Thursday, January 15, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home SIPORO IBYAMAMARE

Volleyball: Uwakiniye ikipe y’Igihugu mu myaka 12 yakorewe igikorwa cyamukoze ku mutima

radiotv10by radiotv10
23/01/2023
in IBYAMAMARE, SIPORO
0
Volleyball: Uwakiniye ikipe y’Igihugu mu myaka 12 yakorewe igikorwa cyamukoze ku mutima
Share on FacebookShare on Twitter

Dusabimana Vincent wari umwe mu bakinnyi bakomeye b’ikipe y’Igihugu ya Volleyball, akaba aherutse gusezera, yahawe ishimwe n’Ishyirahamwe ry’uyu mukino mu Rwanda, ashima uburyo bamuzirikanye.

Dusabimana Vincent usanzwe ari n’umuyobozi ushinzwe abakozi kuri RADIOTV10, ni umwe mu bakinnyi ba Volleyball bafite ibigwi mu Rwanda.

Uretse kuba yaranyuze mu makipe anyuranye yo mu Rwanda ndetse no hanze yarwo, ni umwe mu bafashije Ikipe y’Igihugu ya Volleyball kwitwara neza mu marushanwa yitabiriye.

Muri Nzeri 2021 ubwo ikipe y’Igihugu ya Volleyball yari isoje Igikombe cya Afurika yanitwayemo neza kuko yasoje iri ku mwanya wa gatandatu, Dusabimana Vincent bakunze kwita Gasongo, yahise asezera mu ikipe y’Igihugu.

Icyo gihe yavuze ko agiye gushyira imbaraga mu ikipe ye ya REG VC, anakinamo ubu ikaba yanegukanye igikombe cya shampiyona ya 2022-2023.

Ishyirahamwe rya Volleball mu Rwanda, ryaboneyeho gushimira Dusabimana Vincent ku musanzu we yatanze mu myaka 12 akinira ikipe y’Igihugu, rimushyikiriza imyenda yose yakinanye ndetse n’ishimwe.

Dusabimana Vincent wakiniye ikipe y’Igihugu kuva muri 2009 kugera muri 2021, avuga ko na we yumvaga bimuteye ishema ku buryo yumvaga nta mukino n’umwe yasiba mu gihe cyose yabaga yahamagawe.

Yatanze urugero rwo kuba ubwo yakoraga ubukwe muri 2015, “bwabaye ku wa Gatandatu buracya ku Cyumweru njyana n’ikipe y’Igihugu mu Misiri, harimo imvune nyinshi, hakabamo n’ishyaka ryinshi.”

Avuga ko kuba ishyirahamwe rya Volleyball mu Rwanda ryamuzirikanye rikamushimira ku mugaragaro, na we yumvise bimushimishije akumva ko imbaraga n’ubwitange byamurangaga byahawe agaciro.

Ati “Iyo usezeye ukabona baguhaye umwambaro wakinanye, federasiyo ikabishyira ku mugaragaro, ni ikintu gishimishije. Byanshimishije cyane kuko uhita ubona ko ibyo wakoze byose hari abantu babiha agaciro.”

Dusabimana agira inama abakiri bato bakina uyu mukino wa Volleyball ko bagomba kurangwa n’imyitwarire myiza kuko ari cyo cyamufashije kumara iyi myaka yose akinira ikipe y’Igihugu ndetse no kuba agikina uyu mukino wa Volleyball.

Dusabimana yashyikirijwe imyambaro yose yakinanye

Yahawe n’ishimwe ry’urwibutso
Yashimiye ubuyobozi bwa Federasiyo

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

20 − fifteen =

Previous Post

Ibitutsi birimo ibikojeje isoni byatutswe Mukansanga byatumye haba inama y’igitaraganya

Next Post

Perezida Kagame yahaye igisubizo kinejeje uwifuje ko yazakorera siporo no mu Ntara

Related Posts

APR yihanganishije Rayon ku byago yagize byashenguye Aba-Rayon benshi

APR yihanganishije Rayon ku byago yagize byashenguye Aba-Rayon benshi

by radiotv10
14/01/2026
0

Ubuyobozi bw’ikipe ya APR FC bwihanganishije ikipe ya Rayon Sports ku bw’ibyago yagize byo gupfusha uwari umuganga w’iyi kipe Dr....

BREAKING: Bitunguranye Umutoza w’Ikipe y’Igihugu y’u Rwanda yirukanywe

BREAKING: Bitunguranye Umutoza w’Ikipe y’Igihugu y’u Rwanda yirukanywe

by radiotv10
14/01/2026
0

Ishyirahamwe ry'Umupira w'Amaguru mu Rwanda (FERWAFA) ryatangaje ko Adel Amrouche wari umutoza Mukuru w'Ikipe y'Igihugu Amavubi, yirukanywe nyuma yo gukorerwa...

Rayon yagize ibyago ipfusha uwari umaze igihe kinini ayikorera

Rayon yagize ibyago ipfusha uwari umaze igihe kinini ayikorera

by radiotv10
14/01/2026
0

Dr. Charles Mugemana wari umaze imyaka irenga 30 ari umuganga w’ikipe ya Rayon Sports, yitabye Imana azize uburwayi yari amaranye...

Indi mpamvu ivugwaho gutuma Amagaju yirukana umutoza mukuru n’abandi bose bayo

Indi mpamvu ivugwaho gutuma Amagaju yirukana umutoza mukuru n’abandi bose bayo

by radiotv10
12/01/2026
0

Ubuyobozi bw'Ikipe y'Amgaju FC, bwirukanye abatoza bose bayitozaga, ibashinja umusaruro mubi, harimo no kuba banyagiwe ibitego 8-0 na Al Hilal,...

Uwayoboye Rayon yavuze ibyamubayeho ku munsi yatsindwagaho na APR iyisuzuguye

Uwayoboye Rayon yavuze ibyamubayeho ku munsi yatsindwagaho na APR iyisuzuguye

by radiotv10
12/01/2026
0

Munyakazi Sadate wigeze kuba Perezida wa Rayon Sports, yavuze ko ubwo iyi kipe yatsindwaga na mucyeba wayo ibitego 4-1 ku...

IZIHERUKA

Kayonza: Umugabo wari ufite umugore wahukanye yaranze gutaha bamusanze yimanitse
MU RWANDA

Impamvu abo mu muryango w’umusore wasanzwe yapfuye yarakaswemo ibice bari mu bakekwa

by radiotv10
15/01/2026
0

Menya Ibihugu 75 America igiye guhagarika guha Visa abaturage b’abimukira babiturukamo

Menya Ibihugu 75 America igiye guhagarika guha Visa abaturage b’abimukira babiturukamo

15/01/2026
AMAKURU MASHYA: U Rwanda rwohereje abasirikare muri Jamaica

AMAKURU MASHYA: U Rwanda rwohereje abasirikare muri Jamaica

14/01/2026
Amakuru agezweho ku Bajenerali b’igisirikare cya Congo bafunze barimo uwahoze ari Umugaba Mukuru

Amakuru agezweho ku Bajenerali b’igisirikare cya Congo bafunze barimo uwahoze ari Umugaba Mukuru

14/01/2026
Umukinnyi wa filimi uzwi mu Rwanda ‘Ndimbati’ ari mu gahinda

Umukinnyi wa filimi uzwi mu Rwanda ‘Ndimbati’ ari mu gahinda

14/01/2026
Uko byagenze ngo umugabo afatire umugore we aryamanye n’undi muri Logde i Kigali n’icyo yari yamubeshye

Uko byagenze ngo umugabo afatire umugore we aryamanye n’undi muri Logde i Kigali n’icyo yari yamubeshye

14/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Perezida Kagame yahaye igisubizo kinejeje uwifuje ko yazakorera siporo no mu Ntara

Perezida Kagame yahaye igisubizo kinejeje uwifuje ko yazakorera siporo no mu Ntara

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Impamvu abo mu muryango w’umusore wasanzwe yapfuye yarakaswemo ibice bari mu bakekwa

Menya Ibihugu 75 America igiye guhagarika guha Visa abaturage b’abimukira babiturukamo

AMAKURU MASHYA: U Rwanda rwohereje abasirikare muri Jamaica

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.