Friday, January 9, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home SIPORO IBYAMAMARE

Volleyball: Uwakiniye ikipe y’Igihugu mu myaka 12 yakorewe igikorwa cyamukoze ku mutima

radiotv10by radiotv10
23/01/2023
in IBYAMAMARE, SIPORO
0
Volleyball: Uwakiniye ikipe y’Igihugu mu myaka 12 yakorewe igikorwa cyamukoze ku mutima
Share on FacebookShare on Twitter

Dusabimana Vincent wari umwe mu bakinnyi bakomeye b’ikipe y’Igihugu ya Volleyball, akaba aherutse gusezera, yahawe ishimwe n’Ishyirahamwe ry’uyu mukino mu Rwanda, ashima uburyo bamuzirikanye.

Dusabimana Vincent usanzwe ari n’umuyobozi ushinzwe abakozi kuri RADIOTV10, ni umwe mu bakinnyi ba Volleyball bafite ibigwi mu Rwanda.

Uretse kuba yaranyuze mu makipe anyuranye yo mu Rwanda ndetse no hanze yarwo, ni umwe mu bafashije Ikipe y’Igihugu ya Volleyball kwitwara neza mu marushanwa yitabiriye.

Muri Nzeri 2021 ubwo ikipe y’Igihugu ya Volleyball yari isoje Igikombe cya Afurika yanitwayemo neza kuko yasoje iri ku mwanya wa gatandatu, Dusabimana Vincent bakunze kwita Gasongo, yahise asezera mu ikipe y’Igihugu.

Icyo gihe yavuze ko agiye gushyira imbaraga mu ikipe ye ya REG VC, anakinamo ubu ikaba yanegukanye igikombe cya shampiyona ya 2022-2023.

Ishyirahamwe rya Volleball mu Rwanda, ryaboneyeho gushimira Dusabimana Vincent ku musanzu we yatanze mu myaka 12 akinira ikipe y’Igihugu, rimushyikiriza imyenda yose yakinanye ndetse n’ishimwe.

Dusabimana Vincent wakiniye ikipe y’Igihugu kuva muri 2009 kugera muri 2021, avuga ko na we yumvaga bimuteye ishema ku buryo yumvaga nta mukino n’umwe yasiba mu gihe cyose yabaga yahamagawe.

Yatanze urugero rwo kuba ubwo yakoraga ubukwe muri 2015, “bwabaye ku wa Gatandatu buracya ku Cyumweru njyana n’ikipe y’Igihugu mu Misiri, harimo imvune nyinshi, hakabamo n’ishyaka ryinshi.”

Avuga ko kuba ishyirahamwe rya Volleyball mu Rwanda ryamuzirikanye rikamushimira ku mugaragaro, na we yumvise bimushimishije akumva ko imbaraga n’ubwitange byamurangaga byahawe agaciro.

Ati “Iyo usezeye ukabona baguhaye umwambaro wakinanye, federasiyo ikabishyira ku mugaragaro, ni ikintu gishimishije. Byanshimishije cyane kuko uhita ubona ko ibyo wakoze byose hari abantu babiha agaciro.”

Dusabimana agira inama abakiri bato bakina uyu mukino wa Volleyball ko bagomba kurangwa n’imyitwarire myiza kuko ari cyo cyamufashije kumara iyi myaka yose akinira ikipe y’Igihugu ndetse no kuba agikina uyu mukino wa Volleyball.

Dusabimana yashyikirijwe imyambaro yose yakinanye

Yahawe n’ishimwe ry’urwibutso
Yashimiye ubuyobozi bwa Federasiyo

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

twenty + 14 =

Previous Post

Ibitutsi birimo ibikojeje isoni byatutswe Mukansanga byatumye haba inama y’igitaraganya

Next Post

Perezida Kagame yahaye igisubizo kinejeje uwifuje ko yazakorera siporo no mu Ntara

Related Posts

Umufana w’Ikipe ya Congo wabaye ikimenyabose mu Gikombe cya Afurika byarangiye ari amarira

Ibyo umukinnyi wa Algeria yakoreye imbere y’umufana utazibagirana wa Congo byatumye habaho gusaba imbabazi

by radiotv10
08/01/2026
0

Ishyirahamwe ry'Umupira w'Amaguru muri Algeria ryasabye imbabazi Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo (RDC) nyuma y’ikimenyetso cyakozwe n’umwe mu bakinnyi b’ikipe...

Umufana wa Congo wazanye uburyo bwihariye bw’imifanire akomeje gusekerwa n’amahirwe nyuma yo kurira

Umufana wa Congo wazanye uburyo bwihariye bw’imifanire akomeje gusekerwa n’amahirwe nyuma yo kurira

by radiotv10
08/01/2026
0

Michel Kuka Mboladinga, umufana wabaye ikimenyabose mu Gikombe cya Afurika ubwo yafanaga ikipe y’Igihugu ya DRC mu buryo bwihariye yigaragaza...

Hamenyekanye igikorwa cya mbere kizakorwa na nimero ya mbere ku Isi ku mbuga nkoranyambaga akigera mu Rwanda

Hamenyekanye igikorwa cya mbere kizakorwa na nimero ya mbere ku Isi ku mbuga nkoranyambaga akigera mu Rwanda

by radiotv10
08/01/2026
0

Umunyamerika Darren Jason Watkins Jr., uzwi cyane ku mbuga za YouTube na Twitch ku izina rya iShowSpeed, ategerejwe mu Rwanda...

Dore ubutumwa bwose umukinnyi wakiniye amakipe akomeye mu Rwanda yakoresheje asezera burundu ruhago

Dore ubutumwa bwose umukinnyi wakiniye amakipe akomeye mu Rwanda yakoresheje asezera burundu ruhago

by radiotv10
08/01/2026
0

Rutanga Eric wakiniye amakipe arimo akomeye mu Rwanda nka Rayon Sports na APR FC, yatangaje ko yasezeye gukina nk’uwabigize umwuga,...

Umufana w’Ikipe ya Congo wabaye ikimenyabose mu Gikombe cya Afurika byarangiye ari amarira

Umufana w’Ikipe ya Congo wabaye ikimenyabose mu Gikombe cya Afurika byarangiye ari amarira

by radiotv10
07/01/2026
0

Michel Kuka Mboladinga wamamaye mu gikombe cya Afurika nka Lumumba kubera kwigaragaza nk’uyu munyapolitiki, warebaga imikino y’Ikipe y’Igihugu ya DRC...

IZIHERUKA

Umuhanzi n’umunyamakurukazi bazwi mu Rwanda bamaze igihe bakundana basezeranye mu mategeko
IBYAMAMARE

Umuhanzi n’umunyamakurukazi bazwi mu Rwanda bamaze igihe bakundana basezeranye mu mategeko

by radiotv10
08/01/2026
0

Umufana w’Ikipe ya Congo wabaye ikimenyabose mu Gikombe cya Afurika byarangiye ari amarira

Ibyo umukinnyi wa Algeria yakoreye imbere y’umufana utazibagirana wa Congo byatumye habaho gusaba imbabazi

08/01/2026
AFC/M23 yashyinguye mu cyubahiro abasivile bishwe urw’agashinyaguro n’ibitero by’indege i Masisi

AFC/M23 yashyinguye mu cyubahiro abasivile bishwe urw’agashinyaguro n’ibitero by’indege i Masisi

08/01/2026
Umufana wa Congo wazanye uburyo bwihariye bw’imifanire akomeje gusekerwa n’amahirwe nyuma yo kurira

Umufana wa Congo wazanye uburyo bwihariye bw’imifanire akomeje gusekerwa n’amahirwe nyuma yo kurira

08/01/2026
RPF-Inkotanyi approves a new organizational structure

RPF-Inkotanyi approves a new organizational structure

08/01/2026
FPR-Inkotanyi yemeje urwego rushya rw’Umuryango

FPR-Inkotanyi yemeje urwego rushya rw’Umuryango

08/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Perezida Kagame yahaye igisubizo kinejeje uwifuje ko yazakorera siporo no mu Ntara

Perezida Kagame yahaye igisubizo kinejeje uwifuje ko yazakorera siporo no mu Ntara

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Umuhanzi n’umunyamakurukazi bazwi mu Rwanda bamaze igihe bakundana basezeranye mu mategeko

Ibyo umukinnyi wa Algeria yakoreye imbere y’umufana utazibagirana wa Congo byatumye habaho gusaba imbabazi

AFC/M23 yashyinguye mu cyubahiro abasivile bishwe urw’agashinyaguro n’ibitero by’indege i Masisi

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.