Friday, January 23, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA IMIBEREHO MYIZA

Uwaririmbye indirimbo itazibagirana mu kwamamaza Perezida Kagame ubu akanyamuneza ni kose

radiotv10by radiotv10
11/10/2024
in IMIBEREHO MYIZA, MU RWANDA
0
Uwaririmbye indirimbo itazibagirana mu kwamamaza Perezida Kagame ubu akanyamuneza ni kose
Share on FacebookShare on Twitter

“Azabatsinda Kagame yarukuye ku muheto…” Ni indirimbo n’ubu ikiri mu mitwe ya benshi, bamwe banyuzamo bakanayiririmba nubwo uwo yaririmbiwe yamaze kwegukana intsinzi. Musengimana Beatha wayiririmbye, ubu ari mu byinshimo by’inzu yubakiwe n’Abanyamuryango ba FPR-Inkotanyi.

Uyu mubyeyi wo mu Karere ka Kamonyi mu Murenge wa Nyamiyaga, ni umwe mu bamamaye mu bihe byo Kwiyamamaza kw’Abakandida bahataniraga Umwanya wa Perezida wa Repubulika y’u Rwanda, byabaye hagati ya tariki 22 Kamena na 13 Nyakanga 2024.

Kuva Mu Karere ka Musanze ahatangiriye ibikorwa byo kwamamaza uwari Umukandida wa FPR-Inkotanyi, Paul Kagame; kugeza i Gahanga mu Karere ka Kicukiro aho byasorejwe, indirimbo ‘Azabatsinda Kagame’ ni yo yakomeje kuyobora.

Ibi byanatumye isubirwamo n’abahanzi bose bari muri ibi bikorwa, ndetse banayiririmbana ku munsi wa nyuma wo kwiyamamaza k’uwari Umukandida wa FPR-Inkotanyi.

Icyo gihe Musengimana Beatha na we yari ahari, ndetse yongera no kugarara mu kwishimira intsinzi ya Perezida Paul Kagame mu birori byabereye muri Kigali Convention Center.

Ntawabura kuvuga ko Musengimana Beatha, kuva icyo gihe ubuzima bwe bwahindutse byumwihariko uburyo buri wese yashimaga inganzo ye y’indirimbo ivuga ibigwi bya Perezida Paul Kagame.

Ibyishimo byongeye kumutaha mu mutima ubwo Abanyamuryango ba FPR-Inkotanyi mu Karere ka Kamonyi biyemezaga kumwubakira inzu igezweho yo kubamo, mu rwego rwo kumushimira kuba yarabafashije mu kwamamaza umukandida wabo.

Musengimana ubu ari kuba muri iyi nzu nziza itagira uko isa, imbere n’inyuma, itatse amarangi n’amakaro, ndetse n’igipangu kiriho urugi rugezweho.

Musengimana avuga ku byishimo afite kubera iyi nzu ye yamaze gutaha, yavuze ko hari byinshi byo gushimira byose akesha indirimbo ye ariko ku isonga akesha imiyoborere y’uwo yayihimbiye.

Ati “Ariko kugeza ubu ikinini ndi kwishimira, ni inzu yuzuye, n’ubu sindiyumvisha ko ari njye uri gutaha muri iyi nzu.”

Uretse kandi iyi nzu, Musengimana azanorozwa inka, ndetse abana be bafashwe mu masomo, bazihyurirwe amashuri bahabwe n’ibikoresho.

Hon. Marie Rose Mureshyankwano uri mu banyamuryango ba FPR-Inkotanyi na bo bagize uruhare runini mu bikorwa byo kwamamaza Paul Kagame, akaba ari na we wamwakiriye mu Karere ka Muhanga ubwo yari agiye kugeza ijambo ku baturage bari baje kumwakira, yagarutse kuri uyu mubyeyi wahanze iyi ndirimbo, avuga ko ari nk’iyerekwa ryashibutse mu byiza abona Kagame yagejeje ku Banyarwanda.

Icyo gihe yagize ati “Yari yiviriye mu muganda, hanyuma ibyiza biramurenga, yuzuye umwuka w’iterambere, arerekwa arahimba aratura aravuga ngo ‘Tuzamutora Kagame …naho ababunza amagambo byari byabananiye.”

Iyi ndirimbo ‘Azabatsinda Kagame’ igaruka ku byiza byagezweho mu gihe cy’imiyoborere ya Perezida Paul Kagame, birimo ibikorwa by’iterambere ry’Igihugu ndetse n’imibereho myiza y’Abaturage.

Musengimana ubu ari mu nzu ya Cadastre
Ibyishimo ni byose

Ifite n’igipangu cyiza

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

three × 5 =

Previous Post

Andi makuru ku byagaragajwe n’iperereza ku Mupadiri ukekwaho gusambanya umunyeshuri

Next Post

Andy Bumuntu uherutse gusezera igitangazamakuru yakoreraga yinjiye mu mikoranire n’Umuryango Mpuzamahanga

Related Posts

Inkuru y’Isomo: Ibiteye amatsiko mu mibanire y’umusore wemeye gushaka umukobwa ufite SIDA ubu bubatse urugo runezerewe

Inkuru y’Isomo: Ibiteye amatsiko mu mibanire y’umusore wemeye gushaka umukobwa ufite SIDA ubu bubatse urugo runezerewe

by radiotv10
23/01/2026
0

Umugabo n’umugore we bo mu Mujyi wa Kigali, bamaranye itanu babana, umwe afite ubwandu bwa Virusi itera SIDA undi atabufite,...

Hatangajwe icyazanye mu Rwanda intumwa z’Ingabo zihora ziteguye gutabara aho rukomeye mu karere

Hatangajwe icyazanye mu Rwanda intumwa z’Ingabo zihora ziteguye gutabara aho rukomeye mu karere

by radiotv10
23/01/2026
0

Intumwa z’Umuryango w’Ingabo Zihora ziteguye Gutaba mu Karere ka Afurika y’Iburasirazuba (Eastern Africa Standby Force-EASF), zagiriye uruzinduko mu Rwanda rugamije...

Bashyize hanze imyitwarire bashinja ubuyobozi ituma ubujura budacika ahubwo bugakaza umurego

Bashyize hanze imyitwarire bashinja ubuyobozi ituma ubujura budacika ahubwo bugakaza umurego

by radiotv10
23/01/2026
0

Abo mu Mirenge ya Kivumu na Kigeyo mu Karere ka Rubavu, bavuga ko ubujura bubarembeje nyamara ngo ubuyobozi bukaba bubirebera...

Abadepite babajije Abayobozi muri Minisiteri iherezo ry’ikibazo cyavuzwe kenshi mu buhinzi bw’u Rwanda

Abadepite babajije Abayobozi muri Minisiteri iherezo ry’ikibazo cyavuzwe kenshi mu buhinzi bw’u Rwanda

by radiotv10
23/01/2026
0

Abadepite bagize Komisiyo y’Imiyoborere n’Uburinganire bw’Abagabo n’Abagore mu Nteko Ishinga Amategeko, babajije Minisiteri y'Ubuhinzi n'Ubworozi, iherezo ry’ikibazo cy'ibyumba bikonjesha umusaruro...

Umunyamakuru ufite uburambe mu Rwanda yahawe inshingano zo hejuru nyuma y’umwaka ahagaritswe n’igitangazamakuru yakoreraga

Umunyamakuru ufite uburambe mu Rwanda yahawe inshingano zo hejuru nyuma y’umwaka ahagaritswe n’igitangazamakuru yakoreraga

by radiotv10
22/01/2026
0

Umunyamakuru Sylivanus Karemera wamaze igihe akorera Ikigo cy’Igihugu cy’Itangazamakuru akaza guhagarikirwa rimwe n’abandi benshi bagikoragamo, yahawe inshingano mu buyobozi bw’ikindi...

IZIHERUKA

Abanyamakurukazi b’amazina azwi mu Rwanda basangije abantu amafoto bishimira igihe bamaze bakorana
IBYAMAMARE

Abanyamakurukazi b’amazina azwi mu Rwanda basangije abantu amafoto bishimira igihe bamaze bakorana

by radiotv10
23/01/2026
0

Inkuru y’Isomo: Ibiteye amatsiko mu mibanire y’umusore wemeye gushaka umukobwa ufite SIDA ubu bubatse urugo runezerewe

Inkuru y’Isomo: Ibiteye amatsiko mu mibanire y’umusore wemeye gushaka umukobwa ufite SIDA ubu bubatse urugo runezerewe

23/01/2026
Ibihugu 19 byinjiye mu Kanama gashya ku Isi kashinzwe na Perezida wa America

Ibihugu 19 byinjiye mu Kanama gashya ku Isi kashinzwe na Perezida wa America

23/01/2026
Hatangajwe icyazanye mu Rwanda intumwa z’Ingabo zihora ziteguye gutabara aho rukomeye mu karere

Hatangajwe icyazanye mu Rwanda intumwa z’Ingabo zihora ziteguye gutabara aho rukomeye mu karere

23/01/2026
Bruce Melodie nyuma y’amasaha macye yerecyeje muri Kenya yahise atangira gukora icyamujyanye

Bruce Melodie nyuma y’amasaha macye yerecyeje muri Kenya yahise atangira gukora icyamujyanye

23/01/2026
Bashyize hanze imyitwarire bashinja ubuyobozi ituma ubujura budacika ahubwo bugakaza umurego

Bashyize hanze imyitwarire bashinja ubuyobozi ituma ubujura budacika ahubwo bugakaza umurego

23/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Andy Bumuntu uherutse gusezera igitangazamakuru yakoreraga yinjiye mu mikoranire n’Umuryango Mpuzamahanga

Andy Bumuntu uherutse gusezera igitangazamakuru yakoreraga yinjiye mu mikoranire n’Umuryango Mpuzamahanga

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Abanyamakurukazi b’amazina azwi mu Rwanda basangije abantu amafoto bishimira igihe bamaze bakorana

Inkuru y’Isomo: Ibiteye amatsiko mu mibanire y’umusore wemeye gushaka umukobwa ufite SIDA ubu bubatse urugo runezerewe

Ibihugu 19 byinjiye mu Kanama gashya ku Isi kashinzwe na Perezida wa America

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.