Friday, May 9, 2025
RADIOTV10
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home Uncategorized

Uwigishije muri Kaminuza y’u Rwanda uregwa imibonano mpuzabitsina y’agahato yabwiye Urukiko ijambo rikomeye

radiotv10by radiotv10
16/09/2022
in Uncategorized
0
Uwigishije muri Kaminuza y’u Rwanda uregwa imibonano mpuzabitsina y’agahato yabwiye Urukiko ijambo rikomeye
Share on FacebookShare on Twitter

Dr Christopher Kayumba wigeze kuba Umwarimu muri Kaminuza y’u Rwanda ubu ufunze akurikiranyweho ibyaha birimo gukoresha undi imibonano mpuzabitsina ku gahato, yavuze ko kuba Urukiko rushaka ko aburana atavuye muri Gereza ari ukugira ngo ibye bitamenyekana.

We n’umwuganira mu mategeko babivuze ubwo hari hateganyijwe ko uyu mugabo aburanishwa ariko Urukiko rw’Ibanze rwa Nyarugenge rukavuga ko rukeneye umwanya wo gusuzuma dosiye ye.

Ni iburanisha ryabaye hifashishijwe ikoranabuhanga ry’iya kure, aho Dr Christopher Kayumba yari muri Gereza afungiyemo mu gihe Inteko y’Urukiko yo yari iri ku cyicaro cy’Urukiko rw’Ibanze rwa Nyarugenge.

Ubwo Urukiko rwavugaga ko rukeneye umwanya wo gusuzuma dosiye y’ikirego cy’uregwa, Dr Kayumba na we yavuze ko atiteguye kuburana hifashishijwe ikoranabuhanga kuko ashaka kuburana yibereye mu cyumba cy’Urukiko.

Umucamanza kandi yabwiye impande zombi (Uregwa n’umwunganira ndetse n’Ubushinjacyaha) ko uregwa azaburana tariki 14 Ukwakira 2022, kandi akazaburanishwa atavuye kuri Gereza afungiyemo ya Nyarugenge izwi nka Mageragere mu rwego rwo kumworohereza.

Gusa Dr Christopher n’umunyamategeko we, bavuga ko atari ukuborohereza ahubwo ko ari ukugira ngo ibye bitamenyekana.

Uyu mugabo wahoze ari umwarimu muri Kaminuza y’u Rwanda, yafunzwe nyuma gato yuko atangije Umutwe wa Politiki (utaremerwa mu Rwanda) ndetse avuga ko mu gihe kiri imbere uzayobora u Rwanda.

Kayumba ukurikiranyweho gukoresha imibonano mpuzabitsina ku gahato umukobwa wari umukozi mu rugo iwe, mu maburanisha atandukanye yagiye yumvikana avuga ko ibi byaha ashinjwa atabikoze ahubwo ko azira kuba ari gukora Politiki ndetse n’uko akunze kugaragaza ibitagenda.

Dr Christopher Kayumba wakundaga no kumvikana mu biganiro asesengura ibijyanye n’ubukungu bw’u Rwanda, yigeze kuvuga ko inguzanyo u Rwanda rwagiye rufata zizarubera umutwaro ku buryo bizagira ingaruka ziremereye ku Banyarwanda.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

five × 3 =

Previous Post

U Rwanda rwifatanyije na Angola mu kwizihiza umunsi w’ingenzi hagarukwa kubyo bahuriyeho

Next Post

Shira amatsiko ku itsinda kabuhariwe ry’Imbwa zirinda Pariki Akagera (AMAFOTO)

Related Posts

Ibirambuye ku cyatumye u Rwanda ruhagarika imikoranire n’u Bubiligi

Icyo u Rwanda rwizeza Ababiligi nyuma yuko ruciye umubano n’Igihugu cyabo

by radiotv10
21/03/2025
0

Guverinoma y’u Rwanda yatangaje ko guca umubano w’iki Gihugu n’u Bubiligi, bitazagira ingaruka ku Babiligi bari mu Rwanda cyangwa abifuza...

Belgium: Hidden agenda to “repossess” DR Congo

Belgium: Hidden agenda to “repossess” DR Congo

by radiotv10
20/03/2025
0

Comité National du Kivu (CNKI): CNKI was a colonial-era organization created by the Belgians to manage resources and economic activities...

U Rwanda rwagize icyo ruvuga ku ngamba rwafatiwe na Canada

U Rwanda rwagize icyo ruvuga ku ngamba rwafatiwe na Canada

by radiotv10
04/03/2025
0

Guverinoma y’u Rwanda iravuga ko ibyatangajwe n’iya Canada mu itangazo ry’ingamba yafatiye u Rwanda ku birebana n’ibibazo biri mu burasirazuba...

Guverinoma y’u Rwanda n’iya Afurika y’Epfo zahise zivugana zigira n’ibyo zemeranyaho

Guverinoma y’u Rwanda n’iya Afurika y’Epfo zahise zivugana zigira n’ibyo zemeranyaho

by radiotv10
31/01/2025
0

Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga n’Ubutwererane w’u Rwanda, Amb. Olivier Nduhungirehe, na mugenzi we wa Afurika, Ronald Lamola bagiranye ikiganiro kuri telefone,...

Hategerejwe ijambo Tshisekedi ageza ku Banyekongo nyuma yo guhura n’abayobora Inzego zikomeye mu Gihugu

Hategerejwe ijambo Tshisekedi ageza ku Banyekongo nyuma yo guhura n’abayobora Inzego zikomeye mu Gihugu

by radiotv10
28/01/2025
0

Perezida wa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, Félix Tshisekedi nyuma yo gutumiza inama y’igitaraganya yahuje inzego zikomeye muri iki Gihugu...

IZIHERUKA

Hatangajwe igikekwa kuri ‘Bishop Gafaranga’ watawe muri yombi
MU RWANDA

Ibyo twamenye bivugwa kuri ‘Bishop Gafaranga’ ukurikiranyweho ihohotera rishingiye ku gitsina

by radiotv10
08/05/2025
0

IFOTO: Perezida Kagame na Mushikiwabo barebye imbonankubone umukino wahuje amakipe yombi yamamaza VisitRwanda

IFOTO: Perezida Kagame na Mushikiwabo barebye imbonankubone umukino wahuje amakipe yombi yamamaza VisitRwanda

08/05/2025
Igisubuzo Polisi y’u Rwanda yahaye uwayisabiye kumujyana Iwawa kuko ubuzima busanzwe bwanze

Igisubuzo Polisi y’u Rwanda yahaye uwayisabiye kumujyana Iwawa kuko ubuzima busanzwe bwanze

08/05/2025
Harimo iyari imaze imyaka 11: Amakipe yazamutse mu cyiciro cya mbere mu Rwanda yamenyekanye

Harimo iyari imaze imyaka 11: Amakipe yazamutse mu cyiciro cya mbere mu Rwanda yamenyekanye

08/05/2025
Mu buryo butagoye M23 yafashe agace kavugwaho ubutunzi bukomeye

Mu buryo butagoye M23 yafashe agace kavugwaho ubutunzi bukomeye

08/05/2025
Rwamagana: Ntibumva uko basabwa kugurira Leta imodoka kandi batayirusha amafaranga

Rwamagana: Ntibumva uko basabwa kugurira Leta imodoka kandi batayirusha amafaranga

08/05/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Shira amatsiko ku itsinda kabuhariwe ry’Imbwa zirinda Pariki Akagera (AMAFOTO)

Shira amatsiko ku itsinda kabuhariwe ry'Imbwa zirinda Pariki Akagera (AMAFOTO)

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home

Latest News

Ibyo twamenye bivugwa kuri ‘Bishop Gafaranga’ ukurikiranyweho ihohotera rishingiye ku gitsina

IFOTO: Perezida Kagame na Mushikiwabo barebye imbonankubone umukino wahuje amakipe yombi yamamaza VisitRwanda

Igisubuzo Polisi y’u Rwanda yahaye uwayisabiye kumujyana Iwawa kuko ubuzima busanzwe bwanze

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.

Welcome Back!

Login to your account below

Forgotten Password?

Retrieve your password

Please enter your username or email address to reset your password.

Log In

Add New Playlist

No Result
View All Result
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home

Copyright © 2024 RadioTv10.