Thursday, November 20, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Uwigishije muri kaminuza wagizwe umwere ku gusambanya umukozi wo mu rugo yagarutse imbere y’Urukiko

radiotv10by radiotv10
18/09/2023
in MU RWANDA, UBUTABERA
0
Uwigishije muri kaminuza wagizwe umwere ku gusambanya umukozi wo mu rugo yagarutse imbere y’Urukiko
Share on FacebookShare on Twitter

Dr Christopher Kayumba wabaye Umwarimu muri Kaminuza y’u Rwanda, uherutse kugirwa umwere ku byaha birimo gukoresha umukozi we wo mu rugo imibonano mpuzabitsina ku gahato, yagarutse kuburana ubujujirire bw’Ubushinjacyaha.

Dr Kayumba yitabye Urukiko Rukuru kuri uyu wa Mbere tariki 18 Nzeri 2023, aho yageze mu cyumba ry’Urukiko mu gitondo ari kumwe n’Umunyamategeko umwunganira.

Ni nyuma y’uko Ubushinjacyaha baburana mu rubanza aregwamo, rujuririye uru Rukiko Rukuru, ku cyemezo cyamugize umwere cyafashwe n’Urukiko Rwisumbuye rwa Nyarugenge.

Dr Christopher Kayumba, uretse icyaha cyo gukoresha imibonano mpuzabitsina ku gahato uwari umukozi wo mu rugo, anashinjwa icyaha cy’ubwinjiracyaha mu cyaha cyo gukoresha undi imibonano mpuzabitsina ku gahato, bikekwa ko yakoreye uwahoze ari umunyeshuri muri Kaminuza y’u Rwanda, mu ishami ry’Itangazamakuru.

Kayumba yanagarutsweho cyane, ubwo uyu yigishaga witwa Fiona Ntarindwa Muthoni yandikaga ubutumwa burebure kuri X [Twitter] avuga iby’inkuru y’uko uyu mugabo yashatse kumukoresha imibonano mpuzabitsina.

Dr Christopher Kayumba yatawe muri yombi muri Nzeri 2021, yigeze gutangaza ko yinjiye muri Politiki, ndetse ko agiye gushinga ishyaka ngo rizahatana mu matora ataha.

Yaburanye ahakana ibyaha ashinjwa, avuga ko ari ibihimbano, ngo bigamije kumuca intege mu rugendo rwe rwa politiki.

Icyemezo kimugira umwere, cyasomwe n’Urukiko Rwisumbuye rwa Nyarugenge tariki 22 Gashyantare 2023, rwavuze ko ibyaha aregwa, nta na kimwe kimuhama, rugahita runategeka ko arekurwa.

Dr Kayumba n’umunyamategeko we bari mu rukiko

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

16 + 16 =

Previous Post

Icyafatishije umugore ukekwaho kwiba ihene akayibaga cyumvikanamo gukunda akaboga

Next Post

Kirehe: Gitifu aravugwaho imyitwarire idatanga urugero rwiza inengwa n’abaturage

Related Posts

Mushikiwabo yageneye ubutumwa Ibihugu byo muri OIF bigicumbagira mu guha ijambo abagore

Mushikiwabo yageneye ubutumwa Ibihugu byo muri OIF bigicumbagira mu guha ijambo abagore

by radiotv10
19/11/2025
0

Umunyamabanga Mukuru w’Umuryango w’Ibihugu bikoresha Igifaransa (OIF), Louise Mushikiwabo, yavuze ko hari Ibihugu bikigaragaramo ubusumbane hagati y’abagabo n’abagore, akabisaba kwimakaza...

VIDEO: Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga w’u Rwanda n’uw’u Bubiligi baramukanyije bamwenyura

VIDEO: Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga w’u Rwanda n’uw’u Bubiligi baramukanyije bamwenyura

by radiotv10
19/11/2025
0

Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga n’Ubutwererane w’u Rwanda, Olivier Nduhungirehe yahuriye na mugenzi we Maxime Prévot w’u Bubiligi mu nama iri kubera...

BREAKING: Amasezerano atazibagirana hagati y’u Rwanda na Arsenal agiye gushyirwaho akadomo

BREAKING: Amasezerano atazibagirana hagati y’u Rwanda na Arsenal agiye gushyirwaho akadomo

by radiotv10
19/11/2025
0

Urwego Rushinzwe Iterambere mu Rwanda RDB, rwatangaje ko ku bwumvikane n’ikipe ya Arsenal, bemeranyije gusoza amasezerano y’ubufatanye yari hagati yayo...

Icyo Urukiko rwashingiyeho rurekura nyiri uruganda rw’inzoga rwasanzwemo umuntu wapfuye

Icyo Urukiko rwashingiyeho rurekura nyiri uruganda rw’inzoga rwasanzwemo umuntu wapfuye

by radiotv10
19/11/2025
0

Ingabire Eugenie uyobora Uruganda Ikosora Drinks Ltd uregwa ibyaha birimo gucuruza cyangwa gukwirakwiza mu Gihugu ibintu bitujuje ubuziranenge, watawe muri...

Rwanda and Arsenal to conclude landmark eight-season Visit Rwanda partnership in June 2026

Rwanda and Arsenal to conclude landmark eight-season Visit Rwanda partnership in June 2026

by radiotv10
19/11/2025
0

The Rwanda Development Board (RDB) and Arsenal Football Club have officially announced that they have mutually agreed to conclude their...

IZIHERUKA

Mushikiwabo yageneye ubutumwa Ibihugu byo muri OIF bigicumbagira mu guha ijambo abagore
MU RWANDA

Mushikiwabo yageneye ubutumwa Ibihugu byo muri OIF bigicumbagira mu guha ijambo abagore

by radiotv10
19/11/2025
0

Amakuru agezweho ku muhanzi Bill Ruzima wari watawe muri yombi

Amakuru agezweho ku muhanzi Bill Ruzima wari watawe muri yombi

19/11/2025
VIDEO: Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga w’u Rwanda n’uw’u Bubiligi baramukanyije bamwenyura

VIDEO: Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga w’u Rwanda n’uw’u Bubiligi baramukanyije bamwenyura

19/11/2025
Umugabo basanze amanitse mu mugozi yapfuye hari abakeka ibindi bitari ukwiyahura

Umugabo basanze amanitse mu mugozi yapfuye hari abakeka ibindi bitari ukwiyahura

19/11/2025
BREAKING: Amasezerano atazibagirana hagati y’u Rwanda na Arsenal agiye gushyirwaho akadomo

BREAKING: Amasezerano atazibagirana hagati y’u Rwanda na Arsenal agiye gushyirwaho akadomo

19/11/2025
Hatangiye gutangwa ubutumwa bukomeza umuririmbyi Vestine nyuma yo kugaragaza ibyateye urujijo

Hatangiye gutangwa ubutumwa bukomeza umuririmbyi Vestine nyuma yo kugaragaza ibyateye urujijo

19/11/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Kirehe: Gitifu aravugwaho imyitwarire idatanga urugero rwiza inengwa n’abaturage

Kirehe: Gitifu aravugwaho imyitwarire idatanga urugero rwiza inengwa n’abaturage

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Mushikiwabo yageneye ubutumwa Ibihugu byo muri OIF bigicumbagira mu guha ijambo abagore

Amakuru agezweho ku muhanzi Bill Ruzima wari watawe muri yombi

VIDEO: Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga w’u Rwanda n’uw’u Bubiligi baramukanyije bamwenyura

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.