Sunday, August 10, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home AMAHANGA

Yabaye Umusirikare ku ipeti rya Ofisiye- Ibitari bizwi kuri Madamu wa Perezida Ndayishimiye

radiotv10by radiotv10
20/07/2023
in AMAHANGA, POLITIKI
0
Yabaye Umusirikare ku ipeti rya Ofisiye- Ibitari bizwi kuri Madamu wa Perezida Ndayishimiye
Share on FacebookShare on Twitter

Madamu wa Perezida Evariste Ndayishimiye w’u Burundi, Angeline Ndayishimiye yahishuye byinshi biteye amatsiko kuri we, bitari bizwi na benshi, nko kuba yaragize ipeti rya Lieutenant mu gisirikare.

Mu kiganiro yagiranye na BBC Gahuza, cyagarutse ku buzima bwe bwite burimo n’ubwo mu bwana bwe, Angeline Ndayishimiye yagarutse ku rugendo rw’urukundo rwe na Perezida Ndayishimiye.

Avuga ko bamenyanye ubwo yari asoje umwaka wa karindwi w’amashuri abanza, ubwo mu Burundi hariho ibibazo bya politiki byanatumye Ndayishimiye ajya gufatanya n’abandi bafatanyije mu rugamba rwo guhagarika ibyo bibazo.

Angeline Ndayishimiye avuga ko ubwo yajyaga kwiyandikisha kugira ngo ajye gukomeza amashuri yisumbuye, yasanze biri gukorwa na Evariste Ndayishimiye, ari gufasha umuvandimwe we wari ubishinzwe.

Ati “Ntekereza ko mu kwandika, ntiyarebaga ku rupapuro abo ari kwandika, ahubwo ngira ngo yandikaga areba abaje kwiyandikisha.”

Ubwo hari mu 1994, ndetse muri ibyo bihe Angeline avuga ko yigeze kuba kwa Nyirakuru hafi y’iwabo w’umugabo we, akajya aza kubasura ariko we ntatekereze ko ari we aje kureba.

Ati “Njye numvaga ko aje kureba ba marume kubera uko namubonaga n’uburyo yanganaga, nkabona si njye yabaga aje kuramutsa. Naramuherekezaga nkamugeza ku myugariro [amarembo yo hambere].”

Avuga ko ibijyanye no kuba bazabana nk’umugore n’umugabo batabitekerezaga ariko ko uko igihe cyagiye gishira, na byo byagiye byizana.

Ni umwe mu batanze amaboko mu rugamba

Uko yahawe ipeti rya Lieutenant

Ubwo mu Burundi habaga ibibazo bya politiki n’iby’umutekano, Ndashimiye yajyanye na bagenzi be mu ishyamba gushinga umutwe, agakomeza kujya yandikira umukunzi we Angeline, na we akamusubiza, ndetse bakaza kuvugana ku byo kuba yajya ajya kumureba mu ishyamba.

Ati “Niga kuri ESTA mu 1998, ni bwo nabonye urundi rwandiko. Ni bwo nabonye ko nshobora kuba najyayo, nza kumusanga aho yari ari i Makamba. Ndeba uburyo babayeho, mpita numva nanjye nabafasha urwo rugamba.”

Avuga ko icyo cyifuzo cyanaje gushyirwa mu ngiro, ndetse mu gihe cy’urugamba akaba yarafashaga abarwanaga abashyira bimwe mu bikoresho bakeneraga mu rugamba.

Ati “Hari nk’amasasu bakeneye twarayabashyiraga, ari nk’impuzankano ya gisirikare, twarayitwaraga, kuko twumvaga ko urwo rugamba ari urwacu twese.”

Akomeza agira ati “Byageze igihe nanjye numva nagira imyitozo ya gisirikare. Byageze n’igihe bampa ipeti rya Lieutenant, ni na ryo nasezereweho mu gisirikare.”

Naho ku bijyanye n’ubuzima busanzwe, Angeline Ndayishimye avuga ko nk’imyambaro yambara, ajya mu isoko kuyigurira, ubundi akajya kuri interineti agashakisha ibigezweho.

Na we yabaye mu ishyamba
Ku myambarire avuga ko ajya kuyigurira

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

twenty − thirteen =

Previous Post

Gatabazi nyuma yo kugaragara mu birori byamaganywe na RPF-Inkotanyi yagize icyo avuga

Next Post

Kenya: Polisi yatanze ibisobanuro bitavugwaho rumwe ku rufaya rw’amasasasu yarashe mu bigaragambya

Related Posts

Uwari wungirije Perezida Ruto yamuzamuyeho ibirego bikomeye

Uwari wungirije Perezida Ruto yamuzamuyeho ibirego bikomeye

by radiotv10
08/08/2025
0

Rigathi Gachaguwa wari Visi Perezida wa Kenya, ubu akaba atavuga rumwe n’ubutegetsi bwa Perezida William Ruto; yavuze ko uyu Mukuru...

AFC/M23 yatanze umucyo ku byavugwaga ko igiye gusinyana amasezerano n’ubutegetsi bwa Congo

Eng.-AFC/M23 refutes UN accusations of involvement in civilian killings

by radiotv10
08/08/2025
0

AFC/M23 coalition has strongly rejected United Nations reports accusing it of playing a role in the deaths of many civilians...

Icyo Teta Sandra yakoze akirekurwa nyuma yo gufungirwa kugonga umugabo we Weasel

Icyo Teta Sandra yakoze akirekurwa nyuma yo gufungirwa kugonga umugabo we Weasel

by radiotv10
08/08/2025
0

Umunyarwandakazi Teta Sandra ufitanye abana n’Umuhanzi w’Umunya-Uganda Weasel, nyuma yo gufungurwa na Polisi ya Uganda; yahise ajya gusura umugabo we...

Haravugwa gukaza umurego kw’imirwano hagati ya AFC/M23 na Wazalendo

AFC/M23 yavuze kuri raporo ziyishinja ibyo yemeza ko ari ibinyoma inagaragaza ibibishimangira

by radiotv10
08/08/2025
0

Ubuyobozi bw’Ihuriro AFC/M23 bwamaganiye kure raporo z’Umuryango w’Abibumbye ziyishinja kugira uruhare mu mpfu z’abasivile benshi muri Teritwari ya Rutshuru, ivuga...

Hamenyekana icyakurikiyeho nyuma yuko Teta Sandra agonze Weasel hanajya hanze amashusho biba

Hamenyekana icyakurikiyeho nyuma yuko Teta Sandra agonze Weasel hanajya hanze amashusho biba

by radiotv10
07/08/2025
0

Nyuma yuko bivuzwe ko umuhanzi w’Umunya-Uganda, Weasel ari mu Bitaro aho ari kuvurirwa imvune z’amaguru yombi bivugwa ko yagize nyuma...

IZIHERUKA

Menya ubwoko bw’imyitozo abasirikare ba RDF bungukiye mu myitozo bamazemo iminsi i Gako
MU RWANDA

Menya ubwoko bw’imyitozo abasirikare ba RDF bungukiye mu myitozo bamazemo iminsi i Gako

by radiotv10
09/08/2025
0

Love in the digital age: How Rwandan youth are dating online

Love in the digital age: How Rwandan youth are dating online

09/08/2025
Eng- To be issued from birth: Key facts about Rwanda’s new National ID

Eng.-The Rwandan digital ID will be issued to citizens, refugees, and foreign residents

09/08/2025
The revival of Imigongo: Modern artists redefining ancient craft

The revival of Imigongo: Modern artists redefining ancient craft

09/08/2025
Algorithm Inc unveils revolutionary E-commerce platform ‘Ihute’

Algorithm Inc unveils revolutionary E-commerce platform ‘Ihute’

09/08/2025
Kigali: Abantu 10 bafatiwe mu bujura barimo abo byagaragaye ko banze guhinduka

Kigali: Abantu 10 bafatiwe mu bujura barimo abo byagaragaye ko banze guhinduka

08/08/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Kenya: Polisi yatanze ibisobanuro bitavugwaho rumwe ku rufaya rw’amasasasu yarashe mu bigaragambya

Kenya: Polisi yatanze ibisobanuro bitavugwaho rumwe ku rufaya rw’amasasasu yarashe mu bigaragambya

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Menya ubwoko bw’imyitozo abasirikare ba RDF bungukiye mu myitozo bamazemo iminsi i Gako

Love in the digital age: How Rwandan youth are dating online

Eng.-The Rwandan digital ID will be issued to citizens, refugees, and foreign residents

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.

Welcome Back!

Login to your account below

Forgotten Password?

Retrieve your password

Please enter your username or email address to reset your password.

Log In

Add New Playlist

No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.