Tuesday, January 13, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Uwendaga guhabwa ububikira watorotse ikigo i Ngoma wari wabuze yishyikirije RIB i Kigali

radiotv10by radiotv10
12/05/2022
in MU RWANDA
0
Uwendaga guhabwa ububikira watorotse ikigo i Ngoma wari wabuze yishyikirije RIB i Kigali
Share on FacebookShare on Twitter

Umukobwa ukomoka muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo wendaga guhabwa Ububikira mu kigo cyabo cyo mu Karere ka Ngoma wari uherutse kubura bivugwa ko yatorotse, yabonetse nyuma yo kwishyikiriza RIB ya Kigali.

Inkuru y’ibura ryo uyu mukobwa Furaha Florence Drava yanditswe na RADIOTV10 kuri uyu wa Gatatu tariki 11 Gicurasi 2022, aho inzego z’ibanze zavugaga ko uyu mubikira yabuze tariki 08 Gicurasi.

Umuvugizi w’Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha (RIB), Dr Murangira B. Thierry yatangaje ko uyu mukobwa yamaze kuboneka nyuma yo kwishyikiriza uru rwego mu Mujyi wa Kigali.

Yagize ati “Arahari nta kibazo. Yishyikirije RIB ya Kigali ni ho ari, turi kubikurikirana.”

Mushimiyimana Beatha, Umuyobozi w’ikigo cy’ababikira cyabagamo uyu mukobwa, yavuze ko aya makuru yo kuboneka k’uriya mukobwa, bayamenye ariko ko bataramenya ibigomba gukurikira.

Uyu muyobozi utifuje kuvuga byinshi, yatangaje ko bamaranye iminsi impungenge yo kubura uyu mukobwa wendaga guhabwa ububikira.

Furaha Florence Drava wabuze

Yari yasize yanditse ibaruwa ikomeye

Ibaruwa yageze kuri RADIOTV10, yanagaragaye mu nkuru twatambukije kuri uyu wa Gatatu, igaragaza ko yanditswe n’uyu mukobwa Furaha Florence Drava asezera kuri bagenzi be, abamenyesha ko yafashe icyemezo cyo kudakomezanya na bo.

Iyi baruwa bigaragara ko yanditswe tariki 08 Gicurasi 2022, yatangiye ashimira umuryango w’aba babikira witwa Religieuses de l’Instruction Chretienne, uburyo yabanye na bagenzi be muri iki kigo.

Furaha Florence Drava yiseguye kuri bagenzi ko atabashije gukomezanya na bo urugendo rwo kwiha Imana akaba ahisemo kubatoroka ku bushake bwe.

Mushimiyimana Beatha uyobora uyu muryango w’Ababikira, wari yitabaje Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha Station ya Zaza, yari yavuze ko bafite impungenge kuko uyu mukobwa bari bamuhawe n’ababyeyi be kandi akaba adafite telefone.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

17 − 14 =

Previous Post

Clarisse Karasira n’umugabo we bagiye kwibaruka imfura bateranye imitoma mu bisigo ntsindagirarukundo

Next Post

Diamond nyuma yo kugura imodoka ya Miliyoni 612Frw agiye no kugura indege

Related Posts

Editorial: The New World Economic Order

Editorial: The New World Economic Order

by radiotv10
12/01/2026
0

USA, China, and Europe in the Battle for Global Dominance. What about Africa? The global economy has entered a new...

Impamvu hari abashyiriweho umwihariko w’ibihano biremereye mu itegeko rishya ry’imikoreshereze y’umuhanda

Impamvu hari abashyiriweho umwihariko w’ibihano biremereye mu itegeko rishya ry’imikoreshereze y’umuhanda

by radiotv10
12/01/2026
0

Minisitiri w’Ibikorwa Remezo, yatangaje ko abashoferi b’imodoka zitwara abantu benshi nk’ab’izitwara abagenzi mu buryo bwa rusange, n’izitwara abanyeshuri, ari bo...

Ibyavugiwe mu iperereza ry’abagabo batatu bakekwaho gusambanya ku gahato umugore mu gihe kimwe

Ibyavugiwe mu iperereza ry’abagabo batatu bakekwaho gusambanya ku gahato umugore mu gihe kimwe

by radiotv10
12/01/2026
0

Abasore babiri n’umugabo umwe bakurikiranyweho icyaha cyo gukoresha imibonano mpuzabitsina ku gahato umugore w’imyaka 47 bamutegeye mu nzira mu ijoro...

Urujijo n’igihirahiro ku byo babonye nyuma yuko babaruje ubutaka bwabo

Urujijo n’igihirahiro ku byo babonye nyuma yuko babaruje ubutaka bwabo

by radiotv10
12/01/2026
0

Bamwe mu batuye mu Kagari ka Kirambi mu Murenge wa Nyagisozi mu Karere ka Nyanza, baravuga ko babaruje ubutaka bwabo...

What emotional intelligence means and why it’s important

What emotional intelligence means and why it’s important

by radiotv10
12/01/2026
0

For a long time, intelligence was measured by grades, IQ scores, and how fast someone could solve problems. But in...

IZIHERUKA

Indi mpamvu ivugwaho gutuma Amagaju yirukana umutoza mukuru n’abandi bose bayo
FOOTBALL

Indi mpamvu ivugwaho gutuma Amagaju yirukana umutoza mukuru n’abandi bose bayo

by radiotv10
12/01/2026
0

Editorial: The New World Economic Order

Editorial: The New World Economic Order

12/01/2026
Uwayoboye Rayon yavuze ibyamubayeho ku munsi yatsindwagaho na APR iyisuzuguye

Uwayoboye Rayon yavuze ibyamubayeho ku munsi yatsindwagaho na APR iyisuzuguye

12/01/2026
Mu magambo aryohereye umunyarwenya uzwi mu Rwanda yagaragaje umukunzi we bwa mbere

Mu magambo aryohereye umunyarwenya uzwi mu Rwanda yagaragaje umukunzi we bwa mbere

12/01/2026
Impamvu hari abashyiriweho umwihariko w’ibihano biremereye mu itegeko rishya ry’imikoreshereze y’umuhanda

Impamvu hari abashyiriweho umwihariko w’ibihano biremereye mu itegeko rishya ry’imikoreshereze y’umuhanda

12/01/2026
Ibyavugiwe mu iperereza ry’abagabo batatu bakekwaho gusambanya ku gahato umugore mu gihe kimwe

Ibyavugiwe mu iperereza ry’abagabo batatu bakekwaho gusambanya ku gahato umugore mu gihe kimwe

12/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Diamond nyuma yo kugura imodoka ya Miliyoni 612Frw agiye no kugura indege

Diamond nyuma yo kugura imodoka ya Miliyoni 612Frw agiye no kugura indege

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Indi mpamvu ivugwaho gutuma Amagaju yirukana umutoza mukuru n’abandi bose bayo

Editorial: The New World Economic Order

Uwayoboye Rayon yavuze ibyamubayeho ku munsi yatsindwagaho na APR iyisuzuguye

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.