Tuesday, December 23, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Uwakuwe ku mwanya wa Guverineri w’Intara y’Iburengerazuba yagize icyo avuga

radiotv10by radiotv10
25/11/2024
in MU RWANDA, POLITIKI
0
Uwakuwe ku mwanya wa Guverineri w’Intara y’Iburengerazuba yagize icyo avuga
Share on FacebookShare on Twitter

Hon. Lambert Dushimimana wari Guverineri w’Intara y’Iburengerazuba, yashimiye Perezida Paul Kagame ku mahirwe yari yamuhaye, anaboneraho gusaba imbabazi z’ibyo yitwayemo nabi binyuranyije n’indangagaciro za RPF-Inkotanyi.

Ni nyuma yuko Perezida wa Repubulika, Paul Kagame amusimbuje kuri uyu mwanya wa Guverineri w’Intara y’Iburengerazuba, agashyiraho Jean Bosco Ntibitura.

Ni impinduka zakozwe ku wa Gatandatu tariki 23 Ugushyingo 2024, ubwo hasohoka Itangazo riturutse mu Biro bya Minisitiri w’Intebe, rivuga ko “Nyakubahwa Perezida wa Repubulika yagize Bwana Jean Bosco Ntibitura, Guverineri w’Intara y’Iburengerazuba.”

Nyuma y’amasaha macye, hakozwe izi mpinduka, Hon. Lambert Dushimimana wari Guverineri w’Intara y’Iburenegrazuba, yahise agira icyo avuga, ashimira Perezida Paul Kagame.

Yagize ati “Ndabashimiye Nyakubahwa Perezida wa Repubulika, Paul Kagame ku mahirwe mwampaye yo gutanga umusanzu mu miyoborere y’Igihugu.”

Yakomeje agira ati “Ndasaba imbabazi mbikuye ku mutima, z’aho nitwaye binyuranyije n’indangagaciro z’Umuryango RPF-Inkotanyi. Ndabizeza kutazahwema gukomeza gukorera u Rwanda.”

Hon. Lambert Dushimimana yakuwe kuri uyu mwanya wa Guverineri w’Iburengerazuba, nyuma yuko muri iyi Ntara hakomeje kuvugwa ibibazo byanatumye bamwe mu bayobozi mu nzego z’ibanze begura.

Tariki 15 z’uku kwezi k’Ugushyingo 2024, Mukase Valentine wari Umuyobozi w’Akarere ka Karongi, yareguye, agendera rimwe na Niragire Theophile wari Umuyobozi Wungirije w’Akarere ushinzwe Iterambere ry’Ubukungu, ndetse na Dusingize Donatha wari Perezida w’Inama Njyanama.

Mu mpera z’icyumweru twaraye dushoze, uwari Umuyobozi w’Akarere ka Rusizi muri iyi Ntara y’Iburengerazuba, Dr Kibiriga Anicet, Uwari Umuyobozi w’Akarere Wungirije ushinzwe Imibereho myiza y’Abaturage, Dukuzumuremyi Anne Marie, na Jeanne Niyonsaba wari Umujyanama Uhagarariye Inama y’Igihugu y’Abagore (CNF), na bo bareguye.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

eleven − 5 =

Previous Post

Hatahuwe ahari ububiko bwa magendu yavanywe muri Congo yinjizwa mu Rwanda binyuranyije n’amategeko

Next Post

AMAKURU MASHYA: Ukuriye Kiliziya muri DRCongo ategerejwe mu Rwanda nyuma y’amasaha yamaganye umugambi wa Tshisekedi

Related Posts

Abapolisi binjiye muri Polisi y’u Rwanda bagaragaje ubumenyi bahawe burimo ubwo guhosha imyigaragambyo

Abapolisi binjiye muri Polisi y’u Rwanda bagaragaje ubumenyi bahawe burimo ubwo guhosha imyigaragambyo

by radiotv10
22/12/2025
0

I Gishari mu Ishuri ry’amahugurwa rya Polisi y’u Rwanda, hasojwe icyiciro cya 21 cy’amahugurwa y’abapolisi bato 1 905, barimo 337...

BREAKING: Umuyobozi w’Ikigo Ngoraramuco wanigeze kuba Mayor w’Akarere kamwe mu Rwanda yatawe muri yombi

BREAKING: Umuyobozi w’Ikigo Ngoraramuco wanigeze kuba Mayor w’Akarere kamwe mu Rwanda yatawe muri yombi

by radiotv10
22/12/2025
0

Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha RIB, rwataye muri yombi Umuhuzabikorwa w'Ikigo Ngororamuco cya Gitagata, Bahame Hassan ukurikiranyweho ibyaha birimo gukora ishimishamubiri rishingiye...

Hari gushakishwa abasore bateye ishuri bagenzwa no kwiba ibiryo by’abanyeshuri

Hari gushakishwa abasore bateye ishuri bagenzwa no kwiba ibiryo by’abanyeshuri

by radiotv10
22/12/2025
0

Hari gushakishwa abasore babiri muri batatu biraye mu ishuri ryo mu Murenge wa Gikundamvura mu Karere ka Rusizi, bahengereye abanyeshuri...

Kayonza: Umugabo wari ufite umugore wahukanye yaranze gutaha bamusanze yimanitse

Hari urujijo ku mukozi wo mu rugo w’umuhungu ukekwaho kwica uw’umukobwa bakoranaga muri Kigali

by radiotv10
22/12/2025
0

Umuhungu w’imyaka 28 usanzwe ari umukozi wo mu rugo ruherereyeye mu Murenge wa Gahanga mu Karere ka Kicukiro, ari gushakishwa...

Rusizi: Uwavuye mu rugo agiye kugura inyama yasanzwe mu mashyuza yapfuye

Rusizi: Uwavuye mu rugo agiye kugura inyama yasanzwe mu mashyuza yapfuye

by radiotv10
22/12/2025
0

Kwizera Elias w’imyaka 25 wabarizwaga mu kagari ka Kingwa ko mu murenge wa Gitambi yasanzwe mu mazi y’amashyuza mu kagari...

IZIHERUKA

Abapolisi binjiye muri Polisi y’u Rwanda bagaragaje ubumenyi bahawe burimo ubwo guhosha imyigaragambyo
MU RWANDA

Abapolisi binjiye muri Polisi y’u Rwanda bagaragaje ubumenyi bahawe burimo ubwo guhosha imyigaragambyo

by radiotv10
22/12/2025
0

BREAKING: Umuyobozi w’Ikigo Ngoraramuco wanigeze kuba Mayor w’Akarere kamwe mu Rwanda yatawe muri yombi

BREAKING: Umuyobozi w’Ikigo Ngoraramuco wanigeze kuba Mayor w’Akarere kamwe mu Rwanda yatawe muri yombi

22/12/2025
AMAFOTO: Uko Abapolisi ba AFC/M23 bari kwitwara i Goma nyuma yuko hadutse imyigaragambyo

AMAFOTO: Uko Abapolisi ba AFC/M23 bari kwitwara i Goma nyuma yuko hadutse imyigaragambyo

22/12/2025
I Goma muri Congo haramukiye imyigaragambyo ikomeye

I Goma muri Congo haramukiye imyigaragambyo ikomeye

22/12/2025
Hari gushakishwa abasore bateye ishuri bagenzwa no kwiba ibiryo by’abanyeshuri

Hari gushakishwa abasore bateye ishuri bagenzwa no kwiba ibiryo by’abanyeshuri

22/12/2025
Kayonza: Umugabo wari ufite umugore wahukanye yaranze gutaha bamusanze yimanitse

Hari urujijo ku mukozi wo mu rugo w’umuhungu ukekwaho kwica uw’umukobwa bakoranaga muri Kigali

22/12/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
AMAKURU MASHYA: Ukuriye Kiliziya muri DRCongo ategerejwe mu Rwanda nyuma y’amasaha yamaganye umugambi wa Tshisekedi

AMAKURU MASHYA: Ukuriye Kiliziya muri DRCongo ategerejwe mu Rwanda nyuma y’amasaha yamaganye umugambi wa Tshisekedi

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Abapolisi binjiye muri Polisi y’u Rwanda bagaragaje ubumenyi bahawe burimo ubwo guhosha imyigaragambyo

BREAKING: Umuyobozi w’Ikigo Ngoraramuco wanigeze kuba Mayor w’Akarere kamwe mu Rwanda yatawe muri yombi

AMAFOTO: Uko Abapolisi ba AFC/M23 bari kwitwara i Goma nyuma yuko hadutse imyigaragambyo

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.