Saturday, December 27, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Uwapfobyaga Jenoside yahishuye ko hari ababimuheraga amafaranga

radiotv10by radiotv10
02/11/2022
in MU RWANDA
1
Uwapfobyaga Jenoside yahishuye ko hari ababimuheraga amafaranga
Share on FacebookShare on Twitter

Uwimana Agnes wiyita Umunyamakuru, wari umaze iminsi akora ibiganiro byumvikanamo imvugo zo gupfobya Jenoside Yakorewe Abatutsi, yaciye bugufi asaba imbabazi, yiyemeza kwikubita agashyi, anahishura ko ibyo bitekerezo bidakwiye hari ababimuheraga amafaranga, abasaba kutazongera kuyamuha.

Uwimana Agnes uyobora ikinyamakuru Umuryabyo, yafunguwe muri 2014 nyuma y’imyaka ine yari amaze afungiwe ibyaha birimo gusebya Umukuru w’Igihugu no kuvutsa Igihugu umudendezo.

Ibi byaha yakoreye mu nkuru yandikaga, ubwo yafungurwaga muri uwo mwaka, yavuze ko agiye kurushaho gukora akazi ke ariko ko yagombaga gushyiramo ubushishozi.

Uyu wasubije ikarita imweremerera gukora intangazamakuru, muri iyi minsi yavugwagaho gukora ibiganiro byumvikanamo gupfobya Jenoside Yakorewe Abatutsi, ndetse akaba aherutse guhamagazwa n’Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha RIB, rwamugiriye inama.

Mu kiganiro yatambukije ku murongo wa YouTube we Umurabyo TV, Agnes yavuze ko ubwo yitabaga RIB mu cyumweru gishize, uru rwego rwamweretse ko yari atangiye kurengera mu biganiro bye.

Ati “Bamaze kunyereka ya mirongo migari yose, nanjye ntabwo natinye kuvuga ko nari narengereye. Burya nidukora amakosa tujye tunayemera, kuko amakosa iyo uyakoze akagenda aba menshi yiyungikanya agera aho akabyara ibyaha.”

Avuga ko na we yasubije amaso inyuma akabona imvugo yakoreshaga zirimo gupfobya Jenoside Yakorewe Abatutsi, ndetse no kubiba urwango mu Banyarwanda.

Ati “Tumaze kubiganiraho cyane [na RIB], nanjye nariseguye ntabwo njya aho ngo nirarire niyemere, nariseguye ndetse mbiseguraho cyane, nerekana ko nubwo byabaye ariko ndi kugaragaza ubumuntu, nemera ko ngiye kwisubiraho ngahindura umurongo nakoreragamo.”

 

Abampaga amafaranga bayareke

Muri iki kiganiro, Agnes yeruye ko mu gukora biriya biganiro bitannye, hari indonke z’amafaranga yakuragamo.

Yagize ati “kuvuga ko yaba yarayampaye ngo muvugire byo ntabwo nabihamya aka kanya, ahubwo navuga ngo hari abashyigikira ibyo ukora, muri kwa gushyigikira ibyo ukora bakavuga bati ‘komereza aho, courage, tukuri inyuma’ akanakubwira ati ‘ndakugurira agafanta’ ni urugero, akaguha amafaranga pe. Ndabyemera.”

Yaboneyeho gukurira inzira ku murima abo bantu, agira ati “N’uwatekerezaga ko ayo mafaranga yakongera kuyampa kugira ngo nkunde mvuge ibyo ashaka, ayo mafaranga azayereke.”

Uwimana Agnes avuga ko yasabye imbabazi RIB ariko ko anazisaba Abanyarwanda bose muri rusange, kandi akizeza ko agiye kugororoka agaca ukubiri n’ibiganiro bibakomeretsa.

RADIOTV10

Comments 1

  1. Jean Bosco Iraguha says:
    3 years ago

    Nukuri ndamushimiye ko yasubije amaso inyuma akagororoka kandi nabandi bumvireho bafite imikorere ikomeretsa abanyarwanda babifitemo indonke bahindure imyumvire twiyubakire urwanda twifuza twirinda amagambo arimo amacakubiri!!!!

    Reply

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

twelve + 10 =

Previous Post

Nyagatare: Umugore yafatanywe amabaro 3 ya caguwa yari yahishe mu murima

Next Post

Perezida Kagame na Ndayishimiye w’u Burundi bahanye intashyo

Related Posts

Hatangajwe icyagaragaye nyuma yuko hafashwe umugabo wagaragaye muri Kigali akora ibyateje impagarara

Hatangajwe icyagaragaye nyuma yuko hafashwe umugabo wagaragaye muri Kigali akora ibyateje impagarara

by radiotv10
27/12/2025
0

Umugabo wagaragaye mu Mujyi wa Kigali afite umuhoro ashaka gutema abantu anamenagura imodoka yasangaga ziparitse, yafashwe, ndetse iperereza rigaragaza ko...

Rusizi: Umugore yabwiwe ko ataryoshye mu buriri agerageje kwiyahura  irondo ryari maso rirahagoboka

Rusizi: Umugore yabwiwe ko ataryoshye mu buriri agerageje kwiyahura  irondo ryari maso rirahagoboka

by radiotv10
27/12/2025
0

Umugore wari umaze ukwezi ashatse mu murenge wa Muganza yagerageje kwiyahura akoresheje igitenge ubwo umugabo yari amaze kumubwirira mu buriri...

Why Ginger Is More Than a Spice: Five Health Benefits You Should Know

Why Ginger Is More Than a Spice: Five Health Benefits You Should Know

by radiotv10
27/12/2025
0

Ginger is a common spice found in many kitchens. In Rwanda and across the world, people use it in tea,...

Perezida Kagame yasabaanye n’abana bafite impano mu mupira w’amaguru basangiye Noheli n’uwukuriye ku Isi

Perezida Kagame yasabaanye n’abana bafite impano mu mupira w’amaguru basangiye Noheli n’uwukuriye ku Isi

by radiotv10
26/12/2025
0

Mu busabane bwa Noheli Gianni Infantino, Perezida w’Impuzamashyirahamwe y’Umupira w’Amaguru ku Isi (FIFA) yagiranye n’abakiri bato bafite impano muri uyu...

Umusaza utari umeranye neza n’ab’iwe yasanzwe mu nzu yapfuye batanu bo muri urwo rugo batabwa muri yombi

Umusaza utari umeranye neza n’ab’iwe yasanzwe mu nzu yapfuye batanu bo muri urwo rugo batabwa muri yombi

by radiotv10
25/12/2025
0

Mushinzimana Stanislas warutuye mu kagari ka Murambi mu murenge wa Nyakarenzo wari warezwe n’umugore batari babanye neza yasanzwe mu cyumba...

IZIHERUKA

Isi ya ruhago mu gahinda ko kubura uyifitemo ibigwi washenguye abafite amazina akomeye
FOOTBALL

Isi ya ruhago mu gahinda ko kubura uyifitemo ibigwi washenguye abafite amazina akomeye

by radiotv10
27/12/2025
0

Hatangajwe icyagaragaye nyuma yuko hafashwe umugabo wagaragaye muri Kigali akora ibyateje impagarara

Hatangajwe icyagaragaye nyuma yuko hafashwe umugabo wagaragaye muri Kigali akora ibyateje impagarara

27/12/2025
Rusizi: Umugore yabwiwe ko ataryoshye mu buriri agerageje kwiyahura  irondo ryari maso rirahagoboka

Rusizi: Umugore yabwiwe ko ataryoshye mu buriri agerageje kwiyahura  irondo ryari maso rirahagoboka

27/12/2025
Why Ginger Is More Than a Spice: Five Health Benefits You Should Know

Why Ginger Is More Than a Spice: Five Health Benefits You Should Know

27/12/2025
Perezida Kagame yasabaanye n’abana bafite impano mu mupira w’amaguru basangiye Noheli n’uwukuriye ku Isi

Perezida Kagame yasabaanye n’abana bafite impano mu mupira w’amaguru basangiye Noheli n’uwukuriye ku Isi

26/12/2025
Inyeshyamba z’umutwe ukorana n’igisirikare cya Congo zasubiranyemo hagwa umukamando

Mu buryo butunguranye AFC/M23 yakozanyijeho n’umutwe wa Wazalendo ufasha FARDC

26/12/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Perezida Kagame na Ndayishimiye w’u Burundi bahanye intashyo

Perezida Kagame na Ndayishimiye w’u Burundi bahanye intashyo

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Isi ya ruhago mu gahinda ko kubura uyifitemo ibigwi washenguye abafite amazina akomeye

Hatangajwe icyagaragaye nyuma yuko hafashwe umugabo wagaragaye muri Kigali akora ibyateje impagarara

Rusizi: Umugore yabwiwe ko ataryoshye mu buriri agerageje kwiyahura  irondo ryari maso rirahagoboka

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.