Thursday, January 1, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA IMIBEREHO MYIZA

Uwaririmbye indirimbo itazibagirana mu kwamamaza Perezida Kagame ubu akanyamuneza ni kose

radiotv10by radiotv10
11/10/2024
in IMIBEREHO MYIZA, MU RWANDA
0
Uwaririmbye indirimbo itazibagirana mu kwamamaza Perezida Kagame ubu akanyamuneza ni kose
Share on FacebookShare on Twitter

“Azabatsinda Kagame yarukuye ku muheto…” Ni indirimbo n’ubu ikiri mu mitwe ya benshi, bamwe banyuzamo bakanayiririmba nubwo uwo yaririmbiwe yamaze kwegukana intsinzi. Musengimana Beatha wayiririmbye, ubu ari mu byinshimo by’inzu yubakiwe n’Abanyamuryango ba FPR-Inkotanyi.

Uyu mubyeyi wo mu Karere ka Kamonyi mu Murenge wa Nyamiyaga, ni umwe mu bamamaye mu bihe byo Kwiyamamaza kw’Abakandida bahataniraga Umwanya wa Perezida wa Repubulika y’u Rwanda, byabaye hagati ya tariki 22 Kamena na 13 Nyakanga 2024.

Kuva Mu Karere ka Musanze ahatangiriye ibikorwa byo kwamamaza uwari Umukandida wa FPR-Inkotanyi, Paul Kagame; kugeza i Gahanga mu Karere ka Kicukiro aho byasorejwe, indirimbo ‘Azabatsinda Kagame’ ni yo yakomeje kuyobora.

Ibi byanatumye isubirwamo n’abahanzi bose bari muri ibi bikorwa, ndetse banayiririmbana ku munsi wa nyuma wo kwiyamamaza k’uwari Umukandida wa FPR-Inkotanyi.

Icyo gihe Musengimana Beatha na we yari ahari, ndetse yongera no kugarara mu kwishimira intsinzi ya Perezida Paul Kagame mu birori byabereye muri Kigali Convention Center.

Ntawabura kuvuga ko Musengimana Beatha, kuva icyo gihe ubuzima bwe bwahindutse byumwihariko uburyo buri wese yashimaga inganzo ye y’indirimbo ivuga ibigwi bya Perezida Paul Kagame.

Ibyishimo byongeye kumutaha mu mutima ubwo Abanyamuryango ba FPR-Inkotanyi mu Karere ka Kamonyi biyemezaga kumwubakira inzu igezweho yo kubamo, mu rwego rwo kumushimira kuba yarabafashije mu kwamamaza umukandida wabo.

Musengimana ubu ari kuba muri iyi nzu nziza itagira uko isa, imbere n’inyuma, itatse amarangi n’amakaro, ndetse n’igipangu kiriho urugi rugezweho.

Musengimana avuga ku byishimo afite kubera iyi nzu ye yamaze gutaha, yavuze ko hari byinshi byo gushimira byose akesha indirimbo ye ariko ku isonga akesha imiyoborere y’uwo yayihimbiye.

Ati “Ariko kugeza ubu ikinini ndi kwishimira, ni inzu yuzuye, n’ubu sindiyumvisha ko ari njye uri gutaha muri iyi nzu.”

Uretse kandi iyi nzu, Musengimana azanorozwa inka, ndetse abana be bafashwe mu masomo, bazihyurirwe amashuri bahabwe n’ibikoresho.

Hon. Marie Rose Mureshyankwano uri mu banyamuryango ba FPR-Inkotanyi na bo bagize uruhare runini mu bikorwa byo kwamamaza Paul Kagame, akaba ari na we wamwakiriye mu Karere ka Muhanga ubwo yari agiye kugeza ijambo ku baturage bari baje kumwakira, yagarutse kuri uyu mubyeyi wahanze iyi ndirimbo, avuga ko ari nk’iyerekwa ryashibutse mu byiza abona Kagame yagejeje ku Banyarwanda.

Icyo gihe yagize ati “Yari yiviriye mu muganda, hanyuma ibyiza biramurenga, yuzuye umwuka w’iterambere, arerekwa arahimba aratura aravuga ngo ‘Tuzamutora Kagame …naho ababunza amagambo byari byabananiye.”

Iyi ndirimbo ‘Azabatsinda Kagame’ igaruka ku byiza byagezweho mu gihe cy’imiyoborere ya Perezida Paul Kagame, birimo ibikorwa by’iterambere ry’Igihugu ndetse n’imibereho myiza y’Abaturage.

Musengimana ubu ari mu nzu ya Cadastre
Ibyishimo ni byose

Ifite n’igipangu cyiza

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

18 + eight =

Previous Post

Andi makuru ku byagaragajwe n’iperereza ku Mupadiri ukekwaho gusambanya umunyeshuri

Next Post

Andy Bumuntu uherutse gusezera igitangazamakuru yakoreraga yinjiye mu mikoranire n’Umuryango Mpuzamahanga

Related Posts

Moving Alone? 8 Simple Tips to Make the Process Easier

Moving Alone? 8 Simple Tips to Make the Process Easier

by radiotv10
31/12/2025
0

Moving to a new place can feel overwhelming, especially when you’re doing it by yourself. From packing your things to...

Minisitiri Nduhungirehe yahishuye icyihishe inyuma y’ihagarikwa ry’uwari Umuvugizi w’Igisirikare cya Congo

Minisitiri Nduhungirehe yahishuye icyihishe inyuma y’ihagarikwa ry’uwari Umuvugizi w’Igisirikare cya Congo

by radiotv10
31/12/2025
0

Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga n’Ubutwererane w’u Rwanda, Olivier Nduhungirehe, avuga ko ihagarikwa rya Général Major Sylvain Ekenge ku mwanya w’Umuvugizi w’Igisirikare...

Ibisobanuro by’umunyamategeko ukurikiranyweho gusambanya umwana arusha imyaka 59

Umunyamategeko waregwaga gusambanya umukobwa waburanye mu rubanza rwigeze kurangwa n’impaka yafatiwe icyemezo

by radiotv10
31/12/2025
0

Umunyamategeko wunganira abandi mu manza waburanishwaga n'Urukiko Rwisumbuye rwa Muhanga ku cyaha cyo gusambanya umwana w'umukobwa w'imyaka 15, yagihamijwe akatirwa...

Hari abafashwe mu iperereza ku bantu bane bapfuye nyuma yo gusangira inzoga

Hari abafashwe mu iperereza ku bantu bane bapfuye nyuma yo gusangira inzoga

by radiotv10
31/12/2025
0

Abantu babiri batawe muri yombi bakekwaho kugira uruhare mu rupfu rw’abantu bane bo mu Murenge wa Rukoma mu Karere ka...

Min.Nduhungirehe yagaye Umunyekongo uzwi ku rwego mpuzamahanga wirengagije iby’ingenzi mu makuru yatangaje

Eng.-Rwanda’s Foreign Minister says FARDC spokesperson’s suspension was driven by Western pressure

by radiotv10
31/12/2025
0

The Minister of Foreign Affairs and International Cooperation of Rwanda, Olivier Nduhungirehe, says that the suspension of Major General Sylvain...

IZIHERUKA

Moving Alone? 8 Simple Tips to Make the Process Easier
MU RWANDA

Moving Alone? 8 Simple Tips to Make the Process Easier

by radiotv10
31/12/2025
0

Ubutumwa bw’impanuro bw’Umupfumu Rutangarwamaboko yageneye Pamella umugore wa The Ben

Ubutumwa bw’impanuro bw’Umupfumu Rutangarwamaboko yageneye Pamella umugore wa The Ben

31/12/2025
Ibihugu bibiri bya Afurika biyobowe n’Igisirikare bishobora gufatira America icyemezo nk’ibyo yabifatiye

Ibihugu bibiri bya Afurika biyobowe n’Igisirikare bishobora gufatira America icyemezo nk’ibyo yabifatiye

31/12/2025
Minisitiri Nduhungirehe yahishuye icyihishe inyuma y’ihagarikwa ry’uwari Umuvugizi w’Igisirikare cya Congo

Minisitiri Nduhungirehe yahishuye icyihishe inyuma y’ihagarikwa ry’uwari Umuvugizi w’Igisirikare cya Congo

31/12/2025
Ibisobanuro by’umunyamategeko ukurikiranyweho gusambanya umwana arusha imyaka 59

Umunyamategeko waregwaga gusambanya umukobwa waburanye mu rubanza rwigeze kurangwa n’impaka yafatiwe icyemezo

31/12/2025
Hamenyekanye aho kurangiriza umwaka no gutangirira umushya uri mu byishimo muri Kigali

Hamenyekanye aho kurangiriza umwaka no gutangirira umushya uri mu byishimo muri Kigali

31/12/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Andy Bumuntu uherutse gusezera igitangazamakuru yakoreraga yinjiye mu mikoranire n’Umuryango Mpuzamahanga

Andy Bumuntu uherutse gusezera igitangazamakuru yakoreraga yinjiye mu mikoranire n’Umuryango Mpuzamahanga

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Moving Alone? 8 Simple Tips to Make the Process Easier

Ubutumwa bw’impanuro bw’Umupfumu Rutangarwamaboko yageneye Pamella umugore wa The Ben

Ibihugu bibiri bya Afurika biyobowe n’Igisirikare bishobora gufatira America icyemezo nk’ibyo yabifatiye

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.