Sunday, December 21, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home SIPORO IBYAMAMARE

Volleyball: Uwakiniye ikipe y’Igihugu mu myaka 12 yakorewe igikorwa cyamukoze ku mutima

radiotv10by radiotv10
23/01/2023
in IBYAMAMARE, SIPORO
0
Volleyball: Uwakiniye ikipe y’Igihugu mu myaka 12 yakorewe igikorwa cyamukoze ku mutima
Share on FacebookShare on Twitter

Dusabimana Vincent wari umwe mu bakinnyi bakomeye b’ikipe y’Igihugu ya Volleyball, akaba aherutse gusezera, yahawe ishimwe n’Ishyirahamwe ry’uyu mukino mu Rwanda, ashima uburyo bamuzirikanye.

Dusabimana Vincent usanzwe ari n’umuyobozi ushinzwe abakozi kuri RADIOTV10, ni umwe mu bakinnyi ba Volleyball bafite ibigwi mu Rwanda.

Uretse kuba yaranyuze mu makipe anyuranye yo mu Rwanda ndetse no hanze yarwo, ni umwe mu bafashije Ikipe y’Igihugu ya Volleyball kwitwara neza mu marushanwa yitabiriye.

Muri Nzeri 2021 ubwo ikipe y’Igihugu ya Volleyball yari isoje Igikombe cya Afurika yanitwayemo neza kuko yasoje iri ku mwanya wa gatandatu, Dusabimana Vincent bakunze kwita Gasongo, yahise asezera mu ikipe y’Igihugu.

Icyo gihe yavuze ko agiye gushyira imbaraga mu ikipe ye ya REG VC, anakinamo ubu ikaba yanegukanye igikombe cya shampiyona ya 2022-2023.

Ishyirahamwe rya Volleball mu Rwanda, ryaboneyeho gushimira Dusabimana Vincent ku musanzu we yatanze mu myaka 12 akinira ikipe y’Igihugu, rimushyikiriza imyenda yose yakinanye ndetse n’ishimwe.

Dusabimana Vincent wakiniye ikipe y’Igihugu kuva muri 2009 kugera muri 2021, avuga ko na we yumvaga bimuteye ishema ku buryo yumvaga nta mukino n’umwe yasiba mu gihe cyose yabaga yahamagawe.

Yatanze urugero rwo kuba ubwo yakoraga ubukwe muri 2015, “bwabaye ku wa Gatandatu buracya ku Cyumweru njyana n’ikipe y’Igihugu mu Misiri, harimo imvune nyinshi, hakabamo n’ishyaka ryinshi.”

Avuga ko kuba ishyirahamwe rya Volleyball mu Rwanda ryamuzirikanye rikamushimira ku mugaragaro, na we yumvise bimushimishije akumva ko imbaraga n’ubwitange byamurangaga byahawe agaciro.

Ati “Iyo usezeye ukabona baguhaye umwambaro wakinanye, federasiyo ikabishyira ku mugaragaro, ni ikintu gishimishije. Byanshimishije cyane kuko uhita ubona ko ibyo wakoze byose hari abantu babiha agaciro.”

Dusabimana agira inama abakiri bato bakina uyu mukino wa Volleyball ko bagomba kurangwa n’imyitwarire myiza kuko ari cyo cyamufashije kumara iyi myaka yose akinira ikipe y’Igihugu ndetse no kuba agikina uyu mukino wa Volleyball.

Dusabimana yashyikirijwe imyambaro yose yakinanye

Yahawe n’ishimwe ry’urwibutso
Yashimiye ubuyobozi bwa Federasiyo

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

4 × 1 =

Previous Post

Ibitutsi birimo ibikojeje isoni byatutswe Mukansanga byatumye haba inama y’igitaraganya

Next Post

Perezida Kagame yahaye igisubizo kinejeje uwifuje ko yazakorera siporo no mu Ntara

Related Posts

IFOTO: Cristiano ku myaka 40 yagaragaje ko umubiri we ucyubakitse bishyitse

IFOTO: Cristiano ku myaka 40 yagaragaje ko umubiri we ucyubakitse bishyitse

by radiotv10
19/12/2025
0

Rurangiranwa muri ruhago y’Isi, Cristiano Ronaldo, yagaragaje ifoto avuye mu bwotero (Sauna) yerekana uburyo yubatse umubiri mu buryo bwihariye. Ni...

Umutoza mushya wa Rayon akigera i Kigali atanze ubutumwa bunyura Abakunzi b’iyi kipe

Umutoza mushya wa Rayon akigera i Kigali atanze ubutumwa bunyura Abakunzi b’iyi kipe

by radiotv10
19/12/2025
0

Umufaransa Bruno Ferry wageze mu Rwanda aje gutangira akazi ko gutoza ikipe ya Rayon Sports, yavuze ko yifuza gukorana amateka...

Hagiye hanze amakuru y’umwuga rurangiranwa Cristiano Ronaldo ashobora kuzerekezamo nyuma ya ruhago

Hagiye hanze amakuru y’umwuga rurangiranwa Cristiano Ronaldo ashobora kuzerekezamo nyuma ya ruhago

by radiotv10
19/12/2025
0

Hari amakuru avuga ko ubwo Cristiano Ronaldo azaba arangije amasezerano ye muri Al Nassr muri 2027 ashobora guhindura ubuzima akajya...

Abakinnyi babiri b’abanyamahanga batangiye imyitozo muri Rayon Sports

Rayon yatanze umucyo ku Munya-Misiri wagaragaye mu myitozo yayo n’uko yiteguye kugura abakinnyi

by radiotv10
18/12/2025
0

Umunyamabanga akaba n’Umuvugizi wa Rayon Sports, Gakwaya Olivier, yatangaje ko nta gahunda iyi kipe ifite yo gusinyisha Umunya-Misiri Ali Ismael...

Inyongera ya 50%: dore agahigo k’amafaranga azahabwa amakipe azitabira igikombe cy’isi cya 2026

Inyongera ya 50%: dore agahigo k’amafaranga azahabwa amakipe azitabira igikombe cy’isi cya 2026

by radiotv10
17/12/2025
0

Impuzamashyirahamwe y’Umupira w’Amaguru ku Isi, FIFA, yemeje amafaranga angana na miliyoni 620 z’amayero (€620 M) azagenerwa ibihugu 48 bizitabira igikombe...

IZIHERUKA

UPDATE: Hemejwe ifungwa ry’umwe mu ba-Dj bazwi mu Rwanda hanasobanurwa icyo yakoze
IBYAMAMARE

UPDATE: Hemejwe ifungwa ry’umwe mu ba-Dj bazwi mu Rwanda hanasobanurwa icyo yakoze

by radiotv10
21/12/2025
0

Eng.-AFC/M23 decides to withdraw from Uvira City after holding it for a few days

AFC/M23 yavuze ikiyiteye impungenge gifitanye isano n’icyemezo cy’u Burundi

20/12/2025
Habaye ibiganiro hagati y’u Rwanda n’u Burusiya

Habaye ibiganiro hagati y’u Rwanda n’u Burusiya

20/12/2025
Imiterere y’isoko ry’amatungo ryegereye ahakorera inzego za Leta zirimo urw’umutekano ikomeje kubashyira mu bibazo

Imiterere y’isoko ry’amatungo ryegereye ahakorera inzego za Leta zirimo urw’umutekano ikomeje kubashyira mu bibazo

20/12/2025
Habaye ibiganiro hagati y’u Rwanda n’u Burusiya

Eng.-Rwanda and Russia review growing Bilateral Cooperation, discuss Eastern DRC peace efforts

20/12/2025
Dore inama zagufasha guhura na Yezu mu isengesho ryihariye rihatse andi muri Kiliziya Gatulika

Dore inama zagufasha guhura na Yezu mu isengesho ryihariye rihatse andi muri Kiliziya Gatulika

20/12/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Perezida Kagame yahaye igisubizo kinejeje uwifuje ko yazakorera siporo no mu Ntara

Perezida Kagame yahaye igisubizo kinejeje uwifuje ko yazakorera siporo no mu Ntara

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

UPDATE: Hemejwe ifungwa ry’umwe mu ba-Dj bazwi mu Rwanda hanasobanurwa icyo yakoze

AFC/M23 yavuze ikiyiteye impungenge gifitanye isano n’icyemezo cy’u Burundi

Habaye ibiganiro hagati y’u Rwanda n’u Burusiya

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.