Friday, January 9, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home AMAHANGA

Uwakurikiye Tshisekedi mu matora yongeye kumwikoma kubera ibyamubayeho ageze mu ndege ye

radiotv10by radiotv10
08/02/2024
in AMAHANGA, POLITIKI
0
Uwakurikiye Tshisekedi mu matora yongeye kumwikoma kubera ibyamubayeho ageze mu ndege ye
Share on FacebookShare on Twitter

Umunyapolitiki akaba n’umuherwe Moïse Katumbi uherutse gutsinda amatora y’Umukuru w’Igihugu muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, ari na we wakurikiye Tshisekedi mu majwi, yongeye kwikoma Perezida amushinja kumubuza kwerecyeza muri Côte d’Ivoire.

Moïse Katumbi yabitangaje mu gitondo cyo kuri uyu wa Kane tariki 08 Gashyantare 2024, mu butumwa yanyujije kuri X, avuga ko Indege ye yabujijwe gufata ikirere.

Yagize ati “Indege yanjye bwite yabujijwe gufata ikirere, nk’uko bisanzwe bikorwa na Perezida ubwo nari nje guhaguruka nerecyeza muri Côte d’Ivoire mu gusoza CAN 2023.”

Moïse Katumbi ubwo yari ageze mu ndege yabujijwe ko ihaguruka

Moïse Katumbi wakurikiye Felix Tshisekedi mu majwi y’amatora y’Umukuru w’Igihugu yabaye mu mpera z’umwaka ushize, agira amajwi 15%, mu gihe Tshisekedi yagize 73%, ni umwe mu bakunze kugaragaza ko ubutegetsi bwa Congo bubangama.

Si rimwe cyangwa kabiri, Moïse Katumbi abujijwe kwerecyeza hanze, kuko no mu kwezi k’Ukuboza 2022, na bwo indege ye yagombaga kujya kumufata ngo imwerecyeza muri Qatar kureba umukino wa nyuma w’igikombe cy’Isi, yabujijwe kujyayo.

Ubwo amatora y’Umukuru w’igihugu yari arangiye, hanamaze gutangazwa amajwi, Moïse Katumbi n’ishyaka rye, bavugaga ko ari we watsinze amatora, ndetse icyo gihe avuga ko abashaka kumuhuguza intsinzi ye, baza guhura n’akaga.

Ibi byatumye mu ntangiro z’ukwezi gushize, uyu munyapolitiki agoterwa iwe mu rugo ruherereye ahitwa Kashobwe, ubwo igisirikare n’igipolisi cyazanaga intwaro za rutura, bakabuza uyu mugabo gusohoka.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

seventeen − 4 =

Previous Post

Guverinoma ya Pakistan yafashe icyemezo cyumvikanamo gushyira abaturage mu bwigunge

Next Post

Impyisi yateje ikikango hafi ya kaminuza birangira na yo yishwe

Related Posts

AFC/M23 iravugwaho kongera imbaraga mu gace kamwe

AFC/M23 iravugwaho kongera imbaraga mu gace kamwe

by radiotv10
09/01/2026
0

Ihuriro AFC/M23 ritavuga rumwe n’ubutegetsi bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, riravugwaho kuba ryongereye imbaraga mu gace ka Mpety, muri...

Umugore w’uwahoze ari Perezida wa Congo yagize icyo asaba Abanyekongo mu gusabira Abajenerali bafunzwe

Umugore w’uwahoze ari Perezida wa Congo yagize icyo asaba Abanyekongo mu gusabira Abajenerali bafunzwe

by radiotv10
09/01/2026
0

Olive Lembe Kabila, Madamu wa Joseph Kabila wari Perezida wa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, yasabye Abanyekongo, gukora amasengesho yo...

Igisirikare cya Congo cyabonye Umuvugizi mushya w’Agateganyo nyuma y’ihagarikrwa rya Ekenge

Igisirikare cya Congo cyabonye Umuvugizi mushya w’Agateganyo nyuma y’ihagarikrwa rya Ekenge

by radiotv10
09/01/2026
0

Lieutenant-Colonel Mak Hazukay Mongba yagizwe Umuyobozi Mukuru ushinzwe Itumanaho n’Amakuru mu gisirikare cya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, akaba n’Umuvugizi...

AFC/M23 yashyinguye mu cyubahiro abasivile bishwe urw’agashinyaguro n’ibitero by’indege i Masisi

AFC/M23 yashyinguye mu cyubahiro abasivile bishwe urw’agashinyaguro n’ibitero by’indege i Masisi

by radiotv10
08/01/2026
0

Abayobozi mu nzego bwite no mu z’umutekano mu Ntara ya Kivu ya Rugurumu bice bigenzurwa n’Ihuriro AFC/M23 bitabiriye umuhango wo...

Israel ikomeje kugaragaza ko yemeje nk’Igihugu Intara ya kimwe cyo muri Afurika

Israel ikomeje kugaragaza ko yemeje nk’Igihugu Intara ya kimwe cyo muri Afurika

by radiotv10
07/01/2026
0

Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga wa Israel, Gideon Saar, yagiriye uruzinduko muri Somaliland, nyuma yo kwemeza nk'Igihugu cyigenga iyi Ntara yo muri...

IZIHERUKA

Key points to know about Rwanda’s new Road Traffic Law
MU RWANDA

Key points to know about Rwanda’s new Road Traffic Law

by radiotv10
09/01/2026
0

AFC/M23 iravugwaho kongera imbaraga mu gace kamwe

AFC/M23 iravugwaho kongera imbaraga mu gace kamwe

09/01/2026
VIDEO: Umuvugizi wa Polisi y’u Rwanda yagaragaye anyonga igare ry’abanyonzi

VIDEO: Umuvugizi wa Polisi y’u Rwanda yagaragaye anyonga igare ry’abanyonzi

09/01/2026
Umugore w’uwahoze ari Perezida wa Congo yagize icyo asaba Abanyekongo mu gusabira Abajenerali bafunzwe

Umugore w’uwahoze ari Perezida wa Congo yagize icyo asaba Abanyekongo mu gusabira Abajenerali bafunzwe

09/01/2026
Inkuru mbi yatashye mu miryango y’abagabo babiri baguwe gitumo nyuma yo kwiba amatungo

Inkuru mbi yatashye mu miryango y’abagabo babiri baguwe gitumo nyuma yo kwiba amatungo

09/01/2026
Umunyamideri Isimbi Model nyuma yo kugaragaza atwite inda nkuru agarukanye amashimwe akomeye

Umunyamideri Isimbi Model nyuma yo kugaragaza atwite inda nkuru agarukanye amashimwe akomeye

09/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Impyisi yateje ikikango hafi ya kaminuza birangira na yo yishwe

Impyisi yateje ikikango hafi ya kaminuza birangira na yo yishwe

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Key points to know about Rwanda’s new Road Traffic Law

AFC/M23 iravugwaho kongera imbaraga mu gace kamwe

VIDEO: Umuvugizi wa Polisi y’u Rwanda yagaragaye anyonga igare ry’abanyonzi

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.