Tuesday, January 13, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Uwari Colonel muri FARDC wari inkoramutima ya Kabila yagiye muri M23

radiotv10by radiotv10
23/09/2022
in MU RWANDA
0
Uwari Colonel muri FARDC wari inkoramutima ya Kabila yagiye muri M23
Share on FacebookShare on Twitter

Umusirikare wahoze afite ipeti rya Colonel mu Gisirikare cya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, akaba yarigeze no kuba inkoramutima ya Joseph Kabila, yamaze kwinjira mu mutwe wa M23.

Bernard Maheshe Byamungu wahoze afite ipeti rya Coloneli muri FARDC, yavuye i Kinshasa kuva ku wa Gatandatu w’icyumweru gishize tariki 17 Nzeri 2022.

Amakuru yamenyekanye ni uko uyu musirikare yamaze kujya kwifatanya na M23 mu Mujyi wa Bunagana wo mu Teritwari ya Rutshuru mu Ntara ya Kivu ya Ruguru umaze amezi atatu uri mu maboko y’uyu mutwe.

Uyu wahoze ari umusirikare mukuru mu gisirikare cya Congo, yari inkoramutima ya Joseph Kabila wabaye Perezida wa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo ariko muri 2012 baza kudacana uwaka ndetse aza gufungirwa muri Gereza ya Makala aho yamazemo imyaka irindwi.

Icyo gihe yari yafunnzwe azira gukorana n’umutwe wa M23 mu buryo bwo kuwuha intwaro ndetse no gukorana n’abawushinze.

Yafunguwe muri 2019 ku bw’imbabazi za Perezida Félix Tshisekedi, ahabwa amabwiriza yo kutarenga umujyi wa Kinshasa.

Ubwo yafungurwaga yashyiriweho maneko yo kumenya uburyo yinyagambura kugira ngo atazacika, ariko byaje kurangira anyuze mu rihumye inzego z’ubutasi.

Amakuru avuga ko Bernard Maheshe Byamungu yavuganaga na Gen Sultan Makenga uyobora abarwanyi ba M23 mu biganiro byateguraga guhirika ubutegetsi.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

15 − fifteen =

Previous Post

Guhagarika izamuka ry’ibiciro ntibishoboka, icyakorwa ni ukugabanya umuduvuko ukabije waryo- Rwangombwa

Next Post

Rutahizamu kabuhariwe wo kwa Didier Drogba yamaze kwinjira mu Mavubi

Related Posts

Ambasaderi wa America mu Rwanda yasezeweho na Minisitiri Nduhungirehe

Ambasaderi wa America mu Rwanda yasezeweho na Minisitiri Nduhungirehe

by radiotv10
13/01/2026
0

Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga n’Ubutwererane, Amb. Olivier Nduhungirehe yasezeye Eric William Kneedler urangije inshingano ze zo guhagararira Leta Zunze Ubumwe za...

Byinshi ku musore wafanaga bikomeye Rayon bivugwa ko yiyahuye kubera gutsindwa n’urwandiko yasize

Byinshi ku musore wafanaga bikomeye Rayon bivugwa ko yiyahuye kubera gutsindwa n’urwandiko yasize

by radiotv10
13/01/2026
0

Bamwe mu batuye mu gace umusore wari umufana ukomeye wa Rayon Sports yasanzwemo yapfuye bikekwa ko yiyahuye, mu Murenge wa...

Rwamagana: Hari umuhanda abawuturiye bavuga ko kuva wakorwa babonye ucaniwe rimwe gusa

Rwamagana: Hari umuhanda abawuturiye bavuga ko kuva wakorwa babonye ucaniwe rimwe gusa

by radiotv10
13/01/2026
0

Abaturiye n’abakoresha umuhanda wa kaburimbo Saint Aloys–Nyagasenyi uhinguka munsi ya Gare ya Rwamagana, bavuga ko kuva wakorwa, wacaniwe rimwe gusa...

Ibyo wamenya byabanjirije kwemeza Kandidatire ya Mushikiwabo ishobora gutuma ayobora OIF manda ya 3

Ibyo wamenya byabanjirije kwemeza Kandidatire ya Mushikiwabo ishobora gutuma ayobora OIF manda ya 3

by radiotv10
13/01/2026
0

Umunyamabanga Mukuru w’Umuryango Mpuzamahanga w’Ibihugu bikoresha Igifaransa (OIF), Louise Mushikwabo wamaze kwemezwa n’u Rwanda nk’umukandida mu matora ashobora kuzatuma ayobora...

NAME CHANGE REQUEST

NAME CHANGE REQUEST

by radiotv10
13/01/2026
0

IZIHERUKA

Icyateye Perezida wa Angola guha Tshisekedi igisubizo kinyuranye n’ibyo yari yamusabye mu guhangana na AFC/M23
AMAHANGA

Icyateye Perezida wa Angola guha Tshisekedi igisubizo kinyuranye n’ibyo yari yamusabye mu guhangana na AFC/M23

by radiotv10
13/01/2026
0

Ambasaderi wa America mu Rwanda yasezeweho na Minisitiri Nduhungirehe

Ambasaderi wa America mu Rwanda yasezeweho na Minisitiri Nduhungirehe

13/01/2026
Ubutumwa bukomeye Umugaba Mukuru wa AFC/M23 Gen.Makenga atangaje bwerecyeye urugamba ayoboye

Ubutumwa bukomeye Umugaba Mukuru wa AFC/M23 Gen.Makenga atangaje bwerecyeye urugamba ayoboye

13/01/2026
Byinshi ku musore wafanaga bikomeye Rayon bivugwa ko yiyahuye kubera gutsindwa n’urwandiko yasize

Byinshi ku musore wafanaga bikomeye Rayon bivugwa ko yiyahuye kubera gutsindwa n’urwandiko yasize

13/01/2026
Igisirikare cy’u Burundi kiravugwaho kongera kohereza abasirikare benshi muri Congo mu ibanga

Igisirikare cy’u Burundi kiravugwaho kongera kohereza abasirikare benshi muri Congo mu ibanga

13/01/2026
Perezida wa America yateguje igisa n’igihano Ibihugu bizakomeza gukorana ubucuruzi na Iran

Perezida wa America yateguje igisa n’igihano Ibihugu bizakomeza gukorana ubucuruzi na Iran

13/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Rutahizamu kabuhariwe wo kwa Didier Drogba yamaze kwinjira mu Mavubi

Rutahizamu kabuhariwe wo kwa Didier Drogba yamaze kwinjira mu Mavubi

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Icyateye Perezida wa Angola guha Tshisekedi igisubizo kinyuranye n’ibyo yari yamusabye mu guhangana na AFC/M23

Ambasaderi wa America mu Rwanda yasezeweho na Minisitiri Nduhungirehe

Ubutumwa bukomeye Umugaba Mukuru wa AFC/M23 Gen.Makenga atangaje bwerecyeye urugamba ayoboye

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.