Thursday, January 15, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Uwashinjwaga gutuma imiryango y’abana 10 itahamo amarira yakatiwe igihano cyumvikanamo inyoroshyo

radiotv10by radiotv10
17/08/2023
in MU RWANDA, UBUTABERA
0
Uwashinjwaga gutuma imiryango y’abana 10 itahamo amarira yakatiwe igihano cyumvikanamo inyoroshyo
Share on FacebookShare on Twitter

Umugabo wari kumwe n’abana 10 baherutse kurohama muri Nyabarongo mu Karere ka Muhanga, bakitaba Imana, yahamijwe icyaha, akatirwa gufungwa umwaka umwe n’ihazabu ya 500 000Frw.

Ndababonye Jean Pierre yahamijwe icyaha cyo kwica bidaturutse ku bushake, gisanzwe gihanishwa igifungo kitari munsi y’amezi atandatu ariko kitarenze imyaka ibiri n’ihazabu iri hagati y’ibihumbi 500 Frw na miliyoni 2 Frw, cyangwa kimwe muri ibi.

Mu rubanza rwabaye mu cyumweru gishize tariki 08 Kanama, Ubushinjacyaha bwari bwasabiye Ndababonye gufungwa imyaka ibiri no gutanga ihazabu ya miliyoni 2 Frw.

Urukiko rw’Ibanze rwa Nyamabuye rwasomye icyemezo cyarwo ku ya 15 Kanama 2023, rwahamije uregwa icyaha cyo kwica bidaturutse ku bushake, rumukatira gufungwa umwaka umwe no gutanga ihazabu y’ibihumbi 500 Frw.

Urukiko rwashingiye ku buhamya bwagaragajwe n’Ubushinjacyaha, burimo ubwatanzwe na bamwe mu bana bari kumwe na ba nyakwigendera mu bwato barokotse iriya mpanuka yabaye tariki 17 Nyakanga 2023.

Ubushinjacyaha bwari bwagaragaje ko uyu mugabo yajyanye mu bwato abana 13 nyamara bari bamubwiye ko butagomba kurenza abantu batatu ariko akinangira.

Hatanzwe ubuhamya ko ubu bwato bwageze mu mazi hagati bugatangira kwinjiramo amazi kuko bwari bwarapfumutse, bukanaremererwa ari na byo byatumye burohama, bugahitana bariya bana.

Uregwa we yisobanuraga avuga ko abana bagezemo hagati bagatangira gukinira mu bwato bigatuma buta umurongo ari na bwo bwarohamye. Iyi mvugo yababaje Ubushinjacyaha, bwahise busaba Urukiko kubitesha agaciro.

Gusa yabwiye Urukiko ko nta bushake na buto yari afite bwo gutuma aba bana babura ubuzima, anasaba imbabazi ku byabaye, avuga ko na we byamubabaje.

Urupfu rw’aba bana 10 rwababaje benshi, nyuma yo kurohama mu mazi y’umugezi wa Nyabarongo mu gice cyo mu Murenge wa Mushishiro, ubwo uyu mugabo yari abajyanye mu Karere ka Ngororero ngo bajye kumufasha gupakira amategura.

Abana 10 barohamye muri Nyabarongo bashyinguriwe rimwe
Ndababonye yakatiwe gufungwa umwaka umwe

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

ten − 9 =

Previous Post

Ubuze inda yica umugi: Ikipe yatewe umugongo n’abakinnyi bakomeye igiye gusinyisha utakekwaga

Next Post

Ibiteye amatsiko ku nyoni zifite amateka byatumye Umunyarwanda yiyemeza kuzirengera

Related Posts

Kayonza: Umugabo wari ufite umugore wahukanye yaranze gutaha bamusanze yimanitse

Impamvu abo mu muryango w’umusore wasanzwe yapfuye yarakaswemo ibice bari mu bakekwa

by radiotv10
15/01/2026
0

Umusore wo mu Murenge wa Nyamirama mu Karere ka Kayonza wari ufite ubumuga bwo mu mutwe, wasanzwe yapfuye, aho mu...

AMAKURU MASHYA: U Rwanda rwohereje abasirikare muri Jamaica

AMAKURU MASHYA: U Rwanda rwohereje abasirikare muri Jamaica

by radiotv10
14/01/2026
0

U Rwanda rwohereje abasirikare bo mu itsinda ry’ubwubatsi mu Gihugu cya Jamaica gufasha iki Gihugu mu bikorwa byo kongera kubaka...

Uko byagenze ngo umugabo afatire umugore we aryamanye n’undi muri Logde i Kigali n’icyo yari yamubeshye

Uko byagenze ngo umugabo afatire umugore we aryamanye n’undi muri Logde i Kigali n’icyo yari yamubeshye

by radiotv10
14/01/2026
0

Umugore wafashwe n’umugabo we aryamanye n’undi muri Lodge yo mu Mujyi wa Kigali, bivugwa ko yari yavuye iwe abwiye umugabo...

Inzozi z’umugabo w’imyaka 42 ukiri ku ntebe y’ishuri wiga mu yisumbuye mu Rwanda

Inzozi z’umugabo w’imyaka 42 ukiri ku ntebe y’ishuri wiga mu yisumbuye mu Rwanda

by radiotv10
14/01/2026
0

Umugabo w’imyaka 42 y’amavuko wo mu Murenge wa Nyagihanga mu Karere ka Gatsibo, aritegura gukora ikizamini cya Leta gisoza amashuri...

Inkuru iryoshye y’ubutembere bw’Abambasaderi babiri b’u Rwanda i Burayi baherutse kugira

Inkuru iryoshye y’ubutembere bw’Abambasaderi babiri b’u Rwanda i Burayi baherutse kugira

by radiotv10
14/01/2026
0

Ambasaderi w’u Rwanda mu Bwongereza, Johnston Busingye yavuze ko we na mugenzi we uhagarariye u Rwanda mu Bufaransa, baherutse gutembera...

IZIHERUKA

Kayonza: Umugabo wari ufite umugore wahukanye yaranze gutaha bamusanze yimanitse
MU RWANDA

Impamvu abo mu muryango w’umusore wasanzwe yapfuye yarakaswemo ibice bari mu bakekwa

by radiotv10
15/01/2026
0

Menya Ibihugu 75 America igiye guhagarika guha Visa abaturage b’abimukira babiturukamo

Menya Ibihugu 75 America igiye guhagarika guha Visa abaturage b’abimukira babiturukamo

15/01/2026
AMAKURU MASHYA: U Rwanda rwohereje abasirikare muri Jamaica

AMAKURU MASHYA: U Rwanda rwohereje abasirikare muri Jamaica

14/01/2026
Amakuru agezweho ku Bajenerali b’igisirikare cya Congo bafunze barimo uwahoze ari Umugaba Mukuru

Amakuru agezweho ku Bajenerali b’igisirikare cya Congo bafunze barimo uwahoze ari Umugaba Mukuru

14/01/2026
Umukinnyi wa filimi uzwi mu Rwanda ‘Ndimbati’ ari mu gahinda

Umukinnyi wa filimi uzwi mu Rwanda ‘Ndimbati’ ari mu gahinda

14/01/2026
Uko byagenze ngo umugabo afatire umugore we aryamanye n’undi muri Logde i Kigali n’icyo yari yamubeshye

Uko byagenze ngo umugabo afatire umugore we aryamanye n’undi muri Logde i Kigali n’icyo yari yamubeshye

14/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Ibiteye amatsiko ku nyoni zifite amateka byatumye Umunyarwanda yiyemeza kuzirengera

Ibiteye amatsiko ku nyoni zifite amateka byatumye Umunyarwanda yiyemeza kuzirengera

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Impamvu abo mu muryango w’umusore wasanzwe yapfuye yarakaswemo ibice bari mu bakekwa

Menya Ibihugu 75 America igiye guhagarika guha Visa abaturage b’abimukira babiturukamo

AMAKURU MASHYA: U Rwanda rwohereje abasirikare muri Jamaica

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.