Tuesday, January 13, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA IMIBEREHO MYIZA

Uzajya agura ibicuruzwa ntiyake EBM akabifatanwa azajya abyakwa bitezwe cyamunara

radiotv10by radiotv10
28/11/2022
in IMIBEREHO MYIZA, MU RWANDA, POLITIKI, UBUKUNGU
0
Uzajya agura ibicuruzwa ntiyake EBM akabifatanwa azajya abyakwa bitezwe cyamunara
Share on FacebookShare on Twitter

Ikigo cy’Igihugu cy’Imisoro n’Amahooro, RRA cyahagurukiye kurandura umuco wo kudatanga inyemezabuguzi z’ikoranabuhanga za EBM, gishyiraho ingamba zirimo kuba umuguzi uzajya afatwa adafite iyi nyemezabwishyu yaguriyego ibicuruzwa afite, azajya abyamburwa bigatezwa cyamunara.

Bikubiye mu itangazo ry’Ikigo cy’Igihugu cy’Imisoro n’Amahooro, Rwanda Revenue Authority, ritangira rivuga ko “hari abacuruzi binangiye bakaba bakomeje kudatanga inyemezabuguzi za EBM cyangwa abahitishamo umuguzi kuyimuha cyangwa kutayimuha.”

RRA ikomeza ivuga ko uwo muco ugomba kuranduka bityo ko “Umuguzi wese udafite inyemezabuguzi ya EBM yaguriyeho ibicuruzwa afite, ibyo bicuruzwa bizajya bitafatwa bitezwe cyamunara.”

Iki kigo kandi cyamenyesheje abacuruzi ko uzafatwa atatanze inyemezabuguzi ya EBM, azacibwa ibihano, ubundi hanakorwe ubugenzuzi bw’ububiko bw’ibicuruzwa, bityo ibyo atatangiye inyemezabuguzi abicirwe umusoro kuri byose.

RRA ikomeza ivuga ko uwo mucuruzi kandi “Azakurikiranwa mu butabera ku cyaha cyo kunyereza umusoro abigambiriye, ndetse ubucuruzi bwe buzafungwa mu gihe cy’iminsi mirongo itatu (30).”

Iri tangazo ryasohotse mu cyumweru twaraye dusoje, rimenyesha abantu bose bakorewe inyandiko mvugo imenyesha icyaha cyo gucuruza udatanga inyemezabuguzi ya EBM cyangwa agatanga itubya umusoro, bakaba baranatangajwe mu binyamakuru, basabwa kwishyura amande baciwe bitarenze uyu munsi ku wa Mbere tariki 28 Ugushyingo 2022, batabyubahiriza bagafungirwa ubucuruzi nk’abacuruje mu buryo butubahirije amategeko.

Iri tangazo risohotse nyuma y’icyumweru kimwe mu Rwanda habaye umunsi mukuru wo gushimira abasora, wayobowe na Minisitiri w’Intebe, Dr Edouard Ngirente wabaye tariki 19 Ugushyingo 2022.

Minisitiri Ngirente yagarutse ku bacuruzi banga gutanga inyemezabuguzi za EBM, ati “Tuze kuva hano twemeranyijwe gusiba mu Gihugu cyacu imvugo ivuga ngo ‘ese ushaka nguhe EBM cyangwa ntayo ushaka?’ Iyo mvugo ndagirango tuve aha twemeranyijwe ko icitse burundu mu Rwanda. EBM umukoro uhoraho.”

Dr Ngirente kandi yavuze ko ibi bireba n’abaguzi ko na bo bagomba kujya baka inyemezabuguzi za EBM kandi n’abacuruzi batazibahaye bakatura bakababwira ko bakoze icyaha.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

five + 18 =

Previous Post

Perezida Ndayishimiye arifuza ko Abarundi batangira gutura mu mataje ahandi hagahingwa

Next Post

Abasifuzi bari mu gikombe cy’Isi Hamenyekanye akayabo k’amafaranga bazakurayo

Related Posts

Editorial: The New World Economic Order

Editorial: The New World Economic Order

by radiotv10
12/01/2026
0

USA, China, and Europe in the Battle for Global Dominance. What about Africa? The global economy has entered a new...

Impamvu hari abashyiriweho umwihariko w’ibihano biremereye mu itegeko rishya ry’imikoreshereze y’umuhanda

Impamvu hari abashyiriweho umwihariko w’ibihano biremereye mu itegeko rishya ry’imikoreshereze y’umuhanda

by radiotv10
12/01/2026
0

Minisitiri w’Ibikorwa Remezo, yatangaje ko abashoferi b’imodoka zitwara abantu benshi nk’ab’izitwara abagenzi mu buryo bwa rusange, n’izitwara abanyeshuri, ari bo...

Ibyavugiwe mu iperereza ry’abagabo batatu bakekwaho gusambanya ku gahato umugore mu gihe kimwe

Ibyavugiwe mu iperereza ry’abagabo batatu bakekwaho gusambanya ku gahato umugore mu gihe kimwe

by radiotv10
12/01/2026
0

Abasore babiri n’umugabo umwe bakurikiranyweho icyaha cyo gukoresha imibonano mpuzabitsina ku gahato umugore w’imyaka 47 bamutegeye mu nzira mu ijoro...

Urujijo n’igihirahiro ku byo babonye nyuma yuko babaruje ubutaka bwabo

Urujijo n’igihirahiro ku byo babonye nyuma yuko babaruje ubutaka bwabo

by radiotv10
12/01/2026
0

Bamwe mu batuye mu Kagari ka Kirambi mu Murenge wa Nyagisozi mu Karere ka Nyanza, baravuga ko babaruje ubutaka bwabo...

What emotional intelligence means and why it’s important

What emotional intelligence means and why it’s important

by radiotv10
12/01/2026
0

For a long time, intelligence was measured by grades, IQ scores, and how fast someone could solve problems. But in...

IZIHERUKA

Indi mpamvu ivugwaho gutuma Amagaju yirukana umutoza mukuru n’abandi bose bayo
FOOTBALL

Indi mpamvu ivugwaho gutuma Amagaju yirukana umutoza mukuru n’abandi bose bayo

by radiotv10
12/01/2026
0

Editorial: The New World Economic Order

Editorial: The New World Economic Order

12/01/2026
Uwayoboye Rayon yavuze ibyamubayeho ku munsi yatsindwagaho na APR iyisuzuguye

Uwayoboye Rayon yavuze ibyamubayeho ku munsi yatsindwagaho na APR iyisuzuguye

12/01/2026
Mu magambo aryohereye umunyarwenya uzwi mu Rwanda yagaragaje umukunzi we bwa mbere

Mu magambo aryohereye umunyarwenya uzwi mu Rwanda yagaragaje umukunzi we bwa mbere

12/01/2026
Impamvu hari abashyiriweho umwihariko w’ibihano biremereye mu itegeko rishya ry’imikoreshereze y’umuhanda

Impamvu hari abashyiriweho umwihariko w’ibihano biremereye mu itegeko rishya ry’imikoreshereze y’umuhanda

12/01/2026
Ibyavugiwe mu iperereza ry’abagabo batatu bakekwaho gusambanya ku gahato umugore mu gihe kimwe

Ibyavugiwe mu iperereza ry’abagabo batatu bakekwaho gusambanya ku gahato umugore mu gihe kimwe

12/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Salima Mukansanga, Umunyarwandakazi wanditse amateka ku Isi akomeje gukurirwa ingofero

Abasifuzi bari mu gikombe cy’Isi Hamenyekanye akayabo k’amafaranga bazakurayo

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Indi mpamvu ivugwaho gutuma Amagaju yirukana umutoza mukuru n’abandi bose bayo

Editorial: The New World Economic Order

Uwayoboye Rayon yavuze ibyamubayeho ku munsi yatsindwagaho na APR iyisuzuguye

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.