Tuesday, December 2, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA IMIBEREHO MYIZA

Uwaririmbye indirimbo itazibagirana mu kwamamaza Perezida Kagame ubu akanyamuneza ni kose

radiotv10by radiotv10
11/10/2024
in IMIBEREHO MYIZA, MU RWANDA
0
Uwaririmbye indirimbo itazibagirana mu kwamamaza Perezida Kagame ubu akanyamuneza ni kose
Share on FacebookShare on Twitter

“Azabatsinda Kagame yarukuye ku muheto…” Ni indirimbo n’ubu ikiri mu mitwe ya benshi, bamwe banyuzamo bakanayiririmba nubwo uwo yaririmbiwe yamaze kwegukana intsinzi. Musengimana Beatha wayiririmbye, ubu ari mu byinshimo by’inzu yubakiwe n’Abanyamuryango ba FPR-Inkotanyi.

Uyu mubyeyi wo mu Karere ka Kamonyi mu Murenge wa Nyamiyaga, ni umwe mu bamamaye mu bihe byo Kwiyamamaza kw’Abakandida bahataniraga Umwanya wa Perezida wa Repubulika y’u Rwanda, byabaye hagati ya tariki 22 Kamena na 13 Nyakanga 2024.

Kuva Mu Karere ka Musanze ahatangiriye ibikorwa byo kwamamaza uwari Umukandida wa FPR-Inkotanyi, Paul Kagame; kugeza i Gahanga mu Karere ka Kicukiro aho byasorejwe, indirimbo ‘Azabatsinda Kagame’ ni yo yakomeje kuyobora.

Ibi byanatumye isubirwamo n’abahanzi bose bari muri ibi bikorwa, ndetse banayiririmbana ku munsi wa nyuma wo kwiyamamaza k’uwari Umukandida wa FPR-Inkotanyi.

Icyo gihe Musengimana Beatha na we yari ahari, ndetse yongera no kugarara mu kwishimira intsinzi ya Perezida Paul Kagame mu birori byabereye muri Kigali Convention Center.

Ntawabura kuvuga ko Musengimana Beatha, kuva icyo gihe ubuzima bwe bwahindutse byumwihariko uburyo buri wese yashimaga inganzo ye y’indirimbo ivuga ibigwi bya Perezida Paul Kagame.

Ibyishimo byongeye kumutaha mu mutima ubwo Abanyamuryango ba FPR-Inkotanyi mu Karere ka Kamonyi biyemezaga kumwubakira inzu igezweho yo kubamo, mu rwego rwo kumushimira kuba yarabafashije mu kwamamaza umukandida wabo.

Musengimana ubu ari kuba muri iyi nzu nziza itagira uko isa, imbere n’inyuma, itatse amarangi n’amakaro, ndetse n’igipangu kiriho urugi rugezweho.

Musengimana avuga ku byishimo afite kubera iyi nzu ye yamaze gutaha, yavuze ko hari byinshi byo gushimira byose akesha indirimbo ye ariko ku isonga akesha imiyoborere y’uwo yayihimbiye.

Ati “Ariko kugeza ubu ikinini ndi kwishimira, ni inzu yuzuye, n’ubu sindiyumvisha ko ari njye uri gutaha muri iyi nzu.”

Uretse kandi iyi nzu, Musengimana azanorozwa inka, ndetse abana be bafashwe mu masomo, bazihyurirwe amashuri bahabwe n’ibikoresho.

Hon. Marie Rose Mureshyankwano uri mu banyamuryango ba FPR-Inkotanyi na bo bagize uruhare runini mu bikorwa byo kwamamaza Paul Kagame, akaba ari na we wamwakiriye mu Karere ka Muhanga ubwo yari agiye kugeza ijambo ku baturage bari baje kumwakira, yagarutse kuri uyu mubyeyi wahanze iyi ndirimbo, avuga ko ari nk’iyerekwa ryashibutse mu byiza abona Kagame yagejeje ku Banyarwanda.

Icyo gihe yagize ati “Yari yiviriye mu muganda, hanyuma ibyiza biramurenga, yuzuye umwuka w’iterambere, arerekwa arahimba aratura aravuga ngo ‘Tuzamutora Kagame …naho ababunza amagambo byari byabananiye.”

Iyi ndirimbo ‘Azabatsinda Kagame’ igaruka ku byiza byagezweho mu gihe cy’imiyoborere ya Perezida Paul Kagame, birimo ibikorwa by’iterambere ry’Igihugu ndetse n’imibereho myiza y’Abaturage.

Musengimana ubu ari mu nzu ya Cadastre
Ibyishimo ni byose

Ifite n’igipangu cyiza

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

twelve − 7 =

Previous Post

Andi makuru ku byagaragajwe n’iperereza ku Mupadiri ukekwaho gusambanya umunyeshuri

Next Post

Andy Bumuntu uherutse gusezera igitangazamakuru yakoreraga yinjiye mu mikoranire n’Umuryango Mpuzamahanga

Related Posts

Ibirambuye ku mpanuka ikomeye yabereye muri Kigali igahitana abari mu kazi n’igikekwaho kuyitera

Ibirambuye ku mpanuka ikomeye yabereye muri Kigali igahitana abari mu kazi n’igikekwaho kuyitera

by radiotv10
02/12/2025
0

Impanuka yabereye ahazwi nka ‘Peyaje ’ mu mujyi wa Kigali, yahitanye ubuzima bw’abantu bane, aho bikekwa ko yatewe no kuba...

Perezidansi ya America yavuze ku masezerano ategerejwe gusinywa na Perezida Kagame na Tshisekedi

Perezidansi ya America yavuze ku masezerano ategerejwe gusinywa na Perezida Kagame na Tshisekedi

by radiotv10
02/12/2025
0

Ibiro by’Umukuru w’Igihugu muri Leta Zunze Ubumwe za America, byatangaje ko kuri uyu wa Kane Donald Trump yakira Perezida w’u...

Kigali: Uwacunze umumotari agiye kugura icyo kurya akamwiba moto ntiyarenze umutaru

Kigali: Uwacunze umumotari agiye kugura icyo kurya akamwiba moto ntiyarenze umutaru

by radiotv10
02/12/2025
0

Umugabo w’imyaka 45 y’amavuko yafatiwe mu Murenge wa Masaka mu Karere ka Kicukiro mu Mujyi wa Kigali, nyuma yo kwiba...

Icyakozwe nyuma yuko abitwaje intwaro gakondo bateye abaturage bo mu gace kamwe mu Rwanda

Icyakozwe nyuma yuko abitwaje intwaro gakondo bateye abaturage bo mu gace kamwe mu Rwanda

by radiotv10
02/12/2025
0

Nyuma y’igisa n’igitero cyagabwe n’itsinda ry’insoresore zari zitwaje intwaro gakondo zirimo imihoro ku manywa y’ihangu mu Murenge wa Kabacuzi mu...

Amasezerano azasinywa na Perezida Kagame na Tshisekedi yashoboka mbere yuko 2025 irangira?-Min.Nduhungirehe yabivuzeho

Eng.-White House confirms expected Peace Agreement to be signed by Presidents Kagame and Tshisekedi

by radiotv10
02/12/2025
0

The office of the President of the United States has announced that this Thursday, Donald Trump will host the President...

IZIHERUKA

Ibirambuye ku mpanuka ikomeye yabereye muri Kigali igahitana abari mu kazi n’igikekwaho kuyitera
MU RWANDA

Ibirambuye ku mpanuka ikomeye yabereye muri Kigali igahitana abari mu kazi n’igikekwaho kuyitera

by radiotv10
02/12/2025
0

Perezidansi ya America yavuze ku masezerano ategerejwe gusinywa na Perezida Kagame na Tshisekedi

Perezidansi ya America yavuze ku masezerano ategerejwe gusinywa na Perezida Kagame na Tshisekedi

02/12/2025
Agezweho ku mirwano yo muri Congo ihagaze n’aho AFC/M23 ibona ibintu byerecyeza

Agezweho ku mirwano yo muri Congo ihagaze n’aho AFC/M23 ibona ibintu byerecyeza

02/12/2025
Abijanditse mu gikunze kuvugwaho kwica ruhago Nyarwanda bategujwe ikibategereje bidatinze

Abijanditse mu gikunze kuvugwaho kwica ruhago Nyarwanda bategujwe ikibategereje bidatinze

02/12/2025
Minisitiri w’Ingabo mu Gihugu kimwe muri Afurika yeguye hatangazwa impamvu inyuranye n’ikekwa

Minisitiri w’Ingabo mu Gihugu kimwe muri Afurika yeguye hatangazwa impamvu inyuranye n’ikekwa

02/12/2025
Kigali: Uwacunze umumotari agiye kugura icyo kurya akamwiba moto ntiyarenze umutaru

Kigali: Uwacunze umumotari agiye kugura icyo kurya akamwiba moto ntiyarenze umutaru

02/12/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Andy Bumuntu uherutse gusezera igitangazamakuru yakoreraga yinjiye mu mikoranire n’Umuryango Mpuzamahanga

Andy Bumuntu uherutse gusezera igitangazamakuru yakoreraga yinjiye mu mikoranire n’Umuryango Mpuzamahanga

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Ibirambuye ku mpanuka ikomeye yabereye muri Kigali igahitana abari mu kazi n’igikekwaho kuyitera

Perezidansi ya America yavuze ku masezerano ategerejwe gusinywa na Perezida Kagame na Tshisekedi

Agezweho ku mirwano yo muri Congo ihagaze n’aho AFC/M23 ibona ibintu byerecyeza

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.