Wednesday, December 31, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Uwapfobyaga Jenoside yahishuye ko hari ababimuheraga amafaranga

radiotv10by radiotv10
02/11/2022
in MU RWANDA
1
Uwapfobyaga Jenoside yahishuye ko hari ababimuheraga amafaranga
Share on FacebookShare on Twitter

Uwimana Agnes wiyita Umunyamakuru, wari umaze iminsi akora ibiganiro byumvikanamo imvugo zo gupfobya Jenoside Yakorewe Abatutsi, yaciye bugufi asaba imbabazi, yiyemeza kwikubita agashyi, anahishura ko ibyo bitekerezo bidakwiye hari ababimuheraga amafaranga, abasaba kutazongera kuyamuha.

Uwimana Agnes uyobora ikinyamakuru Umuryabyo, yafunguwe muri 2014 nyuma y’imyaka ine yari amaze afungiwe ibyaha birimo gusebya Umukuru w’Igihugu no kuvutsa Igihugu umudendezo.

Ibi byaha yakoreye mu nkuru yandikaga, ubwo yafungurwaga muri uwo mwaka, yavuze ko agiye kurushaho gukora akazi ke ariko ko yagombaga gushyiramo ubushishozi.

Uyu wasubije ikarita imweremerera gukora intangazamakuru, muri iyi minsi yavugwagaho gukora ibiganiro byumvikanamo gupfobya Jenoside Yakorewe Abatutsi, ndetse akaba aherutse guhamagazwa n’Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha RIB, rwamugiriye inama.

Mu kiganiro yatambukije ku murongo wa YouTube we Umurabyo TV, Agnes yavuze ko ubwo yitabaga RIB mu cyumweru gishize, uru rwego rwamweretse ko yari atangiye kurengera mu biganiro bye.

Ati “Bamaze kunyereka ya mirongo migari yose, nanjye ntabwo natinye kuvuga ko nari narengereye. Burya nidukora amakosa tujye tunayemera, kuko amakosa iyo uyakoze akagenda aba menshi yiyungikanya agera aho akabyara ibyaha.”

Avuga ko na we yasubije amaso inyuma akabona imvugo yakoreshaga zirimo gupfobya Jenoside Yakorewe Abatutsi, ndetse no kubiba urwango mu Banyarwanda.

Ati “Tumaze kubiganiraho cyane [na RIB], nanjye nariseguye ntabwo njya aho ngo nirarire niyemere, nariseguye ndetse mbiseguraho cyane, nerekana ko nubwo byabaye ariko ndi kugaragaza ubumuntu, nemera ko ngiye kwisubiraho ngahindura umurongo nakoreragamo.”

 

Abampaga amafaranga bayareke

Muri iki kiganiro, Agnes yeruye ko mu gukora biriya biganiro bitannye, hari indonke z’amafaranga yakuragamo.

Yagize ati “kuvuga ko yaba yarayampaye ngo muvugire byo ntabwo nabihamya aka kanya, ahubwo navuga ngo hari abashyigikira ibyo ukora, muri kwa gushyigikira ibyo ukora bakavuga bati ‘komereza aho, courage, tukuri inyuma’ akanakubwira ati ‘ndakugurira agafanta’ ni urugero, akaguha amafaranga pe. Ndabyemera.”

Yaboneyeho gukurira inzira ku murima abo bantu, agira ati “N’uwatekerezaga ko ayo mafaranga yakongera kuyampa kugira ngo nkunde mvuge ibyo ashaka, ayo mafaranga azayereke.”

Uwimana Agnes avuga ko yasabye imbabazi RIB ariko ko anazisaba Abanyarwanda bose muri rusange, kandi akizeza ko agiye kugororoka agaca ukubiri n’ibiganiro bibakomeretsa.

RADIOTV10

Comments 1

  1. Jean Bosco Iraguha says:
    3 years ago

    Nukuri ndamushimiye ko yasubije amaso inyuma akagororoka kandi nabandi bumvireho bafite imikorere ikomeretsa abanyarwanda babifitemo indonke bahindure imyumvire twiyubakire urwanda twifuza twirinda amagambo arimo amacakubiri!!!!

    Reply

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

1 × 3 =

Previous Post

Nyagatare: Umugore yafatanywe amabaro 3 ya caguwa yari yahishe mu murima

Next Post

Perezida Kagame na Ndayishimiye w’u Burundi bahanye intashyo

Related Posts

Moving Alone? 8 Simple Tips to Make the Process Easier

Moving Alone? 8 Simple Tips to Make the Process Easier

by radiotv10
31/12/2025
0

Moving to a new place can feel overwhelming, especially when you’re doing it by yourself. From packing your things to...

Minisitiri Nduhungirehe yahishuye icyihishe inyuma y’ihagarikwa ry’uwari Umuvugizi w’Igisirikare cya Congo

Minisitiri Nduhungirehe yahishuye icyihishe inyuma y’ihagarikwa ry’uwari Umuvugizi w’Igisirikare cya Congo

by radiotv10
31/12/2025
0

Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga n’Ubutwererane w’u Rwanda, Olivier Nduhungirehe, avuga ko ihagarikwa rya Général Major Sylvain Ekenge ku mwanya w’Umuvugizi w’Igisirikare...

Ibisobanuro by’umunyamategeko ukurikiranyweho gusambanya umwana arusha imyaka 59

Umunyamategeko waregwaga gusambanya umukobwa waburanye mu rubanza rwigeze kurangwa n’impaka yafatiwe icyemezo

by radiotv10
31/12/2025
0

Umunyamategeko wunganira abandi mu manza waburanishwaga n'Urukiko Rwisumbuye rwa Muhanga ku cyaha cyo gusambanya umwana w'umukobwa w'imyaka 15, yagihamijwe akatirwa...

Hari abafashwe mu iperereza ku bantu bane bapfuye nyuma yo gusangira inzoga

Hari abafashwe mu iperereza ku bantu bane bapfuye nyuma yo gusangira inzoga

by radiotv10
31/12/2025
0

Abantu babiri batawe muri yombi bakekwaho kugira uruhare mu rupfu rw’abantu bane bo mu Murenge wa Rukoma mu Karere ka...

Min.Nduhungirehe yagaye Umunyekongo uzwi ku rwego mpuzamahanga wirengagije iby’ingenzi mu makuru yatangaje

Eng.-Rwanda’s Foreign Minister says FARDC spokesperson’s suspension was driven by Western pressure

by radiotv10
31/12/2025
0

The Minister of Foreign Affairs and International Cooperation of Rwanda, Olivier Nduhungirehe, says that the suspension of Major General Sylvain...

IZIHERUKA

Moving Alone? 8 Simple Tips to Make the Process Easier
MU RWANDA

Moving Alone? 8 Simple Tips to Make the Process Easier

by radiotv10
31/12/2025
0

Ubutumwa bw’impanuro bw’Umupfumu Rutangarwamaboko yageneye Pamella umugore wa The Ben

Ubutumwa bw’impanuro bw’Umupfumu Rutangarwamaboko yageneye Pamella umugore wa The Ben

31/12/2025
Ibihugu bibiri bya Afurika biyobowe n’Igisirikare bishobora gufatira America icyemezo nk’ibyo yabifatiye

Ibihugu bibiri bya Afurika biyobowe n’Igisirikare bishobora gufatira America icyemezo nk’ibyo yabifatiye

31/12/2025
Minisitiri Nduhungirehe yahishuye icyihishe inyuma y’ihagarikwa ry’uwari Umuvugizi w’Igisirikare cya Congo

Minisitiri Nduhungirehe yahishuye icyihishe inyuma y’ihagarikwa ry’uwari Umuvugizi w’Igisirikare cya Congo

31/12/2025
Ibisobanuro by’umunyamategeko ukurikiranyweho gusambanya umwana arusha imyaka 59

Umunyamategeko waregwaga gusambanya umukobwa waburanye mu rubanza rwigeze kurangwa n’impaka yafatiwe icyemezo

31/12/2025
Hamenyekanye aho kurangiriza umwaka no gutangirira umushya uri mu byishimo muri Kigali

Hamenyekanye aho kurangiriza umwaka no gutangirira umushya uri mu byishimo muri Kigali

31/12/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Perezida Kagame na Ndayishimiye w’u Burundi bahanye intashyo

Perezida Kagame na Ndayishimiye w’u Burundi bahanye intashyo

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Moving Alone? 8 Simple Tips to Make the Process Easier

Ubutumwa bw’impanuro bw’Umupfumu Rutangarwamaboko yageneye Pamella umugore wa The Ben

Ibihugu bibiri bya Afurika biyobowe n’Igisirikare bishobora gufatira America icyemezo nk’ibyo yabifatiye

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.