Sunday, June 8, 2025
RADIOTV10
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home IMYIDAGADURO

Yakiniye Amavubi mu cy’Isi na Rayon, ubu ubuzima bwarahindutse…Umuryango we uramutabariza

radiotv10by radiotv10
13/07/2022
in IMYIDAGADURO
2
Yakiniye Amavubi mu cy’Isi na Rayon, ubu ubuzima bwarahindutse…Umuryango we uramutabariza
Share on FacebookShare on Twitter

Ndatimana Robert uzwi cyane muri ruhago y’u Rwanda wakiniye Ikipe y’Igihugu (Amavubi) y’abatarengeje imyaka 17 mu gikombe cy’Isi ndetse n’andi makipe arimo Rayon Sports, ubuzima bwaramuhindutse, umuryango we uramusabira ubufasha.

Uyu musore wagaragaje impano idasanzwe mu mupira w’amaguru akaba yarakiniye Amavubi y’abatarengeje imyaka 17 mu gikombe cy’Isi cyabaye muri 2011.

Yakiniye amakipeakomeye mu Rwanda arimo Rayon Sports ndetse na Police FC, na Bugesera FC ndetse na Sunrise hose yagendaga ashimangira ko guconga ruhago bimurimo.

Mu kiganiro yagiranye na Isimbi TV, uyu musore wagarutse ku byo yavuzweho mu minsi ishize ko yagize uburwayi bwo mu mutwe, ndete akabatwa n’ibiyobyabwenge, yahakanye ibi byose byamuvuzweho.

Ndatimana Robert uvuga ko ubwo bamuvugagaho ibi by’uko yagize uburwayi bwo mu mutwe yashatse ikinyamakuru aha ikiganiro kugira ngo abinyomoze, avuga ko byamugizeho ingaruka.

Ati “Nabanje no kugenda nihisha kubera ko niba umuntu avuga ibintu nk’ibyo kandi wamufatiragaho urugero rwiza, na we aba yarangiye”

Gusa ku rundi ruhande ngo byamuhaga imbaraga zo kongera imyitozo kugira ngo ahinyuze uwamuvuzeho ayo magambo.

Ubu nta kipe afite ariko arateganya ko igihe cyose yakongera kubona ikipe akinira, azazamura urwego rwe akagera ku ntego.

Ku mubiri agaragara nk’uwahindutse ku buryo byigaragaza ko imibereho yahindutse dore ko nta n’ikipe afite akinira ngo abashe kubonaho imibereho.

Ndatimana ku mubiri biragaragara ko yahindutse

Umuryango uramutabariza

Mushiki wa Ndatimana Robert witwa Uwera Josiane anagwa mu ntege, avuga ko uyu muvandimwe we yatangiye kugira ibibazo ubwo yakinaga muri Sunrise ubwo iyi kipe yangaga kubahiriza ibyo bari bagiranye mu masezerano ntimuhe amafaranga yo kumugura.

Ati “Noneho yakwishyuza bikaba ibibazo, ari na ho yatangiye kugirira gusubira inyuma yisanga n’umupira atakiwurimo, ubu akaba ari mu rugo yicaye ntacyo akora.”

Josiane uvuga ko musaza we asanzwe agira imico n’imyifatire byiza, avuga ko ubwo yishyuzaga uwari umuyobozi w’iyi kipe, ari we watangiye kumusebya avuga ko “Robert ari umusazi, ko anyway ibiyobyabwenge kandi muri ibyo byose byagiye bimugiraho ingaruka, nk’umuntu ku myaka ye ananirwa kubyakira.”

Avuga kandi ko ibi byakubitiyeho n’ibyo yagendaga avugwaho mu itangazamakuru, byose bikagenda bimugiraho ingaruka mu mitekerereze ye.

Josiane uvuga ko ubwo babonaga uyu muvandimwe wabo atangiye guhinduka mu myitwarire, bagiye kumupimisha ngo barebe niba atarasabitswe n’ibyobyabwenge bagasanga ntabimuri mu maraso, yavuze ko ashaka guhinyuza ibyamuvuzweho byose.

Ati “Ndashaka gukuraho urujijo mu itangazamakuru birirwa bavuga ngo ibiyobyabwenge byaramusajije, no, ntakibazo cy’ibiyobyabwenge Robert afite. Ni ikibazo gisanzwe cyo kuba yagira depression [agahinda gakabije]. Ikibazo afite ni ukwakira ibibazo byamubayeho byamuteye depression afite nk’ihungabana.”

Uyu muvandimwe wa Ndatimana Robert uvuga ko aremerewe n’ibi bibazo by’umuvandimwe we, avuga ko yifuza kumuvuza ariko ko adafite ubushobozi buhagije bwo kubikora.

Ati “Nkeneye andi maboko tukunganirana nkaba nabona ubufasha mu buvuzi.”

Josiane avuga ko yaba abakinnyi bakinanye na Ndatimana mu ikipe y’Igihugu no mu yandi makipe ndetse n’abandi bose bo mu ruganda rwa siporo, bashobora kugira icyo bamufasha, ubundi akavuzwa, bishobora kugira icyo bitanga.

Ndatimana ni umwe mu bakiniye Amavubi y’abatarengeje imyaka 17 mu gikombe cy’Isi

RADIOTV10

Comments 2

  1. Patycom says:
    3 years ago

    Nashyire ibyubahiro hasi atangire A0 muri 2eme division ntago umupira azi yamaramo season 2 ubundi Azagaruka nta rirarenga. abo bose bamuhwihwisaho ubugambo azabacecekesha.

    Generation arimo niyo sterling ugiye muri chelsea arimo , niba abona abo bangana bahindura lifestyle byoroshye nawe byakunda yiguma kuba muhahise aha ni mu Rwanda na Haruna aracyakina ntago ashaje natuze hari byinshi agomba kutwereka nkabafana be kuva muri academy y’amavubi tumukunda.

    Reply
  2. ngizwenimana jean pierre says:
    3 years ago

    I’m agree with you njye muzi neza primary yanyigaga inyuma ariko iyo ukanzwe ninyamaswa munzira uriho ugenda burya usubira inyuma ukabanza ukareba ubukana bwinyamaswa igukanze ubundi ukaza wikwijeho intwaro
    Rero Robert akazi kawe numupira ongera ushyiremo effort birashoboka

    Reply

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

three − one =

Previous Post

Rwanda&DRC: Umusaruro w’ibiganiro bya Perezida Kagame na Tshisekedi uragaragara- Impuguke

Next Post

Ingamba zo kwirinda COVID-19 mu Rwanda zishobora kongera gukazwa

Related Posts

Umuhanzi uzwi mu Rwanda uri gutaramira Abanyarwanda batuye i Burari yageneye ubutumwa abatahiwe

Umuhanzi uzwi mu Rwanda uri gutaramira Abanyarwanda batuye i Burari yageneye ubutumwa abatahiwe

by radiotv10
07/06/2025
0

Umuhanzi w’Indirimbo zo kuramya no guhimbaza Imana, Bosco Nshuti uri mu bitaramo bizenguruka u Burayi, yararikiye abatuye muri Finland kwitegura...

Umunyemari Coach Gael yagaragaje ko igitekerezo yatangaje bamwe bakagira amashyengo yari akomeje

Umunyemari Coach Gael yagaragaje ko igitekerezo yatangaje bamwe bakagira amashyengo yari akomeje

by radiotv10
05/06/2025
0

Karomba Gaël uzwi nka Coach Gaël mu ishoramari ry’imyidagaduro mu Rwanda, uherutse gutangaza ko yifuza kuzana mu Rwanda umuhanzi Chris...

Ibivugwa nyuma yuko umuhanzi Kenny Sol asezeye muri Label ya 1:55 AM

Ibivugwa nyuma yuko umuhanzi Kenny Sol asezeye muri Label ya 1:55 AM

by radiotv10
03/06/2025
0

Nyuma yuko umuhanzi Kenny Sol asezeye mu nzu ifasha abahanzi ya 1: 55 AM, biravugwa ko yaba agiye kwerecyeza muri...

Umuhanzi Nyarwanda uherutse guca amarenga yo kuva muri ‘Label’ yamufashaga byarangiye afashe icyemezo

Umuhanzi Nyarwanda uherutse guca amarenga yo kuva muri ‘Label’ yamufashaga byarangiye afashe icyemezo

by radiotv10
03/06/2025
0

Umuhanzi Kenny Sol yamaze gutandukana n’inzu ifasha abahanzi ya 1:55 AM, nyuma yo kubicaho amarenga ko ashobora kuba agiye kuyivamo....

Abakunzi b’Umuziki Nyarwanda mu Gihugu hose bagiye kongera kunyeganyega

Abakunzi b’Umuziki Nyarwanda mu Gihugu hose bagiye kongera kunyeganyega

by radiotv10
31/05/2025
0

Ibitaramo bizenguruka Igihugu mu iserukiramuco rizwi nka ‘MTN-Iwacu Muzika Festival’ bigiye kongera kuba nk’uko byatangajwe n’abasanzwe babitegura. Sosiyete ya EAP...

IZIHERUKA

Kigali: Ukurikiranyweho kwicisha inzara umwana we yabyemeye avuga ko yabitewe n’umujinya w’uko nyina yamumutanye
MU RWANDA

Umusore muto arakekwaho gusambanya ku manywa y’ihangu umukecuru amusanze iwe aryamye aho arwariye

by radiotv10
07/06/2025
0

Umuhanzi uzwi mu Rwanda uri gutaramira Abanyarwanda batuye i Burari yageneye ubutumwa abatahiwe

Umuhanzi uzwi mu Rwanda uri gutaramira Abanyarwanda batuye i Burari yageneye ubutumwa abatahiwe

07/06/2025
Abofisiye Bakuru babiri mu Ngabo z’u Rwanda basoje amasomo muri Kenya nyuma y’icyumweru harangijeyo Colonel

Abofisiye Bakuru babiri mu Ngabo z’u Rwanda basoje amasomo muri Kenya nyuma y’icyumweru harangijeyo Colonel

06/06/2025
Ubutumwa bw’imbamutima bw’umwe mu bakinnyi ngenderwaho muri Arsenal Gabriel wongereye amasezerano

Ubutumwa bw’imbamutima bw’umwe mu bakinnyi ngenderwaho muri Arsenal Gabriel wongereye amasezerano

06/06/2025
Igikewaho gutera impanuka y’imodoka itwara abanyeshuri yagonze ab’irindi shuri

Igikewaho gutera impanuka y’imodoka itwara abanyeshuri yagonze ab’irindi shuri

06/06/2025
Hatanzwe umuburo nyuma y’abafashe amashusho y’umurambo w’umusore wiyahuye asimbutse igorofa i Kigali

Hatanzwe umuburo nyuma y’abafashe amashusho y’umurambo w’umusore wiyahuye asimbutse igorofa i Kigali

06/06/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Ingamba zo kwirinda COVID-19 mu Rwanda zishobora kongera gukazwa

Ingamba zo kwirinda COVID-19 mu Rwanda zishobora kongera gukazwa

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home

Latest News

Umusore muto arakekwaho gusambanya ku manywa y’ihangu umukecuru amusanze iwe aryamye aho arwariye

Umuhanzi uzwi mu Rwanda uri gutaramira Abanyarwanda batuye i Burari yageneye ubutumwa abatahiwe

Abofisiye Bakuru babiri mu Ngabo z’u Rwanda basoje amasomo muri Kenya nyuma y’icyumweru harangijeyo Colonel

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.

Welcome Back!

Login to your account below

Forgotten Password?

Retrieve your password

Please enter your username or email address to reset your password.

Log In

Add New Playlist

No Result
View All Result
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home

Copyright © 2024 RadioTv10.