvira

by radiotv10
20/01/2026
0

Igisirikare cya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, cyatangaje ko kigaruriye Umujyi wa Uvira muri Kivu y’Epfo, nyuma yuko Ihuriro AFC/M23...

Museveni yahishuye ibanga akesha intsinzi ye n’icyo ishimangira muri Uganda

Museveni yahishuye ibanga akesha intsinzi ye n’icyo ishimangira muri Uganda

by radiotv10
20/01/2026
0

Perezida wa Uganda, Yoweri Museveni, yabwiye abaturage ko intsinzi ikomeye yabonye mu matora y’umukuru w’igihugu aheruka igaragaza ubuhangange bw’ishyaka rye,...

Abarwanyi ba AFC/M23 bakimara kuva muri Uvira byuzuye ibintu byahise bidogera

Abarwanyi ba AFC/M23 bakimara kuva muri Uvira byuzuye ibintu byahise bidogera

by radiotv10
19/01/2026
0

Ihuriro AFC/M23 rirwanya ubutegetsi bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, ryatangaje ko impugenge ryagaragaje niriramuka rirekuye Umujyi wa Uvira, zahise...

Nyuma ya Perezida w’u Rwanda uw’u Burundi na we yageneye Museveni ubutumwa

Nyuma ya Perezida w’u Rwanda uw’u Burundi na we yageneye Museveni ubutumwa

by radiotv10
19/01/2026
0

Perezida Evariste Ndayishimiye w’u Burundi, na we yashimiye mugenzi we wa Uganda, Yoweri Kaguta Museveni ku bw’intsinzi ye yo kongera...

IZIHERUKA

Ibindi byagiye hanze bitari byavuzwe kuri dosiye y’umwarimu wa Kaminuza ufunzwe
MU RWANDA

Ibindi byagiye hanze bitari byavuzwe kuri dosiye y’umwarimu wa Kaminuza ufunzwe

by radiotv10
20/01/2026
0

Dear Gen Z, do we ever think about the impact of what we say or post on social media?

Dear Gen Z, do we ever think about the impact of what we say or post on social media?

20/01/2026
Uganda Elections: Observers of GEOM Note Challenges, But Vote Declared Free and Fair

Uganda Elections: Observers of GEOM Note Challenges, But Vote Declared Free and Fair

20/01/2026
Abasirikare b’u Rwanda bagiye gutanga ubufasha ku Gihugu cyashegeshwe n’ibiza batangiye kubutanga

Abasirikare b’u Rwanda bagiye gutanga ubufasha ku Gihugu cyashegeshwe n’ibiza batangiye kubutanga

20/01/2026
AMAFOTO: Irebere ibihe byiza Ambasaderi w’Igihugu kimwe mu Rwanda akomeje kuhagirira bikamunyura

AMAFOTO: Irebere ibihe byiza Ambasaderi w’Igihugu kimwe mu Rwanda akomeje kuhagirira bikamunyura

20/01/2026
Ibyamenyekanye ku cyatumye umuhanzi The Ben asiba ubutumwa bwateje urujijo

Ibyamenyekanye ku cyatumye umuhanzi The Ben asiba ubutumwa bwateje urujijo

20/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Amavubi ko amenyereweho gutsindwa kuki ubu byabaye nko guca inka amabere?

Amavubi ko amenyereweho gutsindwa kuki ubu byabaye nko guca inka amabere?

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Ibindi byagiye hanze bitari byavuzwe kuri dosiye y’umwarimu wa Kaminuza ufunzwe

Dear Gen Z, do we ever think about the impact of what we say or post on social media?

Uganda Elections: Observers of GEOM Note Challenges, But Vote Declared Free and Fair

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.