• My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English
Tuesday, June 2, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Uwigeze gufungirwa kwiyita Umupolizi akarya amafaranga y’abaturage yongeye gufatirwa mu cyuho

radiotv10by radiotv10
15/01/2025
in MU RWANDA, UBUTABERA
0
Uwigeze gufungirwa kwiyita Umupolizi akarya amafaranga y’abaturage yongeye gufatirwa mu cyuho
Share on FacebookShare on Twitter

Umusore w’imyaka 22 wigeze gufungirwa kwiyita umupolisi akarya amafaranga y’abaturage no kwiba telefone, ubu arakekwaho kwiba moto y’umumotari yari asize hanze aho atuye mu Murenge wa Gisenyi, yafashwe na Polisi y’u Rwanda ari kuyisunika.

Uyu musore yafatiwe mu mu Mudugudu w’Umubano mu Kagari ka Mbugangari mu Murenge wa Gisenyi, mu rukerera rwo ku wa Mbere tariki ya 13 Mutarama 2025.

Yafashwe ari gusunika muto yo mu bwoko bwa TVS Victor isanzwe ikoreshwa n’umumotari utuye muri aka gace, aho yari avuye mu kazi akaza akayiparika hanze, yasubirayo akayibura.

Umuvugizi wa Polisi mu Ntara y’Iburengerazuba; SP Bonaventure Twizere Karekezi, yagize ati “Ubwo umumotari usanzwe ukorera mu mujyi wa Rubavu yari atashye nijoro avuye mu kazi, yasize moto ye hanze nk’uko bisanzwe, yinjira mu nzu, hashize akanya agarutse kuyinjiza mu nzu asanga bayitwaye.

Yahise yihutira gutanga amakuru kuri Polisi, hatangira igikorwa cyo kuyishakisha, ahagana mu gihe cya saa kumi zishyira saa kumi n’imwe z’urukerera, uwo musore aza gufatirwa muri uriya mudugudu w’Umubano arimo kuyisunika.”

SP Karekezi yavuze ko uyu musore wafatanywe moto akekwaho kwiba, asanzwe akekwaho ubujura kuko no mu mwaka wa 2016 yigeze gufungwa azira kwaka amafaranga abaturage yiyita umupolisi no kwiba telefone.

Uyu musore, nyuma yo gufatwa yashyikirijwe Urwego rw’Ubugenzacyaha (RIB) kuri sitasiyo ya Gisenyi kugira ngo akorerwe dosiye izashyikirizwa ubushinjacyaha, moto yafatanywe ihita isubizwa nyirayo.

Ni mu gihe uwari wibwe moto, we yayisubijwe, aboneraho kugira inama bagenzi be kujya birinda guparika moto aho batareba ariko n’undi wese wakwibwa akihutira kubimenyesha Polisi kugira ngo ikurikiranwe itaragera kure.

SP Karekezi yashimiye abaturage bakomeje kugaragaza ubufatanye mu kwicungira umutekano batanga amakuru ku byaha, abasaba gukomeza uwo murongo.

Yongeye kwibutsa abamotari kujya baparika moto zabo aho bizeye umutekano no kuba bazishyiramo ikoranabuhanga rigaragaza aho ziherereye (GPS) kugira ngo mu gihe bazibuze ntibigorane kuzishakisha.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

four × 2 =

Previous Post

Umuhanzi uri mu bagezweho mu Rwanda ari mu gahinda k’ibyago yagize

Next Post

Icyorezo giherutse kugaragara mu Rwanda kiravugwa mu Gihugu cy’igituranyi ahantu hateye impungenge

Related Posts

Gisagara: Abaturage bibukijwe impamvu kurandura inzoga z’inkorano bakwiye kubigiramo uruhare rufatika

Gisagara: Abaturage bibukijwe impamvu kurandura inzoga z’inkorano bakwiye kubigiramo uruhare rufatika

by radiotv10
02/06/2026
0

Polisi y’u Rwanda ikorera mu Ntara y’Amajyepfo yasabye abaturage bo mu Murenge wa Save, Akarere ka Gisagara, kugira uruhare rufatika...

Abamotari bakoresha moto za Spiro mu Rwanda bagarukanye ikindi kibazo kibaremereye

Abamotari bakoresha moto za Spiro mu Rwanda bagarukanye ikindi kibazo kibaremereye

by radiotv10
02/06/2026
0

Bamwe mu batwara moto zikoresha amashanyarazi za Spiro baravuga ko bafite ikibazo gikomeye kuko ngo bari kujya aho bahinduriza bateri...

Abagore bashinjwa amarozi bafatanywe ibirimo amazirantoki n’umusaraba

Abagore bashinjwa amarozi bafatanywe ibirimo amazirantoki n’umusaraba

by radiotv10
02/06/2026
0

Abagore babiri bakekwaho kurogera abaturanyi babo mu Murenge wa Karangazi mu Karere ka Nyagatare, babafatanywe ibyo bakekwaho gukoresha mu burozi...

How people stay financially stable

How people stay financially stable

by radiotv10
02/06/2026
0

Have you ever wondered how some people always seem financially comfortable? They rarely appear stressed about money, they handle unexpected...

Eng.-Rwanda begins presenting evidence in case against the United Kingdom

Hatangajwe icyemezo ku kirego u Rwanda rwari rwarezemo u Bwongereza rubwishyuza miliyari 100Frw

by radiotv10
01/06/2026
0

Urukiko Ruhoraho Nkemurampaka rwatangaje ko Guverinoma y’u Rwanda itazishyurwa miliyoni £50 (arenga miliyari 100 Frw) mu kirego yari yarezemo iy’u...

Next Post
Icyorezo giherutse kugaragara mu Rwanda kiravugwa mu Gihugu cy’igituranyi ahantu hateye impungenge

Icyorezo giherutse kugaragara mu Rwanda kiravugwa mu Gihugu cy’igituranyi ahantu hateye impungenge

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English

Latest News

Byagenze gute ngo ikibumbano cya rurangiranwa Lionel Messi cyari mu Buhindi gikurweho

Gisagara: Abaturage bibukijwe impamvu kurandura inzoga z’inkorano bakwiye kubigiramo uruhare rufatika

Gukoresha ikiyobyabwenge cy’urumogi, kugonga umukunzi we: Ibyavugiwe mu rubanza ruregwamo umuhanzi Yampano

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English

Copyright © 2024 RadioTv10.