Wednesday, October 29, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home Uncategorized

Uwigishije muri Kaminuza y’u Rwanda uregwa imibonano mpuzabitsina y’agahato yabwiye Urukiko ijambo rikomeye

radiotv10by radiotv10
16/09/2022
in Uncategorized
0
Uwigishije muri Kaminuza y’u Rwanda uregwa imibonano mpuzabitsina y’agahato yabwiye Urukiko ijambo rikomeye
Share on FacebookShare on Twitter

Dr Christopher Kayumba wigeze kuba Umwarimu muri Kaminuza y’u Rwanda ubu ufunze akurikiranyweho ibyaha birimo gukoresha undi imibonano mpuzabitsina ku gahato, yavuze ko kuba Urukiko rushaka ko aburana atavuye muri Gereza ari ukugira ngo ibye bitamenyekana.

We n’umwuganira mu mategeko babivuze ubwo hari hateganyijwe ko uyu mugabo aburanishwa ariko Urukiko rw’Ibanze rwa Nyarugenge rukavuga ko rukeneye umwanya wo gusuzuma dosiye ye.

Ni iburanisha ryabaye hifashishijwe ikoranabuhanga ry’iya kure, aho Dr Christopher Kayumba yari muri Gereza afungiyemo mu gihe Inteko y’Urukiko yo yari iri ku cyicaro cy’Urukiko rw’Ibanze rwa Nyarugenge.

Ubwo Urukiko rwavugaga ko rukeneye umwanya wo gusuzuma dosiye y’ikirego cy’uregwa, Dr Kayumba na we yavuze ko atiteguye kuburana hifashishijwe ikoranabuhanga kuko ashaka kuburana yibereye mu cyumba cy’Urukiko.

Umucamanza kandi yabwiye impande zombi (Uregwa n’umwunganira ndetse n’Ubushinjacyaha) ko uregwa azaburana tariki 14 Ukwakira 2022, kandi akazaburanishwa atavuye kuri Gereza afungiyemo ya Nyarugenge izwi nka Mageragere mu rwego rwo kumworohereza.

Gusa Dr Christopher n’umunyamategeko we, bavuga ko atari ukuborohereza ahubwo ko ari ukugira ngo ibye bitamenyekana.

Uyu mugabo wahoze ari umwarimu muri Kaminuza y’u Rwanda, yafunzwe nyuma gato yuko atangije Umutwe wa Politiki (utaremerwa mu Rwanda) ndetse avuga ko mu gihe kiri imbere uzayobora u Rwanda.

Kayumba ukurikiranyweho gukoresha imibonano mpuzabitsina ku gahato umukobwa wari umukozi mu rugo iwe, mu maburanisha atandukanye yagiye yumvikana avuga ko ibi byaha ashinjwa atabikoze ahubwo ko azira kuba ari gukora Politiki ndetse n’uko akunze kugaragaza ibitagenda.

Dr Christopher Kayumba wakundaga no kumvikana mu biganiro asesengura ibijyanye n’ubukungu bw’u Rwanda, yigeze kuvuga ko inguzanyo u Rwanda rwagiye rufata zizarubera umutwaro ku buryo bizagira ingaruka ziremereye ku Banyarwanda.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

3 + 17 =

Previous Post

U Rwanda rwifatanyije na Angola mu kwizihiza umunsi w’ingenzi hagarukwa kubyo bahuriyeho

Next Post

Shira amatsiko ku itsinda kabuhariwe ry’Imbwa zirinda Pariki Akagera (AMAFOTO)

Related Posts

Ubutumwa ababyeyi ba Minisitiri Ngarambe bamugeneye ku isabukuru y’ubukwe bwe

Ubutumwa ababyeyi ba Minisitiri Ngarambe bamugeneye ku isabukuru y’ubukwe bwe

by radiotv10
25/08/2025
0

Umuryango wa Ngarambe François Xavier wifurije isabukuru nziza y’umwaka umwe umuhungu we Ngarambe Rwego usanzwe ari Umunyamabanga wa Leta muri...

Amatora ya FERWAFA akomeje kuzamo utuntu n’utundi hakibura ukwezi ngo abe

Amatora ya FERWAFA akomeje kuzamo utuntu n’utundi hakibura ukwezi ngo abe

by radiotv10
31/07/2025
0

Nyuma yuko bamwe mu bagize Komite Nyobozi y’Ishyirahamwe ry’Umupira w’Amaguru mu Rwanda FERWAFA, banditse basaba ko amatora y’iri Shyirahamwe asubikwa,...

Being single in your 30s in Africa: Why the pressure?

Being single in your 30s in Africa: Why the pressure?

by radiotv10
26/07/2025
0

In many African communities, turning 30 is seen as a milestone but for those who are single at that age,...

Inama idasanzwe ya Njyanama y’Akarere ka Nyanza yeguje Mayor Ntazinda

Uwari Umuyobozi w’Akarere waregwaga ubushoreke yafatiwe icyemezo gishingiye ku ibaruwa yanditswe n’umugore we

by radiotv10
09/05/2025
0

Ntazinda Erasme wahoze ari Umuyobozi w'Akarere ka Nyanza uregwa Icyaha cy’ubushoreke n’icyo guta urugo, yafatiwe icyemezo cyo kurekurwa nyuma yuko...

Ibirambuye ku cyatumye u Rwanda ruhagarika imikoranire n’u Bubiligi

Icyo u Rwanda rwizeza Ababiligi nyuma yuko ruciye umubano n’Igihugu cyabo

by radiotv10
21/03/2025
0

Guverinoma y’u Rwanda yatangaje ko guca umubano w’iki Gihugu n’u Bubiligi, bitazagira ingaruka ku Babiligi bari mu Rwanda cyangwa abifuza...

IZIHERUKA

Umwana w’Umwami Yuhi V Musinga watwaye u Rwanda yitabye Imana
MU RWANDA

Umwana w’Umwami Yuhi V Musinga watwaye u Rwanda yitabye Imana

by radiotv10
28/10/2025
0

Hemejwe ifungwa rya nyiri uruganda rw’inzoga ivugwa cyane mu Rwanda hanatangazwa icyaha akurikiranyweho

Hemejwe ifungwa rya nyiri uruganda rw’inzoga ivugwa cyane mu Rwanda hanatangazwa icyaha akurikiranyweho

28/10/2025
Eng.-Child of King Yuhi V Musinga who once ruled Rwanda has passed away

Eng.-Child of King Yuhi V Musinga who once ruled Rwanda has passed away

28/10/2025
Rwanda’s Smart National ID project worth over Rwf 100 billion

Rwanda’s Smart National ID project worth over Rwf 100 billion

28/10/2025
Ntibirajya mu murongo neza-Brig.Gen Deo wa APR yavuze birambuye ku mitoreze y’umutoza mushya

Ntibirajya mu murongo neza-Brig.Gen Deo wa APR yavuze birambuye ku mitoreze y’umutoza mushya

28/10/2025
Amakuru mashya ava i Paris mu Bufaransa ahabereye ubujura buhambaye

Amakuru mashya ava i Paris mu Bufaransa ahabereye ubujura buhambaye

28/10/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Shira amatsiko ku itsinda kabuhariwe ry’Imbwa zirinda Pariki Akagera (AMAFOTO)

Shira amatsiko ku itsinda kabuhariwe ry'Imbwa zirinda Pariki Akagera (AMAFOTO)

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Umwana w’Umwami Yuhi V Musinga watwaye u Rwanda yitabye Imana

Hemejwe ifungwa rya nyiri uruganda rw’inzoga ivugwa cyane mu Rwanda hanatangazwa icyaha akurikiranyweho

Eng.-Child of King Yuhi V Musinga who once ruled Rwanda has passed away

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.