Monday, May 12, 2025
RADIOTV10
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Uwakuwe ku mwanya wa Guverineri w’Intara y’Iburengerazuba yagize icyo avuga

radiotv10by radiotv10
25/11/2024
in MU RWANDA, POLITIKI
0
Uwakuwe ku mwanya wa Guverineri w’Intara y’Iburengerazuba yagize icyo avuga
Share on FacebookShare on Twitter

Hon. Lambert Dushimimana wari Guverineri w’Intara y’Iburengerazuba, yashimiye Perezida Paul Kagame ku mahirwe yari yamuhaye, anaboneraho gusaba imbabazi z’ibyo yitwayemo nabi binyuranyije n’indangagaciro za RPF-Inkotanyi.

Ni nyuma yuko Perezida wa Repubulika, Paul Kagame amusimbuje kuri uyu mwanya wa Guverineri w’Intara y’Iburengerazuba, agashyiraho Jean Bosco Ntibitura.

Ni impinduka zakozwe ku wa Gatandatu tariki 23 Ugushyingo 2024, ubwo hasohoka Itangazo riturutse mu Biro bya Minisitiri w’Intebe, rivuga ko “Nyakubahwa Perezida wa Repubulika yagize Bwana Jean Bosco Ntibitura, Guverineri w’Intara y’Iburengerazuba.”

Nyuma y’amasaha macye, hakozwe izi mpinduka, Hon. Lambert Dushimimana wari Guverineri w’Intara y’Iburenegrazuba, yahise agira icyo avuga, ashimira Perezida Paul Kagame.

Yagize ati “Ndabashimiye Nyakubahwa Perezida wa Repubulika, Paul Kagame ku mahirwe mwampaye yo gutanga umusanzu mu miyoborere y’Igihugu.”

Yakomeje agira ati “Ndasaba imbabazi mbikuye ku mutima, z’aho nitwaye binyuranyije n’indangagaciro z’Umuryango RPF-Inkotanyi. Ndabizeza kutazahwema gukomeza gukorera u Rwanda.”

Hon. Lambert Dushimimana yakuwe kuri uyu mwanya wa Guverineri w’Iburengerazuba, nyuma yuko muri iyi Ntara hakomeje kuvugwa ibibazo byanatumye bamwe mu bayobozi mu nzego z’ibanze begura.

Tariki 15 z’uku kwezi k’Ugushyingo 2024, Mukase Valentine wari Umuyobozi w’Akarere ka Karongi, yareguye, agendera rimwe na Niragire Theophile wari Umuyobozi Wungirije w’Akarere ushinzwe Iterambere ry’Ubukungu, ndetse na Dusingize Donatha wari Perezida w’Inama Njyanama.

Mu mpera z’icyumweru twaraye dushoze, uwari Umuyobozi w’Akarere ka Rusizi muri iyi Ntara y’Iburengerazuba, Dr Kibiriga Anicet, Uwari Umuyobozi w’Akarere Wungirije ushinzwe Imibereho myiza y’Abaturage, Dukuzumuremyi Anne Marie, na Jeanne Niyonsaba wari Umujyanama Uhagarariye Inama y’Igihugu y’Abagore (CNF), na bo bareguye.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

four × 4 =

Previous Post

Hatahuwe ahari ububiko bwa magendu yavanywe muri Congo yinjizwa mu Rwanda binyuranyije n’amategeko

Next Post

AMAKURU MASHYA: Ukuriye Kiliziya muri DRCongo ategerejwe mu Rwanda nyuma y’amasaha yamaganye umugambi wa Tshisekedi

Related Posts

Umusore uregwa kwica ‘boss’ we yabitanzeho amakuru mu ibazwa rye

by radiotv10
10/05/2025
0

Umusore w’imyaka 27 y’amavuko ukekwaho kwica uwari umukoresha we mu Murenge wa Ruli mu Karere ka Gakenke, yarangiza akamuzingazingira mu...

Moses Turahirwa imbere y’Urukiko yafashwe n’ikiniga akora ibyazamuye amarangamutima

AMAKURU MASHYA: Moses Turahirwa yafatiwe icyemezo cyo gufungwa

by radiotv10
09/05/2025
0

Urukiko rw’Ibanze rwa Kicukiro rwafashe icyemezo cyo gufunga by’agateganyo iminsi 30 Moses Turahirwa uzwi mu guhanga imideri wanashinze inzu yayo...

Umugore uregwa kwica umugabo we amuziza kumumenera ifu y’ubugari yabivuzeho ibyumvikamo kubigambirira

Umugore uregwa kwica umugabo we amuziza kumumenera ifu y’ubugari yabivuzeho ibyumvikamo kubigambirira

by radiotv10
09/05/2025
0

Umugore w’imyaka 58 wo mu Murenge wa Kigoma mu Karere ka Nyanza ukurikiranyweho kwica umugabo we w’imyaka 80, avuga ko...

Ubutumwa bwa Kiliziya Gatulika mu Rwanda ku itorwa rya Papa mushya

Ubutumwa bwa Kiliziya Gatulika mu Rwanda ku itorwa rya Papa mushya

by radiotv10
09/05/2025
0

Ubuyobozi bwa Kiliziya Gatulika mu Rwanda bwashimiye Imana ku itorwa ry’Umushumba mushya wa Kiliziya Gatulika ku Isi, Nyirubutungane Lewo XIV...

Rusizi: Umuyobozi watumye umubiri w’uwazize Jenoside umara imyaka itanu mu Kagari yatangiye gukurikiranwa

Rusizi: Umuyobozi watumye umubiri w’uwazize Jenoside umara imyaka itanu mu Kagari yatangiye gukurikiranwa

by radiotv10
09/05/2025
0

Uwari Umunyamabanga Nshingwabikorwa w’Akagari ka Kizura mu Murenge wa Gikundamvura mu Karere ka Rusizi, yatawe muri yombi nyuma yuko mu...

IZIHERUKA

MU RWANDA

Umusore uregwa kwica ‘boss’ we yabitanzeho amakuru mu ibazwa rye

by radiotv10
10/05/2025
0

Inama idasanzwe ya Njyanama y’Akarere ka Nyanza yeguje Mayor Ntazinda

Uwari Umuyobozi w’Akarere waregwaga ubushoreke yafatiwe icyemezo gishingiye ku ibaruwa yanditswe n’umugore we

09/05/2025
Moses Turahirwa imbere y’Urukiko yafashwe n’ikiniga akora ibyazamuye amarangamutima

AMAKURU MASHYA: Moses Turahirwa yafatiwe icyemezo cyo gufungwa

09/05/2025
Umugore uregwa kwica umugabo we amuziza kumumenera ifu y’ubugari yabivuzeho ibyumvikamo kubigambirira

Umugore uregwa kwica umugabo we amuziza kumumenera ifu y’ubugari yabivuzeho ibyumvikamo kubigambirira

09/05/2025
Kimwe mu biteye amatsiko wamenya ku Mushumba mushya wa Kiliziya Gatulika ku Isi

Kimwe mu biteye amatsiko wamenya ku Mushumba mushya wa Kiliziya Gatulika ku Isi

09/05/2025
AMAFOTO: Mu Burusiya habaye ibirori by’akataraboneka byaranzwe n’akarasisi kamurikiwemo intwaro zikomeye

AMAFOTO: Mu Burusiya habaye ibirori by’akataraboneka byaranzwe n’akarasisi kamurikiwemo intwaro zikomeye

09/05/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
AMAKURU MASHYA: Ukuriye Kiliziya muri DRCongo ategerejwe mu Rwanda nyuma y’amasaha yamaganye umugambi wa Tshisekedi

AMAKURU MASHYA: Ukuriye Kiliziya muri DRCongo ategerejwe mu Rwanda nyuma y’amasaha yamaganye umugambi wa Tshisekedi

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home

Latest News

Umusore uregwa kwica ‘boss’ we yabitanzeho amakuru mu ibazwa rye

Uwari Umuyobozi w’Akarere waregwaga ubushoreke yafatiwe icyemezo gishingiye ku ibaruwa yanditswe n’umugore we

AMAKURU MASHYA: Moses Turahirwa yafatiwe icyemezo cyo gufungwa

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.

Welcome Back!

Login to your account below

Forgotten Password?

Retrieve your password

Please enter your username or email address to reset your password.

Log In

Add New Playlist

No Result
View All Result
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home

Copyright © 2024 RadioTv10.