Monday, January 12, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home SIPORO

Yaba ariyo Mavubi azakora ibyananiranye?…Ikipe y’u Rwanda y’abana yatsinze iya France, USA, Misiri,…

radiotv10by radiotv10
23/05/2022
in SIPORO
0
Yaba ariyo Mavubi azakora ibyananiranye?…Ikipe y’u Rwanda y’abana yatsinze iya France, USA, Misiri,…
Share on FacebookShare on Twitter

Mu Gikombe cy’Isi cy’amarerero ya PSG kiri kubera i Paris mu Bufaransa, ikipe ihagarariye u Rwanda y’abatarengeje imyaka 13 ikomeje gukurirwa ingofero aho yageze kuri final nyuma yo gutsinda ibitego byinshi iya Qatar, iya Korea, iya USA, iy’u Bufaransa n’iya Misiri.

Ni amarushanwa yabaye mu mpera z’icyumweru twaraye dusoje aho yahagurutse mu Rwanda ku wa Kane tariki 19 Gisurasi 2022.

Iyi kipe ya Academy ya PSG yo mu Rwanda, yatunguranye cyane muri iri rushanwa ryitabiriwe n’amakipe 38 yaturutse mu Bihugu 11 birimo n’ibisanzwe bizwiho ibigwi mu mupira w’amaguru ku Isi.

U Rwanda rufitemo amakipe abiri; iy’abatarengeje imyaka 11 ndetse n’iy’abatarengeje imyaka 13. Aya makipe yombi yatunguranye muri iri rushanwa dore ko imwe yageze ku mukino wa nyuma mu gihe indi yo ihatanira umwanya wa gatatu.

Iy’abatarengeje imyaka 13 yanageze ku mukino wa nyuma, nyuma yo kunyagira ikipe y’igihugu ya Qatar ibitego 6-0 mu mukino wabaye ku wa Gatandatu ndetse inatsinda iya Korea ibitego 4-0, naho kuri iki Cyumweru ikipe y’u Rwanda yanyagira iya Leta Zunze Ubumwe za America 5-1 inatsinda u Bufaransa 3-0.

Iyi kipe y’u Rwanda y’abatarengeje imyaka 13 yagaragaje ubuhanga budasanzwe, muri 1/2 yatsinze Misiri 3-1 bituma ikatisha itike yo gukina umukino wa nyuma.

Ni kimwe n’iy’abatarengege imyaka 11 na yo yatsinze iya Qatar 4-2, inganya na Misiri 1-1, itsinda na Korea 1-0, ndetse itsinda iya USA 4-3 ariko muri 1/2 itsindwana Brazil 3-2.

Iri rushanwa rihuza amakipe y’amarerero ya PSG ari mu Bihugu binyuranye, ribaye ku nshuro ya 6 aho u Rwanda ruryitabiriye ku nshuro yarwo ya mbere.

Inzego zishinzwe iterambere rya Siporo mu Rwanda, zikunze kugirwa inama yo gutangira gutegura abakinnyi bakiri bato, hagashyirwaho amarerero nk’aya kugira ngo u Rwanda ruzabashe kubona Ikipe y’Igihugu ibasha kujya mu marushanwa akomeye.

Iyi gahunda ya PSG ibaye mu gihe haherutse no guhamagarwa ikipe y’Igihugu izakina imikino yo gushaka itike y’Igimbe cya Afurika u Rwanda rudaheruka gukandagiramo.

Abana b’u Rwanda bari i Paris muri iki gikombe cy’Isi cya Academy za PSG

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

nine − five =

Previous Post

Nyabihu: Mutoni w’imyaka 20 ari muri babiri bafatanywe urumogi baruhishe mu mufuka w’ibirayi

Next Post

Huye: Uwishe umugore we amuhoye kumubwira ko inda atwite atari iye yakatiwe burundu

Related Posts

Uwayoboye Rayon yavuze ibyamubayeho ku munsi yatsindwagaho na APR iyisuzuguye

Uwayoboye Rayon yavuze ibyamubayeho ku munsi yatsindwagaho na APR iyisuzuguye

by radiotv10
12/01/2026
0

Munyakazi Sadate wigeze kuba Perezida wa Rayon Sports, yavuze ko ubwo iyi kipe yatsindwaga na mucyeba wayo ibitego 4-1 ku...

Barcelona yongeye gutwara Igikombe kiruta ibindi muri Espagne ibabaje mukeba wayo

Barcelona yongeye gutwara Igikombe kiruta ibindi muri Espagne ibabaje mukeba wayo

by radiotv10
12/01/2026
0

Ikipe ya FC Barcelona yatwaye igikombe kiruta ibindi muri Spain (Spanish Super Cup cyangwa Supercopa de España) nyuma yo gutsinda...

Why Walking Is One of the Most Underrated Exercises

Why Walking Is One of the Most Underrated Exercises

by radiotv10
10/01/2026
0

In a world full of intense workout trends and gym culture, walking is often overlooked. Many people believe that if...

Umutoza wa Rayon atanze ubutumwa butanga icyizere ku bakunzi bayo

Umutoza wa Rayon atanze ubutumwa butanga icyizere ku bakunzi bayo

by radiotv10
09/01/2026
0

Nyuma y’imyitozo ya nyuma bitegura umukino wa nyuma w’Igikombe cya Super Cup, umutoza wa Rayon Sports, Bruno Ferry, yatangaje ko...

Ubutumwa Maj.Gen.Nyakarundi yahaye abakinnyi ba APR mbere yo guhura na Rayon

Ubutumwa Maj.Gen.Nyakarundi yahaye abakinnyi ba APR mbere yo guhura na Rayon

by radiotv10
09/01/2026
0

Umugaba Mukuru w’Ingabo zirwanira ku Butaka, Maj Gen Vincent Nyakarundi yasuye abakinnyi b’ikipe ya APR FC, abibutsa ko intego yayo...

IZIHERUKA

Why Some People Are Subject to Harsher Penalties in the New Road Use Law
MU RWANDA

Why Some People Are Subject to Harsher Penalties in the New Road Use Law

by radiotv10
12/01/2026
0

Uwayoboye Rayon yavuze ibyamubayeho ku munsi yatsindwagaho na APR iyisuzuguye

Uwayoboye Rayon yavuze ibyamubayeho ku munsi yatsindwagaho na APR iyisuzuguye

12/01/2026
Impamvu hari abashyiriweho umwihariko w’ibihano biremereye mu itegeko rishya ry’imikoreshereze y’umuhanda

Impamvu hari abashyiriweho umwihariko w’ibihano biremereye mu itegeko rishya ry’imikoreshereze y’umuhanda

12/01/2026
Ibyavugiwe mu iperereza ry’abagabo batatu bakekwaho gusambanya ku gahato umugore mu gihe kimwe

Ibyavugiwe mu iperereza ry’abagabo batatu bakekwaho gusambanya ku gahato umugore mu gihe kimwe

12/01/2026
Mu magambo aryohereye umunyarwenya uzwi mu Rwanda yagaragaje umukunzi we bwa mbere

Mu magambo aryohereye umunyarwenya uzwi mu Rwanda yagaragaje umukunzi we bwa mbere

12/01/2026
Habayeho kurasana gukomeye hagati ya FARDC n’inyeshyamba z’umutwe umwe muri Congo

Habayeho kurasana gukomeye hagati ya FARDC n’inyeshyamba z’umutwe umwe muri Congo

12/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Rusizi: Uwari Umuyobozi wa RIB yahamijwe icyaha cyo kwakira indonke ahanishwa gufungwa imyaka 8

Huye: Uwishe umugore we amuhoye kumubwira ko inda atwite atari iye yakatiwe burundu

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Why Some People Are Subject to Harsher Penalties in the New Road Use Law

Uwayoboye Rayon yavuze ibyamubayeho ku munsi yatsindwagaho na APR iyisuzuguye

Impamvu hari abashyiriweho umwihariko w’ibihano biremereye mu itegeko rishya ry’imikoreshereze y’umuhanda

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.