Friday, January 23, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home SIPORO

Yaba ariyo Mavubi azakora ibyananiranye?…Ikipe y’u Rwanda y’abana yatsinze iya France, USA, Misiri,…

radiotv10by radiotv10
23/05/2022
in SIPORO
0
Yaba ariyo Mavubi azakora ibyananiranye?…Ikipe y’u Rwanda y’abana yatsinze iya France, USA, Misiri,…
Share on FacebookShare on Twitter

Mu Gikombe cy’Isi cy’amarerero ya PSG kiri kubera i Paris mu Bufaransa, ikipe ihagarariye u Rwanda y’abatarengeje imyaka 13 ikomeje gukurirwa ingofero aho yageze kuri final nyuma yo gutsinda ibitego byinshi iya Qatar, iya Korea, iya USA, iy’u Bufaransa n’iya Misiri.

Ni amarushanwa yabaye mu mpera z’icyumweru twaraye dusoje aho yahagurutse mu Rwanda ku wa Kane tariki 19 Gisurasi 2022.

Iyi kipe ya Academy ya PSG yo mu Rwanda, yatunguranye cyane muri iri rushanwa ryitabiriwe n’amakipe 38 yaturutse mu Bihugu 11 birimo n’ibisanzwe bizwiho ibigwi mu mupira w’amaguru ku Isi.

U Rwanda rufitemo amakipe abiri; iy’abatarengeje imyaka 11 ndetse n’iy’abatarengeje imyaka 13. Aya makipe yombi yatunguranye muri iri rushanwa dore ko imwe yageze ku mukino wa nyuma mu gihe indi yo ihatanira umwanya wa gatatu.

Iy’abatarengeje imyaka 13 yanageze ku mukino wa nyuma, nyuma yo kunyagira ikipe y’igihugu ya Qatar ibitego 6-0 mu mukino wabaye ku wa Gatandatu ndetse inatsinda iya Korea ibitego 4-0, naho kuri iki Cyumweru ikipe y’u Rwanda yanyagira iya Leta Zunze Ubumwe za America 5-1 inatsinda u Bufaransa 3-0.

Iyi kipe y’u Rwanda y’abatarengeje imyaka 13 yagaragaje ubuhanga budasanzwe, muri 1/2 yatsinze Misiri 3-1 bituma ikatisha itike yo gukina umukino wa nyuma.

Ni kimwe n’iy’abatarengege imyaka 11 na yo yatsinze iya Qatar 4-2, inganya na Misiri 1-1, itsinda na Korea 1-0, ndetse itsinda iya USA 4-3 ariko muri 1/2 itsindwana Brazil 3-2.

Iri rushanwa rihuza amakipe y’amarerero ya PSG ari mu Bihugu binyuranye, ribaye ku nshuro ya 6 aho u Rwanda ruryitabiriye ku nshuro yarwo ya mbere.

Inzego zishinzwe iterambere rya Siporo mu Rwanda, zikunze kugirwa inama yo gutangira gutegura abakinnyi bakiri bato, hagashyirwaho amarerero nk’aya kugira ngo u Rwanda ruzabashe kubona Ikipe y’Igihugu ibasha kujya mu marushanwa akomeye.

Iyi gahunda ya PSG ibaye mu gihe haherutse no guhamagarwa ikipe y’Igihugu izakina imikino yo gushaka itike y’Igimbe cya Afurika u Rwanda rudaheruka gukandagiramo.

Abana b’u Rwanda bari i Paris muri iki gikombe cy’Isi cya Academy za PSG

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

4 × 3 =

Previous Post

Nyabihu: Mutoni w’imyaka 20 ari muri babiri bafatanywe urumogi baruhishe mu mufuka w’ibirayi

Next Post

Huye: Uwishe umugore we amuhoye kumubwira ko inda atwite atari iye yakatiwe burundu

Related Posts

Rayon yemeje ko yatandukanye na rutahizamu wabonwaga nk’ahazaza hayo

Rayon yemeje ko yatandukanye na rutahizamu wabonwaga nk’ahazaza hayo

by radiotv10
23/01/2026
0

Rayon Sports yatangaje ko yatandukanye na rutahizamu w’Umunya-Mali, Adama Bagayogo, wari umwe mu bakinnyi bafatwaga nk’ahazaza ha Gikundiro, nyuma y’imyaka...

Ikipe iri mu zihabwa amahirwe yo kwegukana Shampiyona y’u Rwanda yasinyishije abakinnyi bane barimo uw’izina rikomeye

Ikipe iri mu zihabwa amahirwe yo kwegukana Shampiyona y’u Rwanda yasinyishije abakinnyi bane barimo uw’izina rikomeye

by radiotv10
23/01/2026
0

Ikipe ya Police FC yemeje ko yasinyishije abakinnyi bane, barimo Rudasingwa Prince na Nshimirimana Ismail Pitchou wanyuze mu makipe ya...

Irebere igihembo cy’akataraboneka cyashyikirijwe wa mufana wa Congo wabaye ikimenyabose

Irebere igihembo cy’akataraboneka cyashyikirijwe wa mufana wa Congo wabaye ikimenyabose

by radiotv10
22/01/2026
0

Minisitiri wa Siporo n'Imyidagaduro muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, Didier Budimbu, yashyikirije igihembo cy’imodoka nshyashya yo mu bwoko bwa...

Hemejewe amakuru yavugwaga ku itandukana rya Rayon n’umutoza wungirije Haruna Ferouz

Hemejewe amakuru yavugwaga ku itandukana rya Rayon n’umutoza wungirije Haruna Ferouz

by radiotv10
22/01/2026
0

Ubuyobozi bw'Ikipe ya Rayon Sports bwemeje ko bwatandukanye n'Umutoza Wungirije, Haruna Ferouz ku bwumvikane bw’impande zombi, nyuma yuko bivuzwe ko...

Perezida w’inzibacyuho wa Rayon yageneye ubutumwa aba-Rayon bihebye bagakura amaso ku Gikombe

Perezida w’inzibacyuho wa Rayon yageneye ubutumwa aba-Rayon bihebye bagakura amaso ku Gikombe

by radiotv10
21/01/2026
0

Perezida w’Inzibacyuho wa Rayon Sports, Murenzi Abdallah yahumurije abakunzi b’iyi kipe bamaze kwiheba ko batakiri mu makipe ahatanira igikombe cya...

IZIHERUKA

Gen. Muhoozi yabaye nk’utoneka Bobi Wine bamaze iminsi baterana amagambo anarira ayo kwarika
AMAHANGA

Gen. Muhoozi yabaye nk’utoneka Bobi Wine bamaze iminsi baterana amagambo anarira ayo kwarika

by radiotv10
23/01/2026
0

Gen.Makenga yabwiye abo muri AFC/M23 ibizaranga urugamba mu mwaka wa 2026

Hatangajwe ingingo y’ingenzi igiye kuganirwaho hagati ya AFC/M23 Leta ya Congo

23/01/2026
Rayon yemeje ko yatandukanye na rutahizamu wabonwaga nk’ahazaza hayo

Rayon yemeje ko yatandukanye na rutahizamu wabonwaga nk’ahazaza hayo

23/01/2026
Hatangajwe icyazanye mu Rwanda intumwa z’Ingabo zihora ziteguye gutabara aho rukomeye mu karere

Hatangajwe icyazanye mu Rwanda intumwa z’Ingabo zihora ziteguye gutabara aho rukomeye mu karere

23/01/2026
Abanyamakurukazi b’amazina azwi mu Rwanda basangije abantu amafoto bishimira igihe bamaze bakorana

Abanyamakurukazi b’amazina azwi mu Rwanda basangije abantu amafoto bishimira igihe bamaze bakorana

23/01/2026
Ibihugu 19 byinjiye mu Kanama gashya ku Isi kashinzwe na Perezida wa America

Ibihugu 19 byinjiye mu Kanama gashya ku Isi kashinzwe na Perezida wa America

23/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Rusizi: Uwari Umuyobozi wa RIB yahamijwe icyaha cyo kwakira indonke ahanishwa gufungwa imyaka 8

Huye: Uwishe umugore we amuhoye kumubwira ko inda atwite atari iye yakatiwe burundu

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Gen. Muhoozi yabaye nk’utoneka Bobi Wine bamaze iminsi baterana amagambo anarira ayo kwarika

Hatangajwe ingingo y’ingenzi igiye kuganirwaho hagati ya AFC/M23 Leta ya Congo

Rayon yemeje ko yatandukanye na rutahizamu wabonwaga nk’ahazaza hayo

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.