Thursday, April 9, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home SIPORO

Yaba ariyo Mavubi azakora ibyananiranye?…Ikipe y’u Rwanda y’abana yatsinze iya France, USA, Misiri,…

radiotv10by radiotv10
23/05/2022
in SIPORO
0
Yaba ariyo Mavubi azakora ibyananiranye?…Ikipe y’u Rwanda y’abana yatsinze iya France, USA, Misiri,…
Share on FacebookShare on Twitter

Mu Gikombe cy’Isi cy’amarerero ya PSG kiri kubera i Paris mu Bufaransa, ikipe ihagarariye u Rwanda y’abatarengeje imyaka 13 ikomeje gukurirwa ingofero aho yageze kuri final nyuma yo gutsinda ibitego byinshi iya Qatar, iya Korea, iya USA, iy’u Bufaransa n’iya Misiri.

Ni amarushanwa yabaye mu mpera z’icyumweru twaraye dusoje aho yahagurutse mu Rwanda ku wa Kane tariki 19 Gisurasi 2022.

Iyi kipe ya Academy ya PSG yo mu Rwanda, yatunguranye cyane muri iri rushanwa ryitabiriwe n’amakipe 38 yaturutse mu Bihugu 11 birimo n’ibisanzwe bizwiho ibigwi mu mupira w’amaguru ku Isi.

U Rwanda rufitemo amakipe abiri; iy’abatarengeje imyaka 11 ndetse n’iy’abatarengeje imyaka 13. Aya makipe yombi yatunguranye muri iri rushanwa dore ko imwe yageze ku mukino wa nyuma mu gihe indi yo ihatanira umwanya wa gatatu.

Iy’abatarengeje imyaka 13 yanageze ku mukino wa nyuma, nyuma yo kunyagira ikipe y’igihugu ya Qatar ibitego 6-0 mu mukino wabaye ku wa Gatandatu ndetse inatsinda iya Korea ibitego 4-0, naho kuri iki Cyumweru ikipe y’u Rwanda yanyagira iya Leta Zunze Ubumwe za America 5-1 inatsinda u Bufaransa 3-0.

Iyi kipe y’u Rwanda y’abatarengeje imyaka 13 yagaragaje ubuhanga budasanzwe, muri 1/2 yatsinze Misiri 3-1 bituma ikatisha itike yo gukina umukino wa nyuma.

Ni kimwe n’iy’abatarengege imyaka 11 na yo yatsinze iya Qatar 4-2, inganya na Misiri 1-1, itsinda na Korea 1-0, ndetse itsinda iya USA 4-3 ariko muri 1/2 itsindwana Brazil 3-2.

Iri rushanwa rihuza amakipe y’amarerero ya PSG ari mu Bihugu binyuranye, ribaye ku nshuro ya 6 aho u Rwanda ruryitabiriye ku nshuro yarwo ya mbere.

Inzego zishinzwe iterambere rya Siporo mu Rwanda, zikunze kugirwa inama yo gutangira gutegura abakinnyi bakiri bato, hagashyirwaho amarerero nk’aya kugira ngo u Rwanda ruzabashe kubona Ikipe y’Igihugu ibasha kujya mu marushanwa akomeye.

Iyi gahunda ya PSG ibaye mu gihe haherutse no guhamagarwa ikipe y’Igihugu izakina imikino yo gushaka itike y’Igimbe cya Afurika u Rwanda rudaheruka gukandagiramo.

Abana b’u Rwanda bari i Paris muri iki gikombe cy’Isi cya Academy za PSG

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

19 − 15 =

Previous Post

Nyabihu: Mutoni w’imyaka 20 ari muri babiri bafatanywe urumogi baruhishe mu mufuka w’ibirayi

Next Post

Huye: Uwishe umugore we amuhoye kumubwira ko inda atwite atari iye yakatiwe burundu

Related Posts

Menya amamiliyoni Rayon y’Abagore yegukanye yiyongereye ku Gikombe itwaye inshuro eshatu zikurikiranya

Menya amamiliyoni Rayon y’Abagore yegukanye yiyongereye ku Gikombe itwaye inshuro eshatu zikurikiranya

by radiotv10
06/04/2026
0

Ikipe ya Rayon Sports y'abagore (WFC) yegukanye Igikombe cya Shampiyona ya 2025-2026, kiba icya gatatu itwaye yikurikiranya, cyaje giherekejwe na...

Inkubiri yo kwegura muri ruhago y’u Butaliyani nyuma yuko Ikipe y’Igihugu ibuze itike y’icy’Isi irakomeje

Inkubiri yo kwegura muri ruhago y’u Butaliyani nyuma yuko Ikipe y’Igihugu ibuze itike y’icy’Isi irakomeje

by radiotv10
03/04/2026
0

Nyuma y’uko ikipe y’Igihugu y’u Butaliyani ibuze itike yo kujya mu gikombe cy’Isi ku nshuro ya gatatu yikurikiranya, abayobozi batandukanye...

Hari uwagiriye inama umunyezamu ufite izina rikomeye muri Afurika ukina i Burayi

Hari uwagiriye inama umunyezamu ufite izina rikomeye muri Afurika ukina i Burayi

by radiotv10
02/04/2026
0

Uwahoze ari umunyezamu w’ikipe y’igihugu ya Cameroun, Joseph-Antoine Bell, yagiriye inama mugenzi we Andre Onana yo kudasubira mu ikipe yo mu Bwongereza ya Manchester...

Amakuru mashya: Congo yatanze konji mu Gihugu hose nyuma y’intsinzi y’ikipe y’Igihugu yayinjije mu Gikombe cy’Isi

Amakuru mashya: Congo yatanze konji mu Gihugu hose nyuma y’intsinzi y’ikipe y’Igihugu yayinjije mu Gikombe cy’Isi

by radiotv10
01/04/2026
0

Guverinoma ya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, yatanze umunsi w’ikiruhuko rusange, nyuma yuko ikipe y’iki Gihugu ‘Léopards’ itsinze iya Jamaica...

BREAKING: Hatangajwe ku mugaragaro igaruka ry’Umutoza wigeze gutoza Rayon Sports

BREAKING: Hatangajwe ku mugaragaro igaruka ry’Umutoza wigeze gutoza Rayon Sports

by radiotv10
31/03/2026
0

Ubuyobozi bwa Rayon Sports bwatangaje ko umutoza Haringingo Francis yongeye kugaruka muri iyi kipe nk’Umutoza Mukuru nyuma y'iminsi irenga 1...

IZIHERUKA

Umuhanzi wakanyujijeho mu Rwanda Neg G yasuwe n’uwo bivugwa ko nawe ari umuhanzi apfira iwe
IBYAMAMARE

Umuhanzi wakanyujijeho mu Rwanda Neg G yasuwe n’uwo bivugwa ko nawe ari umuhanzi apfira iwe

by radiotv10
09/04/2026
0

Mayor wa New York yizihije iminsi 100 ku buyobozi akora urugendo n’amaguru agenda asuhuzanya n’abaturage

Mayor wa New York yizihije iminsi 100 ku buyobozi akora urugendo n’amaguru agenda asuhuzanya n’abaturage

09/04/2026
Ibyamenyekanye ku cyaha cyo kwangiza ikintu cy’undi kiri mu bishinjwa umunyamakuru DC Clément wafunzwe

Hatangajwe ibyagaragajwe n’iperereza ry’ibanze ku munyamakuru DC Clement

09/04/2026
AMAKURU MASHYA: Perezida Kagame yazamuye mu ntera Abapolisi barimo abahawe irya CP

AMAKURU MASHYA: Perezida Kagame yazamuye mu ntera Abapolisi barimo abahawe irya CP

09/04/2026
Icyo basaba  nyuma yuko ishuri baturiye rikomeje kubateza umwanda ukabije

Icyo basaba nyuma yuko ishuri baturiye rikomeje kubateza umwanda ukabije

09/04/2026
U Rwanda na Chad bateye intambwe nshya mu mibanire n’imikoranire

U Rwanda na Chad bateye intambwe nshya mu mibanire n’imikoranire

09/04/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Rusizi: Uwari Umuyobozi wa RIB yahamijwe icyaha cyo kwakira indonke ahanishwa gufungwa imyaka 8

Huye: Uwishe umugore we amuhoye kumubwira ko inda atwite atari iye yakatiwe burundu

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Umuhanzi wakanyujijeho mu Rwanda Neg G yasuwe n’uwo bivugwa ko nawe ari umuhanzi apfira iwe

Mayor wa New York yizihije iminsi 100 ku buyobozi akora urugendo n’amaguru agenda asuhuzanya n’abaturage

Hatangajwe ibyagaragajwe n’iperereza ry’ibanze ku munyamakuru DC Clement

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.