Sunday, May 11, 2025
RADIOTV10
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home SIPORO

Volleyball: Umunya-Brazil Paulo De Tarso Milagres yagizwe umutoza w’ikipe y’igihugu, ahabwa ubutumwa na Paul Bitok

radiotv10by radiotv10
04/08/2021
in SIPORO
0
Volleyball: Umunya-Brazil Paulo De Tarso Milagres yagizwe umutoza w’ikipe y’igihugu, ahabwa ubutumwa na Paul Bitok
Share on FacebookShare on Twitter

Umunya-Brazil Paulo De Tarso Milagres yagizwe umutoza w’ikipe y’igihugu y’abagabo n’abagore mu gihe u Rwanda rugomba gutangira imyiteguro yimbitse muri gahunda yo kwakira imikino y’igikombe cya Afurika cy’ibihugu kizabera muri Kigali Arena kuva tariki 5-15 Nzeri 2021.

Paulo De Tarso Milagres yabaye mu Rwanda nk’umutoza mukuru mu myaka icumi ishize (2010-2011) mbere y’uko asimburwa na Paul Bitok umunya-Kenya watoje u Rwanda imyaka icumi mbere yo kujya muri Kenya gutoza igihugu cye.

IGIHE on Twitter: "AMAKURU MASHYA: Umunya-Brésil Paulo De Tarso Milagres yagizwe Umutoza Mukuru w'Ikipe y'Igihugu ya Volleyball y'abagabo n'iy'abagore. Ni ku nshuro ya kabiri agiye gutoza u Rwanda kuko bwa mbere ari

Umunya-Brazil Paulo De Tarso Milagres yagizwe umutoza w’ikipe y’igihugu y’u Rwanda (Abagabo/abagore)

Nyuma yo kumenya ko Paulo De Tarso Milagres agizwe umutoza mukuru, Paul Bitok yahise amugenera ubutumwa anamwibutsa ko bazaba bahanganye mu marushanwa ari imbere.

Mu butumwa bwa Paul Bitok yagize ati “Amahirwe masa umutoza wanjye w’ianararibonye ku kazi gashya wahawe aho uzakorana na Dominique (Ntawangundi) na Fidele (Nyirimana). Nakwigiyeho byinshi mu myaka 12 ishize kandi nizeye ntashidikanya ko uzafasha u Rwanda kuba igihugu gikomeye muri Volleyball ya Afurika”

Paul Bitok akomeza avuga ati “Tuzaba turi kumwe mu irushanwa aho nzaba ndi kumwe n’ikipe ya Kenya kandi tuzasangira ubunararibonye muri iryo rushanwa. Nkwifurije amahirwe ndetse n’igihugu cyanjye cya kabiri muri Volleyball (Rwanda), niteguye kukugira inama ku n’inyunganizi uzankeneraho”

Image

Paul Bitok watoje u Rwanda imyaka 10 yishimiye ko Paulo De Tarso Milagres yagizwe umutoza mukuru w’u Rwanda

Paulo De Tarso Milagres azaba ari umutoza mukuru w’ikipe y’igihugu y’abagabo n’abagore mu Rwanda. Mu ikipe y’abagabo azaba yungirijwe na Nyirimana Fidel umutoza mukuru wa UTB VC ndetse na Ntawangundi Dominique.

Mu ikipe y’abagore, Paulo De Tarso Milagres azaba yungirijwe na Ndayikengurukiye Jean Luc ndetse na Mudahinyuka Christophe.

O técnico de vôlei de Ruanda é brasileiro | O Elefante na Sala

Si ubwa mbere Paulo De Tarso Milagres  atoje u Rwanda kuko yari ahari mu 2010

Kuri uyu wa gatatu tariki ya 4 Kanama 2021 nibwo aba batoza bashyira hanze urutonde rw’abakinnyi bagomba gutangira imyiteguro yaba mu ikipe y’abagabo n’abagore nk’uko itangazo ry’ishyirahamwe ry’umukino wa Volleyball mu Rwanda (FRVB) ribivuga.

Image

Abazaba bagize intebe ya tekinike mu ikipe y’abagore

Image

Abagize intebe ya tekinike mu ikipe y’abagabo

 

 

 

 

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

8 + twenty =

Previous Post

Ikirangirire muri Basketball, Stephen Curry ari mu biruhuko muri Kenya

Next Post

Umwungeri Patrick yasinye muri Bugesera FC

Related Posts

Abahanzi bazaririmba mu birori bya Basketball bitegerejwe mu Rwanda bamenyekanye

Abahanzi bazaririmba mu birori bya Basketball bitegerejwe mu Rwanda bamenyekanye

by radiotv10
09/05/2025
0

Abazitabira imikino nyafurika ya BAL 2025, bazasusurutswa n’abahanzi barimo uzwi ku Mugabane wa Afurika, King Promise wamenyekanye mu ndirimbo nka...

Harimo iyari imaze imyaka 11: Amakipe yazamutse mu cyiciro cya mbere mu Rwanda yamenyekanye

Harimo iyari imaze imyaka 11: Amakipe yazamutse mu cyiciro cya mbere mu Rwanda yamenyekanye

by radiotv10
08/05/2025
0

Ikipe ya AS Muhanga yaherukaga mu cyiciro cya mbere cy’umupira w’amaguru mu Rwanda muri 2014 na Gicumbi FC yagiherukagamo muri...

Kiyovu na Gasogi mu nzira yo gucutswa, As Kigali igasigara ku ibere yonyine

Kiyovu na Gasogi mu nzira yo gucutswa, As Kigali igasigara ku ibere yonyine

by radiotv10
08/05/2025
0

Ubuyozi bw’Umujyi wa Kigali, bugiye gukuraho inkunga bwahaga andi makipe azwi muri ruhago nyarwanda nka Kiyovu Sports na Gasogi United,...

Zabyaye amahari hagati ya Rayon n’umukinnyi yasinyishije avuye muri mucyeba wayo

Zabyaye amahari hagati ya Rayon n’umukinnyi yasinyishije avuye muri mucyeba wayo

by radiotv10
07/05/2025
0

Myugariro w’ikipe y’Igihugu Amavubi na Rayon Sports, Ombolenga Fitina yandikiye iyi kipe iherutse kumugura, ayisaba ko basesa amasezerano kubera kutubahiriza...

Hamenyekanye amakuru y’undi mukinnyi mu Rwanda wahagaritse ruhago akiri muto akajya mu mahanga

Hamenyekanye amakuru y’undi mukinnyi mu Rwanda wahagaritse ruhago akiri muto akajya mu mahanga

by radiotv10
07/05/2025
0

Ndayishimiye Thierry wakinaga mu bwugarizi bw’ikipe ya AS Kigali, yahagaritse gukina umupira w’amaguru nk’uwabigize umwuga, aho yerecyeje ku Mugabane w’u...

IZIHERUKA

MU RWANDA

Umusore uregwa kwica ‘boss’ we yabitanzeho amakuru mu ibazwa rye

by radiotv10
10/05/2025
0

Inama idasanzwe ya Njyanama y’Akarere ka Nyanza yeguje Mayor Ntazinda

Uwari Umuyobozi w’Akarere waregwaga ubushoreke yafatiwe icyemezo gishingiye ku ibaruwa yanditswe n’umugore we

09/05/2025
Moses Turahirwa imbere y’Urukiko yafashwe n’ikiniga akora ibyazamuye amarangamutima

AMAKURU MASHYA: Moses Turahirwa yafatiwe icyemezo cyo gufungwa

09/05/2025
Umugore uregwa kwica umugabo we amuziza kumumenera ifu y’ubugari yabivuzeho ibyumvikamo kubigambirira

Umugore uregwa kwica umugabo we amuziza kumumenera ifu y’ubugari yabivuzeho ibyumvikamo kubigambirira

09/05/2025
Kimwe mu biteye amatsiko wamenya ku Mushumba mushya wa Kiliziya Gatulika ku Isi

Kimwe mu biteye amatsiko wamenya ku Mushumba mushya wa Kiliziya Gatulika ku Isi

09/05/2025
AMAFOTO: Mu Burusiya habaye ibirori by’akataraboneka byaranzwe n’akarasisi kamurikiwemo intwaro zikomeye

AMAFOTO: Mu Burusiya habaye ibirori by’akataraboneka byaranzwe n’akarasisi kamurikiwemo intwaro zikomeye

09/05/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Umwungeri Patrick yasinye muri Bugesera FC

Umwungeri Patrick yasinye muri Bugesera FC

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home

Latest News

Umusore uregwa kwica ‘boss’ we yabitanzeho amakuru mu ibazwa rye

Uwari Umuyobozi w’Akarere waregwaga ubushoreke yafatiwe icyemezo gishingiye ku ibaruwa yanditswe n’umugore we

AMAKURU MASHYA: Moses Turahirwa yafatiwe icyemezo cyo gufungwa

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.

Welcome Back!

Login to your account below

Forgotten Password?

Retrieve your password

Please enter your username or email address to reset your password.

Log In

Add New Playlist

No Result
View All Result
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home

Copyright © 2024 RadioTv10.