Saturday, June 7, 2025
RADIOTV10
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home AMAHANGA

Yabaye Umusirikare ku ipeti rya Ofisiye- Ibitari bizwi kuri Madamu wa Perezida Ndayishimiye

radiotv10by radiotv10
20/07/2023
in AMAHANGA, POLITIKI
0
Yabaye Umusirikare ku ipeti rya Ofisiye- Ibitari bizwi kuri Madamu wa Perezida Ndayishimiye
Share on FacebookShare on Twitter

Madamu wa Perezida Evariste Ndayishimiye w’u Burundi, Angeline Ndayishimiye yahishuye byinshi biteye amatsiko kuri we, bitari bizwi na benshi, nko kuba yaragize ipeti rya Lieutenant mu gisirikare.

Mu kiganiro yagiranye na BBC Gahuza, cyagarutse ku buzima bwe bwite burimo n’ubwo mu bwana bwe, Angeline Ndayishimiye yagarutse ku rugendo rw’urukundo rwe na Perezida Ndayishimiye.

Avuga ko bamenyanye ubwo yari asoje umwaka wa karindwi w’amashuri abanza, ubwo mu Burundi hariho ibibazo bya politiki byanatumye Ndayishimiye ajya gufatanya n’abandi bafatanyije mu rugamba rwo guhagarika ibyo bibazo.

Angeline Ndayishimiye avuga ko ubwo yajyaga kwiyandikisha kugira ngo ajye gukomeza amashuri yisumbuye, yasanze biri gukorwa na Evariste Ndayishimiye, ari gufasha umuvandimwe we wari ubishinzwe.

Ati “Ntekereza ko mu kwandika, ntiyarebaga ku rupapuro abo ari kwandika, ahubwo ngira ngo yandikaga areba abaje kwiyandikisha.”

Ubwo hari mu 1994, ndetse muri ibyo bihe Angeline avuga ko yigeze kuba kwa Nyirakuru hafi y’iwabo w’umugabo we, akajya aza kubasura ariko we ntatekereze ko ari we aje kureba.

Ati “Njye numvaga ko aje kureba ba marume kubera uko namubonaga n’uburyo yanganaga, nkabona si njye yabaga aje kuramutsa. Naramuherekezaga nkamugeza ku myugariro [amarembo yo hambere].”

Avuga ko ibijyanye no kuba bazabana nk’umugore n’umugabo batabitekerezaga ariko ko uko igihe cyagiye gishira, na byo byagiye byizana.

Ni umwe mu batanze amaboko mu rugamba

Uko yahawe ipeti rya Lieutenant

Ubwo mu Burundi habaga ibibazo bya politiki n’iby’umutekano, Ndashimiye yajyanye na bagenzi be mu ishyamba gushinga umutwe, agakomeza kujya yandikira umukunzi we Angeline, na we akamusubiza, ndetse bakaza kuvugana ku byo kuba yajya ajya kumureba mu ishyamba.

Ati “Niga kuri ESTA mu 1998, ni bwo nabonye urundi rwandiko. Ni bwo nabonye ko nshobora kuba najyayo, nza kumusanga aho yari ari i Makamba. Ndeba uburyo babayeho, mpita numva nanjye nabafasha urwo rugamba.”

Avuga ko icyo cyifuzo cyanaje gushyirwa mu ngiro, ndetse mu gihe cy’urugamba akaba yarafashaga abarwanaga abashyira bimwe mu bikoresho bakeneraga mu rugamba.

Ati “Hari nk’amasasu bakeneye twarayabashyiraga, ari nk’impuzankano ya gisirikare, twarayitwaraga, kuko twumvaga ko urwo rugamba ari urwacu twese.”

Akomeza agira ati “Byageze igihe nanjye numva nagira imyitozo ya gisirikare. Byageze n’igihe bampa ipeti rya Lieutenant, ni na ryo nasezereweho mu gisirikare.”

Naho ku bijyanye n’ubuzima busanzwe, Angeline Ndayishimye avuga ko nk’imyambaro yambara, ajya mu isoko kuyigurira, ubundi akajya kuri interineti agashakisha ibigezweho.

Na we yabaye mu ishyamba
Ku myambarire avuga ko ajya kuyigurira

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

4 + 10 =

Previous Post

Gatabazi nyuma yo kugaragara mu birori byamaganywe na RPF-Inkotanyi yagize icyo avuga

Next Post

Kenya: Polisi yatanze ibisobanuro bitavugwaho rumwe ku rufaya rw’amasasasu yarashe mu bigaragambya

Related Posts

Igihugu cya Zambia cyapfushije uwakibereye Perezida

Igihugu cya Zambia cyapfushije uwakibereye Perezida

by radiotv10
05/06/2025
0

Edgar Lungu wabaye Perezia wa Zambia, yitabye Imana ku myaka 68 y’amavuko, azize uburwayi aho yivurizaga muri Afurika y’Epfo. Amakuru...

Muri DRCongo hazamutse urujijo nyuma y’icyemezo cya Trump gihagarika abo mu Bihugu bimwe kujya muri America

Muri DRCongo hazamutse urujijo nyuma y’icyemezo cya Trump gihagarika abo mu Bihugu bimwe kujya muri America

by radiotv10
05/06/2025
0

Bamwe mu baturage bari muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, babanje kugira urujijo ku itegeko ryasinywe na Perezida Donald Trump...

Menya Ibihugu bizagirwaho ingaruka n’itegeko ryasinywe na Perezida wa America birimo igituranye n’u Rwanda

Menya Ibihugu bizagirwaho ingaruka n’itegeko ryasinywe na Perezida wa America birimo igituranye n’u Rwanda

by radiotv10
05/06/2025
0

Perezida wa Leta Zunze Ubumwe za America, Donald Trump yashyize umukono ku itegeko rikumira abaturage b’Ibihugu 12 kwinjira muri iki...

Congo: Icyemezo kibuza itangazamakuru kuvuga kuri Kabila cyatangiye guhagurukirwa

Congo: Icyemezo kibuza itangazamakuru kuvuga kuri Kabila cyatangiye guhagurukirwa

by radiotv10
05/06/2025
0

Bamwe mu banyapolitiki bo muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo n’Imiryango iharanira iyubahirizwa ry’uburenganzira bwa muntu, baramagana icyemezo cyo kubuza...

BREAKING: AFC/M23 nyuma yo kwakira Kabila yungutse abandi banyapolitiki barimo uw’inararibonye

BREAKING: AFC/M23 nyuma yo kwakira Kabila yungutse abandi banyapolitiki barimo uw’inararibonye

by radiotv10
04/06/2025
0

Ihuriro AFC/M23 ryatangaje ko ryakiriye Umunyapolitiki Marcelin Cishambo wigeze kuba Guverineri w’Intara ya Kivu y’Epfo n’abandi banyapolitiki barimo abatavuga rumwe...

IZIHERUKA

Abofisiye Bakuru babiri mu Ngabo z’u Rwanda basoje amasomo muri Kenya nyuma y’icyumweru harangijeyo Colonel
MU RWANDA

Abofisiye Bakuru babiri mu Ngabo z’u Rwanda basoje amasomo muri Kenya nyuma y’icyumweru harangijeyo Colonel

by radiotv10
06/06/2025
0

Ubutumwa bw’imbamutima bw’umwe mu bakinnyi ngenderwaho muri Arsenal Gabriel wongereye amasezerano

Ubutumwa bw’imbamutima bw’umwe mu bakinnyi ngenderwaho muri Arsenal Gabriel wongereye amasezerano

06/06/2025
Igikewaho gutera impanuka y’imodoka itwara abanyeshuri yagonze ab’irindi shuri

Igikewaho gutera impanuka y’imodoka itwara abanyeshuri yagonze ab’irindi shuri

06/06/2025
Hatanzwe umuburo nyuma y’abafashe amashusho y’umurambo w’umusore wiyahuye asimbutse igorofa i Kigali

Hatanzwe umuburo nyuma y’abafashe amashusho y’umurambo w’umusore wiyahuye asimbutse igorofa i Kigali

06/06/2025
Igihugu cya Zambia cyapfushije uwakibereye Perezida

Igihugu cya Zambia cyapfushije uwakibereye Perezida

05/06/2025
Umunyemari Coach Gael yagaragaje ko igitekerezo yatangaje bamwe bakagira amashyengo yari akomeje

Umunyemari Coach Gael yagaragaje ko igitekerezo yatangaje bamwe bakagira amashyengo yari akomeje

05/06/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Kenya: Polisi yatanze ibisobanuro bitavugwaho rumwe ku rufaya rw’amasasasu yarashe mu bigaragambya

Kenya: Polisi yatanze ibisobanuro bitavugwaho rumwe ku rufaya rw’amasasasu yarashe mu bigaragambya

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home

Latest News

Abofisiye Bakuru babiri mu Ngabo z’u Rwanda basoje amasomo muri Kenya nyuma y’icyumweru harangijeyo Colonel

Ubutumwa bw’imbamutima bw’umwe mu bakinnyi ngenderwaho muri Arsenal Gabriel wongereye amasezerano

Igikewaho gutera impanuka y’imodoka itwara abanyeshuri yagonze ab’irindi shuri

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.

Welcome Back!

Login to your account below

Forgotten Password?

Retrieve your password

Please enter your username or email address to reset your password.

Log In

Add New Playlist

No Result
View All Result
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home

Copyright © 2024 RadioTv10.