• My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English
Tuesday, June 2, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home Uncategorized

Uwigishije muri Kaminuza y’u Rwanda uregwa imibonano mpuzabitsina y’agahato yabwiye Urukiko ijambo rikomeye

radiotv10by radiotv10
16/09/2022
in Uncategorized
0
Uwigishije muri Kaminuza y’u Rwanda uregwa imibonano mpuzabitsina y’agahato yabwiye Urukiko ijambo rikomeye
Share on FacebookShare on Twitter

Dr Christopher Kayumba wigeze kuba Umwarimu muri Kaminuza y’u Rwanda ubu ufunze akurikiranyweho ibyaha birimo gukoresha undi imibonano mpuzabitsina ku gahato, yavuze ko kuba Urukiko rushaka ko aburana atavuye muri Gereza ari ukugira ngo ibye bitamenyekana.

We n’umwuganira mu mategeko babivuze ubwo hari hateganyijwe ko uyu mugabo aburanishwa ariko Urukiko rw’Ibanze rwa Nyarugenge rukavuga ko rukeneye umwanya wo gusuzuma dosiye ye.

Ni iburanisha ryabaye hifashishijwe ikoranabuhanga ry’iya kure, aho Dr Christopher Kayumba yari muri Gereza afungiyemo mu gihe Inteko y’Urukiko yo yari iri ku cyicaro cy’Urukiko rw’Ibanze rwa Nyarugenge.

Ubwo Urukiko rwavugaga ko rukeneye umwanya wo gusuzuma dosiye y’ikirego cy’uregwa, Dr Kayumba na we yavuze ko atiteguye kuburana hifashishijwe ikoranabuhanga kuko ashaka kuburana yibereye mu cyumba cy’Urukiko.

Umucamanza kandi yabwiye impande zombi (Uregwa n’umwunganira ndetse n’Ubushinjacyaha) ko uregwa azaburana tariki 14 Ukwakira 2022, kandi akazaburanishwa atavuye kuri Gereza afungiyemo ya Nyarugenge izwi nka Mageragere mu rwego rwo kumworohereza.

Gusa Dr Christopher n’umunyamategeko we, bavuga ko atari ukuborohereza ahubwo ko ari ukugira ngo ibye bitamenyekana.

Uyu mugabo wahoze ari umwarimu muri Kaminuza y’u Rwanda, yafunzwe nyuma gato yuko atangije Umutwe wa Politiki (utaremerwa mu Rwanda) ndetse avuga ko mu gihe kiri imbere uzayobora u Rwanda.

Kayumba ukurikiranyweho gukoresha imibonano mpuzabitsina ku gahato umukobwa wari umukozi mu rugo iwe, mu maburanisha atandukanye yagiye yumvikana avuga ko ibi byaha ashinjwa atabikoze ahubwo ko azira kuba ari gukora Politiki ndetse n’uko akunze kugaragaza ibitagenda.

Dr Christopher Kayumba wakundaga no kumvikana mu biganiro asesengura ibijyanye n’ubukungu bw’u Rwanda, yigeze kuvuga ko inguzanyo u Rwanda rwagiye rufata zizarubera umutwaro ku buryo bizagira ingaruka ziremereye ku Banyarwanda.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

six + five =

Previous Post

U Rwanda rwifatanyije na Angola mu kwizihiza umunsi w’ingenzi hagarukwa kubyo bahuriyeho

Next Post

Shira amatsiko ku itsinda kabuhariwe ry’Imbwa zirinda Pariki Akagera (AMAFOTO)

Related Posts

Mu mupira w’amaguru w’abagore mu Rwanda barabyinira ku rukoma

Mu mupira w’amaguru w’abagore mu Rwanda barabyinira ku rukoma

by radiotv10
18/05/2026
0

Umupira w’amaguru w’abari n’abategarugori urabyinira ku rukoma kubera amafaranga ari gushyirwamo, guhera ku bihembo amakipe ari gutsindira. Mu kiciro cya...

How to spend money wisely and build a better financial future

How to spend money wisely and build a better financial future

by radiotv10
07/05/2026
0

Most people think their future depends on how much money they will make one day. But in reality, your future...

Ubutumwa bwa Komiseri muri FPR-Inkotanyi bunenga abayobozi baranduye imyaka y’abaturage

Ubutumwa bwa Komiseri muri FPR-Inkotanyi bunenga abayobozi baranduye imyaka y’abaturage

by radiotv10
30/03/2026
0

Komiseri mu Muryango FPR-Inkotanyi, Habonimana Charles yanenze abayobozi bo mu Karere ka Nyarugenge baranduye ibishyimbo by’abaturage, avuga ko ibyemezo nk’ibi...

Ubujurure bwa Gasogi Utd bwatewe ubwatsi

Ubujurure bwa Gasogi Utd bwatewe ubwatsi

by radiotv10
26/03/2026
0

Nyuma yuko Gasogi utd itewe mpaga y’ibitego 3-0 n’amande ya miliyoni 2 Frw nyuma yo kubura ku kibuga cya Stade...

Irebere amafoto y’ingenzi y’ibirori by’imbonekarimwe bya Basketball byitabiriwe na Perezida Kagame n’abandi banyacyubahiro n’ibyamamare

Irebere amafoto y’ingenzi y’ibirori by’imbonekarimwe bya Basketball byitabiriwe na Perezida Kagame n’abandi banyacyubahiro n’ibyamamare

by radiotv10
17/02/2026
0

Perezida Paul Kagame yarebye umukino wa NBA All-Star Game uhuza abakinnyi bakomeye muri Shampiyona ya Basketball muri Leta Zunze Ubumwe...

Next Post
Shira amatsiko ku itsinda kabuhariwe ry’Imbwa zirinda Pariki Akagera (AMAFOTO)

Shira amatsiko ku itsinda kabuhariwe ry'Imbwa zirinda Pariki Akagera (AMAFOTO)

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English

Latest News

Gukoresha ikiyobyabwenge cy’urumogi, kugonga umukunzi we: Ibyavugiwe mu rubanza ruregwamo umuhanzi Yampano

Abamotari bakoresha moto za Spiro mu Rwanda bagarukanye ikindi kibazo kibaremereye

AFC/M23 iravuga ko igihe kigeze ngo igire icyo ikora kuko ibintu byafashe intera

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English

Copyright © 2024 RadioTv10.