Sunday, January 18, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home IMYIDAGADURO IBYAMAMARE

Vanessa Mdee na Rotimi baritegura kwibaruka

radiotv10by radiotv10
08/09/2021
in IBYAMAMARE, IMYIDAGADURO
0
Vanessa Mdee na Rotimi baritegura kwibaruka
Share on FacebookShare on Twitter

Abahanzi Vanessa Mdee ukomoka mu gihugu cya Tanzania n’umukunzi we Olurotimi Akinosho uzwi nka Rotimi bamaze iminsi bari mu munyenga w’urukundo, baritegura kwibaruka aho bagaragaje amafoto umugore akuriwe.

Vanessa Mdee umunyatanzaniyakazi w’icyamamare muri muzika n’umukunzi we Rotimi ukoma mur Leta Zunze Ubumwe za Amerika, bamaze kwemeza ko bitegura kwibaruka mu minsi ya vuba.

Abinyujije ku mbuga nkoranyambaga, Rotimi yahamije ko azashimishwa no kubona imfura y’aba bombi, umwana yagaragaje ko ari umuhungu.

”Impano ikomeye nahawe n’Imana, ndashima Yesu waduhisemo ni iby’agaciro gahebuje, turatengamaye. Wahinduye ubuzima bwanjye ndetse kugeza ubu dufite ikiduhuza ntakuka kizatuma dukuza umuto wacu. Ndakomeza gusengera umuhungu wacu azakurane umutima wawe, imyumvire n’umuhate ugira, ndakurindana n’umwana wacu mbaha buri kimwe mfite” Rotimi agaruka ku mukunzi we Mdee.

Image

Vanessa Mdee na Rotimi baritegura kwibaruka

Ku ruhande rwa Vanessa Mdee we yanditse avuga ko muri iyi minsi ya nyuma yo gutwita ariko ububabare bwose aba acamo aribyo bimuha agaciro imbere ya Rotimi.

“Ibyacu ni byiza kuva ku munsi wa mbere, ibi byumweru bya nyuma byo gutwita ntabwo numva ububabare bukabije cyangwa ibindi bimenyetso biteye ubwoba. Ahubwo mba numva umwana antera utugeri ndetse bimwe mu biryo bikananira. Biba bigoye muri iyi minsi kuko umwana aba ategura kuvuka, ibyo byose nibyo bituma mpamya ko nkunzwe.” Mdee agaruka ku gutwika kwe no kwitegura kubyara.

Image

Vanessa Mdee avuga ko kuba atwite inda ya Rotimi

Vanessa w’imyaka 32 na Rotimi w’imyaka 33 bahuye bwa mbere mu mujyi wa New Orleans ahari habereye iserukiramuco rya “Essence Festival”, icyo gihe bari mu muhuro wa  nyuma y’ibirori (After party). Urukundo rw’aba bombi rwagihe ahabona tariki 30 Ukuboza 2020 ubwo Rotimi yambikaga impeta Vanessa Mdee.

 

 

 

 

 

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

6 − five =

Previous Post

Masud Juma Irambona ari mu Rwanda mu kazi ka Rayon Sports

Next Post

Itsinda ry’abantu 44 barimo abakinnyi 27 nibo APR FC izaba ifite muri Djibouti

Related Posts

Mu mvugo y’urwenya umunyamakuru Angeli Mutabaruka yavuze kuri boss we KNC bakorana bikanyura benshi

Mu mvugo y’urwenya umunyamakuru Angeli Mutabaruka yavuze kuri boss we KNC bakorana bikanyura benshi

by radiotv10
16/01/2026
0

Umunyamakuru Angelibert Mutabaruka uzwi nka Angeli Mutabaruka yavuze igihe yahuriye bwa mbere na KNC batangiye bakorana bombi ari abanyamakuru, nyuma...

Umuririmbyi w’Indirimbo z’Imana uzwi mu Rwanda yasubije abamututse ko yaririmbye indirimbo bamwe bavugaho inzongamubiri

Umuririmbyi w’Indirimbo z’Imana uzwi mu Rwanda yasubije abamututse ko yaririmbye indirimbo bamwe bavugaho inzongamubiri

by radiotv10
16/01/2026
0

Umuririmbyi w’indirimbo z’Imana, Uwiringiyimana Théogène wamamaye nka ‘Theo Bosebabireba’ yavuze ko abamututse ko yagaragaye aririmba indirimbo ‘Pom Pom’ bamuhoye ubusa...

Ariko ahari bandambiwe-Umuhanzikazi Bwiza yahakanye ibyo gufatirwa irembo

Ariko ahari bandambiwe-Umuhanzikazi Bwiza yahakanye ibyo gufatirwa irembo

by radiotv10
15/01/2026
0

Umuhanzikazi Bwiza Emerance avuga ko yatunguwe no kumva amakuru y’uko yafatiwe irembo n’umusore bamaze igihe bakundana ndetse bitegura kurushinga, ahamya...

Umukinnyi wa filimi uzwi mu Rwanda ‘Ndimbati’ ari mu gahinda

Umukinnyi wa filimi uzwi mu Rwanda ‘Ndimbati’ ari mu gahinda

by radiotv10
14/01/2026
0

Umukinnyi wa Filimi Uwihoreye Jean Bosco wamamaye nka Ndimbati, ari mu gahinda ko gupfusha umubyeyi we witabye Imana azize uburwayi....

Iby’ingenzi byavugiwe mu rubanza rwa DJ Toxxyk ukurikiranyweho ibirimo kugonga Umupolisi agapfa

Iby’ingenzi byavugiwe mu rubanza rwa DJ Toxxyk ukurikiranyweho ibirimo kugonga Umupolisi agapfa

by radiotv10
14/01/2026
0

Ishimwe Arnaud De Bosch uzwi nka DJ Toxxyk uregwa ibyaha birimo ibishingiye ku kugonga umupolisi agahita yitaba Imana, yaburanye ku...

IZIHERUKA

Kaminuza y’u Rwanda iravugwaho ubuhemu n’abo yari yagobotse ikaza kwisubira ibatunguye
MU RWANDA

Kaminuza y’u Rwanda iravugwaho ubuhemu n’abo yari yagobotse ikaza kwisubira ibatunguye

by radiotv10
17/01/2026
0

What Dehydration Does to the Body (Beyond Thirst)

What Dehydration Does to the Body (Beyond Thirst)

17/01/2026
Stepping in Rwandan Heroes’ Footsteps: A lesson Gen Z should always keep in mind

Stepping in Rwandan Heroes’ Footsteps: A lesson Gen Z should always keep in mind

17/01/2026
Hatagize igihinduka abakinnyi batatu bafite amazina akomeye mu Rwanda bagiye kugaragara mu bururu n’umweru

Hatagize igihinduka abakinnyi batatu bafite amazina akomeye mu Rwanda bagiye kugaragara mu bururu n’umweru

16/01/2026
Ahakekwaho kuba haraturutse igisasu cyaturikanye abana batatu bavukana b’i Gicumbi

Hasobanuwe iby’igisasu cyabonetse hafi y’ishuri mu Mujyi wa Kigali

16/01/2026
Mu mvugo y’urwenya umunyamakuru Angeli Mutabaruka yavuze kuri boss we KNC bakorana bikanyura benshi

Mu mvugo y’urwenya umunyamakuru Angeli Mutabaruka yavuze kuri boss we KNC bakorana bikanyura benshi

16/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Itsinda ry’abantu 44 barimo abakinnyi 27 nibo APR FC izaba ifite muri Djibouti

Itsinda ry’abantu 44 barimo abakinnyi 27 nibo APR FC izaba ifite muri Djibouti

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Kaminuza y’u Rwanda iravugwaho ubuhemu n’abo yari yagobotse ikaza kwisubira ibatunguye

What Dehydration Does to the Body (Beyond Thirst)

Stepping in Rwandan Heroes’ Footsteps: A lesson Gen Z should always keep in mind

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.