Saturday, January 24, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Uwapfobyaga Jenoside yahishuye ko hari ababimuheraga amafaranga

radiotv10by radiotv10
02/11/2022
in MU RWANDA
1
Uwapfobyaga Jenoside yahishuye ko hari ababimuheraga amafaranga
Share on FacebookShare on Twitter

Uwimana Agnes wiyita Umunyamakuru, wari umaze iminsi akora ibiganiro byumvikanamo imvugo zo gupfobya Jenoside Yakorewe Abatutsi, yaciye bugufi asaba imbabazi, yiyemeza kwikubita agashyi, anahishura ko ibyo bitekerezo bidakwiye hari ababimuheraga amafaranga, abasaba kutazongera kuyamuha.

Uwimana Agnes uyobora ikinyamakuru Umuryabyo, yafunguwe muri 2014 nyuma y’imyaka ine yari amaze afungiwe ibyaha birimo gusebya Umukuru w’Igihugu no kuvutsa Igihugu umudendezo.

Ibi byaha yakoreye mu nkuru yandikaga, ubwo yafungurwaga muri uwo mwaka, yavuze ko agiye kurushaho gukora akazi ke ariko ko yagombaga gushyiramo ubushishozi.

Uyu wasubije ikarita imweremerera gukora intangazamakuru, muri iyi minsi yavugwagaho gukora ibiganiro byumvikanamo gupfobya Jenoside Yakorewe Abatutsi, ndetse akaba aherutse guhamagazwa n’Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha RIB, rwamugiriye inama.

Mu kiganiro yatambukije ku murongo wa YouTube we Umurabyo TV, Agnes yavuze ko ubwo yitabaga RIB mu cyumweru gishize, uru rwego rwamweretse ko yari atangiye kurengera mu biganiro bye.

Ati “Bamaze kunyereka ya mirongo migari yose, nanjye ntabwo natinye kuvuga ko nari narengereye. Burya nidukora amakosa tujye tunayemera, kuko amakosa iyo uyakoze akagenda aba menshi yiyungikanya agera aho akabyara ibyaha.”

Avuga ko na we yasubije amaso inyuma akabona imvugo yakoreshaga zirimo gupfobya Jenoside Yakorewe Abatutsi, ndetse no kubiba urwango mu Banyarwanda.

Ati “Tumaze kubiganiraho cyane [na RIB], nanjye nariseguye ntabwo njya aho ngo nirarire niyemere, nariseguye ndetse mbiseguraho cyane, nerekana ko nubwo byabaye ariko ndi kugaragaza ubumuntu, nemera ko ngiye kwisubiraho ngahindura umurongo nakoreragamo.”

 

Abampaga amafaranga bayareke

Muri iki kiganiro, Agnes yeruye ko mu gukora biriya biganiro bitannye, hari indonke z’amafaranga yakuragamo.

Yagize ati “kuvuga ko yaba yarayampaye ngo muvugire byo ntabwo nabihamya aka kanya, ahubwo navuga ngo hari abashyigikira ibyo ukora, muri kwa gushyigikira ibyo ukora bakavuga bati ‘komereza aho, courage, tukuri inyuma’ akanakubwira ati ‘ndakugurira agafanta’ ni urugero, akaguha amafaranga pe. Ndabyemera.”

Yaboneyeho gukurira inzira ku murima abo bantu, agira ati “N’uwatekerezaga ko ayo mafaranga yakongera kuyampa kugira ngo nkunde mvuge ibyo ashaka, ayo mafaranga azayereke.”

Uwimana Agnes avuga ko yasabye imbabazi RIB ariko ko anazisaba Abanyarwanda bose muri rusange, kandi akizeza ko agiye kugororoka agaca ukubiri n’ibiganiro bibakomeretsa.

RADIOTV10

Comments 1

  1. Jean Bosco Iraguha says:
    3 years ago

    Nukuri ndamushimiye ko yasubije amaso inyuma akagororoka kandi nabandi bumvireho bafite imikorere ikomeretsa abanyarwanda babifitemo indonke bahindure imyumvire twiyubakire urwanda twifuza twirinda amagambo arimo amacakubiri!!!!

    Reply

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

five × 1 =

Previous Post

Nyagatare: Umugore yafatanywe amabaro 3 ya caguwa yari yahishe mu murima

Next Post

Perezida Kagame na Ndayishimiye w’u Burundi bahanye intashyo

Related Posts

Rubavu: Bashimira uburyo Leta yabatekerejeho ikabunganira ariko n’ubundi barakikoreye umutwaro

Rubavu: Bashimira uburyo Leta yabatekerejeho ikabunganira ariko n’ubundi barakikoreye umutwaro

by radiotv10
24/01/2026
0

Bamwe mu bahinzi bo mu Murenge wa Kanama mu Karere ka Rubavu bavuga ko nubwo bashyiriweho nkunganire ya Leta ku...

Inkuru y’Isomo: Ibiteye amatsiko mu mibanire y’umusore wemeye gushaka umukobwa ufite SIDA ubu bubatse urugo runezerewe

Inkuru y’Isomo: Ibiteye amatsiko mu mibanire y’umusore wemeye gushaka umukobwa ufite SIDA ubu bubatse urugo runezerewe

by radiotv10
24/01/2026
0

Umugabo n’umugore we bo mu Mujyi wa Kigali, bamaranye itanu babana, umwe afite ubwandu bwa Virusi itera SIDA undi atabufite,...

Hatangajwe icyazanye mu Rwanda intumwa z’Ingabo zihora ziteguye gutabara aho rukomeye mu karere

Hatangajwe icyazanye mu Rwanda intumwa z’Ingabo zihora ziteguye gutabara aho rukomeye mu karere

by radiotv10
23/01/2026
0

Intumwa z’Umuryango w’Ingabo Zihora ziteguye Gutaba mu Karere ka Afurika y’Iburasirazuba (Eastern Africa Standby Force-EASF), zagiriye uruzinduko mu Rwanda rugamije...

Bashyize hanze imyitwarire bashinja ubuyobozi ituma ubujura budacika ahubwo bugakaza umurego

Bashyize hanze imyitwarire bashinja ubuyobozi ituma ubujura budacika ahubwo bugakaza umurego

by radiotv10
23/01/2026
0

Abo mu Mirenge ya Kivumu na Kigeyo mu Karere ka Rubavu, bavuga ko ubujura bubarembeje nyamara ngo ubuyobozi bukaba bubirebera...

Abadepite babajije Abayobozi muri Minisiteri iherezo ry’ikibazo cyavuzwe kenshi mu buhinzi bw’u Rwanda

Abadepite babajije Abayobozi muri Minisiteri iherezo ry’ikibazo cyavuzwe kenshi mu buhinzi bw’u Rwanda

by radiotv10
23/01/2026
0

Abadepite bagize Komisiyo y’Imiyoborere n’Uburinganire bw’Abagabo n’Abagore mu Nteko Ishinga Amategeko, babajije Minisiteri y'Ubuhinzi n'Ubworozi, iherezo ry’ikibazo cy'ibyumba bikonjesha umusaruro...

IZIHERUKA

Rubavu: Bashimira uburyo Leta yabatekerejeho ikabunganira ariko n’ubundi barakikoreye umutwaro
IMIBEREHO MYIZA

Rubavu: Bashimira uburyo Leta yabatekerejeho ikabunganira ariko n’ubundi barakikoreye umutwaro

by radiotv10
24/01/2026
0

Abanyamakurukazi b’amazina azwi mu Rwanda basangije abantu amafoto bishimira igihe bamaze bakorana

Abanyamakurukazi b’amazina azwi mu Rwanda basangije abantu amafoto bishimira igihe bamaze bakorana

24/01/2026
Inkuru y’Isomo: Ibiteye amatsiko mu mibanire y’umusore wemeye gushaka umukobwa ufite SIDA ubu bubatse urugo runezerewe

Inkuru y’Isomo: Ibiteye amatsiko mu mibanire y’umusore wemeye gushaka umukobwa ufite SIDA ubu bubatse urugo runezerewe

24/01/2026
Gen. Muhoozi yabaye nk’utoneka Bobi Wine bamaze iminsi baterana amagambo anarira ayo kwarika

Gen. Muhoozi yabaye nk’utoneka Bobi Wine bamaze iminsi baterana amagambo anarira ayo kwarika

23/01/2026
Gen.Makenga yabwiye abo muri AFC/M23 ibizaranga urugamba mu mwaka wa 2026

Hatangajwe ingingo y’ingenzi igiye kuganirwaho hagati ya AFC/M23 Leta ya Congo

23/01/2026
Rayon yemeje ko yatandukanye na rutahizamu wabonwaga nk’ahazaza hayo

Rayon yemeje ko yatandukanye na rutahizamu wabonwaga nk’ahazaza hayo

23/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Perezida Kagame na Ndayishimiye w’u Burundi bahanye intashyo

Perezida Kagame na Ndayishimiye w’u Burundi bahanye intashyo

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Rubavu: Bashimira uburyo Leta yabatekerejeho ikabunganira ariko n’ubundi barakikoreye umutwaro

Abanyamakurukazi b’amazina azwi mu Rwanda basangije abantu amafoto bishimira igihe bamaze bakorana

Inkuru y’Isomo: Ibiteye amatsiko mu mibanire y’umusore wemeye gushaka umukobwa ufite SIDA ubu bubatse urugo runezerewe

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.