Friday, January 30, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Uwayoboye ikipe ikunzwe mu Rwanda wagiye i Macca yatuye u Rwanda isengesho rikomeye

radiotv10by radiotv10
20/04/2023
in MU RWANDA
0
Uwayoboye ikipe ikunzwe mu Rwanda wagiye i Macca yatuye u Rwanda isengesho rikomeye
Share on FacebookShare on Twitter

Munyakazi Sadate wabaye Perezida wa Rayon Sports, usanzwe ari n’umuyoboke w’Idini ya Islam uherutse no kwitabira umutambagiro i Macca, yasengeye u Rwanda mu isengesho rikomeye avugamo ko amahanga yose azarwubaha.

Sadate uherutse kugaragaza ko muri iki gihe cy’igisibo gitagatifu cy’abayoboke b’Idini ya Islam, yagiye i Macca mu mutambagiro mutagatifu, yavuze ko yasengeye umuryango we ndetse n’Igihugu cye.

Uyu mwiherero yatangiye tariki 10 Mata 2023, yavuze ko yawukoreye mu mijyi mitagatifu ya Madina na Makka, ugasozwa n’umutambagiro mutagatifu wa Umrah.

Kuri uyu wa Gatatu tariki 19 Mata 2023, Munyakazi Sadate yagaragaje isengesho yatuye Igihugu cye, agisabira imigisha no gukomeza kugana ku byiza.

Muri iri sengesho, Munyakazi Sadate atangira avuga ko ubwiza bw’Imana buzigaragaza ku Rwanda, ndetse rugakomeza gutemba amata n’imigisha, bikanasendera ku barutuye.

Akomeza agira ati “Imbabazi n’Impuhwe zihebuje z’Imana zizaba ku baturage b’u Rwanda n’abazabakomakaho bose, umuhamagaro uzakwira hose bati koko cya Gihugu n’icy’abizerwa b’abanyakuri, Ubwiza bwacyo buzakwira amahanga kandi Ijwi ryacyo rizakwira hose, Amahanga yose azubaha Igihugu cyanjye, Imigambi yo kukirimbura izahinduka umuyonga, Ubwiza bwacyo buzagera ku Kiyaga kiza cyane, Ubutunzi bwacyo buzava mu misozi itoshye, Abana barwo bazarwitangira cyane kandi bazambara imidende n’impeta z’ubutwari.”

Agasoza agira ati “Hahirwa abazabona ubwiza bw’u Rwanda, Dukingurire Imitima yacu ibyiza kugira ngo Imana izatugeze mu Rwanda rw’isezerano, Dutandukane n’ishyari, urwango n’inabi, Tube Abanyakuri babizerwa.”

Munyakazi Sadate uri mu bakunze gukoresha cyane imbuga nkoranyambaga, byumwihariko urwa Twitter, ni umwe mu bakunze kugaragaza ko akunda Igihugu cye cyane, ndetse akabigaragariza mu kuba akunze kugaya abaruvuga nabi, rimwe na rimwe akabasubiza, abereka ko bayobye.

Munyakazi Sadate aherutse mu mutambagiro mutagatifu

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

seventeen − 8 =

Previous Post

Kigali: Aba mbere batawe muri yombi ku by’umudugudu urimo inzu zisondetse bamenyekanye

Next Post

General Muhoozi yagaragaje ibyishimo bidasanzwe kubera impano itunguranye yahawe na Masamba Intore (VIDEO)

Related Posts

Hakozwe operasiyo yo gufata umugabo ukewaho gucuruza ku rwego rwo hejuru ibiyobyabwenge

Hakozwe operasiyo yo gufata umugabo ukewaho gucuruza ku rwego rwo hejuru ibiyobyabwenge

by radiotv10
29/01/2026
0

Polisi y’u Rwanda ikorera mu Karere ka Ruhango, yafashe umugabo w’imyaka 43 ukekwaho gucuruza ku rwego rwo hejuru, gukwirakwiza no...

Umunyamakuru Maurice yavuze aho yamenyeye ko yahawe inshingano na Guverinoma y’u Rwanda n’ibyakurikiyeho

Umunyamakuru Maurice yavuze aho yamenyeye ko yahawe inshingano na Guverinoma y’u Rwanda n’ibyakurikiyeho

by radiotv10
29/01/2026
0

Uwera Jean Maurice wari usanzwe ari umunyamakuru, akaba yahawe inshingano zo kuba Umuvugizi Wungirije wa Guverinoma y’u Rwanda, yavuze ko...

Hatanzwe umucyo ku cyari kigamijwe haba inama yahuje Perezida Kagame na Tshisekedi i Doha

Eng.-Minister Nduhungirehe reminds the European Parliament it has no jurisdiction over Rwanda

by radiotv10
29/01/2026
0

Minister Olivier Nduhungirehe has reacted after the European Parliament once again involved itself in the case of politician Victoire Ingabire,...

Uwashyize ubutumwa ku mbuga nkoranyambaga bwumvikanyemo ubwishongozi yazanye ubundi asubiza ababutanzeho ibitekerezo

Uwashyize ubutumwa ku mbuga nkoranyambaga bwumvikanyemo ubwishongozi yazanye ubundi asubiza ababutanzeho ibitekerezo

by radiotv10
29/01/2026
0

Umwe mu bakoresha imbuga nkoranyambaga uherutse gushyiraho ubutumwa bwafashwe na bamwe nk’ubwishongozi, yasabye imbabazi ku bo bwakomerekeje, avuga ko yari...

Min.Nduhungirehe yagize icyo yibutsa Inteko y’u Burayi yongeye kwinjira mu by’Umunyapolitiki Ingabire Victoire

Min.Nduhungirehe yagize icyo yibutsa Inteko y’u Burayi yongeye kwinjira mu by’Umunyapolitiki Ingabire Victoire

by radiotv10
29/01/2026
0

Nyuma yuko Inteko y’Umuryango w’Ubumwe bw’u Burayi noneho ikoresheje umuhungu wa Ingabire Victoire Umuhoza mu gusaba u Rwanda kurekura umubyeyi...

IZIHERUKA

Hakozwe operasiyo yo gufata umugabo ukewaho gucuruza ku rwego rwo hejuru ibiyobyabwenge
MU RWANDA

Hakozwe operasiyo yo gufata umugabo ukewaho gucuruza ku rwego rwo hejuru ibiyobyabwenge

by radiotv10
29/01/2026
0

Umunyamakuru Maurice yavuze aho yamenyeye ko yahawe inshingano na Guverinoma y’u Rwanda n’ibyakurikiyeho

Umunyamakuru Maurice yavuze aho yamenyeye ko yahawe inshingano na Guverinoma y’u Rwanda n’ibyakurikiyeho

29/01/2026
Hatanzwe umucyo ku cyari kigamijwe haba inama yahuje Perezida Kagame na Tshisekedi i Doha

Eng.-Minister Nduhungirehe reminds the European Parliament it has no jurisdiction over Rwanda

29/01/2026
Uwashyize ubutumwa ku mbuga nkoranyambaga bwumvikanyemo ubwishongozi yazanye ubundi asubiza ababutanzeho ibitekerezo

Uwashyize ubutumwa ku mbuga nkoranyambaga bwumvikanyemo ubwishongozi yazanye ubundi asubiza ababutanzeho ibitekerezo

29/01/2026
Min.Nduhungirehe yagize icyo yibutsa Inteko y’u Burayi yongeye kwinjira mu by’Umunyapolitiki Ingabire Victoire

Min.Nduhungirehe yagize icyo yibutsa Inteko y’u Burayi yongeye kwinjira mu by’Umunyapolitiki Ingabire Victoire

29/01/2026
Igisubizo Iran ihaye America nyuma y’ibyo yise ibikangisho ikomeje kuyishyiraho

Igisubizo Iran ihaye America nyuma y’ibyo yise ibikangisho ikomeje kuyishyiraho

29/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
General Muhoozi yagaragaje ibyishimo bidasanzwe kubera impano itunguranye yahawe na Masamba Intore (VIDEO)

General Muhoozi yagaragaje ibyishimo bidasanzwe kubera impano itunguranye yahawe na Masamba Intore (VIDEO)

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Hakozwe operasiyo yo gufata umugabo ukewaho gucuruza ku rwego rwo hejuru ibiyobyabwenge

Umunyamakuru Maurice yavuze aho yamenyeye ko yahawe inshingano na Guverinoma y’u Rwanda n’ibyakurikiyeho

Eng.-Minister Nduhungirehe reminds the European Parliament it has no jurisdiction over Rwanda

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.