• My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English
Tuesday, June 2, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Uwari wakoze isoko ry’urumogi mu ishyamba yafatiwe rimwe n’uwari ufite urwuzuye umufuka

radiotv10by radiotv10
04/12/2023
in MU RWANDA, UBUTABERA
0
Uwari wakoze isoko ry’urumogi mu ishyamba yafatiwe rimwe n’uwari ufite urwuzuye umufuka
Share on FacebookShare on Twitter

Polisi y’u Rwanda yafashe urumogi rurimo urwuzuye umufuka, n’udupfunyika 111 tw’iki kiyobyabwenge, byari bifitwe n’abarimo uwari uri kurucururiza mu ishyamba riherereye munsi y’isoko rya Ruhango mu Murenge wa Ruhango mu Karere ka Ruhango.

Uyu wafatiwe mu ishyamba riri munsi y’isoko mu Mudugudu wa Ruhango mu Kagari ka Nyamagana mu Murenge wa Ruhango, yari ari gucururiza urumogi muri iryo shyamba, aho yari asigaranye udupfunyika 111 twarwo.

Yafashwe mu gitondo saa moya, ku wa Gatanu w’icyumweru gishize, ubwo yariho acururiza uru rumogi mu ishyamba, ahita ashyikirizwa Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha.

Kuri uwo munsi kandi, mu Mudugudu wa Mishenyi mu Kagari ka Karambi mu murenge wa Ngarama mu Karere ka Gatsibo, hafatiwe umugabo w’imyaka 25 wari ufite umufuka wuzuye urumogi rupima ibilo 20, arutwaye kuri moto.

Uyu wafashwe ari gukwirakwiza urumogi, yari amaze kurwinjiza mu Rwanda anyuze mu nzira zitemewe mu Karere ka Nyagatare, akaba yari kumwe na mugenzi we, wahise acika.

Umuvugizi wa Polisi mu Ntara y’Iburasirazuba, SP Hamdun Twizeyimana yavuze ko Polisi yamenye amakuru y’aba bagabo barimo bakwirakwiza ibi biyobyabwenge mu Murenge wa Ngarama mu Karere ka Gatsibo.

SP Hamdun Twizeyimana yagize ati “baje gufatirwa mu Kagari ka Karambi, habanza gufatwa moto y’uwari imbere wahise ayivaho ariruka, asiga mugenzi we, ari na we wari uhetse umufuka wari urimo urwo rumogi.”

Uyu mugabo wafashwe ndetse na moto ebyiri, byashyikirijwe Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha (RIB) kugira ngo hakomeze iperereza, mu gihe hagishakishwa uwatorotse.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

19 + seven =

Previous Post

Ibivugwa ku mpfu z’inkurikirane z’abantu bane mu Kagari kamwe barimo abavandimwe bapfuye urw’amayobera

Next Post

CECAFA U18: Menya impumeko iri mu Mavubi agiye guhura na Uganda mu mukino w’ishiraniro

Related Posts

Gisagara: Abaturage bibukijwe impamvu kurandura inzoga z’inkorano bakwiye kubigiramo uruhare rufatika

Gisagara: Abaturage bibukijwe impamvu kurandura inzoga z’inkorano bakwiye kubigiramo uruhare rufatika

by radiotv10
02/06/2026
0

Polisi y’u Rwanda ikorera mu Ntara y’Amajyepfo yasabye abaturage bo mu Murenge wa Save, Akarere ka Gisagara, kugira uruhare rufatika...

Abamotari bakoresha moto za Spiro mu Rwanda bagarukanye ikindi kibazo kibaremereye

Abamotari bakoresha moto za Spiro mu Rwanda bagarukanye ikindi kibazo kibaremereye

by radiotv10
02/06/2026
0

Bamwe mu batwara moto zikoresha amashanyarazi za Spiro baravuga ko bafite ikibazo gikomeye kuko ngo bari kujya aho bahinduriza bateri...

Abagore bashinjwa amarozi bafatanywe ibirimo amazirantoki n’umusaraba

Abagore bashinjwa amarozi bafatanywe ibirimo amazirantoki n’umusaraba

by radiotv10
02/06/2026
0

Abagore babiri bakekwaho kurogera abaturanyi babo mu Murenge wa Karangazi mu Karere ka Nyagatare, babafatanywe ibyo bakekwaho gukoresha mu burozi...

How people stay financially stable

How people stay financially stable

by radiotv10
02/06/2026
0

Have you ever wondered how some people always seem financially comfortable? They rarely appear stressed about money, they handle unexpected...

Eng.-Rwanda begins presenting evidence in case against the United Kingdom

Hatangajwe icyemezo ku kirego u Rwanda rwari rwarezemo u Bwongereza rubwishyuza miliyari 100Frw

by radiotv10
01/06/2026
0

Urukiko Ruhoraho Nkemurampaka rwatangaje ko Guverinoma y’u Rwanda itazishyurwa miliyoni £50 (arenga miliyari 100 Frw) mu kirego yari yarezemo iy’u...

Next Post
CECAFA U18: Menya impumeko iri mu Mavubi agiye guhura na Uganda mu mukino w’ishiraniro

CECAFA U18: Menya impumeko iri mu Mavubi agiye guhura na Uganda mu mukino w'ishiraniro

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English

Latest News

Byagenze gute ngo ikibumbano cya rurangiranwa Lionel Messi cyari mu Buhindi gikurweho

Gisagara: Abaturage bibukijwe impamvu kurandura inzoga z’inkorano bakwiye kubigiramo uruhare rufatika

Gukoresha ikiyobyabwenge cy’urumogi, kugonga umukunzi we: Ibyavugiwe mu rubanza ruregwamo umuhanzi Yampano

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English

Copyright © 2024 RadioTv10.