• My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English
Tuesday, June 2, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Uwigishije muri kaminuza wagizwe umwere ku gusambanya umukozi wo mu rugo yagarutse imbere y’Urukiko

radiotv10by radiotv10
18/09/2023
in MU RWANDA, UBUTABERA
0
Uwigishije muri kaminuza wagizwe umwere ku gusambanya umukozi wo mu rugo yagarutse imbere y’Urukiko
Share on FacebookShare on Twitter

Dr Christopher Kayumba wabaye Umwarimu muri Kaminuza y’u Rwanda, uherutse kugirwa umwere ku byaha birimo gukoresha umukozi we wo mu rugo imibonano mpuzabitsina ku gahato, yagarutse kuburana ubujujirire bw’Ubushinjacyaha.

Dr Kayumba yitabye Urukiko Rukuru kuri uyu wa Mbere tariki 18 Nzeri 2023, aho yageze mu cyumba ry’Urukiko mu gitondo ari kumwe n’Umunyamategeko umwunganira.

Ni nyuma y’uko Ubushinjacyaha baburana mu rubanza aregwamo, rujuririye uru Rukiko Rukuru, ku cyemezo cyamugize umwere cyafashwe n’Urukiko Rwisumbuye rwa Nyarugenge.

Dr Christopher Kayumba, uretse icyaha cyo gukoresha imibonano mpuzabitsina ku gahato uwari umukozi wo mu rugo, anashinjwa icyaha cy’ubwinjiracyaha mu cyaha cyo gukoresha undi imibonano mpuzabitsina ku gahato, bikekwa ko yakoreye uwahoze ari umunyeshuri muri Kaminuza y’u Rwanda, mu ishami ry’Itangazamakuru.

Kayumba yanagarutsweho cyane, ubwo uyu yigishaga witwa Fiona Ntarindwa Muthoni yandikaga ubutumwa burebure kuri X [Twitter] avuga iby’inkuru y’uko uyu mugabo yashatse kumukoresha imibonano mpuzabitsina.

Dr Christopher Kayumba yatawe muri yombi muri Nzeri 2021, yigeze gutangaza ko yinjiye muri Politiki, ndetse ko agiye gushinga ishyaka ngo rizahatana mu matora ataha.

Yaburanye ahakana ibyaha ashinjwa, avuga ko ari ibihimbano, ngo bigamije kumuca intege mu rugendo rwe rwa politiki.

Icyemezo kimugira umwere, cyasomwe n’Urukiko Rwisumbuye rwa Nyarugenge tariki 22 Gashyantare 2023, rwavuze ko ibyaha aregwa, nta na kimwe kimuhama, rugahita runategeka ko arekurwa.

Dr Kayumba n’umunyamategeko we bari mu rukiko

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

five × three =

Previous Post

Icyafatishije umugore ukekwaho kwiba ihene akayibaga cyumvikanamo gukunda akaboga

Next Post

Kirehe: Gitifu aravugwaho imyitwarire idatanga urugero rwiza inengwa n’abaturage

Related Posts

Eng.-Rwanda begins presenting evidence in case against the United Kingdom

Hatangajwe icyemezo ku kirego u Rwanda rwari rwarezemo u Bwongereza rubwishyuza miliyari 100Frw

by radiotv10
01/06/2026
0

Urukiko Ruhoraho Nkemurampaka rwatangaje ko Guverinoma y’u Rwanda itazishyurwa miliyoni £50 (arenga miliyari 100 Frw) mu kirego yari yarezemo iy’u...

Rusizi: Uwarokotse Jenoside yahawe inzu n’abo basengana banamuremera butike

Rusizi: Uwarokotse Jenoside yahawe inzu n’abo basengana banamuremera butike

by radiotv10
01/06/2026
0

Nyuma yo kumara igihe aba mu nzu imeze nabi yanatumaga agira impungenge ku mutekano w’umuryango we, Ngonga Yves Maurice wo...

Eng.-Minister Nduhungirehe Attends Korea-Africa Foreign Ministers’ Meeting in Seoul to Address Global Challenges

Eng.-Minister Nduhungirehe Attends Korea-Africa Foreign Ministers’ Meeting in Seoul to Address Global Challenges

by radiotv10
01/06/2026
0

The Minister of Foreign Affairs and International Cooperation, Amb. Olivier Nduhungirehe, is currently in Seoul, South Korea, where he is...

Minisitiri Nduhungirehe ari muri Korea y’Epfo mu nama y’ubufatanye ku guhangana n’ibibazo byugarije Isi

Minisitiri Nduhungirehe ari muri Korea y’Epfo mu nama y’ubufatanye ku guhangana n’ibibazo byugarije Isi

by radiotv10
01/06/2026
0

Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga n’Ubutwererane, Amb. Olivier Nduhungirehe ari i Seoul muri Korea y’Epfo, aho yitabiriye Inama y’ubufatanye bw’iki Gihugu n’Umugabane...

How to Create a Home That Actually Helps You Rest

How to Create a Home That Actually Helps You Rest

by radiotv10
01/06/2026
0

A home should be the place where your body relaxes and your mind slows down after a long day. But...

Next Post
Kirehe: Gitifu aravugwaho imyitwarire idatanga urugero rwiza inengwa n’abaturage

Kirehe: Gitifu aravugwaho imyitwarire idatanga urugero rwiza inengwa n’abaturage

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English

Latest News

AFC/M23 yagaragaje ibimenyetso by’uko uruhande bahanganye rwiteguye gukaza urugamba

Gahunda ya America yo gushyiraho ikigo cya Ebola muri Kenya ikomeje guterwa amabuye

Hatangajwe icyemezo ku kirego u Rwanda rwari rwarezemo u Bwongereza rubwishyuza miliyari 100Frw

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English

Copyright © 2024 RadioTv10.