Friday, September 19, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home IMYIDAGADURO

Uwitanze menshi arye mushikaki, uwa macye ni igitoki- Ndimbati yagarutse muri Film

radiotv10by radiotv10
10/10/2022
in IMYIDAGADURO, MU RWANDA
0
Uwitanze menshi arye mushikaki, uwa macye ni igitoki- Ndimbati yagarutse muri Film
Share on FacebookShare on Twitter

Uwihoreye Jean Bosco wamamaye nka Ndimbati mu gukina film, nyuma yo gufungurwa, yagaragaye muri film ya mbere aho yakinnye aha icyo kunywa n’icyo kurya abantu, abitanze menshi bakanywa umuvinyo bakarya na mushikaki abitanze macye, bakanywa ikigage.

Ndimbati yarekuwe ku Kane w’icyumweru gishize tariki 29 Nzeri 2022, nyuma yo kugirwa umwere n’Urukiko Rwisumbuye rwa Nyarugenge rwamuburanishije ku cyaha cyo kunywesha umwana inzoga ndetse n’icyo gusambanya umwana utaruzuza imyaka y’ubukure.

Uwo munsi yaraye atashye, abakunzi be na bo mu bice binyuranye bakomeza kuvuza impundu banishimira ko agiye kongera kubasetsa dore ko uyu mugabo azwiho urwenya rwinshi mu gukina film.

Nyuma y’icyumweru kimwe afunguwe, Ndimbati yagaragaye muri film ya mbere akinnye kuva yafungurwa, ari yo y’uruhererekane izwi nka Papa Sava, anakinamo yitwa iri zina Ndimbati ryamaze kumufata.

Aka gace k’iyi film akinamo agaragayemo bwa mbere kuva yafungurwa, akinamo yakira abantu, ariko agahera ku bitanze amafaranga menshi aho agenda asoma izina ku rindi.

Ati “Aha nubwo tuhateraniye tugiye turi ibyiciro. Ntibibatangaze nubundi mu busanzwe ibyiciro cy’Ubudehe ntabwo bireshya…”

Ahera ku bitanze menshi, ati “muhe skol, Papa Sava muhe Mutzig.”

Anyuzamo akabona umwe muri abo, ukina yitwa Nyiragitariro uba wicaye imbere, ati “Nyiragitari ubundi sinzi uburyo wicaye aho wowe. Ubufaranga maganatanu watanze ubu…wagombye kuba wicaye…”

Abitanze macye n’abataritanze, yavuze ko bagomba kunywa ibigage.

Agera aho agahamagara umufasha we muri iyi film, akazana n’umuvinyo bagasuka mu birahure ubundi agaha abitanze amafaranga menshi.

Agera aho akanatumiza amafunguro arimo mushikaki n’ibitoki ubundi abo bitanze menshi bakarya mushikaki mu gihe abitanze macye barya ibitoki.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

six + eleven =

Previous Post

U Burundi bwasobanuye impamvu bwohereje abandi basirikare muri DRCongo

Next Post

EAC: Imihanda yo mu Rwanda irashimirwa ubwiza naho S.Sudan ngo ni agahomamunwa

Related Posts

BREAKING: Perezida Kagame yashyizeho abayobozi barimo uwinjiye muri Guvuerinoma n’abo muri Perezidansi

BREAKING: Perezida Kagame yashyizeho abayobozi barimo uwinjiye muri Guvuerinoma n’abo muri Perezidansi

by radiotv10
18/09/2025
0

Perezida wa Repubulika y’u Rwanda, Paul Kagame yashyize mu myanya abayobozi, barimo Yves Iradukunda winjiye muri Guverinoma y’u Rwanda nk’Umunyamabanga...

AMAKURU AGEZWEHO: Uwakekwagaho kwica urw’agashinyaguro uwarokotse Jenoside na we yarashwe arapfa

Uwari aho Abapolisi barasiye batatu bakekwaho ubugizi bwa nabi muri Kamonyi yavuze uko byagenze

by radiotv10
18/09/2025
0

Umuturage wo mu Murenge wa Ngamba mu Karere ka Kamonyi, uvuga ko yari aho Polisi yarasiye abagabo batatu bariho batema...

Mu birori birimo ibyamamare umuhanzi Niyo Bosco n’umukunzi we bateye intambwe nyuma yo kumugaragaza

Mu birori birimo ibyamamare umuhanzi Niyo Bosco n’umukunzi we bateye intambwe nyuma yo kumugaragaza

by radiotv10
18/09/2025
0

Umuhanzi Niyo Bosco uherutse kugaragaza umukunzi we, yamwambitse impeta amusaba ko bazarushingana bakazibanira nk’umugore n’umugabo, na we arabimwemerera, mu birori...

Umuhanzikazi Tonzi yaciye agahigo ku isabukuru ye y’amavuko

Umuhanzikazi Tonzi yaciye agahigo ku isabukuru ye y’amavuko

by radiotv10
18/09/2025
0

Umuhanzikazi Uwitonze Clementine wamenyekanye nka Tonzi, yashyize hanze Album ye ya 10 ibintu bitarakorwa n’undi muhanzi ku giti cye mu...

Ibisobanuro by’umugabo uregwa kwicana ubugome umugore we abanje kumutonganya ngo yazerereye atamubwiye

Ibisobanuro by’umugabo uregwa kwicana ubugome umugore we abanje kumutonganya ngo yazerereye atamubwiye

by radiotv10
18/09/2025
0

Umugabo wo mu Murenge wa Muko mu Karere ka Gicumbi ukurikiranyweho kwica umugore we amukubise isuka ya majagu mu mutwe,...

IZIHERUKA

BREAKING: Perezida Kagame yashyizeho abayobozi barimo uwinjiye muri Guvuerinoma n’abo muri Perezidansi
MU RWANDA

BREAKING: Perezida Kagame yashyizeho abayobozi barimo uwinjiye muri Guvuerinoma n’abo muri Perezidansi

by radiotv10
18/09/2025
0

AMAKURU AGEZWEHO: Uwakekwagaho kwica urw’agashinyaguro uwarokotse Jenoside na we yarashwe arapfa

Uwari aho Abapolisi barasiye batatu bakekwaho ubugizi bwa nabi muri Kamonyi yavuze uko byagenze

18/09/2025
Mu birori birimo ibyamamare umuhanzi Niyo Bosco n’umukunzi we bateye intambwe nyuma yo kumugaragaza

Mu birori birimo ibyamamare umuhanzi Niyo Bosco n’umukunzi we bateye intambwe nyuma yo kumugaragaza

18/09/2025
Umuhanzikazi Tonzi yaciye agahigo ku isabukuru ye y’amavuko

Umuhanzikazi Tonzi yaciye agahigo ku isabukuru ye y’amavuko

18/09/2025
AFC/M23 yafashe icyemezo gishyira igorora abakoresha umupaka wa ‘Grande Barrière’ w’u Rwanda na Congo

AFC/M23 yafashe icyemezo gishyira igorora abakoresha umupaka wa ‘Grande Barrière’ w’u Rwanda na Congo

18/09/2025
Ibisobanuro by’umugabo uregwa kwicana ubugome umugore we abanje kumutonganya ngo yazerereye atamubwiye

Ibisobanuro by’umugabo uregwa kwicana ubugome umugore we abanje kumutonganya ngo yazerereye atamubwiye

18/09/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
EAC: Imihanda yo mu Rwanda irashimirwa ubwiza naho S.Sudan ngo ni agahomamunwa

EAC: Imihanda yo mu Rwanda irashimirwa ubwiza naho S.Sudan ngo ni agahomamunwa

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

BREAKING: Perezida Kagame yashyizeho abayobozi barimo uwinjiye muri Guvuerinoma n’abo muri Perezidansi

Uwari aho Abapolisi barasiye batatu bakekwaho ubugizi bwa nabi muri Kamonyi yavuze uko byagenze

Mu birori birimo ibyamamare umuhanzi Niyo Bosco n’umukunzi we bateye intambwe nyuma yo kumugaragaza

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.