Wednesday, January 28, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home IMYIDAGADURO

Vava ukomeje kwamamara kubera indirimbo “Dore imbogo,…” yari yabihanuriwe n’Umunyamakuru

radiotv10by radiotv10
28/07/2022
in IMYIDAGADURO, MU RWANDA
0
Vava ukomeje kwamamara kubera indirimbo “Dore imbogo,…” yari yabihanuriwe n’Umunyamakuru
Share on FacebookShare on Twitter

Nyiransengiyumva Valentine ukomeje kwamamara kubera imiririmbire ye byumwihariko mu ndirimbo yumvikanyemo agira ati “Dore imbogo, dore imvubu, dore impala, uhuuuuuhuuuu” yari aherutse kuganira n’Umunyamakuru amubwira ko amwifuriza kwamamara.

Uyu mukobwa watangiye kuvugana n’ibitangazamakuru bikorera kuri YouTube, yavugaga ko afitanye isano na Hon Bamporiki Edouard wigeze kuba Umunyamabanga wa Leta muri Minisiteri y’Urubyiriko n’umuco.

Valentine cyangwa Vava, yavuze kandi ko ari umuhanzi kandi yifuza kumenyekanisha ibihangano bye.

Nta ndirimbo ye yasohoye izwi, gusa abakoresha imbuga nkoranyambaga mu Rwanda, ntawashidikanya kwemeza ko 1/2 cyabo bamuzi kubera indirimbo yumvikanamo agira ati “Dore imbogo, dore imvubu, dore impala, uhuuuuuhuuuu”.

Iyi ndirimbo yaciye ibintu ku mbuga nkoranyambaga ndetse ikaba ikomeje gusubirwamo n’abatari bacye banagaragayemo n’abanyamahanga bafite uruhu rwera, hari n’abahise bayitunganya mu buryo bw’ikoranabuhanga banayiha injyana n’umuziki uyiherekeje.

Uku kwamamara wa Vava gusa n’ukwahanuwe n’Umunyamakuru Gerard Mbabazi usanzwe akorera Ikigo cy’Igihugu cy’Itangazamakuru akaba afite YouTube Channel yitiriye amazina ye.

Gerard Mbabazi yari yamwifurije kwamamara

Mu kiganiro yari yagiranye n’uyu mukobwa tariki 21 Nyakanga 2022, Gerard Mbabazi wanatembereje uyu mukobwa mu bice bitandukanye by’Umujyi wa Kigali, yari yamubwiye ko bitari cyera azaba icyamamare.

Muri iki kiganiro, ubwo bari bagiye gutembera, Gerard Mbabazi agira ati “Ndifuza ko uzaba umusitari, aho uzajya unyura hose bakavuga bati ‘dore Vava dore Vava’.”

Uyu munyamakuru akomeza abwira Vava ko ibyamubaye ari nka rya buye rimwe riterwa rikica inyoni ebyiri, ati “Waje i Kigali ushaka kumenyekanisha indirimbo zawe none nawe utangiye kumenyekana, hari uko bisa se?” Akamusubiza agira ati “Ntako bisa.”

Gerard akomeza abwira uyu mukobwa ko icyo amwifuriza atari ukumenyekana gusa ahubwo ko muri uko kumenyekana byanamwinjiriza akabasha kugira imibereho myiza.

 

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

2 × five =

Previous Post

Miss Naomie yasekeje abantu baratembagara ubwo yashimaga Imana mu rusengero akanyuzamo agakubita akavugirizo

Next Post

DRC-Beni: Harashwe urufaya rw’amasasu ubwo abigaragambya bagabaga igitero kuri MONUSCO

Related Posts

Iby’umukobwa uvugwaho gukanda imyanya y’ibanga y’umbyeyi we ntibivugwaho rumwe

Iby’umukobwa uvugwaho gukanda imyanya y’ibanga y’umbyeyi we ntibivugwaho rumwe

by radiotv10
28/01/2026
0

Umukobwa wo mu Murenge wa Mururu mu Karere ka Rusizi, aravugwaho kuba amaze gukanda ubugabo umubyeyi we inshuro ebyiri, ndetse...

Uko u Rwanda rwafashe icyemezo cyo kujyana mu Nkiko u Bwongereza n’icyo rushingiraho rubwishyuza Miliyari 100Frw

Uko u Rwanda rwafashe icyemezo cyo kujyana mu Nkiko u Bwongereza n’icyo rushingiraho rubwishyuza Miliyari 100Frw

by radiotv10
28/01/2026
0

Guverinoma y’u Rwanda yasobanuye birambuye iby’ikirego yarezemo iy’u Bwongereza mu Rukiko Nkemurampaka, ku bijyanye no kutabahiriza amasezerano zombi zagiranye, ivuga...

Batunga agatoki ubuyobozi kubarutisha igikorwa cy’amajyambere

Batunga agatoki ubuyobozi kubarutisha igikorwa cy’amajyambere

by radiotv10
28/01/2026
0

Bamwe mu bo mu Murenge wa Karenge mu Karere ka Rwamagana, bavuga ko babuzwa n’ubuyobozi kubaka no kuvugurura inzu zabo,...

Simple steps you can follow to build real confidence

Simple steps you can follow to build real confidence

by radiotv10
28/01/2026
0

Confidence isn’t about being the loudest person in the room or having everything figured out. It’s about feeling comfortable with...

Inama zikomeje kugirwa ukizamuka mu gukoresha imbuga nkoranyambaga washyizeho ubutumwa bwumvikanamo ubwishongozi

Inama zikomeje kugirwa ukizamuka mu gukoresha imbuga nkoranyambaga washyizeho ubutumwa bwumvikanamo ubwishongozi

by radiotv10
27/01/2026
1

Bamwe mu bamaze igihe bakoresha imbuga nkoranyambaga banazwi mu mwuga w’itangazamakuru, bagiriye inama utarazimaraho igihe ukomeje kunyuzaho ubutumwa buvugwaho ko...

IZIHERUKA

Iby’umukobwa uvugwaho gukanda imyanya y’ibanga y’umbyeyi we ntibivugwaho rumwe
MU RWANDA

Iby’umukobwa uvugwaho gukanda imyanya y’ibanga y’umbyeyi we ntibivugwaho rumwe

by radiotv10
28/01/2026
0

AFC/M23 says it will not withdraw from any area within liberated territories

AFC/M23 yatanze umucyo ku ‘mikoranire’ n’u Rwanda yahawe ibisobanuro biyobya

28/01/2026
Amakuru meza muri Rayon yerecyeye umukinnyi uri mu b’ingenzi bayo Bassané

Amakuru meza muri Rayon yerecyeye umukinnyi uri mu b’ingenzi bayo Bassané

28/01/2026
Uko u Rwanda rwafashe icyemezo cyo kujyana mu Nkiko u Bwongereza n’icyo rushingiraho rubwishyuza Miliyari 100Frw

Uko u Rwanda rwafashe icyemezo cyo kujyana mu Nkiko u Bwongereza n’icyo rushingiraho rubwishyuza Miliyari 100Frw

28/01/2026
Batunga agatoki ubuyobozi kubarutisha igikorwa cy’amajyambere

Batunga agatoki ubuyobozi kubarutisha igikorwa cy’amajyambere

28/01/2026
Simple steps you can follow to build real confidence

Simple steps you can follow to build real confidence

28/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
DRC-Beni: Harashwe urufaya rw’amasasu ubwo abigaragambya bagabaga igitero kuri MONUSCO

DRC-Beni: Harashwe urufaya rw’amasasu ubwo abigaragambya bagabaga igitero kuri MONUSCO

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Iby’umukobwa uvugwaho gukanda imyanya y’ibanga y’umbyeyi we ntibivugwaho rumwe

AFC/M23 yatanze umucyo ku ‘mikoranire’ n’u Rwanda yahawe ibisobanuro biyobya

Amakuru meza muri Rayon yerecyeye umukinnyi uri mu b’ingenzi bayo Bassané

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.