Wednesday, September 3, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

VIDEO: Sogongera ku rugamba rwa RDF i Cabo Delgado ‘irasa ibyihebe nta kubibabarira’

radiotv10by radiotv10
03/09/2025
in MU RWANDA, UMUTEKANO
0
VIDEO: Sogongera ku rugamba rwa RDF i Cabo Delgado ‘irasa ibyihebe nta kubibabarira’
Share on FacebookShare on Twitter

Hashyizwe hanze amashusho yerekana ibikorwa by’Ingabo z’u Rwanda zifatanyije n’iza Mozambique mu guhangana n’ibyihebe mu Ntara ya Cabo Delgado, aho abasirikare b’u Rwanda bagaragaza ubumenyi budasanzwe mu rugamba, banahabwa amabwiriza yo kurasa umwanzi ‘nta kumubabarira’.

Mu kiganiro Perezida Paul Kagame akaba n’Umugaba w’Ikirenga wa RDF, aherutse kugirana n’Abasirikare, Abapolisi n’Abacungagereza barenga 6 000 i Gabiro, yibukije Ingabo z’u Rwanda, ko zigomba kugira ubumenyi buhagije buzifasha guhangana n’umwanzi.

Byumwihariko, Umugaba w’Ikirenga w’Ingabo z’u Rwanda, yasabye Abasirikare kugira ubumenyi mu kurasa, kuko uretse kuba bifasha guhashya umwanzi, binafasha Igihugu gukoresha neza amikoro macye gifite kuko n’amasasu asigaye ahenze ku buryo hari igisasasu gisigaye kigura ari hagati ya 3 000 USD na 5 000 USD.

Perezida Kagame yagize ati “Kurasa uwakuzanyeho intambara, ntabwo ari ugufata imbarutso ukarasa amasasu, aho ntabwo uba warwanye. Ririya sasu rigomba kugenda ryanditseho izina ry’uwo warigeneye.”

Ingabo z’u Rwanda zagiye zoherezwa mu butumwa bw’amahoro mu bice binyuranye, uretse kuba zivugwa imyato ku myitwarire iboneye, zinavugwaho ubuhanga budasanzwe mu guhangana n’umwanzi mu rugamba rwo kumuhashya.

Amashusho yashyizwe hanze n’Ubuyobozi Bukuru bw’Ingabo z’u Rwanda, agaragaza ibikorwa bya gisirikare abasirikare b’u Rwanda bahuriyeho n’aba Mozambique mu guhashya ibyihebe mu Ntara ya Cabo Delgado, agaragaza abasirikare ba DRF bari kurwanira ku butaka, mu mazi no mu kirere.

Muri aya mashusho, bigaragara ko abasirikare babanza guhabwa amabwiriza n’Umugaba Mukuru wabo, aho agaragaramo Lt Gen Innocent Kabandana wigeze kuyobora izi ngabo, aha ikaze abasirikare mu rugamba bari bagiye kwinjiramo.

Muri aya mashusho, Lt Gen Kabandana agira ati “Icyo tuzakora ni ikintu cyoroshye, ni ugufasha iki Gihugu kuzana ituze n’amahoro turwanyije ibyihebe biri mu gace ka Cabo Delgado.”

Brig Gen Pascal Muhizi na we wigeze kuyobora izi ngabo ziri muri Cabo Delgado, na we agaragara muri aya mashusho, aha amabwiriza abasirikare b’u Rwanda.

We abaha ubutumwa agira ati “Icyo tuzi adui (umwanzi) turamurusha ukuri, kandi turamurusha imyitozo. Nimureke rero dukore akazi kacu neza, tumukubite kandi ntimukangwe […] arashaka kuraswa nta mbabazi kuko na we nagufata arakwica…”

Muri aya mashusho, abasirikare b’u Rwanda bagaragaramo bari mu mashyamba barasa urufaya rw’amasasu, ndetse bakoresha ibimodoka by’intambara bizwi nk’ibifaru, mu gihe abandi baba bari kurasira mu mazi, ndetse abandi bakoresha indege za kajugujugu z’urugamba barasa umwanzi.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

one × 3 =

Previous Post

Perezida Kagame yifashishije amateka y’ubuzima yanyuzemo yongeye kugaragaza impamvu u Rwanda rwita ku mpunzi

Next Post

A new lake is coming to Rwanda: Here’s what you Need to know

Related Posts

A new lake is coming to Rwanda: Here’s what you Need to know

A new lake is coming to Rwanda: Here’s what you Need to know

by radiotv10
03/09/2025
0

A new lake is about to be created in Rwanda, located between the Northern, Southern, and Western Provinces. It will...

Perezida Kagame yifashishije amateka y’ubuzima yanyuzemo yongeye kugaragaza impamvu u Rwanda rwita ku mpunzi

Perezida Kagame yifashishije amateka y’ubuzima yanyuzemo yongeye kugaragaza impamvu u Rwanda rwita ku mpunzi

by radiotv10
02/09/2025
0

Perezida Paul Kagame yavuze ko amateka y’u Rwanda yo kuba hari igice cy’Abanyarwanda bigeze kumara igihe kinini ari impunzi na...

Ngwino nkumare amatsiko ku Kiyaga gishya kigiye kugaragara mu Rwanda

Ngwino nkumare amatsiko ku Kiyaga gishya kigiye kugaragara mu Rwanda

by radiotv10
02/09/2025
0

Mu Rwanda hagiye kuvuka ikiyaga gishya kiri guhangwa hagati y'Intara y'Amajyaruguru, iy’Amajyepfo n'iy’Iburengerazuba, kizuzura gitwaye miliyari 320 Frw cyitezweho kuzanira...

Ibizamini bya Leta: Imitsindire muri ‘O Level’ yasubiye inyuma, muri ‘Primaire’ irazamuka

Inama zigirwa abanyeshuri batsinzwe ibizamini bya Leta bisoza ayisumbuye mu Rwanda

by radiotv10
02/09/2025
0

Minisitiri w’Uburezi aragira inama abanyeshuri batabashije gutsinda ibizamini bya Leta bisoza amashuri yisumbuye, kujya gusibira, kandi bagatangirana n’abandi kuko imyanya...

Eng.- Advice for students who failed the national secondary school exams

Eng.- Advice for students who failed the national secondary school exams

by radiotv10
02/09/2025
0

The Minister of Education has advised students who did not pass the national secondary school leaving exams to go for...

IZIHERUKA

A new lake is coming to Rwanda: Here’s what you Need to know
IMIBEREHO MYIZA

A new lake is coming to Rwanda: Here’s what you Need to know

by radiotv10
03/09/2025
0

VIDEO: Sogongera ku rugamba rwa RDF i Cabo Delgado ‘irasa ibyihebe nta kubibabarira’

VIDEO: Sogongera ku rugamba rwa RDF i Cabo Delgado ‘irasa ibyihebe nta kubibabarira’

03/09/2025
Perezida Kagame yifashishije amateka y’ubuzima yanyuzemo yongeye kugaragaza impamvu u Rwanda rwita ku mpunzi

Perezida Kagame yifashishije amateka y’ubuzima yanyuzemo yongeye kugaragaza impamvu u Rwanda rwita ku mpunzi

02/09/2025
Icyihishe inyuma yo kunanuka kudasanzwe k’umunyabigango ‘The Rock’ kwazamuye impaka

Icyihishe inyuma yo kunanuka kudasanzwe k’umunyabigango ‘The Rock’ kwazamuye impaka

02/09/2025
Ubutumwa bwa Tshisekedi kuri Gen.Cirimwami wa FARDC umaze amezi arindwi yishwe na M23

Ubutumwa bwa Tshisekedi kuri Gen.Cirimwami wa FARDC umaze amezi arindwi yishwe na M23

02/09/2025
Ngwino nkumare amatsiko ku Kiyaga gishya kigiye kugaragara mu Rwanda

Ngwino nkumare amatsiko ku Kiyaga gishya kigiye kugaragara mu Rwanda

02/09/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
A new lake is coming to Rwanda: Here’s what you Need to know

A new lake is coming to Rwanda: Here’s what you Need to know

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

A new lake is coming to Rwanda: Here’s what you Need to know

VIDEO: Sogongera ku rugamba rwa RDF i Cabo Delgado ‘irasa ibyihebe nta kubibabarira’

Perezida Kagame yifashishije amateka y’ubuzima yanyuzemo yongeye kugaragaza impamvu u Rwanda rwita ku mpunzi

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.

Welcome Back!

Login to your account below

Forgotten Password?

Retrieve your password

Please enter your username or email address to reset your password.

Log In

Add New Playlist

No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.