Wednesday, November 5, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Uwatutse Umunyamakuru kuko atamutumiye mu kiganiro yakatiwe amezi 2 asubitse n’indishyi ya 20.000

radiotv10by radiotv10
04/04/2022
in MU RWANDA
0
Uwatutse Umunyamakuru kuko atamutumiye mu kiganiro yakatiwe amezi 2 asubitse n’indishyi ya 20.000
Share on FacebookShare on Twitter

Urukiko rw’Ibanze rwa Gasabo rwahamije icyaha cyo gutukana mu ruhame umuturage witwa Iraguha Prudence, yakoreye Umunyamakuru Scovia Mutesi amuziza kuba ataramutumiye mu kuganiro, rumuhanisha igifungo cy’amezi abiri asubitse no gutanga indishyi z’akababaro z’ibihumbi 20 Frw.

Umunyamakuru Scovia Mutesi yaregeye Urukiko rw’Ibanze rwa Gasabo uyu Iraguha Prudence nyuma yo kumutukira ku mbuga nkoranyambaga ubwo atari yamutumiye mu kiganiro asanzwe akorera kuri Flash TV.

Urukiko rwasomye umwanzuro w’uru rubanza rwari rumaze iminsi ruburanishwa, rwahamije uyu Iraguha icyaha yarezwe cyo gutunkanira mu ruhame, rumuhanisha igifungo cy’amezi abiri asubitse mu mwaka umwe.

Urukiko kandi rwategetse ko Iraguha yishyura ibihumbi 500 Frw by’umunyamategeko wunganiye uwo yatutse ndetse n’igarama y’ibihumbi 10 Frw.

Byose hamwe harimo n’indishyi z’akababaro, Iraguha yaciwe ibihumbi 530 Frw.

Umunyamakuru Mutesi Scovia ubwo yajyanaga mu nkiko uyu muturage, yavuze ko yabikoze agamije guca ingeso mbi iri kwaduka yo gutukanira ku mbuga nkoranyamba.

Uyu Munyamakuru kandi yavuze ko uyu Iragura yajyanye mu nkiko, asanzwe atukana ku mbuga nkoranyambaga bityo ko ibi yabikoze kugira ngo abicikeho.

Iraguha Prudence wahamijwe icyaha cyo gutukana mu ruhame, yavugiye amagambo atari meza muri group ya WhatsApp nyuma y’uko Mutesi Scovia atamutumiye mu kiganiro kitwa Meet the Press gitambuka kuri Flash TV.

Na nyuma yo kumutuka ibitutsi binyuranye, uyu Iraguha yarengejeho amagambo na yo akomeye nk’aho yagize ati “Iyo mba hafi nari kukujwibura.” “Ugira uwo wisukaho.”

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

fifteen − 5 =

Previous Post

Putin azemera guca bugufi kubera ibihano yafatiwe?- Icyo Abusesenguzi bavuga

Next Post

Lisansi yiyongereyeho 103Frw, Mazutu izamukaho 158 kandi Leta yatanze nkunganire ya Miliyari 6

Related Posts

Karongi: Gitifu akurikiranyweho gusambanya umwana no kumugira umugore

Uko umugabo yisobanura ku cyaha cyo gusambanya kenshi umwana we yibyariye w’imyaka itandatu

by radiotv10
05/11/2025
0

Umugabo wo mu Murenge wa Nyamiyaga mu Karere ka Kamonyi ukurikiranyweho gusambanya mu bihe bitandukanye umwana we w’imyaka itandatu, yemera...

Inkuru ibabaje y’uruhinja rwapfuye urupfu rutunguranye bikekwa ko rwatewe n’ababyeyi barwo

Umugore uvugwaho kuruma umugabo we igitsina ibyabo babishyize hanze n’icyabimuteye

by radiotv10
05/11/2025
0

Umugabo wo mu Murenge wa Muhoza mu Karere ka Musanze, ushinja umugore we kumuruma igitsina, bombi barabyemera bakavuga n’uko byagenze,...

Nyamasheke: Abantu 5 barimo abatetsi b’ikigo cy’ishuli bakurikirwanywe ho kwiba ibiryo by’abana

Nyamasheke: Abantu 5 barimo abatetsi b’ikigo cy’ishuli bakurikirwanywe ho kwiba ibiryo by’abana

by radiotv10
05/11/2025
0

Inzego z’umutekano zataye muri yombi abatetsi babiri bo ku ishuli ribanza rya Nyarutovu riri mu murenge wa Bushenge, abanyonzi babiri...

From hobby to hustle: Turning your creative passion into income as a young woman in Rwanda

From hobby to hustle: Turning your creative passion into income as a young woman in Rwanda

by radiotv10
05/11/2025
0

In today’s world, creativity is more than just a hobby, it’s a powerful tool for building independence, confidence, and income....

MTN Rwanda Surpasses 8 Million Subscribers and Accelerates Digital Inclusion Through Innovative Smartphone Initiatives

MTN Rwanda Surpasses 8 Million Subscribers and Accelerates Digital Inclusion Through Innovative Smartphone Initiatives

by radiotv10
05/11/2025
0

MTN Rwandacell Plc (MTN Rwanda) is pleased to announce its unaudited financial results for the nine-months period ended 30 September...

IZIHERUKA

Karongi: Gitifu akurikiranyweho gusambanya umwana no kumugira umugore
MU RWANDA

Uko umugabo yisobanura ku cyaha cyo gusambanya kenshi umwana we yibyariye w’imyaka itandatu

by radiotv10
05/11/2025
0

DRC: Banyamulenge community protests against Burundian troops

DRC: Banyamulenge community protests against Burundian troops

05/11/2025
Inkuru ibabaje y’uruhinja rwapfuye urupfu rutunguranye bikekwa ko rwatewe n’ababyeyi barwo

Umugore uvugwaho kuruma umugabo we igitsina ibyabo babishyize hanze n’icyabimuteye

05/11/2025
Nyamasheke: Abantu 5 barimo abatetsi b’ikigo cy’ishuli bakurikirwanywe ho kwiba ibiryo by’abana

Nyamasheke: Abantu 5 barimo abatetsi b’ikigo cy’ishuli bakurikirwanywe ho kwiba ibiryo by’abana

05/11/2025
Amakuru agezwe ku ihagarikwa ry’ibikorwa by’Ikibuga cy’indege cya Bruxelles ryatewe n’impungenge

Amakuru agezwe ku ihagarikwa ry’ibikorwa by’Ikibuga cy’indege cya Bruxelles ryatewe n’impungenge

05/11/2025
From hobby to hustle: Turning your creative passion into income as a young woman in Rwanda

From hobby to hustle: Turning your creative passion into income as a young woman in Rwanda

05/11/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Lisansi yiyongereyeho 103Frw, Mazutu izamukaho 158 kandi Leta yatanze nkunganire ya Miliyari 6

Lisansi yiyongereyeho 103Frw, Mazutu izamukaho 158 kandi Leta yatanze nkunganire ya Miliyari 6

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Uko umugabo yisobanura ku cyaha cyo gusambanya kenshi umwana we yibyariye w’imyaka itandatu

DRC: Banyamulenge community protests against Burundian troops

Umugore uvugwaho kuruma umugabo we igitsina ibyabo babishyize hanze n’icyabimuteye

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.