Friday, January 16, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home IMYIDAGADURO

Vava ukomeje kwamamara kubera indirimbo “Dore imbogo,…” yari yabihanuriwe n’Umunyamakuru

radiotv10by radiotv10
28/07/2022
in IMYIDAGADURO, MU RWANDA
0
Vava ukomeje kwamamara kubera indirimbo “Dore imbogo,…” yari yabihanuriwe n’Umunyamakuru
Share on FacebookShare on Twitter

Nyiransengiyumva Valentine ukomeje kwamamara kubera imiririmbire ye byumwihariko mu ndirimbo yumvikanyemo agira ati “Dore imbogo, dore imvubu, dore impala, uhuuuuuhuuuu” yari aherutse kuganira n’Umunyamakuru amubwira ko amwifuriza kwamamara.

Uyu mukobwa watangiye kuvugana n’ibitangazamakuru bikorera kuri YouTube, yavugaga ko afitanye isano na Hon Bamporiki Edouard wigeze kuba Umunyamabanga wa Leta muri Minisiteri y’Urubyiriko n’umuco.

Valentine cyangwa Vava, yavuze kandi ko ari umuhanzi kandi yifuza kumenyekanisha ibihangano bye.

Nta ndirimbo ye yasohoye izwi, gusa abakoresha imbuga nkoranyambaga mu Rwanda, ntawashidikanya kwemeza ko 1/2 cyabo bamuzi kubera indirimbo yumvikanamo agira ati “Dore imbogo, dore imvubu, dore impala, uhuuuuuhuuuu”.

Iyi ndirimbo yaciye ibintu ku mbuga nkoranyambaga ndetse ikaba ikomeje gusubirwamo n’abatari bacye banagaragayemo n’abanyamahanga bafite uruhu rwera, hari n’abahise bayitunganya mu buryo bw’ikoranabuhanga banayiha injyana n’umuziki uyiherekeje.

Uku kwamamara wa Vava gusa n’ukwahanuwe n’Umunyamakuru Gerard Mbabazi usanzwe akorera Ikigo cy’Igihugu cy’Itangazamakuru akaba afite YouTube Channel yitiriye amazina ye.

Gerard Mbabazi yari yamwifurije kwamamara

Mu kiganiro yari yagiranye n’uyu mukobwa tariki 21 Nyakanga 2022, Gerard Mbabazi wanatembereje uyu mukobwa mu bice bitandukanye by’Umujyi wa Kigali, yari yamubwiye ko bitari cyera azaba icyamamare.

Muri iki kiganiro, ubwo bari bagiye gutembera, Gerard Mbabazi agira ati “Ndifuza ko uzaba umusitari, aho uzajya unyura hose bakavuga bati ‘dore Vava dore Vava’.”

Uyu munyamakuru akomeza abwira Vava ko ibyamubaye ari nka rya buye rimwe riterwa rikica inyoni ebyiri, ati “Waje i Kigali ushaka kumenyekanisha indirimbo zawe none nawe utangiye kumenyekana, hari uko bisa se?” Akamusubiza agira ati “Ntako bisa.”

Gerard akomeza abwira uyu mukobwa ko icyo amwifuriza atari ukumenyekana gusa ahubwo ko muri uko kumenyekana byanamwinjiriza akabasha kugira imibereho myiza.

 

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

3 × 5 =

Previous Post

Miss Naomie yasekeje abantu baratembagara ubwo yashimaga Imana mu rusengero akanyuzamo agakubita akavugirizo

Next Post

DRC-Beni: Harashwe urufaya rw’amasasu ubwo abigaragambya bagabaga igitero kuri MONUSCO

Related Posts

Ariko ahari bandambiwe-Umuhanzikazi Bwiza yahakanye ibyo gufatirwa irembo

Ariko ahari bandambiwe-Umuhanzikazi Bwiza yahakanye ibyo gufatirwa irembo

by radiotv10
15/01/2026
0

Umuhanzikazi Bwiza Emerance avuga ko yatunguwe no kumva amakuru y’uko yafatiwe irembo n’umusore bamaze igihe bakundana ndetse bitegura kurushinga, ahamya...

Kayonza: Umugabo wari ufite umugore wahukanye yaranze gutaha bamusanze yimanitse

Impamvu abo mu muryango w’umusore wasanzwe yapfuye yarakaswemo ibice bari mu bakekwa

by radiotv10
15/01/2026
0

Umusore wo mu Murenge wa Nyamirama mu Karere ka Kayonza wari ufite ubumuga bwo mu mutwe, wasanzwe yapfuye, aho mu...

AMAKURU MASHYA: U Rwanda rwohereje abasirikare muri Jamaica

AMAKURU MASHYA: U Rwanda rwohereje abasirikare muri Jamaica

by radiotv10
14/01/2026
0

U Rwanda rwohereje abasirikare bo mu itsinda ry’ubwubatsi mu Gihugu cya Jamaica gufasha iki Gihugu mu bikorwa byo kongera kubaka...

Umukinnyi wa filimi uzwi mu Rwanda ‘Ndimbati’ ari mu gahinda

Umukinnyi wa filimi uzwi mu Rwanda ‘Ndimbati’ ari mu gahinda

by radiotv10
14/01/2026
0

Umukinnyi wa Filimi Uwihoreye Jean Bosco wamamaye nka Ndimbati, ari mu gahinda ko gupfusha umubyeyi we witabye Imana azize uburwayi....

Uko byagenze ngo umugabo afatire umugore we aryamanye n’undi muri Logde i Kigali n’icyo yari yamubeshye

Uko byagenze ngo umugabo afatire umugore we aryamanye n’undi muri Logde i Kigali n’icyo yari yamubeshye

by radiotv10
14/01/2026
0

Umugore wafashwe n’umugabo we aryamanye n’undi muri Lodge yo mu Mujyi wa Kigali, bivugwa ko yari yavuye iwe abwiye umugabo...

IZIHERUKA

Byagenze bite ngo uwakanyujijeho muri ruhago y’Isi ahagarikwe ku mwanya w’ubuyobozi bwa Federasiyo y’iwabo?
FOOTBALL

Byagenze bite ngo uwakanyujijeho muri ruhago y’Isi ahagarikwe ku mwanya w’ubuyobozi bwa Federasiyo y’iwabo?

by radiotv10
15/01/2026
0

RIB yataye muri yombi abantu bafite amadolari 10.000 y’Amerika y’amiganano

RIB yataye muri yombi abantu bafite amadolari 10.000 y’Amerika y’amiganano

15/01/2026
Ariko ahari bandambiwe-Umuhanzikazi Bwiza yahakanye ibyo gufatirwa irembo

Ariko ahari bandambiwe-Umuhanzikazi Bwiza yahakanye ibyo gufatirwa irembo

15/01/2026
Kayonza: Umugabo wari ufite umugore wahukanye yaranze gutaha bamusanze yimanitse

Impamvu abo mu muryango w’umusore wasanzwe yapfuye yarakaswemo ibice bari mu bakekwa

15/01/2026
Menya Ibihugu 75 America igiye guhagarika guha Visa abaturage b’abimukira babiturukamo

Menya Ibihugu 75 America igiye guhagarika guha Visa abaturage b’abimukira babiturukamo

15/01/2026
AMAKURU MASHYA: U Rwanda rwohereje abasirikare muri Jamaica

AMAKURU MASHYA: U Rwanda rwohereje abasirikare muri Jamaica

14/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
DRC-Beni: Harashwe urufaya rw’amasasu ubwo abigaragambya bagabaga igitero kuri MONUSCO

DRC-Beni: Harashwe urufaya rw’amasasu ubwo abigaragambya bagabaga igitero kuri MONUSCO

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Byagenze bite ngo uwakanyujijeho muri ruhago y’Isi ahagarikwe ku mwanya w’ubuyobozi bwa Federasiyo y’iwabo?

RIB yataye muri yombi abantu bafite amadolari 10.000 y’Amerika y’amiganano

Ariko ahari bandambiwe-Umuhanzikazi Bwiza yahakanye ibyo gufatirwa irembo

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.