Thursday, January 22, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home IMYIDAGADURO

Yakiniye Amavubi mu cy’Isi na Rayon, ubu ubuzima bwarahindutse…Umuryango we uramutabariza

radiotv10by radiotv10
13/07/2022
in IMYIDAGADURO
2
Yakiniye Amavubi mu cy’Isi na Rayon, ubu ubuzima bwarahindutse…Umuryango we uramutabariza
Share on FacebookShare on Twitter

Ndatimana Robert uzwi cyane muri ruhago y’u Rwanda wakiniye Ikipe y’Igihugu (Amavubi) y’abatarengeje imyaka 17 mu gikombe cy’Isi ndetse n’andi makipe arimo Rayon Sports, ubuzima bwaramuhindutse, umuryango we uramusabira ubufasha.

Uyu musore wagaragaje impano idasanzwe mu mupira w’amaguru akaba yarakiniye Amavubi y’abatarengeje imyaka 17 mu gikombe cy’Isi cyabaye muri 2011.

Yakiniye amakipeakomeye mu Rwanda arimo Rayon Sports ndetse na Police FC, na Bugesera FC ndetse na Sunrise hose yagendaga ashimangira ko guconga ruhago bimurimo.

Mu kiganiro yagiranye na Isimbi TV, uyu musore wagarutse ku byo yavuzweho mu minsi ishize ko yagize uburwayi bwo mu mutwe, ndete akabatwa n’ibiyobyabwenge, yahakanye ibi byose byamuvuzweho.

Ndatimana Robert uvuga ko ubwo bamuvugagaho ibi by’uko yagize uburwayi bwo mu mutwe yashatse ikinyamakuru aha ikiganiro kugira ngo abinyomoze, avuga ko byamugizeho ingaruka.

Ati “Nabanje no kugenda nihisha kubera ko niba umuntu avuga ibintu nk’ibyo kandi wamufatiragaho urugero rwiza, na we aba yarangiye”

Gusa ku rundi ruhande ngo byamuhaga imbaraga zo kongera imyitozo kugira ngo ahinyuze uwamuvuzeho ayo magambo.

Ubu nta kipe afite ariko arateganya ko igihe cyose yakongera kubona ikipe akinira, azazamura urwego rwe akagera ku ntego.

Ku mubiri agaragara nk’uwahindutse ku buryo byigaragaza ko imibereho yahindutse dore ko nta n’ikipe afite akinira ngo abashe kubonaho imibereho.

Ndatimana ku mubiri biragaragara ko yahindutse

Umuryango uramutabariza

Mushiki wa Ndatimana Robert witwa Uwera Josiane anagwa mu ntege, avuga ko uyu muvandimwe we yatangiye kugira ibibazo ubwo yakinaga muri Sunrise ubwo iyi kipe yangaga kubahiriza ibyo bari bagiranye mu masezerano ntimuhe amafaranga yo kumugura.

Ati “Noneho yakwishyuza bikaba ibibazo, ari na ho yatangiye kugirira gusubira inyuma yisanga n’umupira atakiwurimo, ubu akaba ari mu rugo yicaye ntacyo akora.”

Josiane uvuga ko musaza we asanzwe agira imico n’imyifatire byiza, avuga ko ubwo yishyuzaga uwari umuyobozi w’iyi kipe, ari we watangiye kumusebya avuga ko “Robert ari umusazi, ko anyway ibiyobyabwenge kandi muri ibyo byose byagiye bimugiraho ingaruka, nk’umuntu ku myaka ye ananirwa kubyakira.”

Avuga kandi ko ibi byakubitiyeho n’ibyo yagendaga avugwaho mu itangazamakuru, byose bikagenda bimugiraho ingaruka mu mitekerereze ye.

Josiane uvuga ko ubwo babonaga uyu muvandimwe wabo atangiye guhinduka mu myitwarire, bagiye kumupimisha ngo barebe niba atarasabitswe n’ibyobyabwenge bagasanga ntabimuri mu maraso, yavuze ko ashaka guhinyuza ibyamuvuzweho byose.

Ati “Ndashaka gukuraho urujijo mu itangazamakuru birirwa bavuga ngo ibiyobyabwenge byaramusajije, no, ntakibazo cy’ibiyobyabwenge Robert afite. Ni ikibazo gisanzwe cyo kuba yagira depression [agahinda gakabije]. Ikibazo afite ni ukwakira ibibazo byamubayeho byamuteye depression afite nk’ihungabana.”

Uyu muvandimwe wa Ndatimana Robert uvuga ko aremerewe n’ibi bibazo by’umuvandimwe we, avuga ko yifuza kumuvuza ariko ko adafite ubushobozi buhagije bwo kubikora.

Ati “Nkeneye andi maboko tukunganirana nkaba nabona ubufasha mu buvuzi.”

Josiane avuga ko yaba abakinnyi bakinanye na Ndatimana mu ikipe y’Igihugu no mu yandi makipe ndetse n’abandi bose bo mu ruganda rwa siporo, bashobora kugira icyo bamufasha, ubundi akavuzwa, bishobora kugira icyo bitanga.

Ndatimana ni umwe mu bakiniye Amavubi y’abatarengeje imyaka 17 mu gikombe cy’Isi

RADIOTV10

Comments 2

  1. Patycom says:
    4 years ago

    Nashyire ibyubahiro hasi atangire A0 muri 2eme division ntago umupira azi yamaramo season 2 ubundi Azagaruka nta rirarenga. abo bose bamuhwihwisaho ubugambo azabacecekesha.

    Generation arimo niyo sterling ugiye muri chelsea arimo , niba abona abo bangana bahindura lifestyle byoroshye nawe byakunda yiguma kuba muhahise aha ni mu Rwanda na Haruna aracyakina ntago ashaje natuze hari byinshi agomba kutwereka nkabafana be kuva muri academy y’amavubi tumukunda.

    Reply
  2. ngizwenimana jean pierre says:
    4 years ago

    I’m agree with you njye muzi neza primary yanyigaga inyuma ariko iyo ukanzwe ninyamaswa munzira uriho ugenda burya usubira inyuma ukabanza ukareba ubukana bwinyamaswa igukanze ubundi ukaza wikwijeho intwaro
    Rero Robert akazi kawe numupira ongera ushyiremo effort birashoboka

    Reply

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

three × 3 =

Previous Post

Rwanda&DRC: Umusaruro w’ibiganiro bya Perezida Kagame na Tshisekedi uragaragara- Impuguke

Next Post

Ingamba zo kwirinda COVID-19 mu Rwanda zishobora kongera gukazwa

Related Posts

Did you know that hugging can help heal sadness? Here are the benefits of hugging

Did you know that hugging can help heal sadness? Here are the benefits of hugging

by radiotv10
22/01/2026
0

There are moments when someone feels sad, lonely, or stressed, and words are not enough to make them feel better....

Ibyamenyekanye ku cyatumye umuhanzi The Ben asiba ubutumwa bwateje urujijo

Ibyamenyekanye ku cyatumye umuhanzi The Ben asiba ubutumwa bwateje urujijo

by radiotv10
20/01/2026
0

Umuhanzi The Ben wari watangaje ko amakuru yari yatangajwe na mugenzi we Bruce Melodie ko bafite ibitaramo bizazazenguka Igihugu ari...

How social media Is Changing the Meaning of Fame

How social media Is Changing the Meaning of Fame

by radiotv10
20/01/2026
0

Fame used to be rare. It was reserved for movie stars, musicians, athletes, and public figures who gained recognition through...

Impaka ziracyakomeje hagati y’abafana ba Bruce Melodie na The Ben: Noneho baravuga iki?

Amakuru mashya: Igitaramo cyasize impaka cya The Ben na Bruce Melodie kigiye gukurikirwa n’ibyo bazazengurukamo Igihugu

by radiotv10
19/01/2026
0

Abahanzi Bruce Melodie na The Ben baherutse guhurira mu gitaramo kimwe cyatangije umwaka wa 2026, byamaze kwemezwa ko bagiye gukora...

Mu mvugo y’urwenya umunyamakuru Angeli Mutabaruka yavuze kuri boss we KNC bakorana bikanyura benshi

Mu mvugo y’urwenya umunyamakuru Angeli Mutabaruka yavuze kuri boss we KNC bakorana bikanyura benshi

by radiotv10
16/01/2026
0

Umunyamakuru Angelibert Mutabaruka uzwi nka Angeli Mutabaruka yavuze igihe yahuriye bwa mbere na KNC batangiye bakorana bombi ari abanyamakuru, nyuma...

IZIHERUKA

Yifashishije ifoto ishotorana Gen.Muhoozi yongeye gutangaza ibishobora kuzamurira umujinya umunyapolitiki Bobi Wine
AMAHANGA

Yifashishije ifoto ishotorana Gen.Muhoozi yongeye gutangaza ibishobora kuzamurira umujinya umunyapolitiki Bobi Wine

by radiotv10
22/01/2026
0

Biravugwa ko abarwanyi b’abacancuro bongeye kugaragara muri Congo

Biravugwa ko abarwanyi b’abacancuro bongeye kugaragara muri Congo

22/01/2026
Umunyamakuru ufite uburambe mu Rwanda yahawe inshingano zo hejuru nyuma y’umwaka ahagaritswe n’igitangazamakuru yakoreraga

Umunyamakuru ufite uburambe mu Rwanda yahawe inshingano zo hejuru nyuma y’umwaka ahagaritswe n’igitangazamakuru yakoreraga

22/01/2026
Gen.Makenga yabwiye abo muri AFC/M23 ibizaranga urugamba mu mwaka wa 2026

Gen.Makenga yabwiye abo muri AFC/M23 ibizaranga urugamba mu mwaka wa 2026

22/01/2026
Nyamasheke: Yasanzwe yapfuye ari ku muryango w’akabari bivugwa ko yaraye akubitiwemo

Nyamasheke: Yasanzwe yapfuye ari ku muryango w’akabari bivugwa ko yaraye akubitiwemo

22/01/2026
Irebere igihembo cy’akataraboneka cyashyikirijwe wa mufana wa Congo wabaye ikimenyabose

Irebere igihembo cy’akataraboneka cyashyikirijwe wa mufana wa Congo wabaye ikimenyabose

22/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Ingamba zo kwirinda COVID-19 mu Rwanda zishobora kongera gukazwa

Ingamba zo kwirinda COVID-19 mu Rwanda zishobora kongera gukazwa

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Yifashishije ifoto ishotorana Gen.Muhoozi yongeye gutangaza ibishobora kuzamurira umujinya umunyapolitiki Bobi Wine

Biravugwa ko abarwanyi b’abacancuro bongeye kugaragara muri Congo

Umunyamakuru ufite uburambe mu Rwanda yahawe inshingano zo hejuru nyuma y’umwaka ahagaritswe n’igitangazamakuru yakoreraga

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.